Abatuye Umurenge wa Remera mu Karere ka Musanze, barinubira ikibazo cyo kutagira amazi asukuye mu murenge wabo, aho bavuga ko bavoma atemba bemeza ko adafite ubuziranenge, gusa ubuyobozi bw’akarere bukabizeza ko bidatinze amazi meza azaba yabagezeho, kuko ibisabwa byabonetse.
Ubwitange, gukora cyane n’imbaraga zose kandi igitutu kikuriho kikaba no ku bandi bakorana ndetse no gukorana neza n’abaturage, ni bimwe mu by’ingenzi byafashije ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare, bibahesha umwanya wa mbere mu mihigo y’Uturere ya 2021-2022.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kwishimira ibyagezweho mu bijyanye n’uburinganire bw’ibitsina byombi ari ibintu bikwiye, ariko ko abantu bakwiye kumva ko ibyagezweho muri urwo rwego bitapfuye kwizana gusa, ahubwo byaturutse kuri Guverinoma ishyira abaturage imbere, cyane cyane abagore.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, ryasohotse tariki ya 1 Werurwe 2023, rivuga ko Dr Nsabimana Aimable yirukanywe ku mirimo ye.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Leta izakomeza gusuzuma uburyo yakongera imishahara y’abakora mu zindi serivisi za Leta, nyuma yo kuzamura umushahara wa mwarimu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahumurije abafite impungenge cyangwa ubwoba bw’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yatera u Rwanda, akavuga ko bakwiye kuryama bagasinzira.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), cyatangaje Iteganyagihe ry’igice cya mbere cy’uku kwezi kwa Werurwe 2023, rigaragaza ko hamwe na hamwe mu Gihugu hazagwa imvura irengeje impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gihe.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), yatangaje ko mubazi kuri moto zizongera gukoreshwa mu gihe kitarenze ukwezi kumwe mu Mujyi wa Kigali, kuko ibibazo byari birimo bigenda birangira.
Imodoka y’ivatiri ifite pulaki nimero RAD 271C, yakoze impanuka yo kubirinduka ivuye guhaha mu isoko ryagenewe abashinzwe Umutekano (Army Shop), riri hafi y’Icyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, ihitana umunyeshuri umwe, mugenzi we arakomereka.
Nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe yagaragaje amanota uturere twagize mu kwesa imihigo mu mwaka w’ingengo y’imari 2021-2022, ku wa 28 Gashyantare 2023, Akarere ka Huye kakaba kabaye aka kabiri, abagatuye bavuga ko bazishima neza nibaba aba mbere.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, mu nama y’umushyikirano ku munsi wayo wa nyuma, kuri uyu wa 28 Gashyantare 2023, yavuze ko kwita ku gukemura ibibazo umuryango uhura nabyo, byagabanyije umubare w’abatwara inda zitateganyijwe.
Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 18, kuva tariki ya 27-28 Gashyantare 2023, yasabye abayobozi kugabanya umwanya w’inama nyinshi bahoramo ahubwo bagakora cyane, kuko ngo abaturage basaba serivisi bababura kubera guhora mu nama.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023, nibwo hashimiwe uturere twahize utundi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2021/2022, aho Akarere ka Nyagatare kaje ku isonga.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, avuga ko ubwicanyi burimo gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’Umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, biri gusubiza inyuma Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Leta y’u Rwanda yasohoye itangazo rishima ko imyanzuro y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yatangiye gushyirwa mu bikorwa, ariko ikavuga ko yashyize ubwirinzi bukomeye ku mupaka Igihugu gihana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Abraham Munyankindi utuye i Ndora mu Karere ka Gisagara, avuga ko ku myaka 30 amaze guha akazi abantu icyenda, kandi ko abikesha igishoro cy’ibihumbi 200 yakuye mu kazi ko gukora amaterasi.
Mu nama y’Umushyikirano habamo n’umwanya abaturage mu ngeri zinyuranye bahabwa wo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo ku ngingo zitandukanye, abo bireba bagatanga ibisobanuro cyangwa se inama z’uko ikibazo runaka kigaragajwe cyakemuka.
Urubyiruko rushoje amashuri yisumbuye rwo mu Karere ka Kicukiro rurashimwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ndetse n’Ubw’Umujyi wa Kigali n’izindi nzego zitandukanye, kubera ibikorwa by’indashyikirwa bari bamazemo iminsi bakorera muri ako Karere bigamije guteza imbere abaturage n’Igihugu muri rusange.
Guverinoma y’u Rwanda irimo kureba uburyo yagabanya ikiguzi gicibwa abahererekanya amafaranga make bakoresheje telefone zigendanwa (MoMo), ndetse kikaba cyavanwaho ku bahererekanya atarenze 10,000Frw, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi budahererekanya amafaranga mu ntoki.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Uwase Patricie, avuga ko mu myaka 10 u Rwanda rwakuye imihanda ihuza Uturere hagati yatwo ndetse n’Umujyi wa Kigali ya kilometero 475 mu y’igitaka, ishyirwamo kaburimbo bituma ruba urwa gatatu muri Afurika.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng. Patricia Uwase, yatangarije mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye tariki ya 27 Gashyantare 2023 ko mu gihe cy’amezi atatu abagenzi bazoroherwa n’ingendo muri Kigali kuko mu gihugu hazaba hageze imodoka zibarirwa muri 300 zunganira izisanzwe zihari.
Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko badakwiye gukomeza gucunaguzwa no gusindagizwa igihe cyose, kubera ko atari ko bikwiye kumera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yihanangirije abayobozi bashaka gukira vuba, binyuze mu bujura bwitwikiriye gutombora, kuko bigira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu kandi ababyishoyemo nabo bagahomba.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu Ibarura rusange ry’Abaturage n’Imiturire ryakozwe mu mwaka ushize wa 2022, rigaragaza ko Abaturarwanda kuri ubu barenze miliyoni 13 n’ibihumbi 200. Iyi mibare yatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2023 mu Nama (…)
Perezida Paul Kagame yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yarenze umurongo utukura ubwo yafashaga umutwe w’inyeshyamba wa FDRL, kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda no kwica abaturage.
Mu Karere ka Ruhango haravugwa umukobwa witwa Niyogisubizo Jeannette wo mu Murenge wa Bweramana, Umudugudu wa Gakongoro ukekwaho kubyara umwana akamujugunya mu musanane, abatabaye bamukuramo yarangije kwitaba Imana.
Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 18 itangira kuri uyu wa Mbere, ikurikira iheruka kuba mu mwaka wa 2019 yari yafatiwemo imyanzuro 12, harimo uwari ugamije kwimura abatuye ahabateza ibyago no kubatuza ahantu heza.
Ambasaderi Valentine Rugwabiza, intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’Umuyobozi w’Ubutumwa bw’Umuryango ugamije kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA), basuye Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu Karere ka Sam- Ouandja.
Abaturage bo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, hamwe n’Ubuyobozi uhereye ku rwego rw’iyi Ntara n’Uturere, bifatanyije mu muganda wibanze ku gutunganya ibikorwa remezo, byiganjemo imihanda, kubakira abatishoboye batagiraga aho kuba, hamwe no kurwanya isuri.
Abesamihigo b’Akarere ka Gakenke bakiriye inka y’Ubumanzi hamwe n’iyayo, bagenewe na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), nyuma y’uko ako karere kabaye aka mbere ku rwego rw’Igihugu, mu gukoresha neza Urugerero rw’Inkomezabigwi 10 rwo mu mwaka wa 2022/2023.