Abaturage bo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, hamwe n’Ubuyobozi uhereye ku rwego rw’iyi Ntara n’Uturere, bifatanyije mu muganda wibanze ku gutunganya ibikorwa remezo, byiganjemo imihanda, kubakira abatishoboye batagiraga aho kuba, hamwe no kurwanya isuri.
Abesamihigo b’Akarere ka Gakenke bakiriye inka y’Ubumanzi hamwe n’iyayo, bagenewe na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), nyuma y’uko ako karere kabaye aka mbere ku rwego rw’Igihugu, mu gukoresha neza Urugerero rw’Inkomezabigwi 10 rwo mu mwaka wa 2022/2023.
Abayobozi b’ibibuga by’indege bo mu bihugu 53 bya Afurika, hamwe n’abayobozi batandukanye bo mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gashyantare 2023, bifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Mwurire mu bikorwa by’umuganda.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Ngoma, ku wa Kane tariki ya 23 Gashyantare 2023, yafashe umusore w’imyaka 28 ucyekwaho gukora no gukwirakwiza mu baturage amafaranga y’amiganano.
Umukobwa w’imyaka 17 wo mu Karere ka Ruhango yasanzwe mu cyumba cye aho yararaga yapfuye, hakaba hataramenyekana icyo yazize kuko ngo ku munsi wo ku wa 24 Gashyantare 2023, yiriwe ari muzima.
Minisitiri w’Umutekano, Alfred Gasana, yasabye abasore n’inkumi binjijwe muri Polisi y’Igihugu, kuzakorana neza n’abandi babanjirije mu kazi, gukorana ishyaka n’umurava mu kazi, kuba inyangamugayo no guharanira ishema ry’u Rwanda, banirinda icyakwangiza isura y’Igihugu n’iya Polisi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, yasabye Abanyamabanga Ashingwabikorwa b’Utugari tugize Intara y’Iburasirazuba, gukumira ibibazo byugarije umuryango nyarwanda birimo amakimbirane, ubuharike, imiryango ibana itashyingiwe mu mategeko, abangavu baterwa inda, ubuzererezi n’ibindi.
Abahanzi 60 bafite impano zitandukanye batsinze mu cyiciro cya kabiri cy’irushanwa ArtRwanda-Ubuhanzi, baravuga ko bafite icyizere ko nta kabuza amasomo bahawe azabafasha kubyaza umusaruro impano zabo.
Ikigo Nyarwanda cy’ubucuruzi cyitwa Heart of Africa Trading Ltd. gisanzwe gikorera mu Bushinwa, kigiye gutangira gukorera i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), aho kizajya gitanga serivisi zitandukanye mu bikorwa by’ubucuruzi ku batumiza n’abohereza ibicuruzwa mu Rwanda n’ahandi ku Isi.
Umuyobozi ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Nyabweshongwezi ya kabiri, Akagari ka Nyabweshongwezi, Umurenge wa Matimba, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Matimba akekwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 17 akanamutera inda.
Abanyeshuri basura Ikigo gishinzwe iterambere ry’inganda mu Rwanda (NIRDA), baravuga ko bahungukira ubumenyi bwiyongereye ku byo biga mu mashuri, kuko icyo kigo gifite ikoranabuhanga rihanitse kandi kakaba gakenewe mu byo biga n’ibyo bazakora basoje amasomo yabo.
Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba barifuza ko umusoro ku nyungu wagabanywa kimwe n’uw’ubutaka ndetse no kujya begerwa hakamenyakan impamvu hari icyemezo batubahirije aho kwihutira kubaca amande.
Umworozi witwa Ngirumugenga Jean Marie Pierre utuye mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana avuga ko ubworozi bw’inuma bwatangiye kumwinjiriza amafaranga ndetse bukanamuha ifumbire.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gashyantare 2023, Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye indahiro z’abayobozi bakuru ba Polisi, DCG Félix Namuhoranye na CP Vincent Sano.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Rubavu batangaza ko bizeye kongera kubona umusaruro w’ibirayi mu mezi atatu ari imbere bitewe n’igabanuka ry’igiciro cy’ifumbire n’imbuto.
Mu rwego rwo kumenyekanisha u Rwanda ndetse n’ibihakorerwa, ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere AkadomoRw (RICTA), kirahamagarira abafite ibigo bikoresha ikoranabuhanga byo mu Rwanda gukoresha akadomoRw (.rw), kuko bigaragaza ibyo bakora byihuse mu Rwanda n’ahandi.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yagize Umunyarwandakazi Aissa Kirabo Kacyira, Umuyobozi w’ibiro by’uyu muryango muri Somalia, United Nations Support Office in Somalia (UNSOS).
Abamotari bo mu Karere ka Huye baribaza igihe ikibazo cy’ubwishingizi (assurance) buhenze bwa moto kizakemukira, nyuma y’uko mugenzi wabo wo mu Ruhango yari yakigejeje kuri Perezida Kagame, agasezeranywa ko mu mezi abiri kizaba cyakemutse.
Ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, Polisi y’u Rwanda yafatiye mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge umugabo w’imyaka 25 y’amavuko, wakaga abaturage amafaranga abasezeranya kuzabona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.
Abatahutse mu Rwanda bavuye mu mitwe yitwara gisirikari, ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), bahawe ibikoresho by’imyuga, babitezeho kubabera imbarutso yo gushyira mu bikorwa no kunoza imishinga yo kwiteza imbere.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) hamwe n’umufatanyabikorwa witwa ’Akazi Kanoze Access’, bavuga ko abagana ibigo by’urubyiruko ari abashomeri badatinda kubuvamo iyo bahuguwe.
Habanabakize Olivier, uheruka kuvurirwa indwara y’amagufa mu Gihugu cy’u Buhinde, yari yaratumye amugara irubavu, arifuza kuzaba muganga w’abana bagize ikibazo cy’ubumuga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubworozi RAB gitangaza ko aborozi bakwiye kwitabira gahunda yo gukingiza inka indwara y’ikibagarira kuko inka zipfa mu gihugu izigera kuri 90 % zicwa niyi ndwara buri mwaka.
Icyegeranyo cyakozwe n’urwego rw’igihugu rushinzwe imiyoborere RGB n’ikigo cy’igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana NCDA bagaragaje uko umutekano w’abana mu ngo mbonezamikurire ukiri hasi ugereranyije n’izindi serivisi bahabwa.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, avuga ko amadosiye ku bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside yagabanutseho 17.52% mu myaka itanu ishize, Intara y’Iburasirazuba ikaba ariyo iza ku isonga ku bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abaturage bakoresha umuhanda wa Cyakabiri-Ndusu by’umwihariko abo mu Murenge wa Kabacuzi aho unyura, bifuza ko imirimo yo kuwukora yakwihutishwa kugira ngo babashe kugira ubuhahirane hagati y’Akarere ka Muhanga na Nyabihu.
Mu Karere ka Ruhango, abagabo babiri bahanganiye mu mugezi w’Ururumanza, aho umwe avuga ko yahawe uburenganzira bwo kuwinuramo umucanga, naho mugenzi we akavuga ko na we asanzwe afite amasezerano n’Akarere ka Ruhango ko kuhakorera kandi atigeze ahagarikwa.
Musoni Straton, wahoze ari Visi Perezida w’Umutwe w’inyeshyamba za FDLR, kimwe n’abandi bitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikari ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bahamya ko bicuza igihe batakaje, mu bikorwa bihungabanya umutekano w’u Rwanda, bagahamagarira abakiri mu bikorwa nk’ibyo (…)
Perezida wa Bénin, Patrice Talon, yagize Umunyarwanda Pascal Nyamulinda, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishizwe Irangamuntu (Agence Nationale d’Identification des Personnes/ANIP).
Perezida Paul Kagame ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Jordanie, Dr Ayman Abdullah Al- Safadi n’itsinda rimuherekeje, bri mu ruzinduko mu Rwanda rw’iminsi itatu, bagirana ibiganiro ku mubano w’ibihugu byombi.