Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 16 Gashyantare 2023, yageze i Addis Ababa muri Ethiopia, aho yitabiriye Inama ya 36 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU), ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo ku mugabane wa Afurika.
Abakozi b’Uturere bashinzwe imicungire n’imitangire y’amasoko ya Leta baravuga ko hari imbogamizi bagiye bahura nazo mu mitangire y’amasoko by’umwihariko mu kubaka ibyumba by’amashuri byihutirwaga mu mwaka wa 2021.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe gutabara aho rukomeye rizitabira amarushanwa ahuza andi mashami y’abapolisi baturutse mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku isi, azabera I Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Umuryango Nyarwanda ugamije kurwanya Jenoside (NAR), uratangaza ko kugira ngo igenamigambi rya za Minisiteri n’ibigo bizishamikiyeho bisubize ibibazo by’umuturage, rigomba guhuzwa n’igenamigambi ryo ku rwego rwegereye uwo muturage.
Ishami rishinzwe gukusanya amaraso, (NCBT) mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC kirasaba urubyiruko n’abandi bantu b’umutima mwiza gutanga amaraso yo gufasha indembe ziyakeneye.
Ubuyobozi bwa Shema Power ikorera mu Kiyaga cya Kivu ibyo gucukura Gaz methane, butangaza ko bamaze gukora igerageza ryo gutanga Megawatt 15.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, avuga ko u Rwanda rudakeneye gushorwa mu ntambara zitari ngombwa, kandi ko rushyigikiye inzira y’ibiganiro nk’umuti watuma ibibazo biri mu Burasirazuba bwa Congo bikemuka.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko isambanywa ry’abana ritacika harimo uruhare rwa bamwe mu bayobozi bahishira amakuru, ndetse hakabamo n’abandi bagira uruhare mu guhisha ibimenyetso bihamya ibyaha abahohoteye abana.
Perezida Paul Kagame yayoboye inama ya 40 y’Abakuru b’Ibihugu byibumbiye muri AUDA-NEPAD, hanatorwa Perezida wa Misiri, Abdel Fattah el-Sisi nk’umuyobozi mushya w’uyu muryango.
Mu rwego rwo kurushaho kubungabunga, guteza imbere no korohereza abakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda, inkoranabuhanga (Applications) zarwo eshatu zashyizwe mu ikoranabuhanga.
Hirya no hino mu karere ka Musnaze, ku mihanda imwe n’imwe ya kaburimbo, amatara ntiyaka, abaturage bakavuga ko ntacyo abamariye kugeza ubwo bayahaye izina rya Baringa.
N’ubwo nta kazi umuntu apfa kubona muri iki gihe atararangije nibura imyaka 12 mu ishuri, kuba umuyobozi w’Umudugudu, umujyanama w’Ubuzima, umuhinzi cyangwa umworozi ushoboye ntibigombera kumara iyo myaka yose wiga.
Mu Karere ka Nyagatare tariki ya 14 Gashyantare 2023, hatashywe imidugudu itatu y’icyitegererezo yubakiwe imiryango 72, yimuwe ahakorera umushinga wa ‘Gabiro Agro Business Hub’.
Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 14 Gashyantare 2023, Perezida Kagame, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashyize hanze ifoto imugaragaza ari kumwe n’abo mu muryango we, iherekejwe n’amagambo asa n’agaragaza ko yishimiye kubana na bo ku munsi benshi bafata nk’umwihariko ku bakundana (Valentine’s Day).
Mu rwego rwo gukomeza kwita ku mibereho myiza y’abaturage by’umwihariko abana, akarere ka Gasabo katangije gahunda y’agaseke kazaherekeza abana bafite ibibazo by’imirire mibi yiswe “Mperekeza Basket”.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze rwari rumaze umwaka rugororwa mu kigo Ngororamuco cya Iwawa, ruratangaza ko amasomo bahigiye yatumye barushaho kwitekerezaho, biyemeza guhindura imyitwarire mibi bahoranye, ubu bakaba batahanye ingamba zo kuba intangarugero mu miryango bakomokamo kandi bakarangwa n’umwete.
Fidel Rwigamba wari Umudepite mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 15 Gashyantare 2023 azize uburwayi.
Mu Karere ka Kicukiro mu Kagari ka Karembure, tariki 14 Gashyantare 2023, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), ku bufatanye na GAERG batangije umushinga wo guteza imbere imibanire myiza mu Banyarwanda, isanamitima no kubaka ubudaheranwa.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga buratangaza ko nibura abana hagati ya 20-30 bavuka buri kwezi batagejeje igihe, ni ukuvuga ko bavuka munsi y’ibyumweru 32.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe, barifuza ko imitangire n’imyakirire y’imisanzu ya Ejo Heza yahinduka, uwishyura akajya akatwa ku kintu yaguze cyangwa kuri serivisi zisaba kwishyura kuko byatuma buri wese yitabira cyane ko guteganyiriza ahazaz ntacyo wabinganya.
Abaturage bibumbiye mu itsinda ryitwa “Ngobyi Dutabarane Karambi II” bari mu gihirahiro, nyuma y’aho amafaranga bari barakusanyije, ngo bishyure ubwisungane mu kwivuza, yarigishijwe n’umwe muri bo, kugeza ubu akaba akomeje kwanga kuyabasubiza.
Abakora umwuga wo kubumba amatafari mu Karere ka Muhanga, barifuza ko uruganda rw’amakaro rutabatwarira ibumba bakoreshaga, kuko ryari ribafatiye runini mu gutunga imiryango yabo, gusa byamaze kwemezwa ko iryo bumba rizakoreshwa n’urwo ruganda mu rwego rwo kwagura ishoramari.
Ishuri rikuru rya gisirikare, Rwanda Defense Force Command and Staff College (RDFCSC), ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), batangije urugendoshuri rugamije gusobanurira abanyeshuri imikorere y’Urwego rw’Ubuzima Rwanda.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo babiri bakekwaho kwakira ruswa, barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, Bucyana Alex.
Padiri Francis Ndawula wakoreraga ubutumwa muri Diyosezi ya Butare yitabye Imana azize Uburwayi.
Ikigo cy’imari cyitwa Jali Finance kivuga ko gifite gahunda yo gukura mu bukene abanyarwanda barenga ibihumbi 10. Ngo ku ikubitiro, iki kigo cyiteguye gufasha urubyiruko rurenga ibihumbi 2000 ruri mu bushomeri, kubona moto zikoreshwa n’amashanyarazi.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, avuga ko mu rwego rwo gufasha abaturage kubona serivisi z’ubuvuzi hafi yabo, mu myaka itarenze itatu bazaba bamaze kubaka amavuriro y’ibanze 20 azaza asanga andi 39 yari asanzwe ahari.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente, yagaragaje ko ikoranabuhanga no guhanga udushya biri mu byo guverinoma y’u Rwanda yashyize imbere mu cyerekezo cyigana ku iterambere yihaye.
Umupasiteri ukorera ubutumwa mu itorero rya ADEPR mu Karere ka Nyabihu, afatiwe mu icumbi ryo mu Kinigi ryitwa No Stress Bar and Lodge, akekwaho gusambanya umugore w’undi mugabo.
Koperative ADARWA ikora ikanacuruza ibikomoka ku mbaho n’ibyuma mu Gakiriro ka Gisozi, ivuga ko itaramenya icyateye inkongi mu ijoro ryo ku wa 13 Gashyantare 2023, n’ubwo impamvu ikekwa ikomeje kuba umuriro w’amashanyarazi.