Inkuba idasanzwe yakubise imwe mu nzu y’amacumbi ya hoteli La Palisse iri mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera ihita ishya ndetse na bimwe mu bikoresho bifite agaciro karenga miliyoni 7byari biyirimo birashya.
Ngirinshuti Alfred wo mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke yahaye Bavugirije Jean na Ndabuhuye Leonidas inzu ebyiri zifite agaciro ka miliyoni 3 n’ibihumbi 700 mu rwego rwo kubashimira ko bamuhishe muri Jenoside yakorewe abatutsi yo muri Mata 1994.
Abasirikare bakuru bagera kuri 36 biga mu ishuri Kenya Defense Staff College ryo muri Kenya bari mu Rwanda mu rwego rwo kwigira ku bunararibonye bw’igisirikare cy’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza bwatangaje ko abagoronome bahawe amapikipiki y’akazi bakayagurisha bagiye gukurikiranwa kuko ari ukunyereza umutungo wa Leta; nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, abivuga.
Kuva uyu munsi tariki 19/03/2012, Perezida Kagame yatangije umwiherero wa 10 w’akanama k’abajyanama be (PAC) kuri Muhazi mu karere ka Gatsibo.
Gare y’akarere ka Nyabihu irimo kubakwa mu murenge wa Mukamira ije gusubiza ikibazo cya parking yari yarabaye ntoya kubera ko aka karere kagendwa n’imodoka nyinshi, ikibazo cyo kubura aho abagenzi n’abacuruzi baruhukira ndetse no kubura aho umuntu ategera imodoka hazwi.
Mu matora y’umuryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyarugenge yabaye tariki 17/03/2012, Nkusi Charles, umuyobozi w’umudugudu w’Ingenzi mu Kiyovu, yatorewe kuyobora komite ngenzuzi y’uwo muryango. Yungirijwe na Kamuru Charles na Odette Uwantege.
Ubumenyi buke ku itegeko ry’uburinganire ndetse n’umuco wo guhishira, kuri bamwe mu batuye akarere ka Kamonyi, nibyo bituma hari ahakigaragara ibibazo by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Nubwo ababyeyi bo mu karere ka Karongi cyane cyane muri karitsiye bita mu Cyumbati bahagurukiye abana babona imodoka ihise bakayurira, abana bo wagira ngo ntibumva kandi ingaruka bazibonera n’amaso yabo.
Mu nama y’inteko y’abagize umuryango RFP-Inkotanyi mu karere ka Nyamasheke yateranye tariki 17/03/2012, abayitabiriye batoye komite ngenzuzi ndetse na komisiyo ngengamyitwarire mu muryango wa RPF-Inkotanyi.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, asanga mu gihe abaturage badashishikarijwe kugabanya imbyaro nta terambere akarere ka Kayonza muri rusange kageraho. Impuzandengo y’ibarura riheruka igaragaza ko mu karere ka Kayonza umubyeyi umwe abyara nibura abana batanu.
Umugore utuye i Nyanza yakubitiye umugabo we ku gasantere bita “Arete” gaherereye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye, tariki 17/03/2012, amuziza ko atamufasha guhahira urugo.
Umutwe w’inyeshyamba wo muri Kongo uvuga ko uharanira kubohoza ubutaka bwabo witwa Raia Mtomboko utera ibice birimo impunzi z’abanyrwanda akenshi biba bigenzurwa n’inyeshyamba za FDLR abo ufashe ukabica rubozo; nk’uko bitangazwa na bamwe mu Banyarwanda batahuka.
Abanyamuryango b’umuryango wa RPF-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke barishimira intambwe bateye muri uyu mwaka ushize wa 2011, kuko bageze kuri byinshi mu bice bitandukanye.
Umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko witwa Uwizeyimana Elysée Nadia akambitse imbere y’inzu y’iwabo n’utwe twose, nyuma yo kwirukanwa na se umubyara. Avuga ko azahava ari uko umubyeyi we amusobanuriye aho yerekeza.
Abanyarwanda bagera ku 158 n’Umunyekongokazi umwe, kuri uyu wa Gatanu tariki 16/03/2012 bambutse umupaka wa Rusizi bava mu mashyamba ya Congo banyuze muri Bukavu y’Amajyepfo.
Uruhinja rw’icyumweru kimwe rwatoraguwe mu musarane w’umukecuru witwa Bonifride Nyiransabimana, utuye mu Mudugudu w’Isangano akagali ka Rugali umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Kane tariki 15/03/2012.
Perezida wa komisiyo y’igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, Sayinzoga Jean, aremeza ko nta mwuga uruta indi. Yabitangarije abamugaye bahoze ari ingabo kuri uyu wa Gatanu, ubwo bahabwaga impamyabushobozi z’amahugurwa bari bamazemo amezi atandatu.
Abayobozi, abakozi n’abakorerabushake ba komisiyo ishinzwe amatora mu Rwanda, tariki 15/3/2012, bakoze umuganda udasanzwe ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Ntarama.
Bimaze kumenyekana ko hari abantu bakorera muri Repubulika Iharanaria Demokarasi ya Kongo bakorana na FDLR bakazana ibiyobyabwenge mu Rwanda; nk’uko byemezwa n’umuyobozi wa polisi mu karere ka Rubavu.
Impanuka y’imodoka zitwara abagenzi za sosiyete Horizon Express na African Tours yahitanye abantu 9 abandi 46 barakomereka bikabije.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, arasaba itsinda rizakora inyigo yimbitse ku bagiye kwimurwa mu midugudu yo mu murenge wa Nyabinoni kugira ubushishishozi kubakeneye kwimurwa kugira ngo hatazagira ubigiriramo ikibazo.
Kuva tariki 10/03/2012, Urugo rwa Mukasonga Sada na Kayiranga batuye mu mudugudu wa Mugandamure B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza rwibasiwe n’inkongi y’umuriro uturuka ahantu hatazwi ugatwika inzu n’ibyo batunze.
Nyuma y’iminsi itatu yitabye Imana, uyu munsi tariki 15/03/2012, Musenyeri Misago Augustin wahoze ari umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro yashyinguwe muri Kaderali ya Gingokoro yitiriwe Umuryango Mutagatifu.
Itsinda ry’abanyeshuli biga muri USA Air War College rigizwe n’abakoleneli 10 n’abajyanama 3 b’iryo shuli riri mu Rwanda mu rugendo shuli rugamije kwigira ku Rwanda nk’igihugu gifite amateka akomeye n’uburyo gikoresha cyiyubaka nyuma yo kunyura muri Jenoside.
Umuyobozi w’umutwe w’ingabo zibungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo (UNMISS), Gen. Maj. Moses Obi ari kumwe n’umuyobozi w’abakozi muri uwo mutwe, Col. Charles Karamba, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa kane tariki 15/03/2012.
Ipimwa ryakozwe ku murambo wa Theophile Munyaneza watoraguwe mu gitondo cya tariki 12/03/2012 ryerekana ko yishwe atiyahuye nk’uko bamwe bari babiketse.
Abaturage bari ku irondo mu murenge wa Rukira mu kagali ka Kibatsi mu ijoro ryo kuwa 13/03/2012 batesheje abatekaga ikiyobyabwenge cya kanyanga bariruka bose barabacika babasha gufata ibikoresho gusa.
Abaturage bo mu mudugudu wa Gikoma akagali ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera bataburuye umurambo wa Kayitesi Speciose wari umaze iminsi ushyinguye bakeka ko yazutse nk’uko byari byatangajwe n’umugabo we.
Abasenyewe n’isanwa ry’umuhanda Butansinda-Busoro mu mudugudu wa Busoro mu Kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza baratabaza basaba kurenganurwa.