Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Katabagemu, bavuga ko amakimbirane mu miryango n’ubuharike bituma bahora mu bukene ku buryo batabasha no kwishyura ubwisungane mu kwivuza.
Ntibyari bisanzwe kubona imbaga y’abantu basaga ibihumbi bitanu mu muhanda, ariko ku munsi mukuru w’Isakaramentu Ritagatifu, nyuma y’igitambo cya Misa cyahimbajwe na Musenyeri Vincent Harolimana, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, Umutambagiro w’Isakaramentu wabereye mu Mujyi wa Musanze waciye agahigo mu kwitabirwa (…)
Ku wa Gatandatu tariki ya 18 Kamena 2022, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza bwashyikirije abatishoboye batanu inzu zo kubamo, Utugari twa Karambi na Mbarara ndetse n’Umurenge wa Nyamirama babona inyubako nshya, ngo bikazafasha guha abaturage serivisi inoze.
Abagore 500 baturutse mu turere two hirya no hino mu gihugu, basoje itorero ryiswe Itorero rya Mutimawurugo icyiciro cya gatanu, bari bamazemo iminsi icumi mu kigo cy’ubutore cya Nkumba, batozwa indangagaciro z’igihugu banashakira hamwe ibisubizo ku bibazo byugarije umuryango nyarwanda.
Mu gihe imirimo y’inama ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo mu bihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) izaba ikomeje, imwe mu mihanda yo mu mujyi wa Kigali izaharirwa abitabiriye iyo nama.
Abakuru b’Ibihugu 35 kugeza ubu ni bo bemeje ko bazitabira inama ihuza abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth (CHOGM) 2022, igomba gutangira kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku ngingo zitandukanye, ikaba yafatiwemo imyanzuro ikurikira:
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku ngingo zitandukanye, nk’uko ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byabitangaje.
Bamwe mu bakorera n’abatemberera mu mujyi wa Musanze barinubira ikibazo cy’ubwiherero rusange budahagije, bakemeza ko n’ubuhari bagira impungenge zo kubujyamo kubera isuku nke.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga mu Rwanda (MINAFFET) iratangaza ko imyiteguro ku nama ihuza abakuru b’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza (CHOGM) imeze neza mu mpande zose ku buryo izagenda neza.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 17 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye abagize Inama y’Ubutegetsi y’ikigo mpuzamahanga cya Mastercard Foundation.
Ku munsi mpuzamahanga w’Umwana w’umunyafurika, abana bafite ubumuga bitabwaho n’ikigo cy’Ababikira cyitwa Inshuti Zacu giherereye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, abana bitabwaho n’icyo kigo bagaragaje ko ubumuga atari imbogamizi ikwiye gutuma abantu babafata nk’abadashoboye.
Itsinda riturutse mu Kigo “The Dallaire Institute for Children, Peace and Security”, baheruka kugirira uruzinduko mu Karere ka Musanze, rugamije kureba imikorere y’Ishuri rikuru rya gisirikari (Rwanda Defence Force Command and Staff College), ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy), byombi biherereye i (…)
Umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) utaramenyekana umwirondoro, mu masaha ya saa mbiri yinjiye ku mupaka muto uhuza Umujyi wa Goma na Gisenyi, arasa ku bapolisi b’u Rwanda, nyuma na we araraswa ahita apfa.
Abana barasaba ababyeyi kurebera ku rugero rwiza rwa Perezida Paul Kagame na Madamu we, rwo gukunda abana, kubera ko babereka urukundo kenshi babatumira bagasangira iminsi mikuru y’impera ndetse no gutangira umwaka.
Polisi y’u Rwanda, ikorera mu Karere ka Musanze, yafatanye umugore witwa Nyiraguhirwa, udupfunyika (boule) 10,160 tw’urumogi, imusanze iwe mu rugo ubwo yarimo adufunga mu mashashi.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko Umusaruro mbumbe w’Igihugu mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2022, waruse uwo mu gihembwe nk’icyo cy’umwaka ushize wa 2021 ku rugero rungana na 7.9%.
Imodoka y’Ikigo gitwara abagenzi cya Ritco, mu masaha ya saa kumi n’ebyiri kuri uyu wa Kane tariki 16 Kamena 2022, yahiriye i Karongi irakongoka, ubwo yavaga i Kigali igana i Karongi, yahiriye mu Murenge wa Rubengera.
Abaturage bo mu Karere ka Burera barishimira kongera kwegerezwa hafi serivisi zituma babona ibyangombwa by’ubutaka mu buryo bwihuse, igikorwa bemeza ko baherukaga mbere ya Covid-19.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwempasha buvuga ko nta muntu wemerewe gucururiza ibiribwa mu iduka ririmo ibindi bicuruzwa, bityo ko ababikora barenga ku mabwiriza, bagasabwa kujya kubicururiza mu isoko nta yandi mananiza.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yasabye Abayobozi b’uturere tw’Intara y’Iburengerazuba kubera urugero rwiza abo bayobora mu mpinduramatwara.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira Inama ya CHOGM, ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), izabera i Kigali guhera ku itariki 20 Kamena 2022, imyiteguro hirya no hino mu gihugu irarimbanyije.
Mu gihe habura iminsi itagera ku cyumweru ngo u Rwanda rwakire inama ya CHOGM, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yatanze icyizere cy’uko igihe cyo kwakira abashyitsi, kizagera imihanda irimo kubakwa yaruzuye.
Mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Ruli, hari abaturage bemeza ko iyo urubyiruko rutijandika muri Jenoside yakorewe Abatutsi itari gushoboka, kuko imbaraga zarwo zatumye kwica Abatutsi byihuta, mu gihe abakuze bo imbaraga ziba zitangiye kubabana nkeya.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Ngoma, ku wa mbere tariki ya 13 Kamena 2022, yafashe umugabo witwa Habyarimana Valentin w’imyaka 36, akurikiranyweho kwiyitirira umukozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), aho yafashwe yaka abacuruzi babiri ibihumbi 620 ababwira ko bacuruza ibitujuje ubuziranenge.
Inzego zitandukanye harimo n’iz’ubuyobozi, zivuga ko kwiheza no kwitinya bikigaragara kuri bamwe mu bafite ubumuga bw’uruhu rwera, bibavutsa amahirwe harimo n’ayo kutabona uko bishyira hamwe mu matsinda, ngo babyaze umusaruro gahunda na serivisi bashyiriweho, zituma babasha gukora imishinga yagira uruhare mu kubateza imbere.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe rigizwe n’ibigo bitwara abagenzi mu Rwanda (ATPR), butangaza ko bwagejejweho amakosa akorwa n’ibigo bitwara abagenzi, ahanini ibitubahiriza amasaha.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yamaze impungenge abazaba bagenda mu Mujyi wa Kigali mu gihe cy’Inama ya CHOGM, ko imihanda itazaba ifunzwe nk’uko babikeka.
U Rwanda rwavuze ko ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO), bwahaye urwaho ingabo za Leta ya Congo, FARDC, rwo gukomeza gukora ubushotoranyi bwambuka umupaka.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, aratangazaga ko kuba u Rwanda rwaragiranye amasezerano n’u Bwongereza bitavuze ko nta mpaka zigomba kuyabaho.