Abakozi batandatu b’utugari tugize Akarere ka Kamonyi basezeye ku kazi, nyuma y’inzu zubatswe mu kajagari mu gihe cy’amatora ariko zikaza gusenywa.
Itsinda ry’abanyeshuri 20 b’Abanyamerika, ryaje mu Rwanda gusobanuza imfungwa zikora imirimo nsimburagifungo(TIG), uko zageze ku butabera bwunga mu gihugu cyazo.
Perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda batanze ubuzima kugira ngo urugamba rwo kubohora u Rwanda rugere ku ntsinzi, abizeza ko ubuzima bwabo butagendeye ubusa.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda uri mu rugendo mu Burayi yaganiriye na Ambassaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar ku buryo ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) byagera muri icyo gihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye guhana abatishyura mitiweri ku bushake n’ababagandisha.
Karere ni umupira wabaga ukozwe mu mashashi azirikishije ibirere cyangwa mushipiri. Ubajije benshi mu rubyiruko ndetse na bamwe mu bagabo b’ibikwerere, wasanga abatarakinnye uwo mupira wakinirwaga cyane mu muhanda, ari mbarwa.
Ibirego bya David Himbara byagaragaye ko ari nta shingiro bifite nyuma y’uko bari bishyuye asaga miliyoni 370Frw ngo bahabwe umwanya wo kurega u Rwanda kuri Kongere ya Amerika.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza n’impunzi De Bonheur Jeanne d’Arc arasaba abaturage kwirinda ibiza mu gihe bubaka bakibuka kuzirika ibisenge by’inzu zabo.
Kigali Today, mu gushakisha ukuri nyako, yakomeje iperereza ryimbitse ku nkuru yari yanditswe ku wa 31 Kamena yavugaga ko Théophile Ndagijimana – Animateur w’ikigo cy’amashuri cy’i Kansi (Groupe Scolaire Saint François d’Assise) yaba akorana imibonano mpuzabitsina na bamwe mu banyeshuri b’abahungu.
Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu no kugarura amahoro mu Banyarwanda, ingabo z’u Rwanda zatangiye ibikorwa byo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Igisirikare cy’u Rwanda cyohereje ingabo 140 n’imodoka z’intambara muri Centrafurika, mu gikorwa cyo kunganira izihasanzwe mu kubungabunga amahoro.
Tribert Ayabatwa Rujugiro, umuherwe w’Umunyarwanda yishyuye ibumbi 440$ kugira ngo ashobore kugera imbere y’Inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, ayisobanurire ibibazo afitanye n’u Rwanda.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente atangaza ko mu rwego rwo gushakira imirimo urubyiruko n’abagore hagiye guhangwa imirimo myinshi izabaha amafaranga.
Perezida Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola mu muhango w’irahira rya Perezida João Lourenço uherutse gutsinda amatora muri icyo gihugu.
Inzu y’uwitwa Tabu Marie Claire utuye mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro, ibyarimo bimwe birashya.
Guhera mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka, serivisi nyinshi zatangirwaga mu mirenge ziratangira kumanurwa mu tugari, kugira ngo bigabanyirize abaturage gusiragira mu buyobozi.
Imbaga y’abakirisitu basaga ibihumbi makumyabiri yizihije yubile y’imyaka 100 y’Ubusaseridoti mu Rwanda na yubile y’imyaka 75 y’amavuko ya Musenyeri Thadée Ntihinyurwa.
Soeur Immaculée Uwamariya washinze umuryango ‘Famille Espérance’(FAES) yemeza ko gushyingirwa ari umuhamagaro w’Imana, bitandukanye n’amarangamutima.
Madamu Jeannette Kagame yasobanuriye abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi uko u Rwanda rwahisemo kubaho rutagira ikigo na kimwe cy’impfubyi ahubwo umwana wese akarererwa mu muryango.
Imibare ituruka mu buyobozi bw’Akarere ka Rusizi ihamya ko muri ako karere habarurwa indaya 1000 zirimo n’abana bataragira imyaka y’ubukure.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu 12 byo ku Mugabane w’Afurika byamaze kwiyemeza gutanga umusanzu ungana na 0.2 ku ijana by’amafaranga bikura ku bicuruzwa byinjira muri ibyo bihugu.
Imodoka ziparika mu Mujyi wa Kigali ntizikishyuzwa hakoresheje gitansi mu rwego rwo korohereza abayobozi bazo.
Ababyeyi basabwe gukunda abana babo no kubarera neza, mu gihe abana bo basabwa gukurana indangagaciro zo gukunda igihugu no kugikorera.
Bisi y’ikompanyi itwara abagenzi yitwa “RITCO” yavaga i Kigali ijya i Rusizi yakoreye impanuka muri Karongi, abagenzi 60 yari itwaye ntihagira n’umwe ukomereka.
Col Augustin Nsengimana bitaga Cadace wahoze ari umuyobozi muri FDLR yicuza imyaka 21 yayimazemo kuko yamupfiriye ubusa.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney atangaza ko agiye guhagurikira ikibazo cy’umwanda kigaragara mu batuye muri iyo ntara.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) gitangaza ko imvura y’umuhindo izaba nyinshi ariko ngo hari uduce tumwe na tumwe tuzagira imvura irenze igipimo cy’iyari isanzwe igwa.
Perezida Paul Kagame yasabye Umuryango w’Abibumbye gufata abanyamuryango bawo bose kimwe, kugira ngo intego yatumye ujyaho yo guhuza ibihugu yubahirizwe.
Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’umuryango mpuzamahanga muri Afurika kugeza ubu atarawuha isomo, kuko buri gihugu cyose wagiye wivangira mu bibazo byarangiraga bibaye bibi kurushaho.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwego u Rwanda ruhagazeho ku isi, nta handi rwavuye uretse guha Abanyarwanda icyizere no kubereka ko ibyo bakora ari ibyabo.