Imibiri umunani y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabonetse mu mbago z’urusengero rwa ADEPR Gahogo mu mujyi wa Muhanga ubwo bacukuraga ubwiherero aho Abakirisitu bakoreraga amasengesho mu cyo bita Icyumba.
Ku wa 03 Nyakanga 2019, nibwo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hafatiwe inka 157 z’aborozi bo mu turere twa Kayonza na Gatsibo bihana imbibi, harimo 104 za Safari Steven.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga, HVP Gatagara, hamwe n’abakozi bakorera mu mashami yacyo yose, begeranyije ubushobozi bubakira ufite ubumuga inzu yo kubamo.
Abatuye mu Kagari ka Rugango mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye bavuga ko nyuma yo kugezwaho amazi meza isuku yaganje iwabo.
Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta mu Nteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite (PAC) iratangaza ko miliyari zisaga 250frw zakoreshejwe nabi.
Umubyeyi wo mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara yagaragaje ibyishimo ubwo yahabwaga mituweli n’abahaji maze abaragiza Bikira Mariya.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko tariki ya 01 Ukwakira 2019 hateganyijwe gushyiraho ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge ku rwego rw’Umudugudu mu rwego rwo gutangiza ibikorwa byo kuzirikana ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda.
Akarere ka Musanze kuwa gatanu 27 Nzeri 2019 kabonye komite nyobozi nshya, iyobowe na Nuwumuremyi Jeannine watorewe kuba umuyobozi w’akarere, Andrew Rucyahanampuhwe yabaye umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, hakaba na Kamanzi Axelle, watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije (…)
Buri wa gatandatu usoza ukwezi, hirya no hino mu gihugu hakorwa umuganda rusange, aho abayobozi mu nzego zitandukanye, inzego z’umutekano n’abaturage bahurira ku gikorwa cyateguwe bagakora imirimo y’amaboko.
Mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki ya 27 Nzeri 2019, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushizwe abakozi n’imiyoborere DIGP/AP Juvenal Marizamunda yakiriye itsinda ry’abantu batandatu baturutse mu nzego zitandukanye zishinzwe imiyoborere myiza no kurwanya ruswa mu gihugu cya Côte d’Ivoire.
Kuri uyu wa gatanu 27 Nzeri 2019, habaye amatora y’abayobozi b’uturere n’ababungirije basimbura abaheruka kwegura mu turere tumwe two mu ntara y’Uburengerazuba, Amajyepfo n’Amajyaruguru.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hamwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bitabaje amadini n’amatorero kugira ngo yigishe kureka ibyaha no kudahishira abahohotera abana.
Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze n’imitunganyirize y’inzuri mu ntara y’Uburasirazuba iratangaza ko aborozi bazageza mu kwezi kwa Gashyantare 2020 bataratunganya inzuri bahawe, bazazamburwa zigasubizwa Leta.
Umushinga Mastercard Foundation w’Abanyakanada ukorera no mu Rwanda washoye miliyoni 50 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 46 z’Amanyarwanda) mu gufasha urubyiruko kwiga imyuga izarufasha kubona akazi cyangwa rukakihangira kugira ngo rwiteze imbere.
Umuvunyi Mukuru Anastase Murekezi, avuga ko abayobozi icumi bamaze gusabirwa ibihano bazira kutamenyekanisha imitungo yabo ku rwego rw’Umuvunyi.
François Karangwa ukora mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) ufite inzu aho bita i Madina hafi y’ishami rya Kaminuza ry’i Huye, yagujije banki ashyira kaburimbo mu muhanda ntawumufashije.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ine mu Karere ka Nyamasheke bazindutse basezera ku mirimo yabo bavuga ko bafite ibindi bagiye gukora.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ruhango, Uwimana Fortunée, yahagaritswe by’agateganyo kubera raporo z’abagenzuzi.
Perezida w’Umuryango SOS ku rwego rw’isi, Siddhartha Kaul, asanga imbere hazaza hasaba Leta gufatanya n’abaturage guha umwihariko uburere bw’abana.
Abaturage barenga 1000 batuye mu midugudu ya Kangondo na Kibiraro muri Nyarutarama mu murenge wa Remera ahazwi nka ‘Bannyahe’ basabwa kwimurirwa mu nzu bubakiwe mu karere ka Kicukiro, bagejeje ugutakamba kwabo muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), basaba uburenganzira ku mitungo yabo.
Mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali habonetse imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ibarirwa muri 200.
Mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, ku wa mbere tariki 23 Nzeri 2019, hatangijwe amahugurwa y’ibyumweru bibiri, arebana n’ubumenyi ku micungire y’ubutaka, yitabirwa na Kaminuza zinyuranye muri Afurika zigisha ibijyanye n’ubutaka.
Murekatete Julliet ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Nyagatare avuga ko abaturage ari bo bazajya batunga abari ku rugerero ruciye ingando.
Ikigo cy’igihugu cy’igororamuco (NRS) cyemeza ko mu bajyanwa mu bigo ngororamuco bitandukanye, 20% byabo basubira mu buzererezi, hakaba n’abo biba ngombwa ko basubizwa muri ibyo bigo.
Umuryango International Alert utangaza ko Abanyarwanda bagomba kubakira urubyiruko amahoro babarinda ingengabitekerezo ya Jenoside n’amagambo asesereza.
Umugore ufite ubumuga bw’ibirenge byombi witwa Uwimana Chantal utuye mu mudugudu wa Mwidagaduro, akagari ka Bukinanyana mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, arasaba ubufasha bwo kubakirwa kuko abayeho mu buzima bubi.
Muhawenimana Assouma, umugore w’imyaka 40 y’amavuko, akaba ari mu batishoboye utuye mu murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze; avuga ko yari abayeho mu buzima bugoye kuko acumbitse mu nzu akodesha akishyura amafaranga y’u Rwanda 4000 buri kwezi.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’itumanaho cya MTN Rwanda buratangaza ko bugiye gushyiraho umunara woroshya itumanaho hagati y’ababyeyi n’abagororerwa Iwawa.
Umushakashatsi w’Ikigo cy’igihugu cya Ghana gishinzwe amahoro (KAIPTC), Dr. Festus Aubyn yashyigikiye ko ibihugu bya Afurika bivoma ibisubizo mu mwimerere wabyo, ashingiye kuri Gacaca y’u Rwanda.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa muntu (NCHR) itangaza ko amatora y’Abasenateri aherutse kuba mu Rwanda yagenze neza kuko yubahirije ibiteganywa n’amategeko byose.