Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, RDF, bubinyujije mu itangazo bwagaragaje ko ubwo ingabo za FARDC zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR, tariki ya 23 Gicurasi 2022 barashe mu Rwanda mu Karere ka Musanze ahitwa mu Kinigi hakomereka Abaturage ndetse hasenyuka inzu.
Abarerewe mu kigo cy’abafite ubumuga cya Gatagara bibutse Padiri Fraipont Joseph Ndagijimana, washinze ikigo cy’abafite ubumuga butandukanye, HVP Gatagara, wabasubije ubuzima mu gihe imiryango yabo yabanenaga ikabita abateramwaku, abandi ikabahisha cyangwa bakanicwa.
Mu rwego rwo kwitegura inama ya CHOGM izabera mu Rwanda mu kwezi kwa gatandatu, abitabiriye imurikabikorwa ribera i Kigali, basabwe kuzakira neza abazitabira iyo nama babaha serivisi nziza kandi yihuse.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, akomeje uruzinduko mu turere tunyuranye tugize Intara y’Amajyaruguru, muri gahunda yo kurebera hamwe ishyirwa mu ngiro ry’ingingo ya gatatu yafatiwe mu nama ya 14 y’Igihugu y’Umushyikirano, aho yasabaga imikoranire y’inzego zitandukanye mu (…)
Ababyeyi b’abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bari bakirererwa mu kigo ADAR-Tubahoze, barifuza ko mbere yo gusubizwa abana babo ngo babirerere, babanza gusurwa kuko babona bizabagora kubitaho.
Perezida Paul Kagame, yohereje ubutumwa bw’akababaro kuri Perezida n’abaturage ba Sénégal, nyuma y’inkongi y’umurimo yibasiye ibitaro bya Mame Abdou Aziz Sy Dabakh, igahitana impinja 11 zari zikimara kuvuka.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, arasaba abajyanama n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyaruguru, kurushaho gufatanya n’abaturage mu kubakemurira ibibazo.
Ndagijimana Dominique yatewe n’intozi mu nzu acururizamo, mu kuzitwika umuriro yakoreshaga ufata ibicuruzwa birashya birakongoka.
Nyuma yo gukora ubushakashatsi ku bibazo biri mu micungire y’ubutaka mu Rwanda, abagize ihuriro ry’imiryango nyarwanda itari iya Leta iharanira inyungu z’umuturage (Rwanda Civil Society Platform – RCSP), ndetse na bamwe mu bahagarariye inzego za Leta, bagiranye ibiganiro nyunguranabitekerezo tariki 25 Gicurasi 2022, mu rwego (…)
Akarere ka Kicukiro kashyize mu barinzi b’Igihango uwitwa Mukancogoza Esperence, wari ufite imyaka 24 y’ubukure mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko yabashije kurokora umuryango w’abantu 10 bari bamuhungiyeho i Masaka muri Kicukiro, baturutse i Muyumbu mu Karere ka Rwamagana.
Abaturiye ikiyaga cya Nyirakigugu giherereye mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, batewe impungenge n’amazi y’icyo kiyaga akomeje kubasanga mu ngo zabo, bagasaba ubuyobozi bw’akarere gukora umuyoboro wayo, cyangwa bakabafasha kwimuka kuko babona ko ubuzima bwabo buri kaga.
Abatuye mu Kagari ka Nyabisagara mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batangiye kwiyumvamo iterambere babikesha gahunda zibafasha guhindura imyumvire.
Abantu 735 bahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, bazanwe mu Rwanda nyuma yo gufatwa n’Ingabo z’icyo gihugu (FARDC), basoje amahugurwa y’icyiciro cya 67 bamazemo imyaka irenga ibiri, bakaba bishimiye gusubira mu miryango yabo.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Alfred Gasana, yahereye ku bisasu biheruka kugwa ku butaka bw’u Rwanda, bigakomeretsa bamwe mu baturage ndetse bikanangiza ibyabo, abizeza ko ibyo bitazongera kubaho, kandi ko bakwiriye gukomeza ibikorwa byabo bumva batuje kandi batekanye, kuko ingamba zashyizweho mu kubungabunga (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ukomeje uruzinduko arimo i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ngarukamwaka ku Bukungu, yagiranye ibiganiro mu bihe bitandukanye na Perezida wa Malawi Lazarus Chakwela na Emmarson Mnagagwa wa Zimbabwe.
Inyubako igezweho y’imikino yari imenyerewe ku izina rya Kigali Arena, yamaze guhindurirwa izina yitwa ‘BK Arena’.
Umuryango uharanira kurwanya ubukene n’akarengane byibasira abagore n’abakobwa, ActionAid Rwanda, uratangaza ko ugiye guhugura abasaga 1,500 ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bityo ribe ryacogora kuko ridatuma imiryango itera imbere.
Umunyeshuri wigaga mu ishuri rya Nyanza TVET School (ETO Gitarama) riri mu Kagari ka Butansinda, mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, yitabye Imana arimo gukora siporo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye abaturiye imihanda imwe n’imwe yo mu turere tuwugize, kwitabira ibarura ry’imitungo yabo ryatangiye ku wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022, kugira ngo bazimurwe ku bw’inyungu rusange aho iyo mihanda igomba kwagukira.
Muri iki gihe imvura ikomeje kugwa ari nyinshi mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu, imihanga ikomeje kwangirika cyane cyane muri Gakenke, nk’akarere k’imisozi miremire kugeza ubu imihahiranire hagati yako, Muhanga na Nyabihu idashoboka kubera ibiza.
Abatunda, abanywa n’abacuruza ibiyobyabwenge bakomeje gushakisha amayeri yo kubikwirakwiza mu bantu, aho byamaze kugaragara ko hari ababishyira muri bombo no mu bisuguti.
Umuyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, Philippe Habinshuti, avuga ko guhuriza hamwe Abanyarwanda baturiye inkambi n’impunzi mu bikorwa by’iterambere, bifasha mu mibanire myiza na gahunda za Leta zikarushaho kugenda neza.
Gakenke ni kamwe mu turere twahagurukiye gukemura ikibazo cy’igwingira ry’abana, aho mu myaka ishize ako karere kataburaga mu turere dutatu tuza imbere mu kugira abana benshi bagwingiye, ariko kugeza ubu kakaba katakigaragara no mu turere dufite umubare munini w’abahuye n’icyo kibazo.
Ku mugezi wa Nyabarongo hagati y’Uturere twa Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo na Rulindo na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, tariki 21 Gicurasi 2022 hatangijwe ku mugaragaro umushinga wo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwahawe izina rya Nyabarongo ya Kabiri (Nyabarongo II).
Ihuriro ry’imiryango nyarwanda itari iya Leta iharanira inyungu z’abaturage (Rwanda Civil Society Platform - RCSP) ku bufatanye n’umuryango nyarwanda utari uwa Leta ukora ibikorwa by’iterambere witwa ‘Rwanda Development Organisation – RDO’ ndetse na bamwe mu bakora mu nzego za Leta, tariki 20 Gicurasi 2022 bahuriye mu (…)
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda(NIRDA), hamwe n’abafatanyabikorwa barimo umuryango mpuzamahanga uteza imbere umutungo kamere (World Resource Institute - WRI), batangiye umushinga w’imyaka itatu uzagabanya iyangirika ry’ibiribwa mu Rwanda.
Banki ya Kigali (BK) yaguye urutonde rwa serivisi n’ibintu umukiriya wayo ashobora kugura cyangwa kwishyura akoresheje Internet Banking, atiriwe yirushya ajya gutonda umurongo muri banki.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uri uyu wa Gatanu tariki 20 Gicurasi 2022, yakiriye muri Village Urugwiro, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo n’itsinda ayoboye, mu ruzinduko rw’akazi barimo mu Rwanda.
Umuturage wo mu mudugudu wa Rugarama II mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, arangije gukora umuhanda wa kaburimbo ureshya na metero 500 (1/2 cya kilometero imwe), akavuga ko yari agamije kunganira Leta mu ngengo y’Imari ikoresha mu gukora imihanda, bituma n’abaturanyi bamureberaho biyemeza gukomerezaho.
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko igeze kure imyiteguro yo kwakira abimukira bazaba bagize icyiciro cya mbere bazaturuka mu gihugu cy’u Bwongereza mu mpera z’uku kwezi nk’uko bikubiye mu masezerano yashyizweho umukono n’ibihugu byombi.