Abanyeshuli 17 bigaga mu ishuli ryitwa College de l’Immaculee Conception riri i Muramba mu karere ka Ngororero bishwe n’abacengezi nyuma yo kubasaba inshuro nyinshi kwitandukanya bakurikije amoko cyangwa uturere ariko bakanangira bakavuga ko ari Abanyarwanda.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yarangije igikorwa cy’ubutabazi bwakorwaga ku nzu yagwiriye abantu tariki 03/04/2012 ku Kacyiru mu mujyi wa Kigali. Umuntu umwe gusa niwe witabye Imana, babiri barakomereka naho abandi batatu bavuyemo ntacyo babaye.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO ifite plaque RAA 869W yari itwaye amakara yagonze umukingo ku Ruyenzi mu karere ka Kamonyi mu ma saa tanu z’ijoro ryakeye abantu babiri muri batatu yari itwaye barakomereka.
Muri iyi minsi hirya no hino mu gihugu hakomeje imyiteguro y’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorwe Abatutsi, Kigalitoday yegereye Musenyeri John Rucyahana ukuriye Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunga, tuganira ku butumwa yatanga n’ibyo abona abantu bakwiye kuzirikana mu gihe nk’iki.
Abagabo 415 n’abagore babiri bahoze mu mitwe yitwara gisirikare ariyo FDLR FOCA, RUDI-Urunana, Mayi Mayi mu mashyamba ya Kongo, kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 basoje ingando bari bamazemo amezi 3 i Mutobo mu karere ka Musanze.
Mu nama y’abagize komisiyo y’umuyoboro mugari (broadband commission) iri kubera Ohril mu gihugu cya Macedonia, Perezida Kagame akomeje kugaragaza ko umuyoboro mugari ufite uruhare nunini mu iterambere rirambye cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’iterambere.
Abantu bataramenyekana umubare bagwiriwe n’igikuta cy’igorofa iri imbere ya hoteli Umubano (izwi ku izina rya petit merdien) ku Kacyiru mu mujyi wa Kigali ubwo bayisenyaga kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 mu ma saa sita z’amanjywa.
Mu kiganiro gihuza umuyobozi w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyentwari, n’abanyamakuru kiba rimwe mu gihembwe cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 yibukije ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 nta Munyarwanda n’umwe bitareba.
Umugore witwa Kurusumu Nite, utuye Barija mu murenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare arashinjwa kuba icyitso mu gushyingira umwana witwa Mukagasana Alice bakunda kwita Mbabazi ufite imyaka 17 mu gihugu cya Uganda ababyeyi be batabizi.
Umurerwa Philomene, umuyobozi w’umudugudu wa Nyarusange mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yatoraguye umwana w’umukobwa w’inzererezi witwa Jeannine Gisubizo bigaragara ko ari umukobwa ariko nyuma y’amezi 3 aza gutahura ko ari umuhungu.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yitabiriye inama yahuje ibihugu bigize itsinda ry’inshuti z’abaturage ba Siriya kugira ngo barebere hamwe icyakorwa ngo barengere abaturage ba Siriya bari mu kaga.
Abapolisi n’abasirikare bakuru 46, tariki 02/04/2012 batangiye amahugurwa y’iminsi itanu ku buryo bwo bugezweho bwo kurushaho gucunga umutekano ku kibuga cy’indege.
Imodoka itwara imizigo yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka tariki 31/03/2012 mu masaha ya saa mbiri z’umugoroba, ku bw’amahirwe nta muntu yahitanye uretse abantu bane bakomeretse bikomeye. Iyo mpanuka yabereye mu mudugudu wa Burego, akagari ka Buranga, umurenge wa Nemba mu karere ka Gakenke.
Inyeshyamba 5 za FDLR n’umusirikare umwe w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC) baguye mu mirwano yabahuje ku cyumweru tariki 01/04/2012 ku muhanda wa Nyaruhange – Birwa mu Karere ka Rutshuru.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, yatangaje ko umunsi yabuze agaciro ku mwanya w’ubuyobozi azegura agasubiza imfunguzo z’ibiro bye. Ibi yabitangaje tariki 02/04/2012 ubwo yatangizaga amahugurwa y’iminsi 3 ateraniyemo abakuru b’imidugudu 420 igize akarere ka Nyanza.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 02/04/2012 ahitwa ku Kinamba mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, imodoka yo mu bwoko bw’ivatiri yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo yari irimo gukorwa n’abatekinisiye, irashya irakongoka.
Perezida Kagame ari mu gihugu cya Macedoniya aho yagiye mu nama ya Komisiyo Mpuzamahanga y’Umuyoboro Mugari (broadband commission) ahuriyemo n’umuherwe wa mbere ku isi, Umunya-Mexique, Carlos Slim.
Amafaranga milliyoni 800 niyo ateganyijwe gukoreshwa mu gukwirakwiza amashanyarazi hirya no hino mu karere ka Rutsiro; nk’uko byatangarijwe mu nama yahuje ubuyobozi bw’ako karere n’Abanyarutsiro ariko badatuye muri ako karere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burashishikariza abagakomokamo batuye i Kigali kugafasha kugera ku iterambere. Tariki 01/04/2012, umuyobozi wungirije w’akarere ka Gisagara ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwingabire Donathila, yahuye n’Abanyagisagara batuye i Kigali baganira ku cyateza imbere ako karere.
Ubwo hakorwaga ibikorwa bya VUP mu murenge wa Kivumu akarere ka Rutsiro, tariki 31/03/2012, habonetse umubiri w’umwe mu bazize Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Ubuyobozi bwo mu kagari ka Kibogora ko umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke burasaba abaturage bako guha igihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakoreye Abatutsi muri mata 1994 agaciro gikwiye.
Gashab Tshala w’imyaka 33 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo mu karere ka Gasabo kuva tariki ya 28/03/2012 azira kugerageza kubikuza cheque ya miliyoni 8.5 ku ishami rya Banki y’Abaturage ya Kagugu mu murenge wa Gisozi.
Umukecuru witwa Nyiraherezo Daphrose mwene Rwabagabo na Nyirambungira yakubiswe n’inkuba mu mugoroba wa tariki 29/03/2012 ahita yitaba Imana.
Umuyobozi w’akarere ka Burera aratangaza ko umuyobozi wo muri ako karere uzagaragaraho kurya ruswa azakurwa ku kazi yakoraga kandi abihanirwe n’amategeko.
Minisitiri w’Ubutabera arasaba abayobozi kugira uruhare mu gufasha abagororwa gukemura ibibazo imiryango baba barasize hanze ihura nabyo. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko cyatangiye.
Imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa Gatanu tariki 30/3/2012, ahagana mu ma Saa kumi z’umugoroba, irimo umuyaga mwinshi, yagwishije amazu menshi mu kagari ka Gihinga, amwe muri yo agwira abantu batanu barakomereka.
Bamwe mu basigajwinyumanamateka bo mu karere ka Muhanga barasaba ubuyobozi bw’aka karere kujya bubagezaho zimwe mu nkunga leta zigenerwa abatishoboye, kuko babona zitabageraho nk’uko abandi batishoboye zibagezwaho.
Abahanzi barasabwa kugira uruhare mu gushaka icyabateza imbere Leta nayo ikaza ibunganira aho gutegereza ko ariyo izabibakorera. Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, ubwo yatangizaga ihuriro rigamije guteza imbere abahanzi n’ibihangano byabo.
Kompanyi ya Airtel icuruza umurongo wa telefoni zigendanwa, itegerejweho gufasha u Rwanda kugera kuri miliyoni umunani z’abakoresha telefoni zigendanwa mu 2016, biri muri gahunda yo kongera ubukungu hifashishijwe itumanaho.
Ibisasu bibiri byaturikiye mu mujyi wa Kigali mu mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30/03/2012 mu ma saa moya z’ijoro. Igisasu kimwe cyaturikiye mu mujyi rwagati hafi y’isoko rya Nyarugenge, ikindi giturikira i Nyarutarama; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi wa Polisi.