Mu bana 48 bari bifuje guhabwa amafaranga yasizwe n’ababyeyi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, batanu gusa nibo bamaze kubonerwa konti ziriho ayo mafaranga.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu yatangaje ko igihugu cye kitegura gufungura bwa mbere Ambasade yacyo i Kigali mu Rwanda.
Abanyakenya baba mu Rwanda n’abahakorera bishimiye ko babonye Perezida nyuma y’urugendo rutoroshye rw’amatora yo mu gihugu cyabo yaranzwemo imvururu.
Mu birori byo kurahira kwa Perezida Uhuru Kenyatta, itorero ryo mu Rwanda ry’imbyino gakondo rizwi nk’Urukerereza ryasusurukije abitabiriye ibyo birori.
Mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hatangijwe igikorwa kizamara icyumweru cyo gusenya no guturitsa ibisasu byarengeje igihe n’ibindi bishaje kugira ngo bitazateza impanuka.
Perezida Paul Kagame yitabiriye ibirori byo kurahira kwa mugenzi we wa Kenya, Perezida Uhuru Kenyatta, uzarahira kuri uyu wa kabiri tariki 28 Ugushyingo 2017.
Ku nshuro ya mbere, Padiri Ubald Rugirangoga yerekanye Filime igaragaza uruhare yagize mu kunga Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakobwa batuye mu Murenge wa Bugeshi, mu Karere ka Rubavu, baravuga ko bahangayikishijwe no kutabona abagabo kuko nta mikoro baba bafite.
Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe yagaragaje icyizere afitiye urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi avuga ko abona rufite ishyaka nk’iry’urubyiruko rwabohoye igihugu ariko bakaba batandukaniye ku rugamba barwana.
Abaturage batishoboye bakora imirimo bagahembwa na VUP ngo bagiye kuzajya bahembwa hifashishijwe ikoranabuhanga kuko uburyo busanzwe butuma badahemberwa igihe.
Nk’uko bisanzwe buri wagatandatu wanyuma w’ukwezi, mu gihugu hose hakorwa umuganda rusage. Ahenshi uyu muganda wibanze ku gutera ibiti birwanya isuri, gusibura imihanda n’isuku muri rusange.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imari cya Zigama CSS buravuga ko bateganya kunguka miriyari umunani z’amafaranga y’u Rwanda muri uyu mwaka.
Perezida Paul Kagame yakiriwe n’igikomangoma cya Abu Dhabi Mohammad Bin Zayed, bagirana ibiganiro bijyanye n’umubano n’iterambere ry’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru butangaza ko abantu babiri bari mu maboko ya Polisi kuva ku mugoroba wo ku itariki 22 Ugushyingo 2017, bakekwaho uburiganya mu kugura ibirayi ku bahinzi baba babyejeje.
Abagize irondo ry’umwuga mu bice bitandukanye by’umugi wa Kigali batangiye guhabwa ubwishingizi bw’ubuzima buzajya bubafasha mugihe bahuriye n’impanuka mu kazi.
Itsinda ry’Abadepite icyenda bo muri Burkinafaso bari mu rugendoshuri mu Rwanda, banyuzwe cyane na gahunda Leta y’u Rwanda yashyizeho, zihuza abaturage n’abayobozi bakishakamo ibisubizo by’ibibazo bya bahura nabyo.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo yagaragaje ko u Rwanda rwemeye gucumbikira bamwe mu birabura bagurishwaga mu bucakara mu gihugu cya Libya.
Abana baturiye ikigo cyahoze kirererwamo impfubyi cyo kwa Gisimba mu Nyakabanda mu karere ka Nyarugenge bakiranye urugwiro Sonia Rolland Uwitonze, baramuririmbira maze nawe yerekana imvamutima ze.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro batangiye kubakira ababyeyi ikigo mbonezamikurire, muri gahunda z’ibikorwa bibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyamagabe yafashe icyemezo cyo guhagarika Philbert Mugisha ku buyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe nyuma y’uko atawe muri yombi na Polisi y’igihugu.
Uruganda rwa SKOL rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwari rumaze icyumweru rwarashyize igorora abakiriya barwo n’abantu bitabiraga Tombola rwakoreshaga muri Tour du Rwanda.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2017, Perezida Kagame yatanze ku nshuro ya mbere impeta z’ishimwe ry’ubucuti ziswe “Igihango”.
Ikinyamakuru The Voice Magazine cyagize Madame Jeannette Kagame umugore w’umwaka, kinamugira Intwari muri Afurika, kubera ibikorwa biteza imbere abakene mu mu Rwanda.
Komisiyo y’Igihjugu y’Itorero (NIC) itangaza ko guhera umwaka utaha abanyeshuri barangije ayisumbuye bazajya bakora urugerero rutandukanye n’urusanzwe rwiswe Urugerero ruciye ingando.
Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho, Nsengimana Philbert, yatangaje ko u Rwanda rugiye kugirana ubufatanye mu by’ikoranabuhanga n’igihugu cya Estonia.
Nyuma y’amezi uturere twa Kamonyi na Rubavu tutagira abayobozi kuri ubu twababonye nyuma y’amatora yabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 17 Ugushyingo 2017.
Abakozi bane b’Akarere ka Gicumbi bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bakurikiranyweho icyaha cyo gutanga amasoko ya Leta binyuranije n’amategeko no gukora inyandiko mpimbano.
Inzoga ya SKOL isanzwe ikoreshwa mu muhango wo guhemba uwitwaye neza muri Tour du Rwanda ntabwo ari Champagne, ngo ni inzoga isanzwe yakorewe ibirori ariko itari ku isoko.
Perezida wa Estonia, Kersti Kaljulaid yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi basaga ibihumbi 250, bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, kuri uyu wa Kane tariki 16 Ugushyingo 2017.
Perezida wa Estonia, Kersti Kaljulaid uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yahuye na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.