Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, MININTER, itangaza ko mu bikorwa ngarukamwaka byo kwegera abaturage umwaka wa 2024-2025, Ingabo na Polisi y’Igihugu bubakiye abaturage batishoboye inzu 70, ibiraro 13 bifasha Uturere guhahirana, banubaka ibyumba by’amashuri y’incuke 10.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko umwaka w’ingengo y’Imari 2025-2026, uzarangira abatuye umujyi wa Muhanga babonye amazi ahagije, kandi ko ari umuhigo w’Akarere.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen. Mubarakh Muganga, kuri uyu wa Kane tariki 3 Nyakanga 2025, yifatanyije n’abayobozi batandukanye gutaha ibikorwa byo gushyikiriza amazi meza abaturage mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Ndego mu Mudugudu wa Kamahoro, ibikorwa byose babagejejeho bikaba byatwaye asaga Miliyoni 147Frw.
Abaturage n’abayobozi barenga 4,000 bavuye hirya no hino mu Ntara y’Iburasirazuba, cyane cyane i Nyagatare, bakoze urugendo rw’amaguru rureshya n’ibilometero hafi 22 bajya i Gikoba mu Murenge wa Tabagwe, aho bataramiye bakumva amateka y’agataka kiswe Santimetero n’indake ya mbere Perezida Kagame yabayemo, mbere yo kwimurira (…)
Abaturage n’abayobozi bavuye hirya no hino mu Burasirazuba bw’u Rwanda barizihiriza Isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 31 mu gataka ka mbere Inkotanyi zafashe mu 1990 k’ahitwa i Gikoba mu Murenge wa Tabagwe w’Akarere ka Nyagatare.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, avuga ko bitewe n’imishinga yo kongera amazi irimo gukorwa, mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere abaturage bose bazaba bagerwaho n’amazi meza.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo (MININFRA), Dr Jimmy Gasore, ari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), bavuze ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ritazagira ingaruka zikomeye ku biciro by’ibindi bicuruzwa na serivisi mu Rwanda.
Urwego rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ibicirobishya bya lisansi, aho byazamutse biva ku mafaranga y’u Rwanda 1633 bigera ku 1803Frw, rikaba ari izamuka ry’amafaranga 170 kuri litiro.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente, yagaragaje ko ahazaza ha Afurika hazarushaho kurangwa no gukenera amashanyarazi, cyane ko uyu munsi abarenga Miliyoni 600 kuri uyu mugabane batagira umuriro w’amashanyarazi, kandi abawukenera bazakomeza kwiyongera.
Ubuyobozi bukuru w’Umuryango uharanira kwihuza no kwigenga kw’Abanyafurika (Pan African Movement (PAM) ishami ry’u Rwanda, bwiyemeje gushyira cyane imbaraga mu gutoza urubyiruko indangagaciro nyafurika, kugira ngo barusheho kumenya no guharanira icyateza imbere u Rwanda na Afurika muri rusange.
Ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga (NUDOR), tariki 26 Kamena 2025, ryahurije hamwe ba rwiyemezamirimo batandukanye bakorera mu Karere ka Kicukiro, babahuza n’abafite ubumuga bafite ibyo bigejejeho, kugira ngo babereke ko umuntu ufite ubumuga atari uwo guhora afashwa, ahubwo ko na we hari icyo yakwigezaho. Ba (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, arasaba urubyiruko kwirinda kwipfusha ubusa, rwishora mu bikorwa birwandarika ahubwo rugakura amaboko mu mifuka rugakora, kuko iyo rwipfushije ubusa ruba rusenya ejo harwo hazaza n’ah’Igihugu muri rusange.
Nyuma y’ingendo Abadepite bakoze kuva tariki 28 Gicurasi kugeza ku ya 4 Kamena 2025 mu Turere twose tw’Intara hasurwa imwe mu mirenge, ndetse n’imirenge yose y’Umujyi wa Kigali, basanze ibibazo biri muri serivisi y’irangamimerere bikwiriye gukemuka vuba, kugira ngo umuturage ahabwe serivisi ku gihe.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), cyabwiye Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo (PAC), ubwo yakibarizaga mu ruhame icyo kigiye gukora ngo cyongere ubushobozi bw’inganda zitunganya amazi, ko kigiye kuvugurura uruganda rwa Nzove rukajya rutanga metero kibe ibihumbi 25.
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), Prof Omar Munyaneza, yabwiye Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo (PAC), ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’igihombo baterwa n’abaturage batishyura amazi, ubu uzajya atinda kwishyura azajya acibwa amande ya 5% by’amafaranga (…)
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe ingufu za Atomike mu Rwanda (RAEB), bwatangaje ko u Rwanda ruteganya gushyiraho uruganda ruto rwa Nikereyeri (rutanga ingufu za atomike) nibura mu 2030, mu rwego rwo kongera amashanyarazi mu Gihugu.
Kaminuza y’u Rwanda yatangiye ubufatanye n’ikigo Prime Insurance, aho izaha abanyeshuri barangije n’abakiri kwiga akazi ko kuyishakira abakiriya mu bamotari, bakishyurwa komisiyo cyangwa se amafaranga yo kubatunga.
Umuryango Uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), washyikirije abakorokotse Jenoside batagiraga aho kuba inzu icumi zo guturamo mu Karere ka Rwamagana mu mudugudu wa Gatika, Akagari ka Musha, Umurenge wa Musha.
Guhera ku manywa yo kuri uyu wa 25 Kamena 2025 kugera na n’ubu mu masaa mbiri za nijoro, mu kimpoteri cya Huye ububiko (Stock) bwa kampani itunganya imyanda ikayibyaza ifumbire n’ibindi byifashishwa mu nganda, yibasiwe n’inkongi y’umuriro, na n’ubu ntiharazima.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Kamena 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye mu biro bye Dr. Akinwumi Adesina, wahoze ari umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB).
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique (Rwanda Security Force/RSF), zifatanyije n’icyo gihugu mu birori byo kwizihiza imyaka 50 kimaze kibonye ubwigenge.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byatangaje ko ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 24 Kamena 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Olusegun Obasanjo wahoze ayobora Nigeria bagirana ibiganiro byibanze ku bibazo by’umutekano n’iterambere mu Karere, ku mugabane wa Afurika no ku rwego mpuzamahanga.
Abagenzi 18 bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka ya minibisi RAB 579H, yavaga mu isantere ya Kabaya yerekeza mu isantere ya Ngororero mu Karere ka Ngororero.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Dr Emmanuel Murwanashyaka, avuga ko hakenewe amafaranga asaga Miliyari ebyiri kugira ngo babashe kubakira abatishoboye 755 bafite, mu Karere ayobora.
Izina Ruhengeri ryari icyahoze ari Perefegitura, ubu ryasigaye ari iry’Akagari ko mu Murenge wa Muhoza mu Mujyi wa Musanze.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK) bwiteze ibisubizo ku mishinga y’Ikoranabuhanga yahanzwe n’abakozi bayo, binyuze mu irushanwa ryo guhanga udushya hifashishijwe ikoranabuhanga (BK Hackathon 2025).
Umuyobozi w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Kicukiro, Benjamin Musuhukye, ashima ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro kuko bwita ku bafatanyabikorwa ndetse bukabagira inama, na we abwizeza ko nk’abafatanyabikorwa bazakomeza kuba hafi y’ubuyobozi bw’Akarere, bagafatanya mu bikorwa cyane cyane biba byihutirwa.
SP Brigite Uwamahoro wo muri Polisi y’u Rwanda, ni we wahize ba Ofisiye bakuru 34 baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, mu masomo bamazemo umwaka mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College) bahabwa ubumenyi mu bijyanye n’imiyoborere y’Igipolisi.
Umuryango wa FPR Inkotanyi wasinyanye amasezerano n’Ishyaka ry’aba-Communistes (Chinese Communist Party, CCP) riri ku butegetsi mu Bushinwa agamije gushimangira ubufatanye bw’impande zombi mu gusangira ubumenyi mu bijyanye no kubungabunga ingoro ndangamuco n’amateka, ndetse no gushinga ishuri rya Politiki mu Rwanda.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Dr Vincent Biruta yashimiye ibihugu byohereje abanyeshuri mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College) riherereye mu Karere ka Musanze, aho yavuze ko ari kimwe mu bihamya ko ibihugu bya Afurika bikataje mu kwikemurira ibibazo.