Umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Francois Xavier Ngarambe, aremeza ko nubwo hari abananiwe kubahiriza amahame yawo bakihitiramo izindi nzira cyangwa bagacika integer, uyu muryango wungutse abanyamuryango benshi kandi bakora neza.
Ubuyobozi bw’intara ya Rhenanie Palatinat y’igihugu cy’u Budage bwavuze ko ubufatanye bwayo n’u Rwanda budashobora guhagarikwa n’impamvu za Politiki, nk’uko hari ibihugu byabikoze kubera gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 urwanira muri Kongo.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bw’igihugu cya Uganda byabereye i Kigali tariki 07/10/2012, Perezida Kagame yasabye Abanyafurika kumenya icyo imyaka 50 ishize bigenga yabagejejeho n’isomo bakuyemo kugira ngo bategure ejo hazaza.
Abahagarariye ibihugu byabo mu muryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) bageze mu gihugu cya Uganda aho bagomba kuganira ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba bwa Congo.
Abakirisitu Gatolika bo muri Paruwase ya Hanika, muri Diyoseze ya Cyangugu barasabwa guhuza ukwemera kwabo n’imirimo y’ibikorwa bifatika kandi bitanga umusaruro kugira ngo uko kwemera kubashe kugira agaciro.
Imbere y’imbaga y’Abanyarwanda, tariki 07/10/2012 , umubyeyi witwa Mukantwari Jeanne yababariye Gashema Innocent icyaha cyo kuba yaramwiciye umugabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka 1994.
Mu myiteguro yo kwizihiza yubile y’imyaka 25, FPR-Inkotanyi imaze ivutse, abanyamuryango bakomeje gukora ibikorwa bitandukanye; bihatira cyane gufasha abakiri inyuma mu majyambere.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Rutsiro, tariki 06/10/2012 , baharuye umuhanda uhuza ibitaro bya Murunda na santeri ya Congo Nil. Uwo muhanda wanyujijwe mu tugari twa Teba na Mataba.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, Bizimana Claude, avuga ko buri muturage yishyize hamwe n’abandi akajya yigomwa igiceri cy’ijana yazageraho akabasha kwigurira matora.
Abatuye umurenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera bashimira umuryango wa FPR-Inkotanyi ko wabateje imbere mu bintu bitandukanye bigatuma umurenge wabo uva mu bwigunge.
Mu nteko rusange y’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage ( PSD) yateraniye mu karere ka Nyanza tariki 06/10/2012, abanyamuryango batoye komite nshya iyobowe na Jean Claude Niyonzima.
Perezida wa Gabon, Ali Bongo Ondimba, uri mu ruzinduko mu Rwanda kuva kuri uyu wa Gatanu tariki 05/10/2012, arahamya ko rutagamije guhindura ururimi rwIigifaransa bagana ku cyongereza, nk’uko itangazamakuru ryari rimaze igihe ribivuga.
Ntibankundiye Jacqueline w’imyaka 20 yahisemo gushaka kwiyahura, kuko umuryango we umusaba ko umwana yabyariye iwabo amushyira se, mu gihe uwo babyaranye na we avuga ko uwo mwana atari uwe.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yatangije ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 Ishuri rya Rwamagana School of Nursing and Midwifery rimaze ritangiye kwigisha ababyaza n’abaforomo.
Abakobwa bahize abandi muri uyu mwaka barimo na Nyampinga w’u Rwanda, Aurore Kayibanda Umutesi, barifashshwa kwereka abana b’abakobwa ko bakwiye kwigirira icyizere no gukangurira abantu bose kugira uruhare mu iterambere ry’umwana w’umukobwa.
Perezida wa Republika Paul Kagame yongeye gutangarizwa umusanzu usaga miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda ku munsi umwe, yavuye mu kugurisha ibintu by’agaciro mu ruhamye, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 05/10/2012.
Inzu yo mu mudugudu wa Bwiza, akagari ka Nyabikokora, umurenge wa Kirehe yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa sita tariki 05/10/2012 ariko ntibyamenyekanye aho uwo muriro waturutse.
Perezida w’igihugu cya Gabon, Ali Bongo Ondimba, yageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo uyu wa gatanu tariki 05/10/2012. Aje mu rugendo rw’iminsi ibiri mu kwigira k’u Rwanda ubunararirabonye mu gukoresha icyongereza.
Madame Judy Cheng-Hopskin, umuyobozi wungirije w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kubungabunga amahoro, arishimira intambwe u Rwanda rwateye kugeza n’aho rusigaye rubungabunga amahoro ku isi.
Ababana n’ubumuga bo mu karere ka Gicumbi bafite ikibazo cyo kugenda muri ako karere kubera imiterere yako igizwe n’imisozi miremire.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 04/10/2012 Abanyarwanda barindwi barimo abagore, abagabo n’abana, bahungutse baturutse mu gihugu cya Kongo aho bari bamaze imyaka isaga 17 bagejejwe mu karere ka Nyabihu aho bakomoka.
Abayobozi mu nzego z’ibanze mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kwitegura gukora cyane kugira ngo bazagire byibura amanota 90% mu guhigura imihigo y’uyu mwaka bitaba ibyo bakitegura kubibazwa n’ubuyobozi bw’Intara.
Binyujijwe cyane cyane mu rubyiruko, akarere ka Rulindo kari muri gahunda yo kurwanya icuruzwa ry’abantu. Urubyiruko rurakangurirwa kwishakira icyo gukora kugira ngo rudashidukira mu mijyi ahakunze kugaragara icyo kibazo.
Komisiyo y’abadepite ishinzwe ububanyi n’amahanga yashimye ibikorwa byo kwegereza abaturage amazi no kubatoza isuku byakozwe n’umushinga WASH mu turere twa Rubavu, Nyabihu, Musanze na Burera.
Mu isuzuma barimo gukora mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasurazuba (EAC), abadepite b’umuryango wa Afurika y’Uburasurazuba bari mu ruzinduko mu Rwanda batangaje ko u Rwanda ruhagaze neza mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Mu nama akarere ka Nyamasheke kagiranye n’abacukuzi b’amabuye y’agaciro muri ako karere kuri uyu wa kane tariki 04/10/2012, abacukuzi basabwe kubukora mu buryo burengera ibidukikije kandi bwemewe n’amategeko.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yatangaje ko mbere yo kwamagana umutwe wa M23 azabanza kwamagana abatumye abo barwanyi babaho mbere yo kubikorera M23.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Uburasirazuba arasaba ubuyobozi bw’Uturere gushyira igitsure ku bafatanyabikorwa barimo imiryango itegamiye kuri Leta (ONG) ngo basohoze ibyo bakwiye gukora kuko iyo bidakozwe bigira ingaruka mbi ku igenamigambi n’imihigo by’akarere.
Bamwe mu batuye mu kagari ka Rwimishinya, umurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, baravuga ko muri ako gace hari abantu baza bashaka kugura itungo, batakumvikana na nyiraryo ku giciro bwacya mu gitondo nyir’itungo agasanga baryibye.
Kuri uyu wa kane tariki 04/10/2012, mu cyumba cy’Inteko ishinga amategeko, Umukuru w’igihugu aratangiza umwaka w’ubucamanza, anakire indahiro z’Umuvunyi mukuru Aloysie Cyanzayire, Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka, Maj.Gen. Frank Mushyo Kamanzi na Depite Mukakarangwa Clothilde.