Abaturage bo mu Mirenge ya Rongi mu Karere ka Muhanga mu Majyepfo, hamwe na Coko mu Karere ka Gakenke mu Majyaruguru, baraye bangirijwe imitungo bitewe n’imvura nyinshi ivanze n’urubura yaguye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 9 Werurwe 2023.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, Aissa Kirabo Kakira, yasezeye kuri Perezida Nana Akufo Addo, amushimira ubufatanye yamugaragarije mu mirimo ye.
Mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Werurwe 2023, u Rwanda rwakiriye abimukira 150 baturutse muri Libya.
Abantu batatu baguye mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Howo, ifite Plaque RAF 339A, undi umwe arakomereka bikomeye. Iyo mpanuka yabereye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busoro, Akagari ka Masangano mu Mudugudu wa Shinga mu Ntara y’Amajyepfo, kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Werurwe 2023.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) ivuga ko amatsinda y’Ubumwe n’Ubwiyunge yitwa ‘Mvura Nkuvure’ afasha abaturage b’Akarere ka Bugesera gukira ibikomere by’amacakubiri n’ubukene, azagezwa hose mu Gihugu.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mbonera Gihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, arasaba Abanyarwanda kutarebera abasebya Igihugu n’Ubuyobozi bwacyo ngo bicecekere, ahubwo bakwiye kubarwanya bivuye inyuma.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko hari igihe Akarere ka Huye kari kuba aka mbere mu mihigo, iyo kataba inyuma mu bwisungane mu kwivuza.
Igare ni kimwe mu bikoresho bikunze kwifashishwa mu mirimo itandukanye yerekeranye n’ubwikorezi. Ahenshi usanga rikoreshwa n’abagabo n’abasore. Icyakora mu bice byiganjemo ibyo mu Burasirazuba bw’u Rwanda, usanga iki gikoresho cyifashishwa n’uwo ari we wese, yaba umugabo, umugore umukobwa n’umusore ubishoboye, dore ko ari (…)
Iyo uvuze Ibere rya Bigogwe abantu benshi bahita bumva ahantu nyaburanga hasigaye hakurura ba Mukerarugendo mu kureba ibikorwa bikorerwa muri aka gace birimo n’ubworozi bw’inka.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Emmanuel Hategeka yagaragaje inyugu n’amahirwe u Rwanda rufite mu ishoramari mu bijyanye n’ingufu.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente kuri uyu wa Kane tariki 09 Werurwe 2023, yakiriye mu biro bye umuyobozi Mukuru w’umuryango GiveDirectly Rory Stewart.
Nyinawurugo Rose, umwe mu bagore biteje imbere avuga ko agaya cyane bagenzi be birirwa bicaye, bategereje byose ku bagabo, kuko uwo muco wari uwakera kandi n’abawuhozemo bawuvuyemo basigaye bakora bagahuriza hamwe n’abagabo.
Sylvie Uwitonze ukuriye inama y’igihugu y’abagore mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko mu bibangamiye abagore b’i Kibeho harimo ubukene n’ubujiji, kutaboneza urubyaro n’amakimbirane mu ngo.
Abanyarwanda bacana umuriro w’amashanyarazi bikubye inshuro zirenga 12 mu myaka 20 ishize, nk’uko bikubiye mu cyegeranyo cy’ibyavuye mu ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe mu mpera za 2022.
Tariki 08 Werurwe ni itariki ngarukamwaka y’umunsi mpuzamahanga w’umugore, aho muri uyu mwaka wa 2023 u Rwanda rwahisemo insanganyamatsiko igira iti “Ntawe uhejwe, guhanga udushya n’ikoranabuhanga biteza imbere uburinganire”.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), kivuga ko ubushyuhe bukabije bumazeho iminsi cyane cyane i Kigali, bwatewe n’uko hashize iminsi haka izuba ryinshi kandi nta mvura igwa.
Umuryango Mpuzamahanga wa gikirisitu, World Vision ishami ry’u Rwanda, ku bufatanye n’ikigega cy’Abanyakoreya, Koica, bubatse amasoko abiri mu Karere ka Rutsiro azafasha abagore gucuruza baticwa n’izuba.
Imiryango 442 ibarizwa mu Mirenge igize Akarere ka Burera, yari imaze igihe ibana mu buryo butemewe, yasezeranye imbere y’amategeko, ihita iniyemeza kuba imbarutso yo kurandura amakimbirane no kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.
Perezida wa Sena mu Bwami bwa Eswatini, Pastor Lindiwe Dlamini, uri mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda, mu biganiro yagiranye na Hon. Donatille Mukabalisa, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yishimiye ko u Rwanda ruhagarariwe n’abagore benshi mu Nteko.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, avuga ko hagiye kujyaho uburyo bworohereza abagore gutunga telefone zigendanwa, hagamijwe kuzamura umubare w’abazikoresha no kubafasha gukoresha ikoranabuhanga.
Musenyeri Jean Marie Vianney Twagirayezu, watorewe na Nyirubutungane Papa Francisco kuba umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Kibungo, azimikwa ku itariki ya 01 Mata 2023.
Nyuma y’igihe kinini cyari gishize bamwe mu bahinga igishanga cya Gatuna bataka igihombo baterwaga n’amazi y’imvura yateraga imyuzure muri icyo gishanga imyaka babaga bahinze ikahatikirira; kuri ubu icyo kibazo cyamaze kubonerwa igisubizo biturutse ku mushinga wo kugitunganya mu buryo bugezweho ugiye gushyirwa mu bikorwa mu (…)
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abagore bo mu Rwanda no ku Isi yose, mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Werurwe 2023, rwatangaje ko rushakisha umugabo witwa Sebanani Eric bahimba Kazungu, ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we Murekeyiteto Suzane w’imyaka 34 y’amavuko, agahita atoroka.
Mu ruzinduko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, yagiriye mu Karere ka Musanze ku wa Kabiri tariki 07 Werurwe 2023, yaganiriye n’abayobozi b’inzego z’ibanze, iz’umutekano n’abandi bafatanyabikorwa b’ako karere, barebera hamwe icyagateye kutesa neza imihigo ya 2021/2022.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), Aimable Gahigi avuga ko n’ubwo ibice bimwe by’Igihugu bimaze iminsi byakamo izuba rikabije, imvura y’itumba igiye kuhagaruka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ku wa Kabiri tariki ya 7 Werurwe 2023, yakiriye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe iterambere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Denmark, Lotte Machon, bagirana ibiganiro byibanze ku mahoro n’umutekano muri aka karere, n’ubufatanye mu iterambere ry’ibihugu (…)
Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi wigeze kuba Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi, akaba yaguye mu bitaro byo mu gihugu cy’u Bubiligi aho yari amaze iminsi yivuriza, bikavugwa ko yitabye Imana ku wa Mbere tariki 6 Werurwe 2023.
N’ubwo mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu wa Afurika yo hagati (ECCAS), umaze igihe ushinzwe, ngo usanga bakiri inyuma mu byerekeye ubutwererana hagati y’ibihugu biwugize.
Itsinda ry’Abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko y’inzibacyuho ya Guinea Conakry kuri uyu wa mbere tariki ya 6 Werurwe 2023 bagiranye ibiganiro na Visi Perezida Hon. Edda Mukabagwi hamwe na Hon. Sheikh Musaza Fazil Harerimana uko u Rwanda rwagiye rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 no ku mubano (…)