Amazu 80 Croix Rouge yubakiye Abanyarwanda batahutse bava muri Tanzaniya n’abandi batishoboye yatashywe tariki 09/06/2012 mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe.
Impunzi zikomoka muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo zigera ku 141 zari zisanzwe zicumbikiwe mu Nkamira mu karere ka Rubavu zageze mu nkambi ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe aho zigiye kuba mu gihe cy’ubuhungiro bwazo cyose.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, aratangaza ko Abanyarwanda babishatse polisi yahagarika ibikorwa byo gutanga amapingu ku banyabyaha igatanga ibikorwa by’amajyambere birimo gutanga inka, inzitiramibi no kubakira abatishoboye.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta y’ u Rwanda, Louise Mushikiwabo, aranenga kubangama k’umuvugizi wa Leta ya Congo wahaye agaciro ibinyoma by’abashinja u Rwanda ko rushyigikiye abarwanya Leta ya Congo.
Komisiyo y’igihugu y’ubutaka iratangaza ko hari bamwe mu Banyarwanda bamaze gufatwa bigana ibyangombwa by’ubutaka bashaka kwiba amafaranga y’amabanki.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwamurikiye inteko rusange ibikorwa birimo kugerwaho bigamije ahanini imiturire ijyanye n’igihe, kubaka ibikorwaremezo hamwe no gukoresha ikoranabuhanga; mu rwego rwo gutanga servise nziza.
Impunzi z’Abanyekongo zihunga imirwano iri mu Burasirazuba bwa Congo zari mu nkambi ya Nkamira, zigiye kwimurirwa mu ya Kigeme mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza asaba ko nta mpunzi ziba hafi y’umupaka.
Ubutaka bw’impfubyi za Jenoside Leta yubakiyemo abatishoboye nyuma y’i 1994, ubwo bamwe muri abo bana bari bataramenya ubwenge, bukomeje guteza ikibazo kuko abenshi aho bakuriye batangiye gusaba ko imitungo yabo igaruza.
Akarere ka Huye kabimburiye uturere dutanu twatsinze amarushanwa yateguwe Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA) mu kugaragaza umwihariko no guhanga udushya, kubera abaturage biyubakiye santeri y’ubucuruzi yabafashije kubona aho bakorera.
Abasirikare bakuru (officiers) 36 baturutse mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, Malawi na Australia bashoje amasomo bahabwaga mu rwego rwo kubagira indorerezi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi by’umuryango w’abibumbye (UN).
Umushinjacyaha wa Repuburika, Martin Ngoga, aratangaza ko abemeye kugaruza umutungo wa Leta bari bashinzwe ariko raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta ikagaragaza ko waburiwe irengero batazakurikiranwa n’amategeko.
Kwegura kw’abayobozi b’uterere n’ab’imirenge batowe muri manda nshya guteye impungenge zikomeye zisaba gufatira ingamba hakiri kare; nk’uko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabitangarije Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Umuyobozi mukuru wa police, Emmanuel Gasana, ari kumwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, batangije ibikorwa bya police mu karere ka Gatsibo bubaka amazu y’abatishoboye.
U Rwanda ni cyo gihugu muri Afurika cyashoboye gukora neza gahunda yo kubarura ubutaka bwacyo. Ku isi ni urwa kabiri nyuma y’u Buholande’ nk’uko bitangazwa n’ umuyobozi mukuru wungirije w’ishami rishinzwe ubutaka no kubupima, Eng. Didier Giscard Sagashya.
Umukobwa witwa Nyiransabimana Beline w’imyaka 17 utuye mu mudugudu wa Ryagashaza, akagari ka Bunyonga, umurenge wa Karama mu karere ka Kamonyi yitabye Imana azira igikatsi yanyweye tariki 05/06/2012.
Nyuma y’iyegura ry’uwari umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Nyangezi Bonane, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, kuri uyu wa 07/06/2012 yasuye abanya Gicumbi abasaba gukomeza gukora muri ibi bihe by’inzibacyuho.
Imiryango itegamiye kuri Leta ikorera muri ntara ya Kivu irashinja umutwe wa FDLR kwaka umusoro abaturage batuye mu karere ka Lubero mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Abadepite bo muri Zambiya baje kureba ukuri ku makuru avugwa ku Rwanda biyemeje kuba abavugizi barwo ku mpunzi z’Abanyarwanda zikiri iwabo, bazikangurira gutahuka zigafatanya n’abandi Banyarwanda kubaka igihugu.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zongeye gutangaza ko zishyigikiye gahunda z’umuryango mpuzamahanga zigamije kwambura intwaro no kurwanya umutwe wa FDLR kubera ibikorwa bihohotera abaturage ba Congo ukora.
Baganahe Ildephonse, umuhinzi wa kawa wo mu karere ka Gakenke ntiyishimiye amafaranga miliyoni n’ibihumbi 200 yahawe n’akarere ngo atere izindi kawa nyuma yo kumusaba gutema izo yari yarateye mu isambu y’akarere.
Mbyariyihe Emmanuel n’umufasha we batuye mu karere ka Gatsibo bibera mu nzu igaragara ko itameze neza nyuma yo kwirukanwa mu nzu bari bacumbikiwemo na mukuru we wanamwambuye amafaranga ibihumbi 20 yari guheraho yubaka.
Abadepite bo muri Zambia bari mu rugendo shuri mu Rwanda bishimiye uko basanze u Rwanda banatangaza ko nibasubira mu gihugu cyabo bazageza ukuri basanze mu Rwanda ku mpunzi zigataha kuko basanze mu Rwanda hari umutekano.
Ikamyo ya rukururana yo mu gihugu cya Tanzaniya, ku mugoroba wa tariki 06/06/2012, yarenze umuhanda igeze ahitwa mu Kintama mu murenge wa Gakenke, akarere ka Gakenke ku bw’amahirwe ntiyagira umuntu ihitana.
Sheebah Karungi, Umugandekazi uririmba mu itsinda rya ‘Obsession’ yafungiwe ijoro ryose muri week-end ishize ku kibuga cy’indege i Kigali, azira guteza akavuyo abandi bagenzi bari bagendanye mu ndege.
Mpazimaka Patrick w’imyaka 30 afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira kuba yarahaye lifuti umukobwa witwa Mukazirikana Antoinette w’imyaka 17 akamurenza aho yajyaga akamujyana iwe akamufata ku ngufu.
Minisiteri ifite gucyura impunzi mu nshingano (MIDMAR) yasabye intumwa z’Inteko Nshingaamategeko ya Zambiya ziri mu Rwanda, gufasha gukangurira impunzi z’Abanyarwanda gutahuka ku bushake no gukumira abazangisha u Rwanda.
Abakozi bakora mu karere ka Gatsibo bakomeje kwibwa mudasobwa zigendanwa bakoresha mu kazi. Kuva ukwezi kwa Gicurasi kwatangira hamaze kwibwa mudasobwa enye zigendanwa; zibwa banyirazo bazisize mu biro bakoreramo.
Polisi y’u Rwanda igiye kwakira imyitozo y’abayobozi ba posite za polisi mu muryango w’ubufatanye bw’abakuru ba polisi mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAPCCO) kubera ko ari yo iyoboye uwo umuryango.
Mugenzi Celestin w’imyaka 43 afungiye kuri sitasiyo ya polisi i Kigabiro mu karere ka Rwamagana akekwaho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 12 umugore we mushya yatahanye yaramubyaye ahandi.
Umusore w’imyaka 21 ukora akazi ko kogosha mu mujyi wa Gakenke yahaye gahunda indaya ebyiri bose bibaviramo kurara mu buroko kubera umutekano muke byateye aho acumbitse.