Umuganda udasanzwe mu karere ka Kirehe wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 18/1/2014, mu kagari ka Ruhanga mu mudugudu wa Buhwaga, wakozwe n’abakozi batandukanye b’akarere ka Kirehe bahurije hamwe ingufu bagatangira gusana ivomo ry’amazi ryasenyutse.
Sergent Ntagara Cypien na premier soldat Nkomeje Francois bitandukanyije n’umutwe wa FDLR, bacumbikiwe mu nkambi ya Nyagatare, batangaza ko kuba mu mashyamba nta kamaro byabagejejeho ari na yo mpamvu bahisemo kugaruka mu gihugu cyabo.
Abayobozi bo mu karere ka Burera bari gufashwa gukangurira abo bayobora cyane cyane urubyiruko kwirinda virusi itera SIDA, kugira ngo urwo rubyiruko ruzakure rufite ubuzima buzira umuze maze rukore ruteza imbere u Rwanda.
Abanyeshuri n’abarezi bo mu kigo cyigisha imyuga cy’i Huye, IPRC-South, basobanuriwe icyo gahunda "Ndi Umunyarwanda"igamije, banabwirwa ko atari iyo guhatira Abantu gusaba imbabazi cyangwa kuzitanga, ubwo iyi gahunda yatangizwaga muri iki kigo kuri uyu wa Gatanu tariki 17/1/2014.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu bwaburiye abamotari ko kutubahiriza amategeko, gusuzugura inzego za Leta bakanga guhagarara iyo babisabwe n’abapolisi, hamwe no kugenda nabi bigateza impanuka; bishobora kuzatuma bahagarikwa gukorera mu mihanda y’umujyi wa Kigali.
Nyuma yaho RLDSF ihaye abaturage bo mu murenge wa Gikundamvura amafaranga miliyoni 40 yo gutunganya umuhanda wa Mpinga-Kizura ureshya na km 18 aba baturage bavuga ko ngo batamenye irengero ryayobagasaba ubuyobozi kubaha ibisobanuro.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali na Polisi y’igihugu bagiye gufatanya gukora no kugenzura uburyo ingo zibanye kandi zita ku mibereho n’iterambere, imikorere y’ibigo n’abantu mu gushimangira umutekano, hamwe n’ibikorwa byo kwita ku isuku no kurengera ibidukikije muri rusange.
Abayobozi bakomeye mu bigo bitandukanye byaba ibya Leta cyangwa ibyigengwa nibo baza ku isonga mu kwaka ruswa ishingiye ku gitsina, kandi ugasanga kubahana bidashoboka kuko akenshi baba bafite ubundi bushobozi bishingikirije.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane taliki 16/01/2014, indege ya gisirikare y’America (C17) yahagurukanye igice cya mbere cy’ingabo z’u Rwanda (RDF) zigiye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (CAR).
Abaturage b’akarere ka Kayonza barasabwa kugira umuco wo kumenyekanisha ahabereye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kuko ngo rigira uruhare runini mu kudindiza iterambere ry’umuryango ryabereyemo ndetse n’igihugu muri rusange.
Ubuyobozi bw’ishami ry’umuryango wabibumbye rishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika iharanira demokarasi muri Congo (MONUSCO) bwatangaje ko butazategura ibikorwa byo kurwanya FDLR nk’uko barwanyije M23.
Ubwo urwego rw’Umuvunyi rwahuguraga abayobozi mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke ku itegeko rijyanye n’imyitwarire y’abayobozi n’iryerekeranye n’itangwa ry’amakuru, abaturage basabwe bamenya aya mategeko bityo babe bagira uburenganzira bwo gutanga amakuru igihe aya mategeko atubahirijwe.
Uwari umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye (UN) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, Boutros-Ghali, arashinjwa kuba yarahishiriye ubutumwa bugufi yohererejwe n’uwari uyoboye ingabo za UN mu Rwanda buburira UN ko Leta y’icyo gihe yari gutegura Jenoside.
Umwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu karere ka Burera, witwa Kagenzi Godfrey, arasaba ubuyobozi bw’ako karere ko bwazamutuza ahahoze hitwa komini Kidaho ngo kuko ari ho ababyeyi be bavuka.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo za Amerika (Pentagon), Lt. Col. Rob Firman, yatangaje ko indege y’Amerika ariyo izakoreshwa mu kujyana ingabo z’u Rwanda muri Centre Afurika mu gikorwa cyo kugarura amahoro no kuyabungabunga.
Abanyarwanda bavuye muri Congo bavuga ko gutinda mu mushyamba ya Congo biva ku mpamvu zitandukanye ariko cyane iyo gutinya abayobozi bo muri FDLR kuko ngo abafashwe bashaka gutahuka bahanwa mu buryo bukomeye.
Nyirababiligi Marthe w’imyaka 42 ari kumwe n’abana be bane n’abandi babiri b’abavandimwe be bageze mu Karere ka Gakenke ku mugoroba wa tariki 14/01/2014 ngo bavuye mu Nkambi ya Kiyanzi, Akarere ka Kirehe n’amaguru bakaba bari bamaze ibyumweru bibiri mu nzira.
Ikamyo yari ihetse imizigo iyikuye Mombasa iyijyana ku ruganda rwa sima ruherereye mu Bugarama, yagwiriye umunyegare wari utwaye ibicuruzwa mu mujyi wa Butare ahita yitaba Imana.
Perezida Kagame yageze muri Angola kuri uyu wa 14/1/2014 aho yitabiriye inama ya 5 y’umuryango wa ICGLR izibanda ku mutekano n’amahoro mu karere hamwe n’ibikorwa by’iterambere; nkuko bitangazwa n’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda.
Itsinda ry’Abanyasenegali icyenda bakora mu bigo bishinzwe guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana, riri mu rugendoshuri mu Rwanda mu rwego rwo kwigira ku bunararibonye bwarwo mu gukumira no guhangana ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania bagatuzwa mu karere ka Rubavu bavuga ko mu gihe gito bageze muri aka karere bafite imibereho myiza iruta iyo bari basanganywe bakiri mu gihugu cya Tanzania.
Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza bemereye abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Karongi ko kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye gusanga ikibazo cy’imitungo cyarafatiwe ingamba zo gukemurwa ku buryo burambye.
Nyuma y’ibibazo byagaragaye hagati y’amakoperative y’abarobyi mu turere twa Nyamasheke na Rusizi, kuwa 13/01/2014 ubuyobozi bw’uturere twombi n’abarobyi ku mpande zombi bahuriye hamwe kugira ngo ibyo bibazo bivugutirwe umuti, bityo iterambere ry’umurobyi ribashe kugerwaho.
Isosiyete y’Itumanaho ya mbere muri Korea y’Amajyepfo “KT” yateguye umugoroba w’umwihariko ku banyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iki gihugu, hagamijwe gusangira ubunani n’abayobozi bakuru b’iyi Sosiyete.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) inafite amashyaka mu nshingano zayo yatangaje ko kuba ishyaka PS-Imberakuri ryifatanyije n’umutwe wa gisirikare wa FDLR, bidateze kubahesha uburenganzira bwo kwitwa ishyaka rikorera mu Rwanda.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT) nyuma y’igihe ikorera i Nyarutarama mu Karere ka Gasabo; kuva kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2013 yimukiye kuri Sopetrad hafi y’amahuriro y’imihanda muri Nyarugenge.
Nyuma yaho urwibutso rwa Nyarushishi mu karere ka Rusizi rukomeje kuvugwaho byinshi bijyanye no kuba rwarubatswe nabi, inama njyanama y’akarere ka Rusizi yateranye kuwa 11/01/2014, yemeje ko igiye gukurikirana amakosa yakozwe bagahita banayakosora mbere yuko hatangwa andi mafaranga yo gusubukura inyubako zarwo.
Kimwe n’utundi turere dutandukanye two mu gihugu, akarere ka Rutsiro na ko kiyemeje kudatererana Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, kakaba kakiriye imiryango 22 igizwe n’abantu 75 bagiye gutuzwa hirya no hino mu mirenge igize ako karere.
Nyuma y’aho urwego rw’umuvunyi rusabye minisiteri, ibigo bya Leta ndetse n’uturere gushyiraho umuntu uzajya atanga amakuru, abanyamakuru barinubira ko abayobozi babonye urwitwazo rwo kudatanga amakuru.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko guha agaciro u Rwanda Imana yaremye ari ko kugaha Imana; ko kubera iyo mpamvu nta muntu ukwiye gupfusha ubusa u Rwanda n’Ubunyarwanda, ahubwo akwiye “guhangana n’abafite imigambi yo kugambanira igihugu, ingaruka mbi zikagarukira kuri bo bonyine”.