Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kimihurura, burashimangira ko imikoranire myiza ibaranga ariyo yatumye begukana umwanya wa mbere mu Karere ka Gasabo.
Ubuyobozi bwa polisi ya Nyamagabe, buvuga ko iyo hagize abafungwa barwarira aho babafungira bategereje kuburana batabasha kubavuza.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yagaragaje ibinyoma biri muri Raporo y’Umuryango Human Rights Watch ishinja inzego z’umutekano z’u Rwanda kwica abashinjwa ubujura.
Nk’uko bigaragara kuri iyi foto iheruka gushyirwa ahagaragara n’umuryango mpuzamahanga witwa "Human Right Watch (HRW)" uharanira uburenganzira bwa muntu, ngo abo bantu bishwe n’inzego z’umutekano w’igihugu abandi baburirwa irengero.
Muhawenimana ufite imyaka 30 y’amavuko,ashimishijwe n’uko atazongera gutegereza abamuterura kugira ngo agere aho ashaka kujya.
Iteganyagihe mu Rwanda riracyabangamiwe n’uko guhanahana amakuru hagati y’Ikigo gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) na Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) bitaranoga.
Imvura nyinshi yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 12 Ukwakira 2017, yateje inkangu zangije umuhanda wa kaburimbo Gakenke-Musanze.
Abagenzi baturuka mu ntara bahangayikishijwe n’ingendo zo muri Kigali kubera amakarita akoreshwa mu modoka zitwara abagenzi azwi nka "Tap and Go".
Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame yasabye ababyeyi kongera kwita ku burere bw’umwana, kuko uburere bw’ibanze buhera mu rugo, anagaruka ku mirimo idakwiye ikoreshwa abana.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko amakuru yavugaga ko umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mupenzi George afunze ari ibihuha kuko ubu ari mu kazi.
Lt Gen (Rtd) Romeo Dallaire wayoboraga ingabo z’umuryango w’abibumbye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda arasaba ko abajya mu butumwa bw’amahoro gushyira imbere ubushishozi.
Imvura yaraye iguye yahitanye abantu batatu bo mu mirenge ya Bugarama na Muganza,isenya inzu z’abaturage, inangiza imyaka mu mirima.
Lt Col Innocent Munyengango niwe wagizwe Umuvugizi mushya w’ingabo z’igihugu (RDF), asimbuye Brig Gen Safari Ferdinand wari umaze igihe gito akora ako kazi mu buryo bw’agateganyo.
Abagore bafungiye muri gereza ya Nyamagabe bagaragaza ibyishimo baterwa no kuba basigaye batunga umusatsi, bakarimba nk’abandi.
Ubuyobozi bw’iposita y’u Rwanda butangaza ko nubwo haje ikoranabuhanga hari abantu batandukanye bagikoresha iposita cyane cyane abohereza ubutumwa bupfunyitse.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu Mujyi wa Kigali bagiye guhabwa ibishushanyo mbonera by’aho bayobora kugira ngo imyubakire y’akajagari icike.
Abatuye i Kabusanza mu Murenge wa Simbi bise Yeruzaremu umudugudu w’icyitegererezo wubatswe iwabo kuko ngo ubereye ijisho kandi uzababera isoko y’amajyambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko kuba Kiliziya Gatolika na Leta y’u Rwanda bisenyera umugozi umwe bikorera Abanyarwanda ari amahirwe adakwiye gupfushwa ubusa.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyahaye ibihembo abantu 10 bo mu nzego zitandukanye kubera ubudashyikirwa bagaragaje mu gutanga serivisi.
Nyuma yo kubagezaho inkuru y’umuhango wo gutangaza uburyo uturere twitwaye mu mihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2016-2017, n’uwo gusinya imihigo y’uwa 2017-2018 wabaye kuri uyu wa 6 Ukwakira 2017, Kigali Today irabagezaho amafoto ya ba Meya basinyanye imihigo na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Abatuye Akarere ka Rubavu bavuga ko umwanya wa nyuma akarere kabo kabonye mu mihigo y’umwaka wa 2016-2017 wabazwa abayobozi kuko bo ibyo basabwa babikora.
Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko PTE Nshimyumukiza Jean Pierre na PTE Ishimwe Claude bashinjwa kwica Ntivuguruzwa Aime Yvan, bafungwa burundu.
Perezida Paul Kagame yashimye impinduka z’imihihigo y’uturere buri mwaka ariko yongeraho ko adashimishwa n’uburyo abaturage bakoresha mitiweri batakirwa uko bikwiye.
Akarere ka Rwamagana ni ko kahize utundi turere mu mihigo ya 2016/2017 n’amanota 82.2%, gakurikirwa na Musanze yagize 81,28% na Huye yagize 80.55%.
Hashize imyaka ibiri n’igice Perezida Paul Kagame akebuye abayobozi b’uturere bari bitabiriye umwiherero w’abayobozi wari uteraniye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo ku nshuro ya 12.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwafashe icyemezo cyo gufunga urusengero rw’itorero ryitwa Redeemed Gospel Church Rwanda (Itorero Abacunguwe) kubera ko rutujuje amabwiriza agenga imyubakire.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2017, Umujyi wa Kigali watangije umushinga wo kwagura imihanda minini y’umujyi izagabanya akajagari ikagira n’uruhare mu kuzamura ubukungu.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Nduba muri Gasabo bahamya ko kuba mu itsinda "Humura", bakaganira ku byababayeho byatumye bakira ibikomere.
Umuryango w’umusaza Sebarinda Leonard utuye i Ntarama mu Karere ka Bugesera, uri mu byishimo nyuma yo kubona umwana wabo wari warabuze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bakekaga ko yamuhitanye.