Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Kigoya, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatanu tariki 02/11/2012 bijihije isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse boroza bagenzi babo amatungo agera ku 124.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe, kuri uyu wa 02/11/2012, mu karere ka Rwamagana habaye isiganwa ku maguru no ku magare ryitabiriwe n’abasore 54 n’abakobwa 24.
Gahimano Alexis w’imyaka 28 yarasiwe mu kagari ka Nyakabuye mu murenge wa Byimana ku gicamunsi cya tariki 01/11/2012 ubwo yafataga umupolisi ashaka kumwambura imbunda.
Hashize iminsi 2 abanyamahanga batuye mu Rwanda bakorerwa ibarura rigamije kubaha ibyangobwa bizaborohereza gutura mu Rwanda nta rundi rwikekwe.
Abakozi ba Mituweri ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bari mu muryango FPR-Inkotanyi, tariki 01/11/2012, bijihije isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe babijyanisha no gufasha abarwayi b’abakene barwariye mu bitaro bikuru by’iyi Kaminuza.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) n’urugaga rw’abikorera (PSF) bemeza ko icyuho cyo kubura abakozi n’ubukungu buri ku kigero cyo hasi mu Rwanda biterwa ahanini no kutagira abakozi bafite ubumenyingiro buhagije.
Abantu hafi 10 baguwe gitumo n’ubuyobozi barimo kunywa inzoga mu masaha y’akazi tariki 01/11/2012 mu kagari ka Nyarusazi ho mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi.
Minisitiri w’intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba abashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubwitaho kuko bimaze kugaragara ko buri henshi kandi bukaba bwagirira abaturage n’igihugu akamaro.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abaturage batuye akarere ka Nyamasheke gukoresha neza ubutaka bwabo baburinda isuri kuko ari bwo butunzi fatizo bwabageza ku iterambere rirambye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro bwasezeranyije imiryango 101 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko ku wa gatatu tariki 31/10/2012.
Inama y’abaminisitiri yabaye taliki 31/10/2012 yifatanyije n’Abanyarwanda babuze ababo mu turere twa Kicukiro, Rusizi, Rubavu na Rutsiro kubera ibiza byabibasiye bitewe n’imvura yaguye taliki 30/10/2012.
Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo akaba yarabaye n’umuhuza hagati ya CNDP hamwe na Leta ya Congo muri 2009 avuga ko iyo imyanzuro yafashwe mu mishyikirano yahuje impande zombi ishyirwa mu bikorwa nta ntambara iba iri muri Congo.
Umuryango wa Birabura Jean Marie Vianney ugizwe n’abantu 10, wari utuye ahitwa ku Kinamba mu kagari k’Amahoro mu murenge wa Muhima, ubu nta hantu ufite ucumbika nyuma yo kugwirwa n’inzu bitewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa kabiri tariki 30/10/2012.
Habonetse imirambo y’abantu batatu bishwe n’imvura yaguye mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 30/10/2012.
Abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe bamaze umwaka bari mu kizima nyuma y’uko urugomero bari barikoreye bafatanyije n’ishuri ryisumbuye rya Musange rwangiritse.
Ubwato Perezida Kagame yahaye abo ku Nkombo bumaze kujya mu myenda isaga miliyoni z’amafaranga y’u Rwanda kubera imicungire mibi.
Niyihaba Thomas wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugabano ubu ni we Munyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi.
Amashyirahamwe abiri yita ku burenganzira bwa muntu akorera muri Afurika y’Epfo ariyo Southern Africa Litigation Centre (SALC) na Consortium for Refugees and Migrants Rights South Africa (CoRMSA) arasaba Leta y’icyo gihugu gusubira ku cyemezo yafashe cyo guha ubuhunzi Kayumba Nyamwasa.
Imvura yaguye mu ijoro rishyira tariki 31/10/2012 yahitanye abantu 13 ndetse inangiza ibintu byinshi mu turere twa Rubavu na Rusizi two mu ntara y’Uburengerazuba.
Ubwo yatangizaga inama yiga ku bukungu bw’Afurika iri kubera i Kigali kuva tariki 30/10/2012, Perezida Kagame yongeye kugaragaza ko Abanyafurika aribo bagomba kugena iterambere n’imibereho yabo kurusha uko bayitegereza ku bihugu byateye imbere.
Abakuriye amasosiyete acukura akanacuruza amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMIF), baremeza ko rufite amabuye y’agaciro menshi kandi meza, bitandukanye n’abavuga ko rucuruza amabuye ava hanze yarwo.
Umurenge wa Bwishyura wo mu karere ka Karongi wafashe icymezo cyo gutema ibiti bishaje byabaga ku muhanda no kubiteza cyamunara, kugira ngo birinde impanuka zashoboraga kubiturukaho muri iki gihe imvura igwa ari nyinshi.
Itorero rya ADEPR ryo mu karere ka Rusizi ryanze gusezeranya abageni, rivuga ko rikeka ko umukobwa yaba atwite. Igikorwa iri torero rivuga ko kibujijwe gushyingira abameze batyo mu myemerere yaryo.
Mu ma saa mbiri za mu gitondo cyo ku itariki 29/10/2012, umugabo witwa Munyandamutsa Vincent w’imyaka 65 y’amavuko yituye hasi ahita apfa, ubwo yari mu murima we ahinga.
Thacien Mpungirehe uzwi ku izina rya “Ninja”, arashinjwa n’abandi babana n’ubumuga bo mu Karere, ko yabasabye imisanzu igera kuri miliyoni ebyiri anagurisha ibikoresho byo mu biro bahawe na MINALOC n’imashini zidoda 35 zatanzwe n’Intara ya Rhénanie Palatina.
Itsinda ritegura igihembo cy’umuyobozi waharaniye amahoro muri Afurika (African Peace Personality Award 2012), ryashyikirije iki gihembo Perezida Paul Kagame, wacyegukanye binyuze mu matora yabereye ku mbuga za internet.
Umuryango w’Abibumbye watangije amahugurwa y’ibyumweru bibiri, agenewe abapolisi mpuzamahanga baturutse hirya no hino ku isi, ku ubungabunga amahoro no gukumira amakimbirane ku rwego rwo hejuru.
Abagabo babiri, John Bosco Habarukundo na Pierre Uwagirimana, bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho kwiba inka ihaka bakayibaga bashaka kuyigurisha abaturage.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama mpuzamahanga y’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), Prof. Ntumba Luaba Alphonse, yijeje ko ibirango by’amabuye y’agaciro ava mu Rwanda bigomba kwemerwa ku masoko mpuzamahanga ayo mabuye agurirwamo.
Henshi mu habagirwa amatungo mu karere ka Ngororero, haracyagaragara ukutubahiriza amabwiriza ajyanye no kubaga no gutwara inyama, mu gihe gito abakora ubucuruzi bw’inyama z’inka babonye ibagiro risukuye n’ubwo ritaruzuza ibyangombwa bisabwa mu mabagiro.