Mbarukuze Fabien wo mu Kagari ka Cyabayaga, aratakambira Urwego rw’Umuvunyi nyuma yo gusenyerwa inzu ye n’ikorwa ry’umuhanda Nyagatare-Base, mu guhabwa ingurane y’ibyangiritse agahabwa sheki itazigamiye.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Kayonza zirino gushakisha umugabo witwa Musonera Théogène uri mu kigero cy’imyaka 40, ukekwaho kwica umugore we n’abana batatu babyaranye, maze agahita atoroka.
Ubwo mu minsi ishize hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga bw’uruhu rwera, ubutumwa bwagarutsweho n’abahagarariye inzego zinyuranye, bwagarutse ku gukangurira abafite ubumuga bw’uruhu rwera, guhuza imbaraga binyuze mu matsinda, amashyirahamwe cyangwa amakoperative kugira ngo iterambere ryabo n’iry’umuryango (…)
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango (JADF) n’ubuyobozi bw’Akarere, baravuga ko biyemeje gushyira hamwe bakareba uko umuturage yungukira mu bikorwa bihuriweho n’izo nzego, hagamijwe gukemura ibibazo byugarije imibereho myiza y’abaturage.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) mu kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso wabereye mu karere ka Rwamagana tariki ya 14 Kamena 2023 cyahaye Ikimenyetso cy’ishimwe (Certificat) Mukagahiza Immaculee na Mureganshuro Faustin kubera gutanga amaraso inshuro nyinshi mu ntara y’Uburasirazuba.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubavu bwemeje ko hari umusore warashwe na Polisi y’u Rwanda mu ijoro rya tariki 14 Kamena 2023, aho yari amaze gutega abantu babiri abambura telefoni n’amafaranga.
Umuryango mpuzamahanga wita ku bafite ubumuga (Humanity&Inclusion/HI), uvuga ko imyumvire no kutagira ubumenyi kw’abatanga serivisi bikomeje gutuma abafite ubumuga bahezwa mu burezi, mu buzima no mu mirimo yabateza imbere.
Umuryango mpuzamahanga wita ku bidukikije ARCOS ugiye gushora miliyoni zirenga 500 z’amafaranga y’u Rwanda mu guhangana n’ibibazo byangiza ibinyabuzima byo mu kiyaga cya Kivu mu turere twa Karongi na Rutsiro.
Mu rubanza rwa Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma, kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena, humviswe umutangabuhamya warangije igihano cye nyuma yo kwemera ko yikoreye isanduku yarimo amasasu yicishijwe Abatutsi bari barahungiye kuri Isar-Songa mu 1994.
Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority) Nsanzineza Noel yavuze ko ibibazo isoko rya Gisenyi rifite uyu munsi, byatewe no kuba ryaratangiye kubakwa ridafite icyangombwa ndetse no kudakorerwa ubugenzuzi buhagije, bigatuma imyubakire yaryo itangira idakurikije ibisabwa ku nyubako (…)
Imiryango 3000 idafite ubushobozi, yasenyewe inzu n’ibiza byibasiye tumwe mu turere tw’Intara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru muri Gicurasi 2023, igiye kubakirwa.
Musenyeri w’Itorero Angilikani ry’u Rwanda, akaba n’umuyobozi w’Umuryango uharanira gukurikiza ibyo Bibiliya yigisha, GAFCON, Laurent Mbanda yatangaje ko itorero abereye umuyobozi ritazigera rinyuranya n’amahame ya Bibiliya ngo rigendere mu buyobe ndetse ko ritazemera umuntu uribera umuyobozi kandi ari mu nzira itari iyo (…)
Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi bo mu Karere ka Bugesera, biyemeje kwigisha urubyiruko amateka, ubukana, n’ubugome byaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo na rwo rurusheho kuyamagana.
Umuhanda mushya wa ‘Kivu Belt’, uzengurutse ikiyaga cya Kivu uhereye mu Karere ka Nyamasheke ukagera i Karongi na Rutsiro, ubu uri gucanirwa. Uwo mushinga wo kuwucanira wose ugeze ku kigero cya 80%.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu burashimira abafatanyabikorwa, uruhare bagize mu gufasha abaturage kuva mu bukene no kugira imibereho myiza bityo bakiteza imbere.
Aline Umurizaboro w’i Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, avuga ko yavutse ku mubyeyi wafashwe ku ngufu muri Jenoside n’abamwiciye abe, agakurana ibikomere ku mutima, kandi ko umuti wabyo ari we ubwe wavuyemo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko abaturage bari bakuwe mu byabo n’ibiza bagashyirwa mu nkambi bamaze gusubira mu miryango yabo, aho bamwe basubiye mu nzu zabo, abandi bagakodesherezwa aho kuba mu gihe cy’amezi atatu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye ababyeyi bo mu Murenge wa Bugeshi, kongera isuku y’abana, kubagaburira indyo yuzuye mu kubarinda igwingira ndetse bakerekwa urukundo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Bagabo Anthony, avuga ko kuva indwara y’uburenge yagaragara mu nka guhera muri Gicurasi 2023, muri uyu Murenge by’umwihariko inka 205 arizo zimaze gukurwa mu bworozi hagamijwe kudakwirakwiza indwara.
Mu ngendo abasenateri bagiriye mu turere dutandukanye basura abatujwe mu midugudu bakaganira n’abahatuye, basanze Leta ikwiye kunoza imicungire y’iyi midugudu kuko hari ikigaragaramo ibibazo birimo ibikorwaremezo bidahagije.
Umugore w’imyaka 26 wo mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri ari muri koma, nyuma yo kunywa umuti batera mu myaka witwa Rocket, ubwo yakekaga ko gukeka ko umugabo we yamwibye amafaranga.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye bagabiye inka ebyiri imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye, mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inama Njyanama y’Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro imaze umwaka itoye umwanzuro wo gutera igiti no kubaka iriba cyangwa se ivomo, byombi byitiriwe amahoro, aho kizira ko umuntu yahabwirira mugenzi we nabi.
Imiryango 36 yari ituye ahitwa ku Gitaka, mu mbibe z’Umudugudu wa Nyakabuye mu Kagari ka Cyabayaga Umurenge wa Nyagatare ndetse n’Umudugudu wa Kajumo Akagari ka Mbare Umurenge wa Karangazi, barasaba ubuyobozi kubasubiza ibibanza bahoranye bakongera kubyubakamo nyamara ubuyobozi bukavuga ko bahimuwe mu rwego rwo kubahiriza (…)
Inteko y’Umuco yahawe inshingano zo gukurikirana no gutegura irushanwa rya Miss Rwanda, yatangaje ko hari gutekerezwa uko ryasubukurwa rigashingira ku gukosora amakosa yarigaragayemo.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), kivuga ko ibihe by’izuba (Impeshyi) byatangiye, n’ubwo muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Kamena 2023 (kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 20) hari aho imvura irimo kugwa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yamenyesheje abatazabasha kwitabira ibizamini ku matariki mashya bahawe bafite impamvu zumvikana, ko bazaba banemerewe kuzakora ku matariki bahawe mbere. Bagasabwa gusa kuzamenyesha impamvu batakoze ikizamini bakoresheje imeyili ([email protected]) cyangwa, (…)
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), Prof. Claude Mambo Muvunyi, ahamagarira abaturage kurandura amakimbirane mu miryango, bagashyira imbere imibanire myiza kuko mu gihe byitaweho abagize urugo babona uko bajya inama, z’uburyo bwo kwita ku mirire bikarinda abana kugwingira.
Abahanga mu by’amateka bavuga ko mu Rwanda inyito y’amazina by’ahantu ziba zifite aho byakomotse mu bihe byo hambere bikaba ari yo mpamvu usanga ibice bitandukanye by’igihugu bifite amazina atandukanye.
Imiryango iheruka gusenyerwa n’ibiza yo mu Karere ka Gakenke, iravuga ko ubufasha Leta ikomeje kubagezaho, bukomeje kubagarurira icyizere cyo kongera kwiyubaka; aho ngo bizeye ko bidatinze ubuzima buzongera kuba nk’uko bwahoze mbere.