Mukakarisa Immacule aravuga ko ubuzima bwe bukomeje kuba bubi bitewe n’abaganga bo mu bitaro bya Gitwe mu karere ka Ruhango bamurangaranye ari kunda akabyazwa atinze.
Mu gihe bitegura uruzinduko rwa Perezida Kagame tariki 16/01/2013, abaturage b’akarere ka Nyamasheke barishimira ibyo bagezeho haba ku bishingiye ku masezerano yijeje aka karere cyangwa se ku bikomoka ku cyerekezo yahaye igihugu muri rusange.
Umugore witwa Niwemugeni Mariette ukomoka mu mudugudu wa Nyamurema, akagari ka Kiyanza, umurenge wa Ntarabana mu karere ka Rulindo, avuga ko yabuze umwana w’umuhungu witwa Mugisha Dieudonne, ufite imyaka itandatu.
Abanyamuryango barenga ijana ba koperative “Imbaraga” ihinga ibigori mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma barasaba kurenganurwa bakagarurirwa indangamuntu zabo nyuma y’amezi ane zifungiranwe mu biro bya koperative kubera ubujura bw’ifumbire bakekwagaho.
Abakekwaho kugira uburwayi bwo mu mutwe 15 bo mu karere ka Rusizi bafashwe ku mugoroba wa tariki 14/01/2013kugira ngo babajyane kubavuza i Ndera.
Eng. William Ngabonziza ukora mu ishami rishinzwe imiturire muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) aragaragaza ko umwaka ushize Abanyarwanda benshi bishwe n’ibiza kubera ahanini gutura nabi.
Mwaramutse neza kandi mwiriwe mwese! Mpereye ku byo Rutayisire yari amaze kuvuga, nasanze nta ibahasha iri aho nari nicaye, ubwo yumvise ko ubwo mbyisabiye agiye kumpa ibahasha zigera nko kw’ijana kandi ndashaka imwe gusa, irampagije irajyamo ibyo nshoboye byose…
U Rwanda na Koreya y’Amajyepfo byiyemeje guhuza ijwi mu gukangurira ibindi bihugu kurinda ubuzima bw’abaturage mu gihe cy’intambara, biturutse ku bufatanye bisanzwe bifitanye n’uburyo byahuriye mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi.
Bamwe mu baturage bavuga ko abayobozi bo mu midugudu n’utugari mu karere ka Ngororero bakoresha ikimenyane na ruswa mu gutanga imfashanyo zigenerwa abatishoboye cyane cyane muri gahunda z’ubudehe no korozanya.
Bamwe mu bayobozi b’uturere tw’intara y’Amajyepfo baratangaza ko gahunda ya Leta yo guteza imbere ubwubatsi bw’amategura hari benshi buzagora kubera ko busaba byinshi mu gihe amabati yo ngo nta ngorane nyinshi.
Amatorero atandandukanye akorera mu Rwanda yateguye igiterane cy’iminsi 120 cyiswe “Humura Rwanda” cyari kigamije gusengera ibibazo u Rwanda rwari rumaze iminsi ruvugwaho birimo umutekano muke muri Congo.
Abayobozi batandukanye mu karere ka Rulindo bakomeje kugaragaza ubushake mu kurushaho kwegera abaturage batuye aka karere , babafasha kwishakamo ibisubizo ku bibazo bahura nabyo.
Abaturage bo mu mirenge ya Mushubati na Mukura yo mu karere ka Rutsiro mu mezi atatu ashize barakariye Abagande bakoraga umwuga wo kubaza mu murenge wa Mushubati bavuga ko muri bo harimo ababuza imvura kugwa.
Imirimo yo kubaba ikiraro cyo ku mupaka wa Rusizi ya mbere gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo igeze kure.
Ku mugoroba wo kuwa gatandatu tariki 12/01/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye abasenateri n’abadepite ba Reta zunze ubumwe z’Amerika (USA), baje kureba uko u Rwanda ruhagaze mu ishoramari, kugirango hongerwe ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bijyanye n’ubucuruzi.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Gaspard Byukusenge, yashimiye umugore witwa Philomene Mukarugambwa kubera ko yamubonye agenda n’amaguru ku musozi wabo kandi atahamumenyereye atazi n’uwo ari we, akamubaza ikimugenza.
Abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero barakemanga imikorere ya kompanyi ya African Tours isanzwe itwara abagenzi muri uwo muhanda, igihe izaba ariyo yonyine isigaye ihakorera, nkuko biherutse kwemezwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).
Urubyiruko rwo mu karere ka Kicukiro rwibumbiye mu ishyirahamwe rwise Transperency Green Africa, rwiyemeje guhangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’itangwa rya ruswa ruhereye mu karere rukomokamo.
Radio isango, imwe mu maradiyo akorera mu mujyi wa Kigali, yibasiwe n’inkongi y’umuriro utunguranye, watwitse ibikoresho bimwe mu bikoresho byifashishwa mu gusakaza amajwi byari muri Studio y’iri Radio.
Ikibazo cy’isuku mu hacururizwa ibyo kurya n’ahatangirwa serivisi mu bigo bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali, hagaragaje ko guhindura imyumvire bikibakomereye, kuko nyuma y’iminsi micye bihanangirijwe bigaragara ko nta kintu kinini cyahindutse mu byo bakora.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irasaba Abanyarwanda bose guhaguruka bakarwanya ibikorwa bibi by’ihohoterwa bikomeje gusenya imiryango kuko binyuranyije n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.
Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo bakaba bari mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi batangiye gufotorwa ngo bazahabwe indangamuntu mbere y’uko berekeza iyo bakomoka.
Umujyi wa Kigali urashakisha uburyo bunoze bwo gutuza abaturage bakomeje kwiyongera umunsi ku wundi, bazaba bavuye kuri miriyoni 1.3 mu w’2013, bakazaba babarirwa hagati ya miriyoni 3.8 kugeza kuri eshanu mu mwaka w’2040.
Kayijuka Concorde na Gatabazi Amani batahutse mu Rwanda tariki 11/01/2013 bavuye muri Kongo aho babaga mu mutwe wa Maï Maï ya Kutumba.
Abanyarwanda 72 bari barahungiye Congo 1994 harimo Abanywandakazi bari barashakanye n’Abanyekongo bageze mu Rwanda tariki 11/01/2013 bahungutse bavuga ko bahunze ibikorwa by’ihohoterwa bibera muri Congo.
Nsekuye Leonard uyobora akagari ka Gisa, mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho icyaha cyo gutonesha no kugendera ku marangamutima akangiza inzu y’umuturage avuga ko agiye gushyira mu bikorwa imyanzuro y’urubanza rutabaye.
Abayobozi bo mu karere ka Rulindo batangiye umwaka bahanga udushya tutaraboneka ahandi mu tundi turere aho buri mukozi w’akarere afite intego yo kuzamura nibura umuryango umwe mu miryango ikennye kurusha iyindi mu batuye aka karere.
Abaturage bo mu midugudu ya Rugali na Mataba yo mu kagari ka Mwendo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bishimiye ko tariki 09/01/2013 umuyobozi w’akarere yabasuye ku misozi batuyeho, mu gihe ngo nta wundi muyobozi w’akarere cyangwa se uwa komini wigeze ahagera kubera imiterere yaho.
Umuyobozi wa World Vision muri Zone y’Amajyaruguru, Muhashyi Aphrodice, avuga ko igikenewe muri iki gihe ari ugufasha abantu kwifasha aho kubaha inkunga zihita ntizigire n’icyo zibasigira.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yishimiye uburezi n’uburere bitangwa n’ishuri ryisumbuye rya Agahozo Shalom ry’i Rwamagana, rirererwamo impfubyi za Jenoside, aho yavuze ko ari ikirango cy’amateka mabi ya Jenoside, ariko rikaba n’icyizere cy’ejo hazaza heza.