Imwe mu mbogamizi zituma ikibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kitarangira, ni uko hari abahohoterwa batabivuga babitewe no kutamenya cyangwa gutinya.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi basaba komite nshya gukosora no kuzuza ibitarakozwe neza na komite icyuye igihe.
Inama Njyanama nshya y’Akarere ka Rutsiro yasabye ubuyobozi bw’akarere kugaruza amafaranga ya VUP yanyerejwe.
Impuguke mu gucunga ibirunga zirabuza abaturage babituriye kutanywa no kudatekesha amazi y’imvura kuko Nyiragongo itanga ibimenyetso byo kuruka.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyabihu barakinangira gusezerana imbere y’amategeko, ariko hakaba n’abandi babifata nk’umucu ukwiye gucika.
Abafashisha amaraso barahamagarira abatabikora kubikora kuko gutanga gutanga amaraso ku bushake ari igikorwa cy’ubutwari buri wese yakora agize ubushake.
Imiryango 19 itegamiye kuri Leta yahawe inkunga y’amafaranga irimo kongererwa ubushobozi kugira ngo bizayifafashe kuyikoresha neza.
Abakecuru n’abasaza bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi bahabwa inkunga y’ingoboka, kuri uyu wa 17 Werurwe 2016, bashyikirijwe imodoka bemerewe na Perezida Kagame ubwo aherutse kugenderera Akarere ka Rusizi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’inzego zishinzwe umutekano baraburira aba DASSO ko gukora nabi bishobora kubaviramo ibyago byo kugawa no kwirukanwa.
Abasirikare bo mu cyiciro cya nyuma cy’abagize Batayo ya 51 bageze i Kigali bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.
Abarokotse Jenoside batishoboye n’abandi baturage batishoboye basaba ko ibijyanye no gusorera ubutaka muri Mukamira byakwiganwa ubushishozi.
Umuryango w’Abanyeshuri Barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 (AERG) wamuritse filime mbarankuru yerekana amateka yawo kuva washingwa kugeza ubu.
Urubyiruko rwihangiye imirimo “Young Entrepreneurs”, rurakangurirwa guhuza imbaraga, rwitabira ihuriro ryarushyiriweho ryiswe “ Chamber of young Entrepreneurs”.
Ku gicamunsi cyo ku wa 16 Werurwe 2016, mu Karere ka Kirehe, imvura ivanze n’umuyaga yasenyeye imiryango 38 yiganjemo iyo mu Mudugudu w’abirukanwe muri Tanzaniya inangiza ibyumba by’ishuri rya St Anastase.
Sosiyete sivile isanga umuturage ataragira uruhare rusesuye mu bimukorerwa, byagira ingaruka ku ishyirwamubikorwa ry’imwe mu mihigo aba agomba kugiramo uruhare.
Leta y’u Rwanda ngo yafashe icyemezo cyo kutazongera kugurira hanze ibikoresho bikenerwa kandi hari ibikorerwa mu Rwanda bisa na byo.
Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD/AfDB) yahaye u Rwanda inguzanyo igera kuri miliyari 17,5Frw yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi III.
Abinjiye bushya mu rwego rwa DASSO mu Karere ka Rulindo, basabwe kurangwa n’ikinyabupfura kugira ngo basohoze inshingano zo kunganira akarere, bacunga umutekano.
U Rwanda rugiye kohereza abaruhagarariye mu myitozo ya gisirikare yo mu bihugu by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) izabera muri Kenya kuva tariki 20 Werurwe kugeza tariki 4 Mata 2016.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga barifuza ko igiciro baguraho ibyuma bitanga ingufu za Mobisol byagabanyuka.
Ubuyobozi bwa REG sitasiyo ya Nyagatare burihanganisha abishyuye ifatabuguzi ry’umuriro ntibawuhabwe kuko ngo byatewe n’ibura rya cash power.
Umuryango ‘Rwanda Women’s Network (RWN)’ watangije umushinga witwa ‘Indashyikirwa’ uzafasha abagore gusobanukirwa ihohoterwa ribakorerwa no kurirwanya kuko hari abarikorerwa ntibabimenye.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke basabwe gutinyuka bakarwanya ikibi uko cyaba kimeze kose bagamije kwimakaza umuco w’amahoro no gukumira jenoside.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Musoni James, arakangurira inganda za sima zo mu Rwanda n’izo mu karere kongera ubushobozi kuko hari isoko rinini.
Abaturage bahawe akazi mu kubagara ibyayi mu Murenge wa Buruhukiro n’abubatse uruganda rutunganya icyayi rwa Mushubi, bamaze imyaka itatu batarahembwa.
Mu Kagari ka Kiniha, Umurenge wa Bwishyura, Akarere ka Karongi, umugabo witwa Harerimana Deny yasanzwe mu bwanikiro bw’ibigori yapfuye.
Abatuye mu midugudu y’icyitegererezo ya Ntebe na Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi muri Rwamagana bavuga ko kuyituzwamo byabavanye mu bwigunge.
Inama Nyafurika mu by’ubukungu iteraniye i Kigali kuva none, tariki 14 Werurwe 2016, irafata imyanzuro irimo uwo guhesha agaciro ibikomoka kuri uyu mugabane, no guteza imbere ubuhahirane.
Imvura irimo umuyaga n’inkuba yahitanye umuntu, isenya amazu 11 y’abaturage n’ibiro bya kamwe mu tugari two mu Karere ka Karongi.