Hategekimana Donacien utuye mu karere ka Ngoma, avuga ko ahangayikishijwe n’amazi aturuka aharunzwe ibitaka ubwo hasizwaga aho kubaka amazu mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) kuko nihatagira igikorwa azamusenyera inzu atuyemo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Rulindo biyemeje gutangira umwaka wa 2015 bafatanya kuzamuka mu iterambere ndetse no kugira umuco wo gukora no gutoza abanyamuryango bose gukora bakiteza imbere nta n’umwe usigaye inyuma.
Mu gihe Polisi ivuga ko mu mwaka wa 2015 nta mumotari ugomba gukora adafite uburenganzira bwo gutwara abagenzi butangwa na RURA, abo muri Koperative KAMOTRACO bahangayikishijwe n’uko batazakora kuko perezida wa Koperative yabo bamuhaye amafaranga ariko akaba atarabubagezaho.
Abatuye mu karere ka Ngororero barashimira abadepite ko babasura kenshi bakabagezaho ibibazo, ibyifuzo n’ibitekerezo byabo, ndetse nabo bakamenyeraho uko ababtoye babayeho mu bice bitandukanye by’ubuzima.
Leta y’u Rwanda imaze kwemeza ko ejo kuwa 31/12/2014 ari umunsi w’ikiruhuko ku bakorera mu nzego z’imirimo mu Rwanda bose; nk’uko bigaragara mu itangazo rya minisitiri ushinzwe abakozi ba Leta n’umurimo.
Umugore witwa Mukaruremesha Annonciatta wavugaga ko umugabo we yamucitse nyuma yo kugurisha isambu n’ibikoresho byo munzu ngo bimukire mu karere ka Nyabihu byatahuwe ko yabeshyaga nyuma yuko ubuyobozi bumenye ko aho yavugaga bari batuye hatabaho.
Raporo igaragaza ikibazo cy’ibibanza byatanzwe hatubahirijwe amategeko yakozwe n’abajyanama mu karere ka Rubavu kuri uyu wa kabiri taliki 30/12/2014 ntiyashoboye kuvugwa uko bikwiye nyuma y’uko umuyobozi w’akarere ka Rubavu Bahame Hassan ayibuzemo.
Mu biganiro byahuje abadepite bagize komisiyo y’imibereho myiza n’ubuzima bw’imyororokere n’abafite aho bahuriye n’imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyagatare, tariki 29/30/2014, byagaragaye ko ibibazo abana bahura nabyo biterwa n’ababyeyi bateshutse ku nshingano zabo zo kurera.
Ubwo abarwanyi 83 ba FDLR bishyikirizaga MONUSCO muri Kivu y’Amajyaruguru tariki 28/12/2014, abandi barwanyi 67 hamwe n’abo mu miryango yabo 184 bari muri Kivu y’Amajyepfo nabo bashyize intwaro hasi.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harelimana, yibukije urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ko umutekano w’igihugu ushingiye kuri bo kuko bafite inshingano zo kubikumira bitaraba bigisha bagenzi babo ndetse banatanga amakuru hakiri kare.
Mukaruremesha Annonciatta arashakisha umugabo we Uwineza Boniface babanaga mu karere ka Gisagara mu murenge wa Kibingo mu kagari ka Kavumu avuga ko yamucitse bamaze kugurisha umutungo wabo wose hagasigara inzu gusa.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu karere ka Gicumbi biyemeje ko bagiye gukora bashyira imbere inyungu z’umuturage banamufasha guhindura imyumvire kuburyo mu mwaka wa 2015 nta muturage wo muri aka karere uzaba ukiri munsi y’umurongo w’ubukene.
COMFORT INN GUEST HOUSE iherereye mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara yasangiye Noheli n’ubunani n’abatishoboye biganjemo inshike zarotse Jenoside yo muri mata 1994 batuye muri uyu murenge.
Bamwe mu banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bashimira Leta y’u Rwanda yabakiriye, ariko bakavuga ko bashimira byimazeyo uburyo abaturanyi babo babakiriye.
Imiryango itandukanye yo mu Karere ka Gisagara yabanaga itarasezeranye imbere y’amategeko ubu ikaba yarasezeranye, iratangaza ko byahinduye imibereho yari ifite cyane cyane ku bagiranaga amakimbirane.
Ubukangurambaga bucye ku baturage no gucibwa amande mu gihe umubyeyi yarengeje iminsi 15 atandikishije umwana, ni byo biri ku isonga mu gutuma ababyeyi batandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere mu karere ka Bugesera.
Abashofeli batwara imodoka na moto baratangaza ko mu masaha ya ninjoro babangamirwa cyane n’abatwara amagare baba badafite ibinyoteri by’inyuma ku magare yabo, akenshi bikabateza impanuka.
Ubwo yasuraga urubyiruko rugize umuryango ‘Umumararungu’ w’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi baba mu nzu yubatswe ku nkunga yavuye muri “One Dollar Campaign”, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yabijeje ko igihugu cyabo kibashyigikiye kandi kizakomeza kubarinda gusubira mu icuraburindi ryabagize impfubyi.
Gufata neza ibikorwa remezo begerezwa cyane imihanda no kongera ibyumba by’amashuli y’uburezi bw’ibanze niyo ntego abaturage b’akagali ka Nyagatare bafite mu bikorwa by’umuganda w’umwaka utaha.
Umuyobozi mushya w’akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen, yatangiranye imirimo ye igikorwa cy’umuganda yakoreye mu murenge wa Jali, aho afatanyije n’abaturage bakoze imirwanyasuri ifite uburebure bwa bwa hegitari 5,5 mu ishyamba rya Jali riherereye mu kagali ka Nyaburiba umudugudu wa Nyarurembo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yabakorera ubuvugizi ku kibazo cy’ibura ry’ishwagara muri ako karere.
Abagore babiri n’abana bane bavuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) bavuga ko nyuma yo kuva muri RDC babuze amikoro yo kubageza aho bakomoka.
Abanyamusanze banywa igipende bavuga ko bakunda kukinywa kuko ngo kibafata mu nda nk’abafashe amafunguro ya saa sita kandi gihendutse ugereranyije ibindi binyobwa, bityo bikabafasha gucunga amafaranga make binjiza bakuye mu biraka bakagira icyo basagurira imiryango yabo.
Umuyobozi wungirije w’inama njyanama y’Akarere ka Gatsibo, Kapiteni Atari Eliazal aravuga ko kwegura kw’abayobozi b’Akarere bidakwiye guca intege abaturage kuko nta gikuba cyacitse.
Abanyamakuru n’abayobozi b’akarere ka Muhanga baravuga ko muri uyu mwaka wa 2014 hagaragaye impunduka nziza mu mikoranire y’impande zombi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie ndetse n’Umuyobozi wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Mutiganda Francisca bamaze kwegura ku mirimo yabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Uhagaze François aravugwaho kugira ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Muhanga acukuramo ku nyungu ze bwite bikabangamira imikorere y’abandi bacukuzi.
Amakuru agera kuri Kigali today aravuga ko umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Ruboneza Ambroise n’umwungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Habarurema Isaie ndetse n’umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie two mu ntara y’i Burasirazuba baba beguye ku mirimo yabo nk’abayobozi b’uturere.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Gisagara biganjemo abacuruzi baravuga ko bakurikije uburyo nta mafaranga yagaragaye mu munsi mukuru wa Noheri, wagirango uyu mwaka nta yabaye.
Ubwo hizihizwaga umunsi mukuru wa Noheri, Kigali Today yanyarukiye hirya no hino mu mujyi wa Kigali yumva uko abatuye umurwa mukuru bakiriye uyu munsi ndetse n’uko biteguye gusoza umwaka wa 2014.