Abaturage batujwe mu mudugudu wa Gatovu mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, bakomeje gukodesha inka bahawe muri gahunda ya Girinka, bashaka amafaranga bitwaje ko bafite ikibazo cy’inzara.
Abagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi, batangije ubukungurambaga bw’iminsi 20, bwo guhangana n’ibibazo byugarije umuryango Nyarwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko mu mashuri abanza n’ayisumbuye harimo gushyirwaho amasomo yihariye yo kwirinda ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge.
Ikigo cy’Igihugu cy’ubushakashatsi no gusesengura politiki za Leta (IPAR), kuva muri Kamena kugera mu kwezi k’Ukwakira 2021, cyakoreye ubushakashatsi ku miryango 2053 gisanga abagera kuri 89% baragezweho n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19, z’igabanuka ry’ubukungu mu miryango.
Kuva tariki 16 kugeza tariki 30 Kanama 2022, mu Rwanda hateganyijwe ibarura rusange rya gatanu. Ni ibarura ritandukanye n’andi yabanje kuko yo yakoreshaga impapuro mu gukusanya amakuru, mu gihe iri rigiye kuba, rizakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Bamwe mu batuye Akarere ka Musanze, barasaba ubuyobozi kubahindurira amazina atabahesha ishema yitiriwe uduce batuyemo, aho bemeza ko ayo mazina akomeje kubakurikirana mu bikorwa byabo.
Ahitwa kuri 12 mu mahuriro y’imihanda y’uva i Burasirazuba winjira i Kigali, ukomeza ujya i Remera, ujya i Kimironko ndetse n’uwambuka igishanga cya Nyandungu werekeza i Masoro kuri Kaminuza y’Abadivantisiti, hari utuyira dushamikiyeho twinjira mu rufunzo rw’icyo gishanga.
Umuyobozi wa Caritas ya Diyoseze ya Kibungo, Padiri Aimable Ndayisenga, avuga ko Caritas idafasha umukene kugira ngo ajye ahora aza gusaba, ahubwo imufasha kugira ngo ave ku rutonde rw’abafashwa ndetse inamuteze imbere mu buryo yakwifasha ubwe.
Ku wa Mbere tariki 6 Kamena 2022, mu Turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, hatangijwe icyumweru cy’ubukangurambaga, bugamije gukangurira abaturage gushyira imbaraga mu kwimakaza umuco w’isuku n’isukura, mu rwego rwo kurushaho kunoza imyiteguro y’Inama ya CHOGM, iteganyijwe kubera mu Rwanda mu minsi iri imbere.
Ku wa Kabiri tariki ya 7 Kamena 2022, abagenzacyaha 30 ba RIB baturutse mu turere dutandukanye, basoje amahugurwa y’ibanze ku ikoreshwa ry’ururimi rw’amarenga bari bamazemo amezi atatu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko bamwe mu Banyarwanda bacuruzwa hanze y’Igihugu harimo ababeshywa gukora ubukwe n’abakunzi babo, no kubaha akazi keza cyangwa amashuri meza.
Nyuma y’imyaka itari mike abanyehuye bashishikarizwa gusenya inzu z’ubucuruzi zishaje bakubaka iz’amagorofa mu mujyi wabo, hatangiye kuboneka abazubaka, haba ahahoze inzu z’ubucuruzi ndetse no mu bindi bice.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Xavier Bettel, Minisitiri w’Intebe wa Luxembourg n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda.
Ku wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022, Banki ya Kigali (BK Plc) hamwe na Sosiyete y’Itumanaho (MTN Rwanda), byagiranye amasezerano yo gutanga telefone zigezweho (Smart Phones), uwayihawe akazajya yishyura amafaranga make make kugeza ayegukanye burundu.
Ku wa Mbere tariki ya 06 Kamena 2022, Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha mu Karere ka Rubavu, ryafashe abantu batatu bakurikiranyweho gukora ubucuruzi bwa magendu nyuma yo gufatanwa imodoka yo mu bwoko bwa Fuso, ifite ibirango nomero 7644 AF19, yari itwaye amacupa 7200 y’ubwoko bw’amavuta (…)
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira Inama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), izabera i Kigali kuva tariki 20 Kamena 2022, Akarere ka Musanze kari mu myiteguro nk’ahantu hafite Amahoteli azakira abashyitsi, hakaba hari imihanda imodoka zizabuzwa (…)
Umuryango utabara imbabare ishami ry’u Rwanda (Croix-Rouge), wahawe na Coca-Cola agera kuri miliyari 141.2Frw, yo gufasha mu gukomeza gukiza ubuzima bw’abantu, hakorwa ubukangurambaga bwo gukangurira abantu kwikingiza byuzuye mu rwego rwo guhagarika ikwirakwira rya Covid-19.
Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ibikorwaremezo n’Imiturire, Dr Mérard Mpabwanamaguru, avuga ko imirimo yo kwitegura CHOGM ikomeje gukorwa amanywa n’ijoro, ariko agasaba n’abaturiye imihanda irimo gukorwa kuba bavuguruye inzu zabo.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere, tariki 06 Kamena 2022, yitabiriye umuhango wo gutaha ku mugaragaro ishami ry’ikigo cyo mu Budage, Rohde & Schwarz, kizobereye mu gutanga serivisi z’ikoranabuhanga zirimo n’iz’ubwirinzi mu bijyanye n’umutekano mu by’ikoranabuhanga.
Kuri uyu wa Mbere tariki 06 Kamena 2022, Abasirikari n’Abapolisi 24 b’u Rwanda bari mu rwego rwa ba Ofisiye na ba Sous Ofisiye, batangiye amahugurwa yiswe Military in Internal Security Operations Course, abera mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA), giherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze.
Ishami rya Polisi y’Igihugu rishinzwe kurwanya umuriro, ryahangana n’inkongi itunguranye yafashe imodoka ifite pulake ya RAD500U, yahiriye ahitwa mu Migina, ahegereye Stade Amahoro.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 06 Kamena 2022, yatangije inama Mpuzamahanga yiga ku Iterambere ry’Ikoranabuhanga mu isakazamakuru (World Telecommunication Development Conference/WTDC), aho yavuze ko hakiri byinshi byo gukora muri urwo rwego.
Umugore utuye mu Mujyi wa Kigali, ufite umugabo n’abana batatu yavuze uburyo aherutse guta umuryango we ashutswe n’abatekamutwe bari bamwijeje akazi keza, atungurwa no kwibona akoreshwa imirimo y’agahato mu gihugu cya Koweït.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyamagabe rwacikirije amashuri hanyuma rugafashwa kwibumbira mu matsinda y’Iterambere rurabyishimira, kuko ngo byatumye bamenya gukora no guharanira kwigira.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda nk’igihugu kidakora ku nyanja, abaturage bakaba bari basigaye mu bukene bukabije, kongera kwiyubaka byasabye Leta gushingira kuri Politiki y’imbere mu gihugu hamwe no gutsura umubano n’amahanga.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yifatanyije n’Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II mu kwizihiza yubile y’imyaka 70 amaze ari Umwamikazi. Mu butumwa yashyize kuri Twitter ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 05 Kamena 2022, Perezida Kagame yashimiye Umwamikazi ndetse avuga ko u Rwanda rwiteguye gukomeza kwimakaza (…)
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe ku bufatanye n’ihuriro ry’Imiryango nyarwanda itari iya Leta iharanira inyungu z’abaturage (Rwanda Civil Society Platform - RCSP) ndetse na Care International Rwanda, baherutse kumurika ibyavuye mu bushakashatsi bugaragaza akamaro k’imiryango nyarwanda itari iya Leta (sosiyete sivile) mu (…)
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 05 Kamena 2022, yitabiriye umusangiro wateguwe na gahunda yo guhindura Afurika binyuze mu ikoranabuhanga ‘Smart Africa’ bikaba byabereye kuri kuri Kigali Convention Centre.
Umubyeyi witwaga Bazizane Bonifirida w’imyaka 62 y’amavuko, wari utuye mu Mudugudu wa Rucucu mu Kagali ka Murama, Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, birakekwa ko yishwe n’abahungu be babiri bamuhora ubutaka, kuko ngo yari yaramaze kubaha iminani yabo, ariko kubera kutanyurwa, ngo bagashaka ko abaha n’ubundi butaka.
Umuryango Never Again Rwanda, uhamya ko igenamigambi ry’ibikorwa bigenewe abaturage, ridashobora kugera ku ntego, mu gihe hakigaragara bamwe muri bo bishora mu bucuruzi butemewe bwambukiranya imipaka.