Three Hills igizwe na Eric Mucyo, Jackson Kalimba na Irakoze Hope barisegura ku bakunzi babo bari barababuze babizeza ko bitazasubira.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke burasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge kujya babwiza ukuri abaturage ku bibakorerwa, kugira ngo birinde ko babashinja kubabeshya.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bo mu Karere ka Kamonyi basanga kutagira amashanyarazi bitubya umusaruro kuko bituma badakoresha ikoranabuhanga ngo ryihutisha imirimo.
Perezida Kagame yatangaje ko nubwo ruswa idateze gucika burundu mu bantu, ariko idakwiye kwihanganirwa yaba ku bayitanga n’abayihabwa.
Akarere ka Gasabo gatangaza ko ibikorwa by’abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG) n’abakuru barangije kwiga (GAERG), ngo bigaragaza ishusho nyayo y’uko Igihugu cyibohoye.
Nyampinga w’u Rwanda 2016, Umutesi Jolly yishyuriye abatishoboye 1000 bo mu Karere ka Karongi ubwisungane mu kwivuza.
Perezida Kagame yasabye abayobozi bo mu Rwanda kutihanganira umuco wo kunanirwa kuzuza inshingano, ahubwo bagaharanira guhindura ibitagenda neza.
Nyirubutungane Papa Francis yagize Padiri Anaclet Mwumvaneza, umushumba wa Diyosezi ya Nyundo mu Ntara y’Iburengerazuba.
Urwunge rw’Amashuri “Fawe Girls School” ruri ku Gisozi muri Gasabo, rusanga kuba inyubako nyinshi zarwo zitagerekeranije, bituma ubutaka budacungwa neza.
Umuryango Never Again Rwanda (NAR) watangije itsinda ry’ibiganiro i Fumbwe mu Karere ka Rwamagana rigamije gufasha abaturage kurushaho gushyikirana n’abayobozi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru arasaba aba-DASSO bo mu karere ka Burera kutishongora ku muturage ngo bamuhohotere kandi ariwe bakesha umurimo bakora.
Muri raporo Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu 2014-2015 yagejeje ku badepite, byagaragaye ko kurangiza imanza biza ku isonga mu bibazo bibangamiye abaturage.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, yashimiye abaturage b’i Musambira ko bamutoye, na bo bamusaba kuzabaha ibyo yabijeje.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abangirijwe ibyabo mu bikorwa by’ahazanyura umuhanda Pfunda-Karongi kubabarurira ibyangijwe bakishyurwa.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana ngo inteko rusange bakoze yabaharuriye inzira igana ku iterambere.
Abanyarwanda 104 babaga mu mashyamba ya Congo kuri uyu wa 10 Werurwe 2016 bageze mu Karere ka Rusuzi batashye.
Umwiherero ngarukamwaka w’abayobozi bakuru b’u Rwanda uzongera kubera mu Ishuri rya Gisirikare rya Gabiro, mu Karere ka Gatsibo, kuva tariki 12-14 Werurwe 2016; uzibanda ku guteza imbere ibikomoka mu Rwanda.
Abunzi bo mu Karere ka Gakenke baratangaza ko telefone bahawe n’umukuru w’igihugu Kagame Paul zigiye kubafasha kunoza akazi.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi ntibavuga rumwe mu kuvugurura itegeko rihana abacanye inyuma, kuko basanga bizarushaho gusenya ingo.
Abagore bafite ubumuga baravuga ko aho igihe kigeze, ntawe ukwiye gutega amaboko asabiriza ngo aramuke kuko ari igisebo.
Inzu y’ibyumba bitandatu ya Mukamahirane Théodosie wo mu Kagari ka Nyabikokora Umurenge wa Kirehe yafashwe n’inkongi y’umuriro ibyarimo byose birashya ntihagira ikirokoka.
Akarere ka Ngoma kahaye abafite ubumuga 65 batishoboye insimburangingo n’inyunganirangingo, zifite agaciro k’amafaranga miliyoni icyenda ngo babashe gukora biteze imbere.
Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Nyamagabe, Marie Therese Nyirantagorama, yasabye ko hajyaho isaha mu mashuri yo gutoza umukobwa kuzavamo umubyeyi ukwiye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uri mu gihugu cya Guinea-Conakry guhera tariki 8 Werurwe, ategerejweho kugirana amasezerano na Perezida Alpha Conde wa Guinea; arimo guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere.
Umugore wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yasabye abagore gukoresha ububasha n’imbaraga bahawe mu kuzamura iterambere ry’abagore, by’umwihariko abakiri inyuma mu bikorwa by’iterambere n’abakitinya.
Mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo, ku Munsi Mpuzamahanga w’Umugore, imiryango 200 yaseranye kubana byemewe n’amategeko ikazarambana akaramata.
Baranyeretse John, umugabo w’umubaji utuye mu Murenge wa Mukamira w’Akarere ka Nyabihu, avuga ko umugabo ukunda umugore akamuha agaciro, aba yihesheje ishema n’icyubahiro.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko mu ngo nke ari ho hatarashinga ihame ry’uburinganire.
Perezida Paul Kagame yambitswe umudari w’icyubahiro uruta indi muri Guinea Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
Ubuyapani bwahaye u Rwanda inkunga ingana na miliyoni 18.4 z’amadorari y’Amerika azarufasha kongera amashanyarazi mu gace kahariwe inganda kari i Masoro mu Mujyi wa Kigali.