Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke barasabwa guteza imbere ibyagezweho mu myaka 25 irangiye uyu muryango umaze uvutse, nk’uko byagarutsweho kuri uyu wa Gatandatu tariki 05/01/2013, mu nama yahuje abanyamuryango ba FPR muri aka karere.
Ihuriro ry’abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko (FFRP) ryatanze inka ku mugore umwe muri buri murenge, zihabwa abagore 13 bo mu mirenge 13 igize akarere ka Rutsiro tariki 04/01/2012.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, aributsa abaturage ko batagomba gutega amatwi ibihuha bya FDLR ikwirakwiza ikoresheje ibitangazamakuru bikababuza gukora ngo biteze imbere.
Uhagararaiye u Rwanda mu gihugu cy’Ubuhinde, Ambasaderi Nkurunziza William, yanyomoje ko abanyeshuri batatu biga mu Buhinde bafashwe baregwa gufata umugore ku ngufu mu gace ka Jalandhar atari byo ahubwo baregwa kugira imyitwarire idakwiye ku mugore.
Abanyarwanda 80 barimo abasirikare 17 babaga mu mutwe wa FDLR muri Kongo bageze ku mupaka wa Rusizi ya kabiri mu karere ka Rusizi batahutse mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa 04/01/2013.
Uko iminsi yiyongera niko impunzi z’abanyecongo bavuga Ikinyarwanda ziyongera mu Rwanda kubera ibikorwa by’ihohoterwa bakorerwa n’umutwe wa Nyatura washinzwe na Gen Tango Fort wahoze ari umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka muri Congo.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yasabye ibigo bya Leta n’iby’abikorera, kwitabira umuhango wiswe Rwanda Job Day uhuza abifuza akazi n’ibigo bigatanga, mu rwego rwo kumenya uko isoko ry’umurimo rihagaze mu Rwanda.
Umukecuru witwa Mukandoli Christine utuye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, arashimira FPR Inkotanyi kubera inzu yubakiwe akava mu kazu gato yabagamo we yita ko kari Nyakatsi. Ku bwe asanga Viziyo 2020 ngo yarayigezemo muri 2012 kubera iyo nzu yubakiwe.
Umuryango wa gikirisitu ugamije ivugabutumwa, isanamitima n’ubwiyunge (Moucecore), kuri uyu wa kane tariki 03/01/2013, watangije ku mugaragaro ibikorwa byawo mu karere ka Nyamagabe bigamije guhindura imyumvire y’abaturage hagamijwe iterambere n’imibereho myiza byabo.
Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Ruhango, baravuga akazi bakora ari kenshi cyane kuburyo gatuma batita no ku miryango yabo bagasaba ko bagenerwa agahimbazamutshyi kuko nabo bakoresha ubwitanjye bwinshi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko harimo gukorwa inyigo yimbitse yo kumenya icyateye inkangu yatengukiye igice cy’umuhanda wa kaburimbo ukorwa muri ako karere ikawusenya ndetse ikawutirimura.
Babiri mu banyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bane baherutse guhindurirwa imirenge bayobora bashyikirijwe ibyangombwa byose bibemerera gutangira imirimo mu mirenge mishya, ndetse banerekwa abaturage n’abandi bafatanyabikorwa.
Mu rwego rwo kunoza serivisi zitangwa mu bigo bya Leta n’ibyigenga, akarere ka Kamonyi kashyizeho Komite ishinzwe kugenzura imitangirwe ya serivisi mu nzego zitandukanye. Iyo komite ihuriweho n’ubuyobozi bw’akarere n’urwego rw’abikorera.
Abarwanyi 3500 bo mu mutwe wa FDLR, tariki 01/01/2013, bavuye mu mashamba babagamo n’imiryango yabo berekeza i Luhago mu gace ka Kabare (muri Kivu y’Amajyepfokandi ngo bafite ubushake bwo gushyira intwaro hasi bagatahuka mu Rwanda.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyabihu rurashishikarizwa kwirinda kwiyandarika, ibiyobyabwenge n’ibindi byarwangiriza ubuzima; ku buryo umwaka wa 2013 uzasiga rugeze ku ntambwe nziza y’iterambere isumbye iyo rwagezeho muri 2012.
Nyuma y’aho itorero ry’Abadiventisite b’umunsi wa karindwi rifatiye ikemezo cyo guhagarika agasoko kakoreraga mu isambu y’iri torero, abahakoreraga baratakambira Leta ngo ibashakire aho bakorera kugirango bashobore gutera imbere.
Mu gihe ku isi yose hizihizwa iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani, usanga abantu batandukanye babyizihiza mu buryo butandukanye bitewe n’uko babyemera, imico ndetse n’amikoro.
Umuhanda umanukira kuri Hoteli Faucon ukanyura ku ishuri ryitwa Elena Guerra hanyuma ugatunguka aho bita mu Rwabuye uzatuma haboneka indi nzira imodoka zanyuramo zisohoka mu mujyi wa Butare, igihe hagira igituma zidatambuka zigeze ku bwinjiro bw’Ingoro y’Umurage w’u Rwanda y’i Huye.
Mu rwego rwo kwishimira ibyo bagezeho mu mwaka wa 2012 no gutangira umwaka wa 2013, abaturage batuye umurenge wa Mudende mu karere ka Rubavu bakoze ubusabane babaga inka 50.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban-Ki-Moon yashyizeho Ramos Horta wabaye Perezida wa Timor y’Iburasizuba kuba intumwa ye yihariye mu gihugu cya Guneya Bissau . Uyu mwanya awusimbuyeho Umunyarwanda Joseph Mutaboba.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana aravuga ko umwaka wa 2012 wagenze neza ku batuye akarere ayobora, agahamya ko 2013 izaba nziza ku batuye Rwamagana bose niba abahinzi bahinduye imyumvire bagakoresha ifumbire kuko ubuhinzi aribwo shingiro y’ubukungu n’imibereho myiza muri Rwamagana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yamenyesheje Abanyarwanda ko umwaka mushya wa 2013 ugiye kuba umwaka w’ibikorwa byinshi, birimo kuziba icyuho cy’inkunga zatangwaga n’amahanga, hifashishijwe guteza imbere ishoramari rikozwe n’abenegihugu ndetse n’abanyamahanga.
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Gakenke mu karere ka Gakenke batangaza ko kuri uyu wa mbere tariki 31/12/2012 nta baguzi benshi babonye nk’ikindi gihe babaga bitegura umunsi mukuru w’Ubunani.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro burateganya kwihutisha umuhigo w’inyubako z’utugari ku buryo mu mezi atandatu ari imbere utugari dutandatu twose tuzaba dufite inyubako dukoreramo.
Abanyamuryango ba FPR bo mu karere ka Rubavu bavuga ko hari byinshi umuryango wabagejejeho birimo iterambere n’imibanire myiza, bakavuga ko gahunda yo guteza imbere ubuzima yageze kubana bose kandi ari igikorwa cyo kwishimira.
Umukecuru Nyirarugendo Debola ukomoka mu karere ka Rubavu amaze imyaka 100 avutse akaba afite abamukomokaho bagera ku 170. Isabukuru y’imyaka ijana yayizihije taliki 29/12/2012.
Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge (NURC) yifatanije n’abana b’imfubyi zirera za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batuye mu mudugudu wa Rurenge, akagari ka Nyabigega mu murenge wa Kirehe kwizihiza iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani.
Inama Njyanama y’akarere ka Ruhango yafashe ikemezo ko ubutaka bwa Leta (ibisigara) butazongera gutizwa, ahubwo ko bugiye kujya bukodeshwa ababukeneye kuko byagaragaye ko butizwa abantu cyangwa amakoperative ntibwitabweho.
Abaturage bo mu kagari ka Yaramba mu murenge wa Nyankenke, akarere ka Gicumbi bishimiye ko uno mwaka wa 2012 urangiye babonye amashanyarazi, kuko yabavanye mu mwijima w’icuraburindi anatuma bagera ku iterambere.
Ubuyobozi bwo mu karere ka Ngoma buributsa urubyiruko ko imirimo itaba mu mijyi gusa, mu gihe urubyiruko rwinshi rugenda rugana imijyi ruvuga ko rugiye gushaka imirimo.