Minisitiri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, arasaba Abanyarwanda gukora cyane bakirinda incyuro z’abanyamahanga bacyurira u Rwanda bitwaje imfashanyo baruha.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ububiligi akaba n’uwungirije Minisitiri w’intebe w’iki gihugu, aratangaza ko ababajwe n’ihohoterwa rishingiye kw’ivangura ry’amoko rikorerwa Abakongomani bavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bwa Congo.
Bamwe mu bashigashigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kamonyi, bavuga ko badakunze kwitabira amahugurwa, bityo ubumenyi bwabo ntibutere imbere, mu gihe ariyo yabafasha kwiyungura bwenge bwo kwiteza imbere.
Kunywa ibiyobyabwenge biza ku isonga mu bihungabanya umutekano w’akarere ka Gicumbi, nk’uko byagaragaye muri raporo zitangwa n’inzego z’umutekano zikorera muri ako Karere, mu nama mu nama y’umutekano yaguye yahuje uturere twose tugize intara y’Amajyaruguru kuri uyu wa Gatanu tariki 24/8/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwafashe icyemezo cyo kuganira n’abakozi bako, mu rwego rwo kurebera hamwe ingamba zigamije kongera kubavana ku mwanya wa nyuma, nyuma y’uko kaje ku mwanya wa nyuma mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011 – 2012.
Donat Mubangizi ukora ku kigo Nderabuzima cya Kabuga giherereya mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare, kuva ku wa 23 /08/2012 ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Gatunda, ashinjwa gufata ku ngufu umubyeyi wari utegereje kubyara.
Zimwe mu ndaya zikorera mu mujyi wa Muhanga zivuga ko gukoresha agakingirizo atari ngombwa cyane icya mbere baharanira ari amafaranga. Ngo kudakoresha agakingirizo nuko baba bashaka gufata neza abakiliya babagana.
Abakorera imirimo itandukanye mu mu gice cy’umujyi wa Kigali gikikjwe na UTC, Kwa Rubangura, KCT na Centenary House bagiye kwimurwa kugira ngo naho hashyirwe amazu y’ubucuruzi agendanye n’igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu tariki 24/08/2012, hafashwe abasore babiri bari bamaze gutema no guhungabanya umutekano wa bamwe mu baturage mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga.
Mu gihe ibarura rusange rya kane ry’abaturage n’imiturire mu Rwanda rigeze ku munsi waryo wa 10, abakarani baryo bakomeje guhura n’imbogamizi aho berekeza mu ngo zimwe na zimwe z’abaturage ntibabasangeyo.
U Rwanda rwabaye ahantu ha kabiri ku isi abagore bumva bisanzuye kandi bakizera umutekano ku buryo no mu ijoro abagera kuri 89% bumva bakwitemberera nta mpungenge zo guhohoterwa no kubangamirwa uko ariko kose.
Nyuma y’aho bimaze kugaragara ko mu bigo bitandukanye hakunze kuvuka amakimbirane hagati y’abakozi n’abakoresha, ubu hagiye kwifashishwa imshyikirano rusange n’ibiganiro kugira ngo impande zombi zirangwe no guteza imbere umurimo.
Biteganyijwe ko Minisitiri w’ububanyu n’amahanga w’Ububiligi, Didier Reynders, azagera mu Rwanda tariki 25/08/2012 agasura inkambi ya Nkamira irimo impunzi z’Abanyekongo bavanywe mu byabo n’intambara ibera mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Bamwe mu babyeyi batuye mu karere ka Muhanga bavuga ko impamvu batitabira kwandikisha abana babo mu bitabo by’irangamimerere ari ugutinya amafaranga y’ibihano bacibwa mu gihe habayeho ubukererwe.
Societe civile y’u Rwanda iravuga ko yakoresheje uburyo bwose bushoboka ngo ihure n’abagenzi babo b’Abanyekongo barebere hamwe uko ikibazo cy’Abanyarwanda bakomeje guhohoterwa muri Kongo cyakemurwa, ariko byaranze.
Umurundi witwa Ndumba Joseph w’imyaka 34 y’amavuko yafatanywe gerenade ebyiri zo mu bwoko bwa Tortoise mu mudugudu wa Muyebe, akagali ka Cyeru, umurenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza tariki 23/08/2012.
Umwe mu bakarani b’ibarura witwa Theogene Ndayambaje wo mu kagali ka Torero, umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero afunze azira kurenga ku mabwiriza agenga ibarura maze agakoresha undi muntu utarahuguriwe gukora ibarura.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kwitangira inkunga yubaka igihugu cyabo kuko iy’amahanga imeze nko guterwa ikinya gisinziriza abanyagihugu mu gihe abayitanze baba barimo kwiba umutungo w’igihugu bayihaye.
Mu mihigo y’umwaka 2011-2012, amanota uturere twatsindiyeho yariyongereye kandi aregeranye; bigaragaza ko uturere twakoze neza; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe mu muhango wo gutangaza uko uturere twarushanyijwe mu gushyira mu bikorwa imihigo twasinyanye n’umukuru w’igihugu.
Abasirikare batanu bo muri FDLR n’imiryango yabo batahutse mu rwababyaye, tariki 23/08/2012 binjiriye ku mupaka wa Rusizi, nyuma y’imyaka 18 bari bamaze mu buhungiro mu gihugu cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Inama nkuru y’urubyirko (NYC), yahamagariye urubyiruko kwitabira amarushanwa azatorwamo babiri bazajya kuvuganira abandi mu muryango w’abibumbye (UN) mu gihe cy’imyaka itatu.
Umuyobozi w’ishuli ryisumbuye rya Lycée de Nyanza riri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza arihakana umwana mu gihe umugore babanaga nk’abashakanye ahamya ko umwana wese uvutse aba ari uw’umugabo wo muri urwo rugo.
Abakora umwuga w’uburaya bakorera mu mujyi wa Kibungo bibumbiye muri koperative “Twisubireho” bafunguje compte mu murenge Sacco wa Kibungo bagamije gushyira hamwe amafaranga yafasha bamwe muribo kuva muri uwo mwuga.
Abana bose baturuka mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rulindo kuri ubu bafite abazabahagararira kugeza ku rwego rw’akarere. By’umwihariko ababana n’ubumuga bavuga ko batazatenguha bagenzi babo babagiriye ikizere bakabatora.
Janny Oorebeek ukuriye itsinda ry’Abaholandi basengera mu itorero ry’Abapresibiteriyene bari mu runzinduko mu Rwanda yatangaje ko inkunga Abakristu b’iwabo bagenera abo mu Rwanda itazahagarara.
Abandi banyamahirwe batsindiye amahirwe yo gutombora ibikoresho bitandukanye muri tombola ya MTN yise “SHARAMA”, bashyikirijwe ibihembo batsindiye, kuri uyu wa Gatatu, tariki 22/08/2012.
Inzego za Leta zinyuranye zirimo Ministeri y’ubutabera, zasinyanye amasezerano n’undi rwiyemezamirimo (sosiyete yitwa B&B) wasimbuye sosiyete yitwa DN International, yafashe imyenda muri banki yo kubaka amazu, ariko ikagenda itayishyure.
Kuwa kane tariki 23/08/2012, nibwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame azayobora umuhango wo gutangiza ku mugaragaro ikigega cyiswe Agaciro Development Fund mu rwego rw’igihugu.
Abahagarariye amadini akorera mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, kuri uyu wagatatu tariki 22/08/2012 bakoze igiterane cy’ivugabutumwa kigamije gushishikariza abacuruza n’abakoresha ibiyobyabwenge kubireka burundu.
Umugabo umwe n’abagore batatu bafungiye kuri polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 20/08/2012, bakurikiranyweho kwanga kwibaruza, kudafata ikarita y’ubwisingune mu kwivuza, kudakora umuganda, n’ibindi bitandukanye bireba buri munyarwanda.