Uwahoze ari Perezida wa Sena muri Nigeria, Dr. Bukola Saraki, yishyuriye John Okafor, wamamaye muri sinema amafaranga yose yasabwaga kwishyura ibitaro nyuma y’uburwayi bwamwibasiye agasaba ubufasha bwo kwivuza.
Ni ikibazo Kigali Today yifuje kubaza umuntu wese waba warateye igiti ahantu runaka ariko ntiyibuke gusubira yo ngo arebe niba cyarakuze kigatanga umusaruro, cyangwa se niba imbaraga n’umwanya yatanze byarabaye imfabusa.
Inyubako ya Ecobank iri mu Mujyi wa Kigali rwagati, ifashwe n’inkongi y’umuriro ku gice cyayo cyo hejuru, iyo mpanuka ikaba ibaye mu ma saa tanu n’igice z’amanywa kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023.
Amwe mu mazina yahawe tumwe mu duce tugize Akarere ka Nyagatare, ashingiye ku biti cyangwa imiterere yaho uretse hari n’ashingiye ku kuntu abantu bahabaye.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) buvuga ko umuguzi uzajya uhaha agasaba fagitire ya EBM azajya ahabwa 10% by’umusoro ku nyungu yatumye winjira.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA), buvuga ko mu rwego rwo kurushaho gutanga serivise zinogeye abasora, amahoro y’isuku rusange azakomatanywa n’ipatante guhera mu mwaka utaha.
Urubyiruko ruri mu mahuriro y’ubwumwe n’ubwiyunge mu mashuri makuru akorera i Huye, ruvuga ko rukingiye, ko nta waruyobya ngo arushore mu bikorwa by’amacakubiri.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, hamwe n’itsinda ayoboye bitabiriye inama igamije gusuzumira hamwe ingamba zashyizweho, zijyanye n’amasezerano y’amahoro mu gihugu cya Santrafurika.
Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi ibiri yiga ku bikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, by’umwihariko mu bice bikirangwamo amakimbirane n’intambara, aho amagambo cyangwa ubutumwa bubiba urwango bubangamira ibyo bikorwa.
Iteganyagihe ry’iminsi 10 isoza ukwezi k’Ukwakira 2023, rigaragaza ko hazagwa imvura iri ku gipimo kirenze impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri iki gihe, mu mezi y’Ukwakira y’imyaka myinshi yatambutse.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG, ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali, watangije Siporo rusange igamije kuzamura ubukangurambaga mu kubungabunga ubuzima bwo mu mutwe.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu batunga agatoki bamwe mu bakuru b’Imidugudu kubakubita, hakaba n’abavutswa ibyo bakabaye bagenerwa bibafasha kuzahura imibereho.
Inama Njyanama y’Akarere ka Karongi yateranye mu nama idasanzwe tariki ya 23 Ukwakira 2023 imaze kweguza Umuyobozi w’Akarere Mukarutesi Vestine azira kugirwa inama ntazubahirize.
Umukinnyi w’icyamamare muri sinema ya Nigeria, Nollywood, John Okafor, uzwi cyane ku izina rya Mr Ibu, amaze iminsi mu Bitaro aho bivugwa ko uburwayi afite atabonye ubuvuzi bwisumbuye ashobora gucibwa akaguru.
Bamwe mu batwara ibinyabiziga bavuga ko babangamirwa n’imigendere mibi y’abigisha gutwara ibinyabiziga mu muhanda. Polisi y’u Rwanda isaba ko umuhanda ukwiye gukoreshwa neza hubahirizwa amategeko y’umuhanda, mu rwego rwo kwirinda impanuka no kubangamira ibindi binyabiziga.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yujuje imyaka 66 y’amavuko.
Imirimo yo gushakisha abagabo babiri bagwiriwe n’ikirombe irakomeje nubwo nta kizere cyo kubasanga ari bazima, cyangwa kubona imibiri yabo gihari.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga barishimira ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 20 Ukwakira 2023, birimo kwagura no gusana umuhanda Kigali-Muhanga, kuko bizihutisha ishoramari.
Ibitaro by’Akarere bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga byari bimaze imyaka isaga 80 bibayeho, bigiye kubakwa ku buryo bugezweho, umushinga uzatwara Miliyali zibarirwa mu 10Frw.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village urugwiro tariki 20 Ukwakira 2023, yemeje ko Rwamucyo Ernest aba Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri UN.
Abaturage b’Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi bashyikirijwe isoko rivuguruye rya Mushimba, rifite ubushobozi bwo kwakira abacuruzi abasaga 190, rikaba ryitezweho gufasha urubyiruko rw’abakobwa n’abagore, n’abahungu basanzwe bahacururiza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga, bagaragarije Abadepite bagize Komisiyo yo kurwanya Jenoside, ibibazo birimo guhabwa ubuvuzi, amacumbi ashaje, no kuba nta bikorwa by’iterambere bafite.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwasubitse igikorwa cyo gushyikiriza inzego z’umutekano z’u Burundi uwitwa Bukeyeneza Jolis w’imyaka 30, ukekwaho kunyereza amafaranga menshi y’Amarundi agahungira mu Rwanda.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 20 Ukwakira 2023, Perezida Kagame yayoboye inama ya ba Minisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye igamije iterambere ry’Igihugu, ndetse ishyira mu myanya bamwe mu bayobozi abandi bahindurirwa iyo bari barimo.
Itsinda ry’abasoje amahugurwa y’amezi atatu atangwa na Banki ya Kigali (BK), binyuze mu kigo cyayo BK Academy, baratangaza ko ubumenyi bungutse bugiye kubafasha gushyira umukiriya ku isonga ku bari basanzwe mu kazi, ndetse no kwinjirana ubumenyi bukenewe mu kazi ku bagiye kugatangira.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukwakira Perezida Kagame yayoboye inama ya ba Minisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye igamije iterambere ry’igihugu.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’iterambere ry’ubucuruzi n’umurimo, Baguma Nkubiri Dominique, avuga ko isoko ryambukiranya imipaka niritangira gukora, rizafasha mu kuzamura ubucuruzi ariko by’umwihariko rikazafasha mu gufata neza umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Madamu Einat Weiss, baganira uko ibihugu byombi byarushaho gushimangira ubufatanye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta yakiriye Umuyobozi mushya wa Banki y’Isi mu Rwanda, Dr. Sahr Kpundeh, bagirana ibiganiro ku gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda n’iyi Banki.
Perezida w’Amerika Joe Biden yatangaje ko atazemera ko Uburusiya butsinda Ukraine ndetse na Israel itsindwa intambara irimo irwana n’umutwe wa Hamas wo muri Palestine.