Urubyiruko rw’abakorerabushake rwo mu Karere ka Nyaruguru, rwizihije umunsi wo Kwibohora rugabira inka uwamugariye ku rugamba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero burasaba abaturage gukomeza kugira ubumwe, mu rwego rwo gukomeza urugamba rwo kwibohora mu iterambere n’imibanire myiza, kuko ubwo bumwe ari inkingi ya mwamba izabafasha kurinda ibyamaze kugerwaho.
Abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attachés), baganirijwe ndetse basobanurirwa uko umutekano uhagaze imbere mu gihugu, no mu bihugu Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga umutekano.
Umugabo witwa Masabo Kayisinga wo mu Murenge wa Mushishiro muri Muhanga, yaguye mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, mu nzu y’uwari uherutse kumucumbikira, bigakekwa ko yari arwaye avuye kwa muganga i Kabgayi.
Mu kiganiro cyo ku wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023, cyanyuze kuri RBA, Perezida Kagame yabajijwe ku bijyanye na gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi kuva 2017-2024, avuga ko hari byinshi bitaragerwaho, biri mu masezerano we n’abandi bayobozi bagiranye n’Abanyarwanda.
Bamwe mu rubyiruko bavuga ko kuba u Rwanda rwaribohoye, rukaba ari Igihugu gitekanye, ari byo bibatera imbaraga zo gukora cyane biteza imbere, baharanira iterambere ry’Igihugu muri rusange.
Minisitiri y’umutekano y’u Burusiya yatangaje ko yasenye utudege tutagira Abapilote tuzwi nka ‘drone’ bivugwa ko twari twoherejwe na Ukraine mu gace ka Moscow. Nta muntu twahitanye, nta n’ibintu bikomeye twangije nk’uko byatangajwe na Moscow.
Minisitiri w’Intebe Dr Eduard Ngirente yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’abayobozi b’ikigo cya Tamira kirimo kwita ku nkoko zahawe abatuye umudugudu wa Rugerero guha amagi abatujwe mu mudugudu, ibikorwa byo kugurisha bikazaza nyuma.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, buragaragaza ko nubwo hari iterambere rigaragara bagezeho mu bikorwa remezo, bakeneye ubufasha kugira ngo bagire inyubako igezweho y’Ibiro by’Umurenge.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baremeza ko imyaka 29 ishize u Rwanda rwibohoye, bakomeje gutera intambwe ifatika igaragarira mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), buravuga ko mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwakiriye amadosiye 187 arimo abakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano nayo 234.
Ubuyobozi Bukuru bw’Abinjira n’Abasohoka mu gihugu, bwatangaje ko kuva uyu munsi tariki ya 5 Nyakanga 2023, umupaka mushya wa Rwempasha/Kizinga uhuza u Rwanda na Uganda ufunguwe. Ni umupaka uherereye mu Karere ka Nyagatare, ukaba uje wunganira indi ya Gatuna, Kagitumba na Cyanika isanzwe ikoreshwa n’ibihugu byombi.
Mu gihe mu Rwanda hizihizwa umunsi Mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 29, hirya no hino mu gihugu hatashywe ibikorwa by’indashyikirwa byagezweho bigera ku 164.
Abaturage bo mu Kagari ka Muyange mu Murenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, ku itariki ya 04 Nyakanga 2023, basuye ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside iherereye ku Kimihurura ahakorera Inteko Ishinga Amategeko.
Perezida Paul Kagame yageze muri Trinidad and Tobago, aho yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zigize Umuryango uhuriza hamwe ibihugu byo muri Caraïbes, uzwi nka CARICOM.
Perezida Paul Kagame yavuze ko hakenewe umusanzu wa buri wese kugaira ngo ikibazo cy’umusaruro w’ibiribwa gikemuke, ndetse binagabanye itumbagira ry’ibiciro ku masoko kuko riterwa n’umusaruro muke w’ibiribwa.
Abatuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, bizihije Umunsi wo Kwibohora tariki 04 Nyakanga 2023, bishimira imihanda biyubakiye ku ruhare rwabo, ndetse n’indi bubatse bishatsemo ubushobozi, bunganirwa na kompanyi imenyerewe mu kubaka imihanda ya NPD.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye bavuga ko basanze ubutwari n’ubwitange bw’Inkotanyi bikwiye kwigirwaho na buri Munyarwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yatanze ikiganiro cyagarutse ku ngingo zitandukanye kuri iyi sabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 29, harimo n’uburyo abantu bashobora kurwanya guhangayika (stress mu ndimi z’amahanga).
Umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 29, mu Ntara y’Iburasirazuba wijihijwe mu Turere twose by’umwihariko ukaba waranzwe n’urugendo ku maguru rwo gushimira Inkotanyi ndetse hanatahwa ibikorwa byegerejwe abaturage mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza yabo.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze ruhamya ko ibikorwa biteza imbere aka Karere n’imibereho y’abaturage, bakomeje kubyubakiraho mu gusigasira umurage bakomora ku Ngabo zari iza RPA, zagize ubutwari bwo kubohora Igihugu.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 12 Gashyantare 2023 ni bwo Mugiraneza King David wari umunyeshuri w’ikiciro cya gatatu cya kaminuza akaba n’umukozi w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, yafashwe n’inzego z’umutekano azira gukoresha ibiyobyabwenge.
Minisitiri w’Intebe Dr Eduard Ngirente, yabwiye Abanyarwanda ko intego yo kwibohora, ari ukugira igihugu gikize, kandi ko bitagerwaho Abanyarwanda badakoze, asaba buri wese gukora neza icyo ashinze, umuyobozi akegera abo ashinze akababera ijisho n’umwarimu mwiza, naho umuturage akaba umunyeshuri mwiza.
Amakuru yatangajwe kuri twitter y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu Village Urugwiro tariki ya 3 Nyakanga 2023 avuga ko Perezida Paul Kagame yakiriye Dominic Barton umuyobozi wa sosiyete mpuzamahanga y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro izwi ku izina na Rio Tinto.
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard, yatashye Umudugudu w’icyitegererezo wa Muhira wubatswe mu Murenge Rugerero Karere ka Rubavu, bikaba biri mu rwego rwo kwifatanya n’abanyarwanda kwizihiza umunsi wo Kwibohora.
Musenyeri Nicodème Nayigiziki yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Nyakanga 2023.
Abatuye Umujyi wa Kigali bavuga ko mu myaka 29 u Rwanda rumaze rwibohoye, uyu Mujyi wihuse mu iterambere cyane cyane mu bikorwa remezo n’imibereho myiza y’abawutuye, uburezi, ubuvuzi, inganda, itumanaho, imihanda, inyubako zigezweho n’ibindi.
Abaturage b’Akarere ka Ngororero barishimira kwizihiza isabukuru ya 29 yo Kwibohora, bataha ibyumba by’amashuri y’incuke, n’ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Kagari ka Nunga mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, baravuga ko bagomba gukomeza kwitabira ibikorwa byose bya Leta, kugira ngo bakomeze babe intangarugero ndetse n’inyangamugayo, ari byo bise kuba ‘Bandebereho’.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, araburira Abanyarwanda cyane cyane urubyiruko kutishora mu nzoga, kuko ngo ziri mu bishobora gusiba amateka yo kwibohora, yizihizwa buri mwaka tariki 4 Nyakanga.