Mukagatsinzi Charlott, Umwarimukazi muri TTC Matimba, arashimira Akarere ka Nyagatare n’abandi bamufashije kujya mu Buhinde kwivuza Kanseri.
Minisitiri w’Umurimo n’abakozi ba Leta, Uwizeye Judith, avuga ko ubushomeri bwagabanutse akurikije imibare y’ibarura (EICV) ryagaragaje ko bwavuye kuri 2,3% bugera 2%.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Malimba Papias Musafiri, arasaba Abanyarwanda bose kumva ko kwibuka amateka mabi ari inzira yo kubona imbaraga zo kubaka ah’abazaza.
Abanyarwanda 13 baraye bageze mu Rwanda bahunze ihohoterwa bakorerwaga mu gihugu cya Zambia, batashye imbokoboko kuko bambuwe ibyo bari batunze byose.
Impuguke zo mu gihugu cya Singapore ziratangaza ko gahunda yo gushyiraho imijyi izunganira Kigali, izafasha kugeza amahirwe y’iterambere ku Banyarwanda benshi ndetse n’ubukungu bukagera mu bice bitandukanye by’igihugu.
Bamwe mu Banyarwanda bahunze ihohoterwa bakorewe mu gihugu cya Zambia, bamaze kugera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki 24 Mata 2016.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yasobanuye akamaro ko gushyiraho abagishwanama (mentors) b’abakobwa barokotse Jenoside, akemeza ko hamaze gutanga umusaruro.
Abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’ingwa bari kwandikisha zibatera uburwayi.
Abaturage bo mu Kagari ka Kabuga mu Murenge wa Ngamba muri Kamonyi barinubira gukoresha amazi kubera imicungire mibi y’amariba y’amazi meza bafite.
Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi ba Leta, Uwizeye Judith araburira abakoresha abana batarageza imyaka y’ubukure kuko ngo binyuranyije n’amategeko.
Mu Karere ka Nyanza, m Murenge wa Busoro imvura imaze iminsi igwa muri iyi Mata 2016 imaze gusenyera imiryango 49.
Inzu 51 mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare zasenywe n’imvura ivanze n’umuyaga, 25 muzi zo zivaho ibisenge burundu, umwana umwe akomereka byoroheje.
Urwego rushinzwe kwigenzura kw’Itangazamakuru (RMC) na Polisi y’Igihugu, baravuga ko amahugurwa yahuje izo mpamde zombi azafasha kunoza imikoranire.
Abantu 6 bo mu Karere ka Nyabihu bamaze guhitanwa n’ibiza, amazu asaga 30 yarasenyutse mu gihe arenga 100 yugarijwe n’amazi, muri uku kwezi kwa Mata 2016.
Hetegekimana Michel uzungura Ngirira Matayo, yashyikirijwe ubutaka yari amaze imyaka 16 aburana, ashimira Perezida Kagame wamufashije gukemura iki kibazo.
Kuri uyu wa 20 Mata 2016 mu Karere ka Karongi, Umuryango Imbuto Foundation watangije ubukangurambaga bukangurira urubyiruko kwirinda inda z’imburagihe n’icyorezo cya Sida.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burasaba abanyamyuga bagikorera hirya no hino gusanga abandi mu Gakiriro ka Gahanga bitarenze tariki 22 Mata 2016.
Urugaga rw’Abagore mu muryago wa ICGLR rurasaba ko abagore bagira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kandi bagahabwa umwanya utuma binjiza amafaranga.
Abakozi bashinzwe imibereho myiza n’iterambere mu tugari tubiri tw’Umurenge wa Kavumu mu Karere ka Ngororero, bafunzwe bazira kwaka abaturage ruswa muri gahunda ya Girinka.
Imvura yaguye mu Karere ka Burera yateje umwuzure uhitana umwana w’umuhungu, wuzura mu kigo nderabuzima cya Rugarama unangiza imyaka y’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwahagurukiye kurangiza ikibazo cy’ubutaka bwa Ngirira buherereye mu murenge wa Mudende bumaze imyaka 20 bwaratujwemo abaturage.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly, kuri uyu wa Kabiri, tariki 19 Mata 2016, yasuye abana b’incuke biga mu mashuri ya “Peace and Hope Initiative” i Kinyinya, abaha amata ndetse yiyemeza kubakamishiriza mu gihe cy’umwaka wose.
Imvura yaguye mu ijoro ryo kuri uyu wa 18/Mata/ 016 i Musanze yateje umwuzure mu Murenge wa Gataraga inasenya amazu makumyabiri andi arangirika cyane.
Abaturage batuye hafi y’Isoko rya Nyamitaka bagombaga kwimurwa kubera ko begereye Ikivu, basaba kwemererwa gusana amazu yabo kuko hashize imyaka itatu batarahabwa ingurane.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwatangaje ko bugiye guhagurukira ibibazo by’inka bivugwa ko zapfuye n’izagurishijwe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Ndagijimana Alphonse wari ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Mirama ya mbere mu Karere ka Nyagatare, yaburiwe irengero nyuma yo gukekwaho ruswa.
Abasenateri bagize komisiyo ikurikirana ibikorwa by’ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), baravuga ko hagikenewe ubukangurambaga bwinshi ngo abaturage bamenye inyungu ziwurimo.
Nyuma y’uko umuryango utuye muri Kansi mu Karere ka Gisagara abyariye rimwe abana batatu b’impanga ugasaba ubufasha bwo kubarera, yahawe inka.
Abakora isuku mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) barinubira ko bamaze amezi atatu n’igice badahembwa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’abaturage, batabanje gutegereza ko bigera mu nzego zo hejuru.