Umuyobozi mu Kigo cy’u Rwanda gishinzwe gutera inkunga ibikorwa by’iterambere by’inzego z’ibanze (LODA),yavuze ko gutinda kwishyura abagenerwabikorwa ba VUP bigiye kurandurwa.
Ubushinwa bugiye kubakira u Rwanda inyubako nini izatwara miliyoni 26,5 z’amadolari ya Amerika, ikazaba irimo Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, izindi minisiteri n’ibigo bya Leta byakoreraga mu nzu z’inkodeshanyo.
Gahunda Akarere ka Ngoma katangije yiswe “Igiti cy’igisubizo” igamije korohereza abaturage bafite ibibazo, imaze gukemurira abarenga 500 bari bafite ibibazo.
Abatuye mu Murenge wa Manihira uri Rutsiro barinubira ko abayobozi babaka ruswa yiswe “ikiziriko” kugira ngo bahabwe inka za Girinka.
Umushinga uzwi nk’Indashyikirwa w’Umuryango Rwanda Women’s Network, urimo gufasha imiryango yo mu Karere ka Bugesera kurwanya ihohoterwa ryo mu ngo.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bushinwa, Zhang Dejiang, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.
Minisitiri w’Ibidukikije n’Umutungo Kamere, Dr Vincent Biruta, aravuga ko Abanyarwanda bataramenya gucunga neza amazi, bityo Leta ikaba yarashyize ingufu mu mishinga migari ijyanye no kuyabyaza umusaruro.
Munyanziza Piere Celestin n’umugore we Muragijemariya Primitive babayeho mu ntonganya mu gihe cy’imyaka 15, bongeye kumvikana kubera amahugurwa ya DUHAMIC ADRI.
Brig. Gen. Joseph Nzabamwita yagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rushinzwe iperereza n’Umutekano (NISS), asimbuye kuri uyu mwanya Lt. Gen. Karenzi Karake.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko u Rwanda rwishyize hamwe n’ibihugu bine ku isi, byiyemeza kuzaba byihagije mu biribwa muri 2025.
Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubushinwa (National People’s Congress), Zhang Dejiang, yasuye u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri, tariki 22 Werurwe 2016.
Akarere ka Rubavu kasheshe amasezerana kari gafitanye na rwiyemezamirimo ABBA Ltd wari wareguriwe Isoko rya Gisenyi kubera ko yari yararihawe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Bwa mbere mu mateka y’isi, indashyikirwa mu guharanira uburenganzira bwa muntu izashyikirizwa igihembo cyiswe “Prix Aurora Awards” gifite agaciro ka miliyoni 1US$.
Abacuruza resitora n’utubari bo mu Karere ka Gasabo baravuga ko kugira amabwiriza y’isuku akubiyemo ibisabwa n’ibihano ku batayubahiriza, ari byo byaca akajagari mu bihano bahabwaga.
Huye ni kamwe mu turere umunani tugize Intara y’amajyepfo. Gafite ubuso ubuso bwa kirometero kare 581,5 kakagira Imirenge 14, utugari77 n’imidugudu 509.
Lt Col Nzeyimana Fulgence wakoraga mu buyobozi bwa FDLR avuga ko amakuru atangwa muri FDLR atandukanye n’ukuri ku ibibera mu Rwanda.
Mwiseneza Fidele wari watorewe kuba Umujyanama Rusange mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro yasezeye kuba umwe mu bagize Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro atanamaze ukwezi arahiye.
Abibumbiye mu Muryango Mpuzamahanga w’Ubuziranenge (ISO) basanga kudahuza amabwiriza y’ubuziranenge bizitira iterambere rya bimwe mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
Abatuye Umurenge wa Mutuntu muri Karongi, bakoresha ibihumbi 20Frw kuri moto, kugira ngo bagere ku biro by’akarere kuko nta modoka ihagera.
Dr Rose Mukankomeje uyobora Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ibidukikije (REMA) yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda, akurikiranyweho gukingira ikibaba abari abayobozi b’Akarere ka Rutsiro bakekwaho ruswa.
Iyo umukozi wo mu rugo afashwe nabi bimutera ingeso mbi zirimo kwiba, kwangiza ibyo mu rugo no kureka akazi atunguranye.
Bamwe baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kumenya gutegura ingengo y’imari y’ingo zabo bibarinda gusesagura.
Imiryango ihuza abanyeshuri n’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 (AERG & GAERG), iravuga ko ibikorwa barimo by’ubwitange, bigamije gushimira ababareze bakabakuza.
Mu nama ya mbere yahuje Abanyarwandakazi baba muri Diaspora ya Amerika, Madamu Jeannette Kagame yabasabye kurushaho gutekereza ku iterambere ry’u Rwanda bakomokamo no gusigasira umurage warwo.
Njyanama y’Akarere ka Gakenke iravuga ko igiye kumanuka ikegera abaturage kuko bizatuma barushaho kumenya ibibakorerwa, n’abajyanama bakamenya ibyo abaturage bakeneye.
Minisitiri w ‘Umuco na Siporo uwacu Julienne arasaba Intwari z’i Nyange zikiriho gukomeza guhesha ishema igihugu zitsinda ibigeragezo nk’uko zabigenje mu 1997.
Ni mu nteko rusange idasanzwe y’Umuryango FPR-Inkotanyi yateranye ku wa 18/03/2016 ubwo hatorwaga Kayiranga Emmanuel
Depite Mutesi Anita ni we watorewe kuyobora ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko ( FFRP) muri manda y’ imyaka ibiri n’igice iri imbere.
Abatuye mu Mudugudu wa Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi i Rwamagana ngo ikiraro rusange bororeramo cyabakemuriye ibibazo by’ifumbire no guteka.
Umuryango World Relief wahaye abaturage bo mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera ibikoresho bibafasha kuyungurura amazi.