Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo ahamya ko intambara ubufaransa burwana bukingira ikibaba Abafaransa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi budashobora kuyitsinda.
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko yafashe ingambo ku buryo mu myaka irindwi iri imbere Abanyarwanda bacana inkwi bazaba baragabanutse.
Nk’uko bisanzwe buri wa gatandatu usoza ukwezi, uyu munsi mu gihugu hose hakozwe umuganda usoza ukwezi kw’Ukwakira 2017. Hirya no hino hatewe ibiti mu rwego rwo kurwanya isuri no kubungabunga ibidukikije.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yagejeje ubusabe bwayo kuri Sena busaba ko yakwegurirwa inyandiko zose zirebana na Jenoside yakorewe Abatutsi ziri mu nkiko zo mu gihugu.
Abaminisitiri bashinzwe ingufu mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu byo mu biyaga bigari (CEPGL) bemeje ko urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi II rusanwa.
Urubyiruko rukunze kugaragara ari rwinshi mu bikorwa bitandukanye byo kwidagadura no kwishimisha, ugereranije n’uko rwitabira izindi gahunda za Leta cyane cyane Umuganda.
Abaturage bo mu Kagari ka Gihumuza mu midugudu ya Kajevuba na Mataba mu Karere ka Rwamagana baracyategereje umuriro w’amashanyarazi bizejwe kuva mu 2008.
Mu myaka irindwi iri imbere u Rwanda ruzaba rufite ishuri ryigisha imiyoborere aho abazaryigamo bazajya berekwa uburyo u Rwanda rwiyubatse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikigega gitera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) kirahumuriza abari baracikirije amashuri barihirwaga nacyo basabye gusubizwa mu ishuri,abayobozi b’icyo kigega bavuga ko hari gushakwa inkunga kandi izaboneka vuba.
Abagenzi bakora ingendo zitandukanye yaba mu modoka cyangwa no kuri moto baravuga ko bishimira cyane gutwarwa n’abagore kurusha uko batwarwa n’abagabo.
Umushinga w’itegeko ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu mu bandi ryashyiriyeho ibihano abagura indaya n’abashora abandi mu buraya.
Icyamamare Cobra wamenyekanye kubera akabyiniro ke ka Cadillac kabaga mu mujyi wa Kigali ahamya ko yanyuze mu nzira zikomeye ngo agere aho ageze ubu.
Ubuyobozi bw’ibitaro byita ku barwayi barwaye indwara zo mu mutwe bya Ndera (Caraes) butangaza ko inkunga bahabwa n’abagiraneza ibafasha kwita ku barwayi badafite kirengera.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2017, Perezida wa Repubulika Paul Kagame arizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’amavuko. Kigali Today yabahitiyemo amafoto 25 yo mu mwaka wa 2017, agaragaza Perezida Kagame asabana n’abantu mu bikorwa bitandukanye.
Dr Dushime Dyrckx ukurikiranira hafi ibiza n’imitingito mu Burengerazuba bw’u Rwanda, ahumuriza Abanyarwanda ko Nyiragongo yongereye ibimenyetso itari hafi kuruka.
Nyuma y’uko Akarere ka Nyamagabe kabaye aka 27 mu mwaka w’imihigo wa 2016-2017, Ubuyobozi bwako bwarisuzumye busanga uyu mwanya utari mwiza, ukomoka ku ruhare ruto rw’abaturage mu kugena ibibakorerwa mu mihigo.
Ubuyobozi bwa Koperative itanga serivisi zirimo iy’umutekano w’ibinyabiziga muri parikingi (KVSS), busaba abafite ibirarane by’amahoro ya parikingi kubyishyura badategereje ibihano.
Mu mwaka wa 2016, mu Rwanda habaruwe abakobwa 17.000 baterwa inda bakiri bato. Muri bo abasaga 400 babaruwe mu Ntara y’Amajyaruguru.
Akarere ka Kamonyi kabaye aka mbere mu kwesa imihigo urubyiruko rwahize mu mwaka w’imihigo wa 2016-2017 ku manota 89.29%.
Madame Jeannette Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatumye Abanyarwanda bamenya agaciro ko kuba umwe nta kureba aho undi aturuka.
Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda barifuza ko amasezerano u Rwanda rufitanye n’umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) yaseswa niba utemeye gusaba imbabazi.
Hari abaturage bo mu mirenge 10 igize Akarere ka Bugesera bamaze imyaka 11 basiragira ku mafaranga y’ingurane ku mitungo yabo yangijwe hakorwa imiyoboro y’amazi.
Perezida Paul Kagame yageze i Brazzaville mu Murwa mukuru wa Congo Brazza, aho agiye kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bo mu karere k’ibiyaga bigari.
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo gihabwa abantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa, ahishura ko ibyo yagejeje k’u Rwanda byagezweho kubera ubufatanye n’abandi Banyarwanda.
Komisiyo y’abakozi ba leta igaragaza ko ikibazo cy’ubusumbane bw’imishahara ku bakozi ba leta kirimo kuvugutirwa umuti nubwo idatanga igihe nyacyo kizakemukira.
Muri gereza ya Rubavu abagororwa batangiye kwandika igitabo kigaragaza amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko bizagamburuza abayipfobya.
Abatuye mu tugari twa Kimisagara, Katabaro na Kamuhoza mu Murenge wa Kimisagara bamaze amezi atanu nta mazi bafite kubera itiyo yayazanaga yacitse.
Abiga n’abakorera iruhande rwa Kaminuza ya Kigali babangamiwe n’umunuko w’amazi mabi aturuka mu nyubako ya Kigali Heights mu masaha y’ijoro.
Iyo witegereje hirya no hino ku isi, usanga hari abantu bakora ibikorwa bibangamira abandi babyita uburenganzira bwabo, cyangwa se abandi bakamburwa uburenganzira bwabo ntibabimenye.
Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta igaragaza ko mu mitangire y’ibizamini by’akazi hakigaragaramo uburiganya ku buryo hari n’abemererwa gukora ibizamini by’akazi batujuje ibyangombwa.