Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) n’abafatanyabikorwa bayo baratangaza ko umubare w’impunzi z’Abanyekongo bahunga imiryano ishyamiranyije ingabo za Leta ya Kongo n’inyeshyamba zigometse ku butegetsi ushobora kwiyongera nk’uko bitangazwa na zimwe mu mpunzi zamaze kugera mu Rwanda.
Mu masaa moya za nijoro kuri uyu wa kabiri tariki 01/05/2012, ibiti 3 byaguye mu muhanda uva mu mujyi wa Butare werekeza i Kigali, ahagana ku marembo y’Ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda, bibuza imodoka gutambuka.
Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali yateranye Cyumweru tariki 29/04/2012, yemeje ko ikiguzi cy’amafaranga yakwa abasaba ibyangombwa byo kubaka (Fiche Cadastrale) agomba kugabanywaho 30%, mu rwego rwo korohereza ababisaba.
Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara na Leta y’u Bwongereza ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu kiragaragaza ko u Rwanda rugenda rutera intambwe ishimishije mu byiciro bitandukanye birimo n’uburenganzira bwa muntu ugereranyije n’uko byari byifashe nyuma ya Jenoside yo muri 1994.
Ndagijimana Alphonse w’imyaka 29 y’amavuko wari utuye mu kagari ka Mutara umurenge wa Mwendo, akarere ka Ruhango yitabye Imana tariki 29/04/2012 igihe yari mu mikino ngororamubiri.
Umupadiri witwa Simos ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi akaba akuriye ikigo cyakira abana b’imfubyi cya Cyotamakara kiri mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yatemwe mu biganza bye byombi n’abajura bamwifuzagaho ko abaha amafaranga.
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi umunsi mwiza w’umurimo kuri uyu wa kabiri tariki 01/05/2012.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Janja mu karere ka Gakenke, Buradiyo Theogene, yahagaritswe ku kazi by’agateganyo kuva tariki 20/04/2012 kubera amakosa atandukanye agendanye n’akazi.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro, mu gikorwa cy’umuganda rusange cyabereye mu murenge wa Nyabirasi tariki 28/04/2012, yashyikirije inkunga ubuyobozi bw’akarere amafaranga ibihumbi 300 yo gufasha abantu 100 batishoboye kubona mitiweli.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yemereye Intore z’abakangurambaga b’imibereho myiza amaradiyo na telefone kugira ngo bijye bibafasha mu kazi kabo bashinzwe.
Impunzi z’Abakongomani zigera ku 170 zimaze kugera ku butaka bw’u Rwanda, kubera umutekano muke n’imirwano hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’imitwe y’inyeshyamba.
Amagambo umunyamakuru wa Radio Huguka witwa Habarugira Epaphrodite, ashinjwa ko yavuze, yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside, ashobora kuba yarayavuze yanyweye inzoga, bitewe n’uko yakurikiranyije interuro ubwo yasomaga amakuru.
Abakora umurimo wo kwicuruza mu karere ka Huye, bazwi ku izina ry’Indaya, bavuga ko hari aba Local Defences bashinzwe umutekano bajya babasaba kuryamana bakanabaka amafaranga, kugira ngo batabashyikiriza Polisi ikabafunga.
Abakozi bakora muri Call Center ya MTN basuye impfubyi za Jenoside mu mudugudu wo ku Nyenyeri, umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi babashyikiriza inkunga y’ibikoresho byo mu rugo bihwanye na miliyoni ebyiri mu gikorwa bise One Agent One Orphan.
Minisitiri w’Intebe asanga abantu bahabwa serivisi mbi bakabyemera aribo batuma gutanga serivisi mbi bidacika mu Rwanda.
Guverinoma y’u Rwanda irishimira umusaruro uva ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ariko ikanenga ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guhuza ubutaka ridakorwa neza bigatuma ibiribwa bitiyongera cyane.
Michel Halbwachs washinze isosiyeti yitwa Data Environnement icukura gaz methane mu kiyaga cya Kivu yanze ku mugaragaro umudari w’ishimwe yahawe na Allain Juppé, minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu Bufaransa kubera ko iyo minisiteri yanze kumufasha mu bikorwa bye mu Rwanda kandi yari ibishoboye.
Byiringiro Augustin, wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara yitabye Imana tariki 26/04/2012 azize impanuka ya moto.
Abatuye akagari ka Karenge mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma banenga cyane bamwe mu baturge baturiye irimbi rya Paruwasi riri imbere ya Economant ya Kibungo bazirika ihene muri iryo rimbi.
Umuyobozi ushinzwe guteza imbere imiyoborere myiza mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza arahamagarira abayobozi mu nzego zose gufata neza ababagana kuko kubarangarana ari ugukwihombya. Mu Rwanda habarurwa igihombo cya miliyoni 420 z’amadolari ku mwaka aterwa no kudafata abakiliya neza.
Umukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Gasana Emmanuel n’umukuru wa Polisi ya Uganda, Lt General Kale Kaihura basinye amasezerano y’imikoranire hagati ya Polisi z’ibihugu byombi nyuma y’inama yabaye kuri uyu wa kane tariki 26/04/2012 ku kicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kaciru mu mujyi wa Kigali.
Ejo kuwa gatanu tariki 27/04/2012 Minisitiri w’Intebe azagirana ibiganiro biziguye n’ababyifuza bose ubwo azaba amurikira Abanyarwanda ibyo Guverinoma ayoboye iri gukora.
Umugabo witwa Manirakiza Elias w’imyaka 26 wari utuye mu mudugudu wa Rwamurema mu kagari ka Rubimba umurenge wa Gahara yakuwe mu cyobo cy’amazi yapfuye tariki 25/04/2012 mu masaha ya saa moya za mu gitondo.
Abagenzi bagendaga mu modoka ya Horizon Coach bari baturutse Uganda berekeza i Burundi batunguwe no kubona imodoka ifashe umuhanda werekeza Congo mu gihe bo berekezaga i Burundi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) niyo igiye kujya ikurikirana ibirebana n’itangazamakuru, nyuma yo gukurwa mu cyahoze ari Minisiteri y’Itangazamakuru.
Rubirika Eugène w’imyaka 55 y’amavuko yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 24/04/2012 aguye mu mpanuka y’imodoka yari ijyanye amavuta ku munara wa MTN uri mu mudugudu wa Kibilizi mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza.
Munyarugendo Zabuloni na Muhawenayo Joram bo mu karere ka Nyamasheke batawe muri yombi tariki 23/04/2012 bakekwaho gushaka kwiba amafaranga muri Sacco ya Rugarika, aho Muhawenayo yari amaze igihe cy’ibyumweru bibiri yimenyereza umwuga (stage).
Umusaza Tabaro Mathias wacitse akaboko utuye mu murenge wa Mukamira mu kagari ka Rubaya,umudugudu wa Karandaryi ababajwe n’inka ye yatemwe kandi yari yarayihayeho umwana we, Ndayambaje Bernard, umurange ngo azabashe kugira icyo yimarira.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR), tariki 24/04/2012, yashyikirije inkunga y’ibiribwa n’amabati abaturage basenyewe amazu n’imyuzure bo mu karere ka Rubavu mu murenge wa Kanama.
Abasore batatu bafatanywe amafaranga y’amiganano mu mukwabo wakozwe mu ijoro rya tariki 23/04/2012, bafatirwa mu gasantere kitwa Video ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza.