Umwalimu wigisha ku ishuri ribanza rya Akayange, mu kagari ka Ndama umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare, afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyagatare, nyuma yo gufatwa aryamanye n’umunyeshuri yigisha.
Ababyeyi bo mu murenge wa Kirehe mukarere ka Kirehe barasabwa guha abana babo uburere budahutaza birinda kubakubita no kubaha ibindi bihano bikomeye, kuko bibagiraho ingaruka mubuzima bwabo.
Bimaze kuba nk’akamenyero ko Abanyarwanda bamaze kugira ubushobozi bw’amafaranga, mu bitekerezo byabo hahita hazamo no kubaka inzu zo guturamo.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Habineza Jean Baptiste, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibirizi mu karere ka Nyanza, akurikiranyweho ibyaha byo kuzimanganya ibimenyetso no gutanga ubuhamya bw’ibinyoma mu rubanza rwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Gatesi Jeanne (izina ryahinduwe) avuga ko guterwa inda na musaza we byamuhugije igitsina gabo kugera kuri se umubyara.
Umuryango urwanya ihohoterwa rikorerwa mu muryango abagabo babigizemo uruhare (RWAMREC) uratangaza ko abagabo basambanya abana, badakwiye kwitiranwa n’abandi bagabo biyubaha, ko ahubwo abo bakwiye guhabwa izina ry’’ibirura’.
Abana bitabiriye igikorwa cyo gutegura inama nkuru y’igihugu ya 13 y’abana, baratangaza ko biteguye kugeza ku babyeyi ndetse na Leta, ibibazo basanga bisubijwe byahindura ubuzima bwabo bagakura neza.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Kayitesi Alice, arasaba abaturage n’abayobozi kwirinda ruswa kuko idindiza serivisi ubundi zikwiye kuba zitangwa nta kiguzi.
Hafi y’ahitwa ku kibuye cya Shari giherereye mu karere ka Nyaruguru, ikamyo ya Bralirwa yacitse umuryango kuri uyu wa 18/11/2019, inzoga zirameneka, abaturage barazinywa izindi barazihisha.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) isaba amadini n’amatorero kubanza gufasha abayoboke bayo kwikura mu bukene, bakabaho neza ku isi bityo bakabwirwa iby’ijuru kuko ari ngombwa ko roho nzima itura mu mubiri muzima.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kugira ngo igihugu kigire umutekano n’amahoro bisaba ko hari abemera kwitanga bagaharanira ayo mahoro.
Abashinzwe kwimura abaturage ku bw’inyungu rusange baratangaza ko bamaze gushaka umuti urambye uzatuma nta baturage bazongera kutanyurwa n’uburyo bimurwamo ndetse no kwitotombera igenagaciro ry’imitungo yabo.
Igihugu cya Norvege cyiyemeje kugenera miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika yo gufasha impunzi zazanywe mu Rwanda zikuwe mu gihugu cya Libiya.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke, burashimira urubyiruko rw’abakorerabushake (Youth Volunteers) rushamikiye kuri Polisi y’u Rwanda, nyuma y’ibikorwa rumaze gukorera abatuye ako karere, birimo kurwanya ikibazo cy’igwingira n’imirire mibi cyari cyugarije ako karere.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko hakwiye kongerwa imipaka n’imihanda ibahuza na repubulika iharanira demukarasi ya Kongo, mu rwego rwo kurushaho guhahirana n’abatuye muri icyo gihugu.
Lt Gen.(Rtd) Romeo Dallaire, wigeze kuyobora ingabo z’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda(MINUAR) muri 1994, yasabye ibihugu birimo u Rwanda gufasha amahanga kurwanya iyinjizwa ry’abana mu gisirikare.
Umunyacanada wayoboraga ingabo z’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda muri 1994, Gen. (Rtd) Romeo Dallaire, yazanye abagize umuryango we urwanya iyinjizwa ry’abana mu gisirikare (Romeo Dallaire Child Solders Initiative), kunamira no kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside, bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.
Abamotari bo mu mujyi wa Musanze bahawe umwambaro mushya (gilet), ukoranye ikoranabuhanga rikubiyemo umwirondoro w’abamotari hagamijwe guca burundu akajagari gakorerwa muri uwo mwuga no kurwanya ibyaha byahungabanya umutekano.
Nyuma y’imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, haracyari imbiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Abaturage barimo abo mu karere ka Ngoma bavuga ko gushyirwa mu byiciro by’ubudehe bitajyanye n’ubukungu bafite, bigatuma Leta itabitaho uko bikwiye.
Kuwa mbere tariki ya 11 Ugushyingo 2019, ahagana saa tanu z’amanywa, mu kagari ka Butunzi, umurenge wa Kinihira mu karere ka Rulindo, igiti cy’inganzamarumbo cyari mu busitani bw’ibitaro by’intara bya Kinihira cyararidutse kubera umuyaga, ku bw’amahirwe nticyahitana umwana warimo atembera muri ubwo busitani.
Mu gihe kitagera ku cyumweru kimwe, igikorwa cyiswe ‘Operation Usalama VI” cyafashe ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge bifite agaciro ka miliyoni zisaga 80 z’amafaranga y’ u Rwanda, ndetse n’ibihumbi bisaga 86 by’amadolari ya Amerika.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) ku rukuta rwarwo rwa twitter, ku itariki 10 Ugushyingo 2019 rwatangaje ko rwafashe Narcisse Ntawuhiganayo wakoraga ku bitaro bya kaminuza bya Butare (CHUB) ukekwaho kwiba amafaranga 1.700.000, akaba yarafashwe agerageza gutoroka igihugu.
Umunyamabanga uhoraho w’Ikigega cy’Abongereza gishinzwe iterambere mpuzamahanga (DFID), Matthew Rycroft, avuga ko igihugu cye cyishimira iterambere u Rwanda rugenda rugeraho ari yo mpamvu ngo kizakomeza kurushyigikira.
Ku cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo, Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi rwatoye abayobizi baruhagarariye.
Umuryango RPF-Inkotanyi usaba abagore bawugize kurwanya ubukene n’ihohoterwa byugarije ingo, bakirinda kunyurwa manuma (kwishima ntacyo bagezeho).
Mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 09 Ugushyingo 2019, umuyobozi w’intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JJean Marie Vianney, n’abayobozi banyuranye mu karere ka Musanze, basuye abaturage bagamije kureba uburyo babayeho no gukemura ibibazo by’amacumbi.
Mu nkengero z’icyanya cyahariwe inganda i Sovu mu murenge wa Huye akarere ka Huye, hari abaturage bangirijwe imitungo ahagomba kubakwa ikigega cy’amazi bizezwa kuzishyurwa vuba, none hashize hafi amezi abiri batarishyurwa.
Abanyasuwede bashinze itorero rya ADEPR mu Rwanda babisikanye n’Abanyakoreya, Leta zunze ubumwe za Amerika na Canada, aho barimo kugenzura niba bakongera kurifasha.
President wa Republika Paul Kagame aravuga ko abadepite b’Ubwongereza bandikiye u Rwanda basaba ko Col. Byabagamba na Rusagara barekurwa bakwiye kubanza kwandikira igihugu cyabo, basaba ko cyaburanisha abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside gicumbikiye, kuko u Rwanda rutahwemye kubisaba.