Abaturage batuye mu midudgudu ya Ninzi na Rugabano mu Murenge wa Kagano muri Nyamasheke barasaba guhabwa ingurane nyuma yo kwangirizwa ibyabo hakorwa imihanda.
Kigali Today Ltd yongeye guhugura abanyamakuru n’abandi bifuza kuba abanyamwuga mu gufata amafoto, amahugurwa iteguye ku nshuro ya gatatu.
Abikorera ngo bagiye gushyiraho uburyo abarimu babona ibyo bakeneye mu buryo bwo kubakopa bakabyishyura mu byiciro binyuze mu mabanki bahemberwamo.
Brig Gen Mujyambere Leopord wari wungirije Mudacumura ku buyobozi bwa FDLR, wafatiwe Goma, yari umwe mu bahanga uyu mutwe wagenderagaho.
Mu gihe mu nkambi y’abarundi ya Mahama hakomeje kugaragara umubare munini w’urubyiruko rutwita inda zidateguwe, hashinzwe ikigo kizigisha ubuzima bw’imyororokere ku ngimbi n’abangavu.
Brig Gen Mujyambere Leopord uzwi nka Ashile yafatiwe Goma n’inzego z’umutekano ajyanwa Kinshasa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwashimiye abaturage b’Umurenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza ku bufatanye bagaragaje bwatumye umuntu washakaga guhungabanya umutekano akoresheje imbunda ahasiga ubuzima.
Umuyobozi mushya w’Umuryango FPR - Inkotanyi mu Karere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerence, yijeje abanyamuryango ko agomba guhangana n’ibibazo byugarije akarere birimo gusubiza abana mu ishuri no kurwanya ikibazo cy’imirire mibi.
Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi ku isi rigiye gukora ivugabutumwa mu turere 30 tw’u Rwanda rigamije gukangurira abaturage kugarukira Imana, bumvira amategeko yayo n’ay’igihugu.
Abatuye mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi bamaze imyaka ine bishyuza akarere ibyabo byangijwe ahanyujijwe ibikorwa remezo.
Rwabuhihi Pascal, Uumunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musaza ni we wahize abandi mu bakozi basaga 250 b’Akarere ka Kirehe ahabwa ishimwe.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko gukora igenamigambi abo rireba bose batabigizemo uruhare bigorana kurishyira mu bikorwa.
Mu muganda abayobozi b’akarere bahuriyemo n’abaturage b’Akagari ka Ruyenzi tariki 30 Mata 2016, bagejejweho ikibazo cy’imihanda yo mu Murenge wa Runda ikeneye gukorwa.
Umuyobozi w’Ishuri Ryisumbuye rya Ruhanga mu karere Ka Gasabo, Rubaduka Eugène, avuga ko ibikorwa abana bagizemo uruhare barushaho kubirinda icyabyangiza.
Abatuye mu Karere ka Kayonza batangaza ko bishimiye gukorana umuganda na Perezida Kagame, kuko byabagaragarije ko aba abitayeho.
Nk’uko mubimenyereye buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi Kigali Today ibakurikiranira igikorwa cy’umuganda ngarukakwezi. By’umwihariko uku kwezi Perezida Kagame yifatanyije n’abatuye Akarere ka Kayonza muri iki gikorwa.
Ambasade ya Afurika y’Epfo mu Rwanda yizihije isabukuru y’imyaka 22 icyo gihugu kimaze kivuye mu ivangura ryiswe Apartheid.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare bari bazindukiye i Matimba kwakira Perezida Kagame bavuga ko babajwe n’uko imvura yababereye imbogamizi yo kumubona.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yababajwe n’urubyiruko rwahawe akazi mu Murenge wa Nasho rukanga kugakora ngo ni mu cyaro.
Perezida wa Repubulika Perezida Paul Kagame arasaba abagabo bose guhaguruka bagashyigikira iterambere ry’umugore, kuko iterabere rihamye ritagerwaho umugore agihezwa.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame arasaba Abanyarwanda gushyigikira iterambere ry’abagore kuko nta terambere rishoboka umugore atarigizemo uruhare.
Perezida Paul Kagame amaze kugera mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma, aho yari ategerejwe n’ibihumbi by’abaturage, bari bakereye uruzinduko agirira muri aka karere.
Justus Kangwagye na Hassan Bahame, bahoze ari abayobozi b’uturere, bagaruwe muri Leta n’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa kane tariki 27 Mata 2016.
Abana bagera kuri 200 bo mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Rusizi bari barataye amashuri, kubera impamvu zitandukanye bajyanywe kwiga imyuga.
Abanyasudani y’Amajyepfo bari mu ruzinduko mu Rwanda basuye Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge bashima imikorere yacyo kuko ngo irimo ubuhanga.
Inama nkuru y’itangazamakuru igaragaza ko kudatera imbere biterwa no kutagira igenamigambi rihamye, aho hari ba nyir’ibitangazamakuru badashyiraho umurongo uhamye w’imivungire yabyo.
Bamwe mu baturage bari bafite amazu ahubatswe Isoko rya Nyagatare barashinja akarere kutubahiriza amasezerano ku mwenda kabamazemo imyaka ine.
Umuhanda wa kaburimbo Mukamira - Ngororero ubu si nyabagendwa nyuma y’aho nyuma y’aho inkangu iwutengukiyemo ikawufunga mu gice giherereye mu Kagari ka Nyundo k’Umurenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu.
Ishyaka rya Gikomunisite ry’Ubushinwa (CPC) ryashimangiye ko umubano mwiza rifitanye n’Ishyaka FPR Inkotanyi ryo mu Rwanda, uzakomeza gutera imbere kandi ryishimira intambwe y’iterambere u Rwanda rurimo mu miyoborere ya FPR.