Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko batari babona ibyangombwa bya nyuma by’ubutaka bwabo kandi ibisabwa byose kugira ngo umuntu abone icyangombwa, babyujuje. Basaba ubuyobozi bw’ako karere kubibafasha mo bakabona ibyo byangombwa.
Abakuru b’imidugudu 536 igize akarere ka Nyamagabe, kuri uyu wa kane tariki 14/02/2013 bahawe amaterefoni afite ubushobozi bwo guhamagara abandi bayobozi bakorana kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku karere, akazajya yishyurwa n’akarere hagamijwe koroshya guhanahana amakuru mu buryo bwihuse.
Abanyamuryango ba ADEPR biga n’abarangije muri za kaminuza basohoye itangazo bavugamo ko idini yabo ifite ikibazo gikomeye cyo kugabanuka kw’ituro bita “icya cumi” cyatangwaga n’abakirisitu.
Nyuma yo kwegura k’Umushumba wa Kiliziya Gatulika Nyirubutungane Papa Benedigito wa XVI tariki 11/02/2013, abantu bo mu madini atandukanye babivuzeho byinshi bamwe bakibaza niba atari iherezo rya Kiliziya Gatulika, abandi nabo bakabihuza n’imperuka y’isi.
Abanyeshuri, abamotari, abayoboke b’amadini, abapolisi n’abayobozi batandukanye bo mu karere ka Gakenke bitwaje ibyapa n’ibitambaro biriho ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge, kuri uyu wa kane tariki 14/02/2013, bakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge byugarije urubyiruko by’umwihariko.
Abasirikare bane barimo aba Kaporari 2 n’abasorda 2 babarizwaga muri FDLR batahutse mu Rwanda bazanye n’imiryango yabo nyuma y’imyaka 18 bari bamaze baba mu mashyamba ya Congo.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Gallup ku mibereho itandukanye y’abaturage, bwagaragaje ko u Rwanda ruza ku mwanya wa kabiri mu bihugu 136 byakorewemo ubu bushakashatsi ku kugira abantu bishimira urukundo hamwe n’abakunzi babo.
Mukagasana Vestine acumbitse mu mudugudu wa Gitarama mu kagari ka Bugina mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, nyuma yo guhabwa akato ndetse agatandukanywa n’umugabo we kubera ko yanduye virusi itera SIDA.
Hari amasambu y’abarokotse Jenoside yubakiwemo abatishoboye, andi arasaranganywa; ndetse hari n’ayagurishijwe n’abo mu miryango ya bo; bitewe n’uko nyuma ya Jenoside nta makuru ku waba yararokotse mu muryango yabaga ahari, cyangwa urera umwana akabyitwaza akamurira utwe.
Inama ya Guverinoma yo gusuzuma uburyo imihigo irimo gushyirwa mu bikorwa yanenze uburyo hari gahunda za Leta nyinshi zitihutishwa mu byiciro bitandukanye bigizwe n’ubuhinzi, ibikorwaremezo, uburezi, ubuzima, inganda, ikoranabuhanga ndetse n’ubucukuzi.
Rwasibo Eric uyobora akagali ka Rubago mu murenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma yahembwe igare kubera ko abaturage bagaragaje ko abayobora neza.
Minisitiri Mushikiwabo witabiriye ibiganiro by’akanama k’umuryango w’abibumbye birebana no kurinda abaturage mu gihe cy’intambara, yasabye ko ingabo z’umuryango w’abibumbye zahabwa ubushobozi butuma zishobora kurinda umutekano w’abaturage mu gihe cy’intambara.
Abaturage bo mu murenge wa Kivuye, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi kubarenganura kuko rwiyemezamirimo wabahaye akazi ko kubaka iminara iri ku gishanga cya Rugezi yabambuye amafaranga yabo bakoreye na n’ubu bakaba batazi aho aherereye ngo abishyure.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo ari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi wa Repubulika ya Korea y’Epfo, Kim Sung-Hwan, tariki 12/02/2013, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu iterambere hagati y’ibihugu byombi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) gihamya ko imiyoborere myiza ijyana n’imibereho myiza y’abaturage aho abaturage bagera ku iterambere rirambye babana neza.
Ishuri Groupe Scolaire Notre Dame de Lourdes (GSNDL) rihererye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango ryituye inyana eshatu, ebyiri muri zo zihabwa Ishuri ry’ubumenyi ryo mu Byimana, imwe ihabwa Urwunge rw’amashuri rw’i Bukomero.
Abayobozi ba njyanama n’abashinzwe irangamimerere mu mirenge igize akarere ka Karongi baragawa kudatangira raporo ku gihe n’aho zitanzwe ntibakurikirane ngo bamenye ko zagezeyo bikaba bishobora kuba intandaro yo kugawa imikorere mibi kandi abantu baba barakoze ibikorwa bifatika.
Akarere ka Nyanza n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abavuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) barishimira ibyo bamaze kugeraho mu mwaka umwe ushize batangiye gufatanya mu bikorwa byo mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage bo mu mirenge ya Kigoma na Busasamana.
Ubwo yatangizaga icyumwru cya community policing, tariki 11/02/2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye Abanyarusizi gufatanya n’inzego z’umutekano mu kwibungabungira umutekano.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ntongwe, bwafashe icyemezo cyo kwirukana umubyeyi w’abana babiri utuye mu mudugudu wa Nyamirambo akagari ka Nyarurama nyuma yo kugaragaza ko adafite aho acumbika, kuba abana be barwaye bwaki ndetse akaba anabana na virus itera SIDA.
Abahagarariye ibihugu 19 byo ku mugabane wa Afurika, bateraniye i Kigali mu nama isuzuma uburyo umutungo w’ubutaka, amashyamba n’uburobyi byakoreshwa neza, na ba nyirabyo bagahabwa uburenganzira bwanditse.
Abayobozi bahagarariye akarere ka Gicumbi n’akarere ka Kabare ko muri Uganda, tariki 11/02/2013, bashyize imikono ku masezerano ashingiye ku gufashanya mu bikorwa bimwe na bimwe bahuriyeho kuko utu turere duhana imbibi.
Muri gahunda y’ukwezi kw’imiyoborere myiza, kuri uyu wa mbere tariki 11/02/2013, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) yasuye ibikorwa birimo ishuri ryisumbuye ESIR, inyubako y’ubucuruzi ya Kinigi, ikigo nderabuzima cya Gataraga, ndetse aganira n’abaturage.
Ambasaderi Kunio Hatanaka wasoje imirimo ye yo guhagararira u Buyapani mu Rwanda, yashimiwe ibyo yabashije kugeraho mu myaka itatu amaze mu Rwanda, ubwo yasezeraga ku mugaragaro umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 11/02/2013.
Ijambo ry’Imana ku bagororwa ngo rituma babasha kuba abantu babereye umuryango nyarwanda ndetse bakanabera Itorero ry’Imana kuko nyuma yo kwihana bagaruka mu nzira itunganye.
Bamwe mu batuye akarere ka Ruhango barasaba abadepite bazatorwa muri Nzeli uyu mwaka kujya bagaruka bakaganira nabo bakabagaragariza ibyo bagomba kubakoreraho ubuvugizi.
Akarere ka Nyanza kakunze kugaragara mu myanya y’inyuma mu mihigo mu bihe byashize, ubuyobozi bwako buratangaza ko muri uyu mwaka w’imihigo wa 2012-2013 biteguye guca agahigo bakava ku mwanya wa 22 bakagera kuwa mbere, nk’uko izina ryabo ry’ubutore “ Abadahigwa” ribyemeza.
Abaturage bavuga rikijyana mu karere ka Nyabihu, barasabwa kwirinda SIDA no gukumira ubwandu bushya bwayo. Abaturage babikangurirwa mu gihe SIDA ari kimwe mu byorezo bitarabonerwa umuti n’urukingo kandi bihitana abantu benshi ku isi.
Bamwe mu banyarwanda bakomeje kwinangira kwandikisha simukadi zabo batejereza ko Leta ishaka kujya nazo izisoresha, nk’uko bigenda ku bicuruzwa.