Hakizimana Celestin, umusore w’imyaka 26 utuye mu mudugudu wa Koma, akagari ka Musamo, umurenge wa Ruhango mu akarere ka Ruhango yamenetse ijisho anakomereka mu mutwe ubwo yarwaniraga igare na Habakurama Ameire tariki 22/03/2012.
Umugandekazi w’imyaka 16 witwa Namuronda Ronah wari waratorokanywe n’umusore w’Umunyarwanda yashyikirijwe umubyeyi we. Imihango yo guhererekanya uyu mwana yabereye ku mupaka wa Buziba tariki 23/03/2012.
Nyuma yo kubuzwa kujyana abana muri Kongo kubera impamvu z’umutekano, abagore bakorera ubucuruzi i Goma basigaye bafata abana babo bakabareresha abandi bana bakabishyura ku munsi bakagaruka kubatora bavuye mu kazi.
Abaturage bo mu mujyi wa Gisenyi, akarere ka Rubavu barinubira imikorere y’Inkeragutabara na Local Defense kuko babahohotera bakanabasahura aho kubatabara.
Mu cyumweru gishize, abayobozi b’u Rwanda birukanye komisiyo yari iturutse mu gihugu cy’u Bufaransa izanwe no gukora iperereza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuntu wishwe n’igisasu cyaturikiye mu mujyi wa Musanze mu ma saa moya y’ijoro ryakeye ashobora kuba ari we wagiteye; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida.
Inteko Ishinga amategeko yatangije radiyo yayo yitwa “Radiyo Inteko” izajya yumvikanira ku murongo wa 101.5 FM. Imihango yo kuyitangiza yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 23/03/2012 mu ngoro y’inteko ishinga amategeko ari na ho iyo radio izakorera.
Kuri uyu wa kane tariki 22/03/2012 abasirikare bakuru bagera kuri 28 baturutse mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bashoje amahugurwa yigaga ibijyanye n’amategeko ya gisikare ku makimbirane n’imyitwarire igenga umurimo wa Gisirikare.
Kaminuza ya Fatih yo muri Turukiya, uyu munsi tariki 23/03/2012, yahaye Perezida Kagame impamyabumenyi y’ikirenga (honorary doctorate) kubera ibikorwa by’intashyikirwa by’ububanyi bw’amahanga n’iterambere yakoze mu Rwanda no mu karere.
Abatuye umujyi wa Musanze bahagurukiye gukesha ibirori byo kwimika Musenyeri Visenti Harolimana ku bushumba bwa Diyosezi ya Ruhengeri kuri uyu wagatandatu tariki 24/03/2012.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye tariki 20/03/2012 yashenye amazu agera kuri 40 mu murenge wa Ruramira wo mu karere ka Kayonza. Uretse amazu manini abaturage babamo, hangiritse na zimwe mu nsengero zo muri uwo murenge n’urutoki.
Perezida Kagame akomeje kugirira urugendo mu gihugu cya Turukiya aho ari gusura inganda n’abashoramari abashishikariza gushora imari mu Rwanda mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’u Rwanda n’ibikorwaremezo.
Inama njyanama y’umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu, yasezeraye abayobozi bo mu kagari ka Bulinda, Isewurugwiro na Nshimiyimana Enock, kubera amafaranga baka abaturage ngo babashyire muri gahunda zo kugoboka abatishoboye.
Sosiyete ikomeye yo muri Turukiya yitwa Koza Ipek Group yatangaje ko yiteguye kubaka kaminuza mu Rwanda yise “Turkish Rwanda school”. Iyi sosiyete yabitangaje nyuma y’ibiganiro Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri icyo gihugu yagiranye n’abashoramari baho tariki 21/03/2012.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) kirasaba abayobozi bafite gucunga ibya rubanda mu nshingano zabo kuzirikana ku buremere bw’akazi kabo kuko igihe cyoze batujuje inshingano bagomba kubibazwa.
Umusaza Sentore, se wa Masamba Intore, yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 21/03/2012 azize indwara y’umutima mu bitaro byitwa Fortis Hospital Mumbai byo mu Buhinde aho yari yaragiye kwivuriza kuva tariki 07/01/2012.
Umusore witwa Iranzi Emmanuel w’imyaka 23 yafatanywe ibiro 50 by’urumogi yari agemuye mu mujyi wa Kigali ku mugoroba washize.Afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kigabiro muri Rwamagana.
Ku gicamunsi cya tariki 21/03/2012, kompanyi itwara abantu mu ndege yitwa Qatar Airways yatangije ku mugaragaro ingendo zayo mu Rwanda.
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko ku mugabane w’i Burayi mu gihugu cya Turikiya aho azashyikirizwa impamyabumenyi y’ikirenga kubera uruhare yagaragaje mu guteza imbere imiyoborere myiza mu Rwanda no gutanga urugero rwiza ku mugabane w’Afurika.
Amazu 6 yari yatwawe n’umuyaga mu mudugudu wa Karama, akagari ka Nyagisozi, umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango tariki 18/03/2012 , yatangiye gusanwa n’umurenge hifashishijwe umuganda w’abaturage.
Imodoka ya Horizon Express yakoreye impanuka ahitwa i Mugandamure mu karere ka Nyanza igonga umunyegare asigara ari intere mu isanganya ryabaye 11h13 z’amanywa kuwa kabiri tariki 20/03/2012.
Banki y’isi, uyu munsi tariki 21/03/2012, yemeje inkunga y’amadolari y’Amerika miliyoni 40 azafasha muri gahunda zigamije gusigasira imibereho y’abaturage (social protection), akazagera ku miryango ibihumbi 115 ituwe n’abantu bagera ku bihumbi 500.
Umugore witwa Espérance Mukarushema w’imyaka 59 utuye mu mudugudu wa Bazankuru, akagari ka Mugomwa mu murenge wa Mugombwa aherutse guhisha inzu tariki 15/03/2012 kubera kuyicanamo ntazimye umuriro.
Igice kimwe cy’inyubako y’Intara y’Uburasirazuba cyasambuwe n’imvura nyinshi n’umuyaga ukomeye byayibasiye ku mugoroba wa tariki 20/03/2012 ku buryo yasambutse igice kinini cyayo, ibiro by’abakozi n’amadosiye birangirika cyane.
Icyunamo cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 mu karere ka Nyagatare kizatangirira mu murenge wa Matimba kubera ko ari ho hakunze kugaragara ibibazo by’ihahamuka mu gihe cyo kwibuka kandi hakaba ari na ho hari urwibutso runini mu karere ka Nyagatare.
Abajyanama ba Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku isi harimo n’u Rwanda basuye ingoro y’Umwami Mutara wa III Rudahigwa iri i Nyanza mu Rukali kuri uyu wa kabiri tariki 20/03/2012.
Uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu, Juru Anastase, avuga ko ababazwa cyane n’imitungo y’abacitse ku icumu yangijwe itarishyurwa kugeza ubu ifite agaciro kagera ku mafaranga miliyoni 50.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yabuze feri irenga umukingo itangirwa n’inzu ya Fina Bank ikoreramo ahagana mu ma saa moya za mugitondo tariki 20/03/2012.
Umuryango w’abantu batanu ugizwe n’umugabo, umugore n’abana batatu bafungiye kuri sitasiyo ya Rwamiyaga mu karere ka Nyagatare kuva tariki 19/03/2012 nyuma yo gufatwa bagerageza kwinjira muri Tanzaniya nta byangombwa by’inzira bafite.
Mu ruzinduko bagiriye ku mupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi i Nemba mu karere ka Bugesera, tariki 19/03/2012, Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Ntawukuriryayo Jean Damascène na Perezida wa Sena y’u Burundi, Ntisezerana Gabriel bishimiye akazi gakorerwa kuri uwo mupaka.