Ababasirikare bane bageze mu nkabi ya Nyagatare ku mugoroba wa tariki 22/01/2013 bavuye mu mutwe wa FDLR ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bavuga ko bategereje ko hari icyo wabagezaho ariko amaso agahera mu kirere.
Umuyobozi ufite imiyoborere myiza ahora ashaka icyateza imbere abo ayobora kandi ntabatererane mu bibazo barimo; nk’uko Minisitiri Musoni Protais ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri abyemeza.
Umutahira mukuru, Boniface Rucagu, agira inama abayobozi b’inzego z’ibanze gutegura gahunda y’ibikorwa by’urugerero, bagahera ku bikorwa bidasaba ibikoresho byinshi mu gihe batari babona amafaranga yo kubigura.
Minisitiri w’Intebe w’u rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, aravuga ko imigambi ya Leta y’imiyoborere myiza atari amagambo meza y’abayobozi ishyize imbere, ahubwo ko hagamijwe ubukungu n’iterambere by’Abanyarwanda.
Minisitiri Musoni Protais ushinzwe ibikorwa by’inama y’abaminisitiri yasabye intore zigiye ku rugerero mu karere ka kayonza kwishakamo ibisubizo by’ibibazo Abanyarwanda bafite muri rusange.
Ubwo yari mu karere ka Karongi kuri uyu wa 22/01/2013, mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza n’Itorero ryo ku Rugerero, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuahanga, Nsengimana Jean Philbert, yatangaje ko kuyobora ari ibya buri wese kubera ko Abanyarwanda bose batahiriza umugozi umwe.
Ibihugu n’imiryango mpuzamahanga bitera inkunga u Rwanda birasa n’ibitavuga rumwe ku kibazo cy’aho inkunga iterwa u Rwanda ikwiye kunyuzwa.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, avuga ko ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza ari umwihariko w’u Rwanda kuko nta handi ku isi wagusanga.
Kimwe n’ahandi mu Rwanda, mu Karere ka Rusizi hatangijwe ku mugaragaro ibikorwa by’Intore zo kurugerero. Umuhango wabereye mu murenge wa Nkungu, kuri uyu wa kabiri, tariki 22/01/2013, ahari hateraniye abaturage bose b’uwo murenge ndetse n’intore zo kurugerero zigera kuri 169.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, , kuri uyu wa kabiri tariki 22/01/2013, arasura akarere ka Rwamagana aho ari bukore ibikorwa bitandukanye birimo gutangiza icyumweru cyahariwe imiyoborere no gutaha isoko rya kijyambere.
Ubuyobozi bw’uruganda SOPICAF rutunganya ikawa butangaza ko ibiza by’imvura byibasiye akarere ka Rubavu by’umwihariko umurenge wa Nyamyumba rukoreramo bimaze kwangiza ibintu bifite agaciro ka miliyoni zirenga 700.
Abashinzwe gushyira mu bikorwa umushinga wo kuvoma gaz methane mu Kivu (Kivu Watt) mu karere ka Karongi baratangaza ko gaz itakibashije kuboneka mu ntangiriro za 2013 nk’uko byari byitezwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko iyo ibibazo by’intambara ibera mu burasirazuba bwa Kongo Kinshasa biterwa nawe cyangwa n’u Rwanda muri rusange, byari kuba byarakemutse kera cyane, kuko ngo atakwishimira ko umuturanyi ahorana ibibazo nka biriya.
Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen. Frank Mushyo Kamanzi, aravuga ko kwitoza ari umuco waranze ingabo z’u Rwanda (RDF) kuva kera, kugirango zibashe kunoza umurimo ndetse no kugera ku ntego bihaye.
U Buyapani ntibwigeze buhagarika inkunga ya miliyoni zisaga 30 z’amadolari ya Amerika zageneraga u Rwanda, ndetse bukaba bunateganya no kuyongera no gukomeza gufasha u Rwanda mu bikorwa by’iterambere n’ikoranabuhanga.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangaza ko muri iki gihe ntacyo yavuga kubyo bamwe mu baturage bamaze igihe bamusaba kuvugurura itegeko nshinga, kugirango bimuheshe ububasha bwo gutorerwa manda ya gatatu.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko bitarenze ukwezi kwa mbere umwaka wa 2013 abaturage baturiye ibirunga bakuwe muri nyakatsi ariko bakaba baba mu mazu adahomye, bagiye kwegerezwa itaka ryo guhoma amazu yabo.
Mu rwego rwo kureba aho imihigo igeze ishyirwa mu bikorwa muri uyu mwaka w’imihigo ya 2012-2013, ubuyobozi bw’umurenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza bwateguye igikorwa cyo kureba aho abakozi bawo bageze bashyira mu bikorwa ibyo biyemeje.
Nyuma y’aho wageraga mu mujyi wa Byumba ugasanganirwa n’ivumbi gusa ndetse ukabona ko umujyi waho utajyanye n’igihe tugezemo ubu akarere ka Gicumbi kari gutunganya imihanda ishyiramo kaburimbo bikazatwara akayabo ka miliyoni zirenga 199.
Babinyujije ku rubuga rwa Facebook, abantu benshi bavuga ko badashimishijwe n’ukuntu bakorerwa isakwa bagiye gusenga, abandi nabo bakavuga ko babona ari ngombwa bitewe n’impamvu z’umutekano.
Abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside bibumbiye muri AERG-KIST/KHI ishami rya Nyamishaba mu karere ka Karongi, tariki 19/01/2013, bizihije isabukuru y’imyaka 12 umuryango umaze ushinzwe.
Abaturage bitanze kurusha abandi ngo imihigo y’umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara igerweho bahawe certificat z’ishimwe, ndetse umunyamabanga nshingwabikorwa w’umudugudu wabaye uwa mbere ahabwa igikombe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwasuye inyubako z’ikigo nderabuzima cya Nyakiliba bwemeje ko izo nyubako zifite ubuziranenge bitandukanye n’ibyari byaravuzwe na Nyanama y’ako karere yari yaravuze ndetse igasaba ko rwiyemezamirimo wazubakaga ahagarika imirimo.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora, Prof. Kalisa Mbanda, yasabye inzego z’ubuyobozi zo mu Ntara y’amajyepfo gushyira imbaraga mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013 akazagenda neza kandi akanabera ahantu heza.
Mu karere ka Ruhango haje ubundi bucuruzi budasanzwe butuma abantu bibagirwa gukora indi mirimo n’abari bafite ingendo bakazihagarika bakabanza gucuruza. Ubwo bucuruzi busaba igishoro cy’amafaranga 100 gusa, bushobora gufasha ubwinjiyemo gukorera andi menshi.
Abakoporali babiri Mbananabenshi na mugenziwe Nzeyimana, baraye bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 18/01/2013. Batangaza ko bitari byoroshye gutahuka n’agato kubera ko FDLR izira kumva abantu batahutse.
Ubuzima bwongeye kugaruka nk’ibisanzwe mu duce twegereye umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, Nyuma y’imyigaragambyo yoroheje y’abatuye mu gice cya Uganda, biturutse ku rupfu y’urupfu rw’umugande watwikiwe mu modoka n’abagizi ba nabi.
Impunzi z’Abanyarwanda zari zaraheze muri Repubulika iharanira Demokaresi ya Congo zikomeje gutahuka mu Rwanda, aho ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 18/12/2013 abagera kuri 29 nabo bageze mu nkambi ya Nyagatare.
Guhabwa service mbi umuntu agaceceka no kudaharanira uburenganzira bwe no kudatanga amakuru ku babishinzwe kugira ngo utanze service mbi akurikiranwe, ni kimwe mu bituma hari ahantu hakirangwa serivisi mbi mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyambabuye buratangaza ko igikorwa cyo gusezeranye imiryango yabanaga bitemewe n’amategeko kibafasha kugabanya amakimbirane yo mu miryango.