Abashinze umuryango Nzambazamariya Veneranda, baravuga ko bishimira byinshi bagezeho mu myaka 25 ishize bibuka Nzambazamariya Veneranda, umwe mu bagore b’Abanyarwandakazi baharaniye ko umugore n’umugabo buzuzuzanya kandi umugore agahabwa uburenganzira.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye urubyiruko gufata ubumwe nk’umwuka bahumeka.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yabwiye urubyiruko rw’Inkomezabigwi ko bakwiye kumvira ababyeyi, ariko ko badakwiye kumvira ababaraga urwango.
Mu rugendo rw’Icyumweru cy’Umujyanama mu Karere ka Bugesera cyatangirijwe mu Murenge wa Mayange tariki 22 Gashyantare kigasorezwa mu Murenge wa Nyamata tariki 28 Gashyantare 2025, Abajyanama ku rwego rw’Akarere basuye abaturage mu mirenge yose, baganira na bo, bakira ibitekerezo byabo, ndetse ahari ibibazo bafatanya kubikemura.
Ku isaha ya saa sita z’amanywa kuri uyu wa Gatandatu Tariku 1 Wererurwe 2025, nibwo ubuyobozi bwa M23 bwari bugeze ku mupaka munini uhuza Goma na Gisenyi, buzanye Brig Gen Gakwerere Jean Baptiste uzwi nka Gen Gakwerere Stany, wari ushinzwe ubunyamabanga bwa FDLR, ashyikirizwa u Rwanda.
Amezi yose y’umwaka ni kimwe, yabonekamo ibyiza, kandi ashobora no kubonekamo ingorane, ariko Gashyantare 2025 izibukwa nk’ukwezi kutahiriye abagenzi, cyane cyane abakoresheje imodoka zitwara abagenzi benshi icyarimwe, kuko hari imiryango inyuranye izibuka umuntu wabo wagiye mu rugendo ntagaruke, cyangwa ntatahe amahoro masa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye urubyiruko kutazigana abaranzwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside ahubwo bagakorera hamwe mu guteza imbere Igihugu.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kayisire Marie Solange, asaba Abanyarwanda kugira umuco wo kunyurwa no kwigira ku bandi, kuko biri mu bituma umuntu ashobora kwiteza imbere ahereye ku bushobozi afite.
Abadepite baherutse gusoza ingendo zigamije kureba imibereho n’imibanire y’abaturage, aho bamenye ko hari ingo nyinshi zibana mu makimbirane akomeye, ariko zikamenya kwigirira akabanga hanze, ibyo bise ‘Smart Conflict’.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragarije Akanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu mu Muryango w’Abibumbye (UN) ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), ikomeje kwica abaturage bayo, by’umwihariko ikaba yibasiye Abatutsi bavuga Ikinyarwanda batuye mu Burasirazubwa bw’icyo (…)
Abakuru b’Imidugudu 503 mu Ntara y’Iburasirazuba, batangiye guhabwa ubumenyi butuma Imidugudu yabo ihora itekanye, itarangwamo icyaha, ndetse ikaba n’ishingiro ry’iterambere ry’umuturage.
Soraya Hakuziyaremye yagizwe Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, aho asimbuye kuri uyu mwanya John Rwangombwa wari kuri uyu mwanya kuva mu 2013, akaba yushije ikivi cye cya manda ebyiri.
Perezida Paul Kagame yashimangiye akamaro ko kwigira, avuga ko Afurika ifite ubushobozi bwo guhangana ku ruhando rw’Isi, kandi ikagera ku ntego yo kwihangira udushya.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen. James Kabarebe, kuri uyu wa 25 Gashyantare yasobanuriye abagize ihuriro ry’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda uko ibibazo bya Congo byavutse bigakura, bikaba inzitizi z’umutekano ku Rwanda.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango UWIMANA Consolée, asanga inyinshi mu mpungenge abagore batinya mu bijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye zigenda zivaho imwe ku yindi.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, Rosemary Mbabazi, yasabye ababyeyi baba mu mahanga gutoza abana babo Ikinyarwanda n’umuco Nyarwanda mu rugo.
Abasirikare babarirwa muri 300 ba Afurika y’Epfo na bagenzi bwabo b’umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika yo mu majyepfo (SADC) bari mu Burasirazuba bwa DRC bahanganye n’ umutwe wa M23 basubiye iwabo banyujijwe mu Rwanda.
Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangije igikorwa cyo kubaka inzu 115 zangijwe n’ibiza, mu nzu 200 zigomba kubakirwa abaturage batishoboye bagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Musanze.
Abapolisi 2100 n’ abasirikare 890 basanzwe bakorera Leta ya Kinshasa muri Kivu y’ Amajyepfo bagejejwe mu mujyi wa Goma aho bagiye guhabwa amahugurwa yo kuba abanyamwuga mu kurinda umutekano w’abaturage.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Gashyantare 2025, mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuba, hakozwe umuganda rusange usoza uko kwezi, wibanze ku gusana imihanda yangijwe n’ibiza, ndetse hanakorwa amatora yo gusimbuza bamwe mu bayobozi ku rwego rw’Imidugudu batakiri mu nshingano.
Abatuye Rubavu batangiye ibikorwa byo gusana inzu zangijwe n’ ibisasu byarashwe n’ ingabo za Leta ya Congo mu Karere ka Rubavu.
Abantu 9 bo mu Karere ka Rulindo barimo abazwiho gukora kanyanga n’abayicuruza, Polisi y’u Rwanda yabafatiye mu cyuho bari muri ibyo bikorwa ihita ibata muri yombi.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye ibikubiye mu myanzuro y’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, isaba ko u Rwanda rufatirwa ibihano, irushinja gutera inkunga umutwe wa M23.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yibukije Abanyarwanda ko kugira ngo Igihugu cyabo gikomeze kubaho kitavogerwa, gikeneye ubumwe kandi ko bagomba gukorera hamwe.
Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Rugarika, habereye impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri (School bus) n’ikamyo yavaga mu Karere ka Muhanga itwaye imbaho, abana 13 barakomereka, barimo batatu bakomeretse bikomeye.
Bimwe mu bibazo Abasenateri bagize Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari, basaba Guverinoma ko byakwihutishwa bigakemuka, harimo icy’umwenda uturere tubereyemo ibigo bicuruza inyongeramusaruro ungana na 22,054,073,550Frw.
Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rivugurura ingengo y’imari ya Leta ya 2024/2025, ikava kuri Miliyari 5,690.1Frw ikagera kuri 5,816.4Frw, bivuze ko iziyongeraho Miliyari 126,3 Frw.
Ambasaderi w’u Rwanda uhoraho mu Muryango w’Abibumbye (UN), Ernest Rwamucyo, ubwo ku wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025, yari mu nama y’akanama ka UN gashinzwe amahoro, yigaga ku bijyanye n’ibiri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gushimangira umutekano (…)
Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana ubwo yaganiraga n’Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu tariki 18 Gashyantare 2025, yabatangarije ko integanyanyigisho y’amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro igenda ivugururwa ikajyanishwa n’igihe yongewemo na gahunda yo kwigisha gukanika indege.
Itsinda ry’abasirikare 30 baturutse muri Nigeria bayobowe na Maj Gen (Rtd) Garba Ayodeji Wahab, basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku Kimihurura banagirana ibiganiro, mu ruzinduko bagirira mu Rwanda.