Perezida Kagame Paul yanenze abagoreka Ikinyarwanda ku bushake, asaba urubyiruko kugira ubushake ndetse n’umuhate wo kukiga bakakimenya neza, kugira ngo hato kitazacika cyangwa se kigatakaza umwimerere.
Musenyeri Nzakamwita Servilien yasabye ko ibiruhuko bisoza umwaka w’amashuri, byashyirwa mu mpeshyi aho gushyirwa mu mpera z’umwaka, kuko hari gahunda zigenewe urubyiruko bibangamira.
Perezida Kagame, yatangaje ko muri uyu mwaka wa 2017 hashyizwe imbaraga nyinshi mu kongerera agaciro ibikorerwa mu Rwanda, bituma ibyatumizwaga mu mahanga bigabanukaho 3%.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo atangaza ko mu mwaka wa 2018 aribwo u Rwanda ruzatangira kwakira bamwe mu Banyafurika bagurishwaga mu bucakara mu gihugu cya Libya.
Atangiza inama y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 15, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi wazamutseho 8%.
Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda kimwe na Afurika nabyo byaremewe kubaho neza mu cyubahiro gikwiye, kimwe n’ibindi bihugu bibayeho neza ku isi.
Nyirazamani Louise ahangayikishijwe n’ubushobozi buke bwo kurera abana batatu yabyaye, kuko Leta yamushyize no mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe.
Inama Nkuru y’Umuryango FPR-Inkotanyi iyobowe na Paul Kagame, umuyobozi mukuru w’umuryango FPR- Inkotanyi, yari imaze iminsi iteranira ku Cyicaro cyayo giherereye i Rusororo, yasoje ifashe ingamba zikomeye zirimo guha Abanyarwanda iteramebre ribakwiye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bongeye gutora Paul Kagame ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’uyu muryango ku majwi 99,9%.
Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi mukuru wa FPR-Inkotanyi avuga ko atajya yicuza buri cyemezo cyafashwe n’umuryango ahagarariye, kuko ibyafashwe byose byafashwe byari ngombwa.
Hon. Nkusi Juvenal ni umwe mu badepite bamaze igihe kinini mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, yibuka ibintu byinshi byaranze inteko ariko ngo ntazibagirwa uburyo mu 1994 inteko yose yakoreshaga mikoro ebyiri gusa.
Donald Kaberuka, umwe mu mpuguke mu by’ubukungu ku isi, avuga iki ari cyo gihe cyiza ku mugabane w’Afruika gushaka uko byizamura mu bukungu kuko politiki ya mpatsibihugu yabidindizaga iri kugenda ishira.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) itangaza ko ku matariki ya 30 na 31 Ukuboza 2017 nta muganda rusange uzakorwa.
Mme Seraphine Mukantabana, ni Umuyobozi w’ikigo gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero (RDRC). Uyu muyobozi arahamagarira Abanyarwanda gushyigikira RPF-Inkotanyi mu rugamba rwo kurwanya icyatera ubuhunzi.
Paul Kagame umuyobozi mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi yavuze ko abanyamuryango batatiye amahame yawo byabaviriyemo ibibazo kuko abenshi bahindutse ibikoresho, ababakoresheje barangije barabajugunya.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakora mu kigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura WASAC, bagejeje amazi meza ku kigo cy’amashuri abanza cya Rugarama mu Murenge wa Nyamirambo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko adashimishwa n’umuco umaze kugaragara muri bamwe mu Banyarwanda wo kumva ko hari urwego bagezeho bityo amahanga akwiye kuza kubigiraho.
Jean Philbert Nsengimana wari Ministiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho yatangaje ko n’ubwo avuye kuri uwo mwanya, azakomeza gufatanya n’iyi Ministeri guteza imbere imishinga ifite.
Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Gen James Kabarebe ntaziregura ku birego by’umucamanza w’Umufaransa umushinja hamwe na FPR kugira uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana Juvenal ku itariki 6 Mata 1994.
Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro za ba minisitiri bashya barimo uw’Uburezi n’uw’Ikoranabuhanga, kuri uyu Gatatu tariki 13 Ukuboza 2017.
Abagize akanama k’umutekano k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) bateraniye mu Rwanda barebera hamwe uburyo intamba zahashywa kuri uwo mugabane.
Guhera mu ntangiriro z’umwaka wa 2018, nta mugenzi ujya mu ntara aturutse i Kigali uzongera kwishyura amafaranga mu ntoki nk’uko byari bisanzwe bikorwa.
Banjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko u Rwanda rwageze kuri byinshi rubikesha imiyoborere rwazaniwe na FPR Inkotanyi ku buryo hari ibihugu byinshi bya Afurika byarwigiraho.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 11 Ukuboza 2017, Perezida Kagame yageze mu gihugu cya Ghana aho agiye kwitabira inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye (SDGs).
Minisitiri w’Intebe, Dr Eduard Ngirente yabwiye urubyiruko rwa Kiliziya Gatolika ko ruzarushaho kugira ubuzima bwiza nirwirinda kwiyandarika no kurarikira ibintu.
Bamwe mu bana bakurwa mu muhanda bagasubizwa mu miryango yabo bongera gusubira mu muhanda kuko ngo ibyo bahunze mu miryango bongera kubisangamo.
Minisitiri w’ingabo Gen James Kabarebe yeretse urubyiruko Ibihumbi 5400 ruteraniye mu Ihuriro ry’urubyiruko rwa Kiliziya Gatolika i Rubavu, impamvu bagomba gukunda igihugu.
Umuryango w’abasukuti n’abagide mu Rwanda uvuga ko utemeranya n’abafite imyumvire ivuga ko abasukuti (Scouts) cyangwa abagide (guides),bafite aho bahuriye n’uburara ahubwo ngo bagakwiye kuba abanyacyubahiro.
Madame Jeannette Kagame umuyobozi wa Imbuto Foundation yongeye guhemba urubyiruko rwabaye indashyikirwa mu bikorwa bitandukanye, kandi bigafasha abandi banyarwanda.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu Bamporiki Edouard yatangaje ko agiye gukora ubushakashatsi ku gitera abantu gukora Jenoside.