Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean-Marie Vianney, yavuze ko hari gahunda yo gushyiraho abantu bashinzwe gucunga imijyi yungirije Kigali (secondary city managers), kugira ngo bakurikirane imikorere myiza y’iyo mijyi.
Imwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Repuburika Iharanira Demokari ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi, bahujwe na Perezida João Lourenco wa Angola, yemeje ko umwuka mubi uri hagati y’ibihugu bibiri by’ibituranyi ucururuka.
Ihuriro ry’Inteko zishinga Amategeko ry’Abari n’abategarugori mu bihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Francophonie), barimo kwigira hamwe uko harandurwa inzitizi abagore bahura nazo mu iterambere ryabo, ndetse n’uburyo ihame ry’uburinganire ryarushaho kubahirizwa.
Leta y’u Rwanda yavanyeho impushya z’inzira zisanzwe (Passports) izisimbuza iz’ikoranabuhanga (e-Passports), zikoreshwa mu bihugu byose biri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Inzengo z’umutekano zitandukanye zifite aho zihuriye no kugenza ibyaha mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, zirimo kwigira hamwe uburyo kugenza ibyaha byakorwa kimwe mu Karere hose.
Ubuyobozi bw’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro buratangaza ko muri ibi bihe u Rwanda rwizihiza imyaka 28 ishize rwibohoye, bwateguye igitaramo cyo gushimira Ingabo zagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Igihugu, bamwe ndetse bakahatakariza n’ingingo z’umubiri.
Abasirikare bo ku rwego rwo hejuru baturutse mu Ngabo za Repubulika ya Ghana, bayobowe n’umuhuzabikorwa w’umutekano muri Minisiteri y’umutekano, Ambasaderi Maj. Gen. (Rtd) Francis Adu Amanfo, basuye ikicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ndetse bakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Jean Bosco Kazura.
Ku isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 28, ku wa Mbere w’iki cyumweru, inzego zinyuranye mu Gihugu zirimo Akarere ka Gasabo zagaragaje ibyagezweho mu mwaka w’Ingengo y’Imari ushize wa 2021/2022, birimo ibikorwa remezo biteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’Abaturage.
Abaturage bo mu Kagari ka Mpanda mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango barishimira kuzuza inyubako y’ibiro by’akagari, yatwaye miliyoni 27Frw, aho uruhare rwabo rungana na miliyoni 20Frw.
Perezida Paul Kagame ku wa Kabiri tariki 5 Nyakanga 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Umuhuzabikorwa w’amashami y’Umuryango w’Abibumbye ucyuye igihe mu Rwanda, Fodé Ndiaye waje kumusezeraho.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yashimiye Ingabo z’u Rwanda zabohoye Igihugu ubu Abanyarwanda baka babayeho batekanye.
Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Nyakanga kugeza ku ya 9 Nyakanga 2022, i Kigali harabera ihuriro ry’abagize Inteko Zishinga Amategeko z’ibihugu bihuriye mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Francophonie).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’abaturage batashye ibikorwa bibafasha kwibohora ubukene, bashimangira ko ubumwe bw’Abanyarwanda ariryo terambere nyaryo ryabo.
Mu turere twose tugize Intara y’Amajyepfo, hatashywe ibikorwa remezo binyuranyen by’iterambere, muri gahunda yo kwizihiza ku nshuro ya 28 umunsi wo Kwibohora.
Nk’uko byagenze hirya no hino mu gihugu, ku itariki ya 04 Nyakanga 2022 aho u Rwanda rwizihiza ku nshuro ya 28 isabukuru yo kwibohora, hatashwe bimwe mu bikorwa byubatswe mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2021/2022 yarangiranye na Kamena 2022.
Mu rwego rwo kwibohora ku nshuro ya 28, mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuba hatashywe ibikorwa remezo bitandukanye harimo imihanda ya kaburimbo mu mijyi ya Kayonza, Kirehe na Ngoma, ndetse na Stade y’Akarere ya Ngoma n’iya Nyagatare.
Tariki ya 3 Nyakanga 2022, mu Kagari ka Nyarurenzi, Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, hatashywe inzu zubakiwe imiryango 8 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batishoboye.
Mu birori byo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 28, abatuye mu Karere ka Bugesera, bavuze ko nta kindi babona baratira Igihugu uretse amaboko yabo, kuyagiha biyubakira ibikorwa remezo badategereje ingengo y’imari.
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki 4 Nyakanga 2022, yahaye icyubahiro anambika imidali aba Jenerali babiri bahoze mu Ngabo za Ghana, ku bw’uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora Igihugu mu 1994, bagahitamo gukora icyari gikwiye.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutigeze ruhuga ku kijyanye no kurinda umutekano w’Igihugu, kuko urebye ku Isi yose mu bihugu bifite umutekano, u Rwanda rwaza mu bihugu bya mbere.
Tariki 4 Nyakanga 1994, imyaka 28 irashize ubwo Ingabo za RPF Inkotanyi zatsimburaga iza Leta yakoze Jenoside (FAR) mu Mujyi wa Kigali, umurwa mukuru ukajya mu maboko y’abasirikare b’Inkotanyi (RPA).
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yasabye abatuye mu Karere ka Nyaruguru gufata neza impano Umukuru w’Igihugu Paul Kagame yabageneye. Izo mpano ni ibitaro bya Munini, amashuri ndetse n’Umudugudu w’Icyitegererezo watujwemo imiryango 48 itishoboye, byose biri ku Munini na byo, ndetse n’umuhanda wa Kaburimbo (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubwo yari mu kiganiro kuri RBA kuri uyu wa 4 Nyakanga 2022, umunsi u Rwanda rwizihije ku nshuro ya 28 isabukuru yo Kwibohora, yasabye Abanyarwanda gukomeza kubakira ku byagezweho no kubisigasira.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko u Rwanda rutarimo kwinginga Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ngo Ingabo zarwo zibe mu bazajya muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), ariko ko uzajyayo wese ngo agomba gufasha Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda barimo M23, kwakirwa nk’abenegihugu, ndetse no kurinda u (…)
Muri iki gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 28, inararibonye muri Politiki y’u Rwanda, Hon Sheikh Abdul Karim Harerimana, asobanura ko u Rwanda rwibohoye indwara zose zica umuryango w’abantu.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu idasanzwe, yemeje ko miliyari 16Frw yo mu ngengo y’imari ya 2022/2023, zizakoreshwa mu kubaka imihanda izasiga ihinduye isura y’umujyi wa Gisenyi.
Rumwe mu rubyiruko ruvuga ko kuba rwamenye ko bamwe mu basirikare b’Inkotanyi biyambuye icyubahiro bari bafite mu gisirikare cy’Igihugu bari barahungiyemo, kugira ngo babohore u Rwanda, byabahaye isomo ryo kwitangira Igihugu, mu gihe byaba bibaye ngombwa nabo batarebye icyubahiro bafite.
Umujyi wa Kigali watangaje ko ugiye gushora agera kuri Miliyoni 600 z’Amafaranga y’u Rwanda, mu mwaka w’ingengo y’imari 2022/23, agakoreshwa mu bikorwa byo kwagura ‘Imbuga City Walk’, ahazwi nka ‘Car free zone’ ahantu ho kuruhukira no kwidagadurira.
Mu Karere ka Bugesera, icyumweru cyo kwibohora cyatangiye ku itariki 27 Kamena kikazasozwa ku itariki 4 Nyakanga 2022, kirasoza hatashywe ibikorwa remezo bitandukanye birimo, inzu zubakiwe abatishoboye mu Mirenge itandukanye, imiyoboro y’amazi, inzu y’ababyeyi(maternité), n’ibindi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Ikigo gikodesha amagare cyitwa Guraride, bavuga ko hagiye kuza amagare aterera imisozi bidasabye kunyonga kuko akoresha bateri z’amashanyarazi.