Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko bwongereye ingamba zo gukumira ibiza zirimo gutunganya imihanda no gusana amazu nyuma y’aho imvura ikaze itwaye ubuzima bw’abantu ikanangiza byinshi muri uyu mujyi.
Umurambo wa Nyakwigendera Jacques Bihozagara wiciwe i Burundi wagejejwe mu Rwanda, nyuma y’amananiza iki gihugu cyari cyashyize ku muryango we wifuzaga kumucyura.
Itsinda ry’abanyeshuri, abarimu n’abayobozi bagize Kaminuza ya Gisirikare ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, rimaze iminsi risura u Rwanda.
Bamwe mu bana bajya mu muhanda baravuga ko babiterwa no kutumvikana kw’ababyeyi babo, bigatuma bayijyamo kuko ari ho babonera amahoro.
Abatuye ku buryo bwa Peyizana (Paysanat) mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, bavuga kwegerana byabahaye umutekano n’iterambere.
Guverinoma y’u Burundi kuri uyu wa 4 Mata 2015 yashyize yemera kurekura umurambo wa Amb. Jacques Bihozagara ngo uzanwe gushyingurwa mu Rwanda.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), rutangaza ko ruzagira uruhare rugaragara mu bikorwa ngarukamwaka byo kwita izina abana b’ingagi.
Abanyamuryango ba AERG & GAERG barashimira igihugu ubumenyi cyabahaye kuko mu gihe abandi bigishwa n’imitungo y’ababyeyi, bo bigishijwe n’igihugu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi Byoherezwa mu Mahanga (NAEB), cyafashe toni 10 za kawa yari ijyanwe Uganda idafite ibyangombwa bitangwa n’iki kigo.
Ubuyobozi bushya bwa FPR Inkotanyi mu Karere ka Ngoma bwiyemeje guca uburiganya buvugwa muri gahunda za Leta zigenewe gufasha abatishoboye.
Mu myaka 11, Umuryango Imbuto Foundation umaze utangiye, abakobwa ibihumbi 4 na 455 bashimiwe gutsinda neza amasomo yabo mu byiciro by’amashuri bitandukanye.
Mu rwego rwo gusoza ibikorwa byahariwe ukwezi k’umugore, muri Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventiste ya Kigali (UNILAK), batashye ku mugaragaro icyumba cy’abakobwa.
Abanyafurika barasabwa kubakira ku mitekerereze ya “Kinyafurika” kugira ngo babashe kugera ku iterambere nyaryo ribabereye aho guhora bashingira ibitekerezo ku by’abazungu.
Bamwe mu bari mu bikorwa by’itorero ry’abanyeshuri baratangaza ko bibafasha gutuma bazabasha kwibeshaho mu minsi iri imbere.
Minisitiri w’Ubutaber,a Busingye Johnson, aratangaza ko ababyeyi bareka abana bakajya kuba ku mihanda bagiye kuzajya bakurikiranwa mu mategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko bwihaye ukwezi ngo bugaruze amafaranga agera kuri miliyoni 200 yanyerejwe muri gahunda ya VUP.
Abagore bafungiye muri gereza y’abagore ya Ngoma barashima uburenganzira bahabwa ko bubafasha kugororoka neza no kuzasubira mu muryango Nyarwanda ari ingirakamaro.
Abajyanama b’uturere n’Umujyi wa Kigali baributswa ko gutera imbere hakoreshejwe gusaranganya ibyiza by’igihugu ari byo bigira akamaro mu iterambere ryacyo n’abagituye.
Perezida Paul Kagame yibukije ko amahugurwa y’abayobozi ku nzego zitandukanye ari ngombwa kugira ngo buri wese abashe kuzuza insingano yahawe.
Umuryango Mustartd Seed Institute ufatanyije na Rwanda Youth Action Network,batangije urubuga rw’ibiganiro rwiswe “Kigali Business Roundtable” ruhuza ba rwiyemezamirimo, bakungurana ibitekerezo, bagasangira ubunararibonye n’amakuru yabafasha kwiteza imbere.
Perezida Kagame arasaba abayobozi kwihana amakosa bakora bagashishikariza abaturage gukora cyane aho guhindukira ngo barye n’ibyo bagenerwa.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aranenga abayobozi bagize akamenyero gukora amakosa bakarangwa n’ibirarane by’ibibazo bidakemuka kandi nyamara bahora babiganiraho.
Itorero ry’abayobozi ry’abagize Inama Njyanama z’uturere n’Umugi wa Kigali basimo gusoza, kuri uyu wa 31 Werurwe 2016 itorereo ry’ibyumweru bibiri bagiriraga i Gabiro biyemeje gukosora ibyakorwaga nabi.
Abanyeshuri bize mu kigo cy’ubumenyi ngiro VTC/Bumba muri Rutsiro batangaza ko ubumenyi bahawe bwabafashije kurwanya ubushomeri babona akazi.
Aborozi bo mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bashyiriwe amazi mu nzuri, barasabwa kuyabungabunga kugira ngo azarambe yongere n’umukamo.
Abatepite bo muri Côte d’Ivoire bari mu ruzinduko mu Rwanda bavuga ko bagiye gukorera ubuvugizi n’iwabo abagore bakiyongera mu nzego zifata ibyemezo.
Bamwe mu baahutse bavuye mu mashyamba ya Congo bavuga ko gutoroka FDLR bashaka gutahuka bisaba gutekereza cyane kuko utigengesereye wahasiga ubuzima.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge itatu, abashinzwe VUP n’abaturage; bose hamwe bagera kuri 14 mu Ntara y’Iburasirazuba, bamaze gutabwa muri yombi bazira kunyereza amafaranga yari agenewe gufasha abatishoboye.
Umuryango Imbuto Fondation wongeye gutanga ibihembo ku bana b’abakobwa bahize abandi mu mitsindire y’amasomo, ubasaba kwirinda gutwara inda zitateganijwe.
Mu gihe abaturage batangaza ko mu bucukuzi bw’umucanga bakuramo amafaranga, ubuyobozi bw’umurenge bwo bubabuza kubukora kuko ngo bukorwa mu kajagari bukangiza ibidukikije.