Abanyeshuri bagera kuri batandatu bo mu ishuri ryisumbuye rya Don Bosco ry’i Kabarondo bamaze gufatwa n’indwara yayoberanye. Abo banyeshuri bafashwe n’iyo ndwara bagaragaza ibimenyetso bimeze nk’ihungabana bikajyana no kugaragaza imyitwarire idasanzwe.
Uretse gucunga umutekano, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur zirashimirwa ibindi bikorwa by’iterambere birimo amashuri zimaze kugeza ku baturage batuye mu gace zikoreramo.
U Rwanda nicyo gihugu cya mbere ku isi abagore bakoramo politiki nta mbogamizi zishingiye ku gitsina bakorewe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasoje umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu waberaga i Gako mu karere ka Bugesera abasaba kumenya inshingano zabo kugira ngo babashe kwesa imihigo.
Ubwo hasozwaga umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu tariki 06/03/2012, abaminisitiri ndetse n’abahagarariye u Rwanda mu bihugu by’amahanga basinye amasezerano y’imihigo na Perezida wa Repubulika y’ibyo bazageraho bitarenze umwaka wa 2012.
Umunyarwandakazi Akamanzi Clare ushinzwe ibikorwa mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) yahawe igihembo nk’umwe mu bayobozi bakiri bato bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu guhindura isi (Young Global Leaders).
Imodoka y’ikamyo ntoya ifite numero RAB 226 I yahirimye nta kiyigushije kigaragara ahitwa kuri station ya AVEGA muri Rwamagana igwira umuntu ahita ajyanwa ku bitaro bya Rwamagana.
Ibiganiro byo ku munsi wa gatatu w’umwiherero uhuriwemo n’abayobozi bakuru b’igihugu ubera mu karere ka Bugesera byibanze ku guhanga umurimomu Rwanda. Abayobozi basanze hacyenewe nibura guhangwa imirimo ibihumbi 200 buri mwaka, kongera ubumenyi n’ingufu z’amashanyarazi kugira ngo ishoramari ryiyongere.
Umwana w’imyaka 13 y’amavuko witwa Mbarushubukeye Claude ubu aba mu muhanda nyuma yo kwirukanwa mu rugo n’umugabo witwa Nyandwi winjiye nyina.
Umugabo witwa Ntamabyariro Damascene w’imyaka 58 wo mu kagari ka Nyarwungo ko murenge wa Nkomane yaguye mu mugezi wa Ngororero mu ijoro rishyira tariki 05/03/2012 ahita ashiramo umwuka.
Ku munsi wa kabiri w’umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu ubera i Gako mu karere ka Bugesera, abawuteraniyemo bunguranye ibitekerezo ku ivugururwa z’intego y’icyerekezo 2020, gutanga serivise mu kazi no kuvugurura ubuhinzi.
Abasilikare bari mu rwego rw’aba-officier baturutse mu bihugu by’umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC) bateraniye mu kigo cya gisirikare cy’i Nyakinama (Rwanda Military Academy) mu karere ka Musanze mu mahugurwa ku mategeko mpuzamahanga agenga umwuga wa gisirikare ndetse n’imyifatire awugenga.
Urukiko rw’ikirenga rwasubitse isomwa ry’ibyemezo rwafashe ku bujurire bwa Bernard Ntangada wari wajuririye igifungo cy’imyaka ine n’ihazabu y’amafaranga 100 000 yakatiwe. Isomwa ry’imyanzuro kuri uru rubanza ryimuriwe tariki 20/04/2012.
Abayobozi bakuru b’igihugu bari mu mwiherero mu karere ka Bugesera mu murenge wa Gashora baraganira ku kwihutisha iterambere, kongera iterambere ry’umuturage hamwe no gutanga serivice nziza no gukoresha igihe neza.
Kubera ubuzima bubi babayemo bwo mu mashyamba, impunzi z’Abanyarwanda akenshi zirira ibyo zibonye hafi aho ubundi bitamenyerewe kuribwa haba iyo muri Kongo cyangwa hano mu Rwanda.
Kamanyana Yvonne yagonzwe n’imodoka yari imutwaye, tariki 01/03/2012, nyuma y’impaka z’amafaranga ijana convoyeur (kigingi) yamwishyuzaga maze akayamwima. Kamanyana yagonzwe mu ma saa moya z’umugoroba avuye Nyabugogo atashye Bishenyi mu karere ka Kamonyi.
Mu rwego rwo gufasha urubyiruko kwiyubakamo ubushake bwo gufasha abari mu bibazo ndetse no kurufasha kongera kwibaza ku mahano ya Jenoside yabereye mu Rwanda, umuryango Never Again Rwanda wateguye amarushanwa yo kuvugira mu ruhame (public speaking competition) ku nsanganyamatsiko igira iti “ubutwari bw’abasivili mu gihe (…)
Umusore witwa Dushimimana Bosco, kuva tariki 03/03/2012, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rukoma azira gusambanya mushiki we w’imyaka 15 ku gahato. Uwo musore arabyemera akavuga ko yabiterwaga n’ibiyobyabwenge.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav 4 ifite purake RAC 798 B yakoze impanuka tariki 03/03/2012 mu ma saa munani z’amanywa i Kimironko mu mujyi wa Kigali igonga moto 10 ariko nta muntu wapfuye cyangwa ngo akomereke.
Inkongi y’umuriro yibasiye isoko rya Rurangazi riherereye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza ku mugoroba wa tariki 28/02/2012 yangije ibintu bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 19; nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’uwo murenge tariki 02/03/2012.
Abantu batanu bari bagwiriwe n’ikirombe cy’i Rutongo mu murenge wa Masoro, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 03/03/2012, baje gukurwamo mu masaha y’isaa Kumi n’imwe z’umugoroba ari bazima.
Ibitaro bya Gihundwe byo mu karere ka Rusizi, byashyizwe muri gahunda y’ibitaro bigomba gufashwa kugira laboratwari y’icyitegererezo mu gusuzuma ibyorezo, hagamije gukumira ikwirakwizwa ry’indwara z’ibyorezo muri Afurika y’uburasirazuba.
Abanyamabanga babiri b’utugari twa Nyundo na Rurembo two mu Murenge wa Rusasa bafungiye kuri sitariyo ya Polisi y’akarere ka Gakenke, bashinjwa gucunga nabi umutungo wa leta.
Umuyobozi w’itorero ry’Abadivantisiti ku isi, arasaba abayoboke baryo mu Rwanda kutita ku iterambere ry’umwuka gusa, ahubwo ko bakwiye no kurijyanisha n’iterambere risanzwe.
Abafatabuguzi b’umuyoboro wa internet ku makompanyi ayicuruza mu Rwanda, bashyiriweho itegeko ribarengera mu gihe habaye ikibazo cya tekiniki cyangwa kompanyi bafatiraho ifatabuguzi ntiyubahirize amasezerano.
Mu buhamya butangwa n’abakoresheje ibiyobyabwenge, bikomeza kugenda bigaragara ko bigira ingaruka mbi muri sosiyete no ku muntu ku giti cye by’umwihariko.
Bamwe mu bahoze mu ngabo z’umutwe urwanya Leta y’u Rwanda (FDLR) bavuga ko hagize uwo abayobozi bawo bumva avuga ko ashaka gutaha bamwica. Abashaka kuva muri uwo mutwe bacika mu gicuku cyangwa bakagira Imana hakaba intambara bakabona uko bacika.
Umugabo w’imyaka 27 y’amavuko witwa Ntawumaribyisi Jean Claude uzwi ku izina rya Mafene ukomoka mu Mudugudu wa Murara, mu Kagari ka Shyombwe mu Murenge wa Rushashi afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke akekwaho kwica nyirakuru amuziza uburozi.
Impunzi z’Abanyarwanda 90 zatahutse mu Rwanda binjiriye ku mupaka wa Rusizi, tariki 01/03/2012. Ubu bacumbikiwe mu nkambi ya Nyagatare.
Umukobwa witwa Mukamana Zahara w’imyaka 30 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kirabo mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yapfuye akubiswe n’inkuba.