Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB), cyagabiye inka y’inzungu n’iyayo umuryango wibarutse abana bane kuri uyu wa gatanu tariki 18/01/2013, mu rwego rwo kubonera amata aba bana, kubera ko umubare wabo ugaragaza ko batahazwa n’ibere rya nyina.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimiye Abanyamerikakazi babiri Patricia Crisafulli na Andrea Redmond, banditse igitabo cyitwa”‘Rwanda inc”, gishima amateka y’iterambere ry’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bashimiye Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, ko yabagobotse nyuma y’umutingito wabaye mu 2008 ugahungabanya Intara y’Iburengerazuba.
Cyanika Cross Border, Koperative y’abahoze bakora forode, bazwi ku izina ry’ “abafozi”, biyemeje kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda bakusanya amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 120 yo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF).
Abana 460 bagiye kongera guhurira mu nama nkuru y’abana igiye kuba ku nshuro ya munani, iy’uyu mwaka ikazaba ifite insanganyamatsiko igira iti “uruhare rw’abana mu kwihesha agaciro”.
Ambasaderi mushya w’u Bufaransa mu Rwanda, Michel Flesch, aratangaza ko igihugu cye kiteguye gukomezanya n’u Rwanda mu gushyiraho umubano mushya ushingiye ku bufatanye n’iterambere, nyuma y’ibihe byakurikiye Jenoside byagaragayemo umwuka utari mwiza hagati y’ibihugu byombi.
Mu biganiro umunyamabanga uhoraho muri ministeri y’ububanyi n’amahanga yagiranye na ba ambasaderi b’Ububiligi na Norvege kuri uyu wagatanu taliki 18/01/2013 yongeye kubagaragariza aho u Rwanda ruhagaze ku mutekano wo mu burasirazuba bwa Congo.
Intumwa za minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) zasuye akarere ka Nyanza tariki 18/01/2013 zashimye aho ako karere kageze gashyira mu bikorwa imihigo kihaye muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Nyuma y’uko umusaza Ruzindana Ladislas wo mu karere ka Nyamasheke agaragarije Perezida Kagame akarengane yagiriwe na NPD-COTRACO yakoresheje ubutaka bwe itamwishyuye, ku wa 17/01/2013 iyi sosiyete yamwishyuye amafaranga miliyoni nk’ingurane y’ubutaka yakoresheje icukuramo itaka ryo gukora umuhanda Buhinga-Nyamasheke.
Kuri uyu wa 18/01/2013, Perezida Kagame yaganiriye n’abaturage b’akarere ka Rusizi ababwira ko hoteli ikomeye igomba kubakwa mu karere ka Rusizi mu bihe bya vuba kuko ngo ikenewe cyane kandi yashishishikarije abashoramari guhuza imbaraga kugira ngo yubakwe kuko aribo izagirira akamaro gakomeye.
Inama njyanama y’akarere ka Rutsiro yateranye tariki 17/01/2013, yarahije umujyanama mushya witwa Mukashema Marie Josée wasimbuye Uwamariya Florida umaze iminsi yareguye ku nshingano yari asanzwe akora muri njyanama.
Abasirikare bamugariye ku rugamba bamaze gusubizwa mu buzima busanzwe “abademobe” bo mu karere ka Ruhango baremeza ko uko iminsi ishira bagenda bagira icyo bigezaho kuburyo babayeho neza.
Guhera tariki 10/01/2013 igikorwa cyo kwandika sim card kuri ba nyirazo hakoreshwejwe indangamuntu cyaratangiye ku buryo bw’igeragezwa; nk’uko bitangazwa Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).
Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, yemereye akarere ka Nyamasheke umuhanda wa kaburimbo ureshya na kilometero eshatu uturuka ku muhanda munini wa Kigali-Rusizi ukagera ku Bitaro bya Bushenge.
Umukecuru w’imyaka 73 witwa Mukeshimana Cecilia utuye mu mudugudu wa Gakenyeri, akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yirinze gusabiriza ahitamo kubaho atunzwe no kuboha utuntu dutandukanye yifashishije ubudodo n’urushinge.
Kuri uyu wa 17/01/2013, Perezida wa Repubulika yakomereje uruzinduko rwe mu karere ka Rusizi aho yashimye abatuye aka karere kuko hari icyahindutse mu bikorwa byabo ugereranyije n’igihe ahaherukira ndetse abizeza ko Leta izakomeza kubafasha mu iterambere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buratangaza ko intambara ibera muri Congo bihana imbibi ntacyo yahungabanyije ku mutekano w’ako karere kandi ubuhahirane hagati y’abaturage ku mbande zombi ntabwo bwahungabanye.
Mu minsi itatu Guverineri Bosenibamwe Aime amaze aganira n’abaturage b’akarere ka Gicumbi baho asanga imyumvire y’abaturage b’ako karere yarazamutse cyane kuko bitabira neza gahunda za Leta ndetse bakanazishyira mu bikorwa babikunze.
Umugore w’umupfakazi utuye mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke witwa Mukankusi Lucie, atangaza ko amaze kugera ku rwego rwo kwiteza imbere ubwe nyuma y’uko yavanywe muri nyakatsi akubakirwa inzu y’amabati ndetse agahabwa inka.
Mu muhango wo gufungura imurikagurisha ry’iminsi ine riri kubera mu mujyi wa Muhanga, tariki 15/01/2013, umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali yashimiye abikorera mu karere ka Muhanga nk’abafatanyabikorwa beza bako.
Umucuruzi Habimana Sostène wishwe n’amasasu ku mugoroba wa tariki 15/01/2013 mu gasantere ka Kurwibikonde mu karere ka Burera, ngo ashobora kuba yarashwe kubera amakimbirane aturutse ku bucuruzi.
Ubwo yaganiraga n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa gatatu, tariki 16/01/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yababwiye ko nta muntu ukwiriye gusabiriza ahubwo buri wese akwiriye gukora kuko umurimo ari wo uteza imbere nyirawo.
Kaporali Niyonzima na Karisa babaga muri FDLR n’imiryango yabo batahutse mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa 15/01/2013 bavuye muri kongo. Binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya kabiri bahita bajyanwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.
Bamwe mu bakorera imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG) kure y’ingo zabo bajyaga barangiza igihano bahawe ntibahite bataha mu ngo zabo kubera kubura amafaranga y’itike ariko ngo icyo kibazo ntikizongera kubaho.
Abadage bubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rukarara ya 2 ruherereye mu karere ka Nyamagabe bahagaritse imirimo kuva tariki 01/01/2013, bakaba asaba Leta ko yabaha andi mafaranga arenga ku yo bari bumvikanye ngo kuko basanze bahomba.
Umuntu umwe yitabye Imana ubwo abantu bataramenyekana barasiraga imodoka mu gasantere kitwa Kurwibikonde kari mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 15/01/2013.
Kayihura Bérnard, umukozi wari ushinzwe imishahara y’abarimu mu karere ka Nyamagabe yitabye Imana tariki 13/01/2013 azize indwara, akaba yashyinguwe kuri uyu wa kabiri tariki 15/01/2013.
Abanyarwanda barasabwa gusobanukirwa n’ibikorerwa ku gicumbi cy’Intwari z’u Rwanda aho kutahafata nk’imva kuko no mu minsi ya vuba hagiye kugirwa inzu ndangamurage; nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w”Urwego rw’iguhugu rushinzwe Intwari z’igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe, Augustin Iyamuremye.
Abanyarwanda 77 barimo abagabo 7, abagore 22 n’abana 48 bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere kuri uyu wa kabiri tariki 15/01/2013 baturutse muri Kongo aho bari bamaze igihe mu buhungiro.
Umugabo witwa Munyensanga Philipe wo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi arashimira Kigali Today yanditse inkuru ku bukene n’uburwayi bw’uruhu yari afite kuko nyuma y’iyo nkuru ubuyobozi bw’umurenge bwahise bwihutira kumufasha.