Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarirwa muri Batayo ya 3 (Rwanbatt3) mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye muri Repuburika ya Santarafurika (MINUSCA) ni zo zahawe inshingano zo kurinda Perezida w’iki gihugu, Faustin Archange Touadera, uherutse gutorwa.
Itsinda ry’abadepite bo muri Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo banenze kuba Akarere ka Karongi kageze ku kigero cya 51% mu gukoresha ingengo y’imari y’uyu mwaka.
Polisi y’u Rwanda yemeje amakuru y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa (gitifu) w’Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera, Nsengiyumva Charles, n’ushinzwe VUP, Nyecumi Jean Baptiste; bafunzwe bakurikiranweho kunyereza amafaranga agenewe abatishoboye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko Ministiri w’Uburinganire n’Abakuru b’Ingabo barahiye kuri uyu wa 29 Werurwe 2016, bazafasha mu gushaka umutekano w’Abanyarwanda n’akarere muri rusange.
Abahinga umuceri mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi baravuga ko kudafungurira abandi bashoramari isoko ngo byahombeje ubuhinzi bwabo.
Abadepite bagize komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’Igihugu basabye abakozi b’Akarere ka Nyanza kugendera kure ibyaha bya ruswa mu mirimo bashinzwe.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaepfo buributsa ababyeyi ko abana ataribo bagomba gutunga imiryango bavukamo, kuko bibaviramo kutabona uburere mu gihe bahugiye mu gushaka amafaranga.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo itangaza ko muri 2017 umujyi wa Kigali uzaba wihagije ku mazi meza kubera uruganda rushya rwa Nzove 2 rwatanshywe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa (gitifu) w’Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera n’ushinzwe VUP, batawe muri yombi bakurikiranweho kunyereza amafaranga agenewe abatishoboye.
Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi bo mu Mujyi wa Kigali, bashimiwe ubwitabire bagira mu muganda banasabwa kuzitabira ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buravuga ko hari abayobozi mu nzego z’ibanze bakoresha ikimenyane mu guhitamo abagomba kubakirwa batishoboye batuye mu manegeka.
Umushinga “Hand in Hand and Care Job creation” wakoreraga mu Ntara y’Iburasirazuba usize uhanze imirimo ibihumbi 99 na 500.
Abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga barasaba imiryango bakomokamo kurushaho kubafasha kugororoka no kuzasubira mu muryango nyarwanda bakagira icyo bimarira.
Abagize umuryango w’Abanyeshuri n’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 (AERG na GAERG) bagaruriye icyizere umusaza w’imyaka 86 wo mu Karere ka Nyanza, bamusanira inzu.
Perezida Kagame uri mu ruziduko mu Karere ka Rubavu, yifatanyije nabo mu gikorwa cy’umuganda ngarukakwezi mbere yo kuganira na bo.
Abaturage bimuwe muri Gishwati ubutaka bwabo bugakoreshwa mu gutunganya ishyamba rya Gishwati bongeye kusaba Perezida Kagame kubafasha bakabona ingurane z’imitungo yabo.
Ku isaha ya 11h30 nibwo Perezida Kagame yageze mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Mudende.
Mu cyumweru kimwe inka 20 harimo n’izatanzwe muri Girinka zafashwe zijyanywe kubagwa mu Karere ka Rubavu binyuranyije n’amategeko.
Jacqueline Kamanzi Masabo wagizwe umunyamabanga uhoraho muri Minsitieri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yatangaje ko, agiye kongera ingufu mu kurwanya ikibazo cy’abana bo mu muhanda.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Mukeshimana Gẻrardine, avuga ko umubare w’abana bafite imirire mibi uzaba wagabanutse bigaragara muri 2018 nk’uko biteganyijwe muri EDPRSII.
Perezida Kagame arasaba abaturage bo mu Karere ka Gakenke gukora neza kandi bakuzuzanya, kuko aribyo bizabafasha kurushaho kwiteza imbere.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aranenga Ikigo cy’Igihugu giteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kidakemura ibibazo by’imbuto nziza abahinzi bakeneye.
Perezida Paul Kagame aratangaza ko agiye guhangana n’abayobozi badashyira mu bikorwa inshingano zabo bikadindiza iterambere ry’abaturage.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ageze mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru aho agiye gusura abaturage b’aka karere no kuganira na bo.
Umunsi mpuzamahanga wahariwe iteganyagihe wizihijwe isi ishyushye ku rugero rurengeje degre 1°C, kuva mu gihe inganda zatangizwaga mu myaka 1880-1899.
Minisitiri wa Minisiteri yo Gucyura Impunzi no gukumira Ibiza, Mukantabana Seraphine, arasaba Plan International Rwanda kwita ku mwana, idasize abo mu muryango we bose.