Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa diyosezi gaturika ya Butare, avuga ko umupadiri atari umukozi w’Imana kuko umukozi aruhuka, nyamara bo bakaba bagomba gukorera Imana ubutaruhuka.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryo muri Afurika yo hagati n’Iburasirazuba (CECAFA), ryashimiye Perezida Paul Kagame ku ntsinzi yegukanye mu matora aheruka.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) itangaza ko Abanyarwanda bari mu Burundi n’abari muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo batatoye kubera ikibazo cy’umutekano muke muri ibyo bihugu.
Umumotari, Ndayiramiye Donat agiye kujya agendera kuri moto ye nshya yahembwe kubera ubunyangamugayo yagaragaje ubwo yasubizaga amafaranga y’umugenzi yari ahetse wakoze impanuka agakomereka bikomeye.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Centrafrika (MINUSCA) barashimwa ko bakomeje gukora akazi kabo neza ko kurinda abakozi b’umuryango w’Abibumbye (UN) n’impunzi.
Mu Rwanda, ku nshuro ya mbere mu Kwezi k’Ukuboza 2017 hagiye gutangirwa ibihembo ngarukamwaka byo ku rwego rw’isi byo kwakirana abantu ubwuzu no kubatwara neza (travel and hosipitality).
Umuryango w’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na za kaminuza barokotse Jenoside yakorewe abatutsi (AERG),uravuga ko ugiye guhangana n’ibibazo by’ihohoterwa rikorerwa abana mu miryango.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere mu Butaliyani, Lt Gen Enzo Vacciarelli avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari isomo ku isi yose.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere w’u Butaliyani, Lt Gen Enzo Vacciarelli, ari mu ruzinduko mu Rwanda, rwatangiye kuri uyu wa 25 Nyakanga 2017 rukazamara iminsi ibiri.
Abagide baturutse mu bihugu bitandukanye bari mu nama mu Rwanda yigirwamo uko abana b’abakobwa bazavamo abayobozi beza babereye ibihugu byabo.
Hashize imyaka 100 Abanyarwanda babiri ba mbere bahawe ubusaseridoti bityo kwigisha ivanjiri no gutanga amasakaramentu bijya mu maboko y’abana b’u Rwanda.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), isanga abanyamakuru n’abahanzi bafite ijwi rigera kure ku buryo bafasha mu kurengera umwana.
Akon, Umuriribyi w’icyamamare w’Umunyamerika, avuga ko igihe cyose umuntu ageze mu Rwanda atungurwa n’uburyo usanga ibintu byose biri ku murongo kandi buri wese yuzuza inshingano ze.
Nyuma y’uko itegeko ry’ubwisungane mu kwivuza rivuguruye rigomba gusimbura iryashyizweho na Obama rizwi nka “Obama Care”, impuguke zo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) ziragira inama ishyaka ry’Abarepubulike riri ku butegetsi gufatira urugero k’ubwisungane mu kwivuza bwo mu Rwanda (MUSA).
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), risanga ibanga rituma u Rwanda rwihuta mu iterambere ari imiyoborere myiza ishyira imbere abaturage.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyahaye ikiruhuko abasirikare 817 barimo abahawe ikiruhuko cy’izabukuru n’abahagaritse akazi kubera uburwayi.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB), rwahembye Kigali Today nk’ikigo cy’itangazamakuru cyitwara neza mu gutanga servisi inoze, ikaba yahawe izina ry’Intwaramihigo kimwe n’ibindi bigo byahembwe.
Sosiyete Pharo isanzwe ifite ibikorwa by’ishoramari mu Rwanda, yizeje Perezida Paul Kagame ko bazakomeza gushora imari mu bikorwa by’iterambere mu Rwanda.
J Boima Rogers, Impuguke mu itangazamakuru ya Oxford mu Bwongereza yandikira Ikinyamakuru “The Patriotic Vanguard”, isanga umwihariko wa demokarasi y’u Rwanda ukwiye kuba urugero ibindi bihugu by’Afurika byafatiraho mu kwigobotora “demokarasi nzungu”.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko aho u Rwanda rugeze ubu rufite ubushobozi rwakoresha kugira ngo rugere ku ntego rwiyemeje.
Muri gahunda yiswe “Army Week”, ingabo z’u Rwanda zimaze gukora ibikorwa bitandukanye byo kuzamura imibereho y’Abanyarwanda, byatumye Leta izigama Miriyari 16.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye avuga ko kuba ibitangazamakuru by’amahanga bivuga ko itangazamakuru ry’u Rwanda nta mbaraga rifite ari igitutsi.
Polisi y’Igihugu ivuga ko ikibuga cy’umupira w’amaguru yubatse mu Murenge wa Gikomero muri Gasabo, kigiye kongera ubusabane n’umutekano ukanozwa muri ako gace.
Muri kaminuza y’abalayiki b’abadivantisite ya Unilak hari abanyeshuri bifuza ko ibiganiro ku bumwe n’ubwiyunge bwakongerwa kandi bikagera kuri benshi cyane cyane abakiri bato mu gutegura u Rwanda ruzira amacakuburi.
Perezida wa Isiraheli Reuven Rivlin yakiriye mu biro bye Perezida Paul Kagame, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku iterambere ry’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bwa Kigali Convention Center na Radisson Blue Hotel bwavuze ko bugiye gutegura irushanwa rizitirirwa Gisa Gakwisi uherutse kubumba inyubako z’iyi hotel yifashishije ibumba.
Abakristu bo muri Paruwasi ya Ruhuha mu Bugesera bafite akanyamuneza kuko batazongera gusengera hanze nyuma yo gutaha Kiliziya basengeramo bisanzuye.
Polisi y’igihugu iratangaza ko ntawe ukwiye kubuzwa gufotora igihe cyose abonye ikimuteye amatsiko kabone n’iyo yaba ashaka gufotora abapolisi bari mu kazi.
Umwana w’uruhinja wo mu Karere ka Kirehe uherutse gutabwa mu musarani wa metero umunani agakurwamo ari muzima yabonye abakomeza kwita ku buzima bwe.
Madame Jeannette Kagame yatashye ku mugaragaro inzu yubatswe n’abanyamuryango b’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, ifite agaciro ka miliyoni 530 y’u Rwanda.