Urwego rw’umuvunyi hamwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) bafatanyije n’akarere ka Rubavu gukemura ibibazo by’abaturage bituma bakora ingendo barusanga i Kigali ngo rubafashe kubicyemura.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 10 n’abandi bakozi bo mirenge n’utugari bahinduriwe imirenge bakoreragamo bajyanwa mu yindi mirenge kugira ngo barusheho gutanga umusaruro kurushaho.
Bamwe mu birukanwe muri Tanzania bagatuzwa mu murenge wa Nyange akarere ka Musanze, bishimira ko ubwo bageraga muri aka karere bakiriwe neza, bagahabwa ibyo kurya ndetse bakanatuzwa nk’abandi baturage, gusa ngo nta butaka bafite ngo bahinge.
Maniranzi Simeon, umwe mu barwanyi ba FDLR wabaga mu nkambi y’impunzi iri ahitwa Rubaya muri Masisi akaba yaratashye mu Rwanda avuga ko inkambi yarimo ibarizwamo abarwanyi 200 ba FDLR ariko badashaka gutaha kuko batunzwe no gucukura amabuye y’agaciro.
Abasikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique batabaye abaturage b’abayisilamu bari batewe n’imitwe y’urugomo y’abakirisito yitwa Anti-balaka ahitwa Miskine, mu majyaruguru y’umurwa mukuru w’icyo gihugu, Bangui.
Murebwayire Annoncee wo mu kagari ka Nyagatovu mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza avuga ko Gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yatumye asaba imbabazi umuryango w’umuntu yari yarashinje ibyaha by’ibihimbano mu nkiko Gacaca.
Abanyekongo barenga 2000 batuye mu mujyi wa Goma baza gushaka amazi meza mu Rwanda kubera ko badashobora kuyabona iwabo ku buryo buboroheye nk’uko bayabona mu Rwanda. Ngo ababona amazi hafi babona atari meza nkayo mu Rwanda kuko aba ari amazi y’ikivu.
Uruhinja rumaze ibyumweru bibiri ruvutse rwatoraguwe mu ishyamba riri mu murenge wa Byumba akagari ka Gacurabwenge umudugudu wa Rwasama rwabonye uzarurera akarubera umubyeyi.
Radiyo y’ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd isanzwe yumvikanira kuri internet (www.ktradio.rw) mu minsi ya vuba iraba yumvikana kuri FM mu bice bitandukanye by’umugi wa Kigali ndetse n’inkengero zawo.
Umugore witwa Gato Claudine wirukanwe muri Tanzaniya yageze mu karere ka Rusizi ayoberwa iwabo kuko yagiye muri icyo gihugu akiri muto cyane. Cyera ngo yumvaga ababyeyi be bavuga ko iwabo ari mu Rwanda ahitwa i Kamembe hafi y’ikibuga cy’indege.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita, aratangaza ko u Rwanda rusaba abari mu mutwe wa FDLR gushyira intwaro bagatahuka mu mahoro banyuze mu bigo bisubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero.
Hirya no hino mu mihanda yo mu gihugu usanga abanyamagare bakunda gufata ku makamyo ngo abakurure babashe kwihuta ahazamuka nyamara bishobora guteza impanuka zinyuranye.
Abantu bavaga mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi batashye mu Murenge wa Shyorongi, Akarere ka Rulindo barohamye muri Nyabarongo, abantu 7 baburiwa irengero, abandi 17 bajyanwa kwa muganga.
Mutarutinya Richard wahoze ari umurwanyi wa FDLR igice cya RUD araburira urubyiruko rujyanwa muri Congo kwitondera ibyo bajyanwa gukora kuko birimo gushyirwa mu gisirikare ku ngufu naho abakomoka mu Rwanda bakicwa bacyekwa nk’intasi.
Ikigo cy’itangazamakuru, Kigali Today Ltd, cyahembye abanyamakuru bo mu mashami atandukanye, ndetse hahembwa n’umukozi wagize uruhare runini mu kumenyekanisha ibikorwa bya Kigali Today mu mwaka wa 2013.
Mu nama bagiranye n’inzego z’umutekano kuri iki cyumweru tariki 09/02/2014, abanyamuryango 184 b’umuryango w’urubyiruko ruharanira iterambere rirambye ry’u Rwanda (RYOSD) bo mu mujyi wa Kigali biyemeje gufata iya mbere mu gufatanya na Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibiyobyabwenge.
Bamwe mu bagize itsinda ry’urubyiruko ryatabarije Abanyasomaliya igihe bari bugarijwe n’inzara, bashinze umuryango witwa RWANDA YOUTH ACTION NETWORK (RYAN) wo gufasha urubyiruko kwihangira imirimo, hamwe no kugira ibikorwa bitandukanye byo kwigirira icyizere, kubaka amahoro no kurengera ibidukikije.
MONUSCO itangaza ko mu barwanyi 31 yakiriye bavuye mu mitwe itandukanye harimo 19 ba FDLR. Ariko imibare yabo siko igezwa mu Rwanda, hakibazwa abataza mu Rwanda aho bashyirwa.
Imiryango 186 yakuwe muri "Ntuye nabi" no muri Nyakatsi , bakubakirwa umudugudu ahitwa Zihari mu kagali ka Muyira, mu murenge wa Kibilizi ho mu Karere ka Gisagara, batangirwa kubakirwa uturima tw’ igikoni n’abafatanyabikorwa b’aka karere mu rwego rwo kurwanya imirire mibi.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, abwira abaturage bo muri ako karere kwimakaza gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko ari yo izatuma Abanyarwanda biyunga mu buryo bwuzuye.
Abaturage bo mu duce twa Nshenyi na Kyarwehunde muri Ruhaama ho mu Karere ka Ntungamo mu gihugu cya Uganda, ngo barifuza ko bakwemererwa kuba Abanyarwanda kugirango bahabwe serivisi nziza zijyanye n’imibereho myiza yabo nkuko bagenzi babo bo mu Rwanda bazihabwa.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru aravuga ko bitewe n’imbaraga ziri gushyirwa muri gahunda ya Ndi Umunyarwanda mu ntara ayoboye, buri muturage muri iyi ntara azaba yaragezweho n’ubutumwa kuri Ndi Umunyarwanda bitarenze ukwezi kwa gatatu uyu mwaka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa n’umukozi ushinzwe iterambere bombi bo mu kagari ka Tetero mu murenge wa Kavumu mu karere ka Ngororero bafungiwe kuri polisi yo muri ako karere aho ubugenzacyaha bubakurikiranye ho kunyereza amafaranga ya Leta.
Ibigo bibiri bisanzwe bifite inshingano zo kubika ibitabo by’igihugu n’isomero ry’igihugu bigiye kugirwa ikigo kimwe, kugira ngo imikorere inoge, nk’uko Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali, yabitangarije abagize inteko ishingamategeko, umutwe wa Sena, kuri uyu wa Kane tariki 6/2/2014.
Tariki ya 29 Mutarama 2014, nibwo mu karere ka Gatsibo hatangijwe iyi gahunda mu kiciro cyayo cya ya kabiri ikaba iri kubera hirya no hino mu Mirenge igize Akarere ka Gatsibo, aho abaturage biyemeza gukomeza umuco wo kubana neza.
Nyuma y’aho Ministeri y’umutekano (MININTER) ifatiye icyemezo cyo guhagarika gukorera mu Rwanda, ikigo gicunga umutekano w’abantu n’ibintu cyitwa Fodey Security, mu kwezi k’Ugushyingo k’umwaka ushize wa 2013; abayobozi b’icyo kigo bavuze ko batunguwe kandi ko barengana.
Kuri uyu wa 06/02/2014, mu karere ka Rusizi habaye amatora yo kuzuza komite nyobozi y’akarere ka Rusizi yabanjirijwe n’umuhango wo kurahiza abajyanama rusange b’imirenge ya Nyakarenzo na Nkombo baherutse gutorwa ku tariki ya 03/02/2014.
Mu rwego rwo kumvikanisha gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yimakaza isano y’Ubunyarwanda ihuza Abanyarwanda bose, mu karere ka Nyamasheke hatangiye kuboneka “Imboni ya Ndi Umunyarwanda” mu midugudu, zikaba zigamije gukangurira abaturage ibyiza bya gahunda ya Ndi Umunyarwanda no kugira ngo abaturage bose bayigire iyabo.
Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bo mu bihugu by’u Burundi, u Rwanda na Congo Kinshasa biremyemo amatsinda ashobora kunganira mu buryo bukomeye inzira y’amahoro arambye muri aka karere kibiyaga bigari.
Guverineri ya Kivu y’amajyaruguru, Julien Paluku, yasabye inzego z’umutekano kujya zihana abaturage bafite ivangura bigatuma bahohotera Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma ndetse bakanahohotera Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.