Itsinda ry’abagore baturutse mu turere dutanu two mu ntara y’Amajyepfo n’Uburengerazuba riravuga ko amapfa mu murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera akwiye kubigisha kumenya kubaho neza mu bihe bigoye.
Abamugariye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda batangije ihuriro bise RECOPDO (Rwanda Ex-Combatants and Other People with Disabilities Organization), uyu ukaba ari Umuryango w’abamugariye ku rugamba n’abandi bafite ubumuga, uzabafasha kwiga imyuga inyuranye kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Kuri uyu wa 12 Ukwakira 2019, mu Karere ka Rusizi hatashywe ku mugaragaro urugo rw’Impinganzima rwatujwemo Intwaza 40, zikaba zishimira Leta y’u Rwanda kubera ko ihora izitaho.
Didier Drogba watanze ikiganiro cya kabiri ku munsi wa gatatu wa Youth Connekt, yaje kwakirwa na Perezida Paul Kagame bagirana ibiganiro.
Abanyafurika bashinze imiryango ifasha abakene n’imbabare, barimo Madame Jeannette Kagame, batumye urubyiruko rwitabiriye Inama nyafurika yiswe ’Youth Connekt Africa’ kujya gukora nk’abo mu bihugu rukomokamo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye David Luiz ukinira ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza.
U Rwanda rwakiriye impunzi 123 z’Abanyafurika bari babayeho nabi mu gihugu cya Libya.
Uyu ni umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki ya 10 Ukwakira 2019. Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.
Imwe mu miryango itegamiye kuri Leta iravugwaho guhangana n’inzego z’ubuyobozi mu gihe ikora ubuvugizi ku bibazo by’abaturage, bigatuma n’ibibazo byakorewe ubuvugizi bidakemuka vuba kubera iryo hangana.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) cyatangaje ko kuva tariki ya 10 kugeza ku ya 13 Ukwakira 2019, hateganyijwe ko imvura iziyongera mu gihugu; aho ku mugoroba wo ku itariki ya 10/10/2019 iba iringaniye ariko mu minsi ikurikiyeho ibe nyinshi (ni ukuvuga kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 13 Ukwakira 2019).
Perezida Kagame avuga ko urwango rugirirwa abanyamahanga (Xenophobia) nta mwanya rufite ku mugabane wa Afurika, kandi ko ari inshingano za buri wese kubirwanya.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye ihuriro ry’urubyiruko rizwi nka Youth Connekt Africa 2019 ryatangijwe mu Rwanda ku wa 09 Ukwakira 2019.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ivuga ko kuva muri Mutarama kugera muri Nzeri 2019, yatanze miliyoni 750 z’amafaranga y’u Rwanda yo kugurira amabati abahuye n’ibiza.
Urubuga ngishwanama rw’inararibonye z’u Rwanda (REAF), ni urwego rwashyizweho ku busabe bwa Perezida wa Repuburika, itegeko rirushyiraho rikaba ryaragiyeho muri 2013, naho abarugize bakaba baragiyeho muri Werurwe 2015. Itegeko nomero 39/2013 ryo ku wa 16 Kamena 2013 ni ryo ryashyizeho urwo rwego.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko kwirukana Gregg Schoof ku butaka bw’u Rwanda byatinze kuko amaze igihe kirekire yarasuzuguye ibyemezo by’inkiko n’iby’izindi nzego zitandukanye zamufatiye.
Kuva tariki ya 07 kugeza ku ya 11 Ukwakira 2019, mu Rwanda harabera inama ihuriza hamwe impuguke ziturutse hirya no hino ku isi, inzego za Leta n’abandi bafatanyabikorwa. Ni mu rwego rwo kuganira ku mabwiriza y’ubuziranenge arebana no kubungabunga ubuzima n’umutekano by’abakozi.
Urwego rw’Abinjira n’abasohoka mu Rwanda rwasubije muri Amerika Gregg Schoof Brian nyuma y’uko yangiwe kuguma ku butaka bw’u Rwanda.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ukwakira 2019, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yakiriye mu biro bye ku Kacyiru, Randolf Stich, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutekano w’imbere mu Ntara ya Rhénanie Palatinat yo mu Budage.
Umunsi mpuzamahanga w’abasheshe akanguhe mu Karere ka Nyamagabe wijihirijwe mu Murenge wa Tare, aho abasheshe akanguhe babaye intangarugero baho babihembewe bahabwa matela.
Kuva ku wa 05 kugeza ku wa 14 Ukwakira 2019, Intore zisaga 200 zo muri sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG), ziri mu kigo kigisha umuco w’ubutore i Nkumba mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kinoni mu Ntara y’Amajyarugu, aho ziri mu Itorero kugira ngo bigishwe indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.
Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Cote d’Ivoire Didier Drogba ni umwe mu bazitabira inama ya YouthConnect Africa, bakazanatanga ikiganiro muri iyo nama iteganyijwe ku matariki ya 9 kugeza kuri 11 Ukwakira 2019.
Ubundi umuhango wo guhambanwa ni umwe mu mihango y’umuco Nyarwanda yakorwaga mu gihe cyo gushyingura ariko ubu usa nk’aho utagikorwa.
Mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 hizihirijwe umunsi mpuzamahanga wagenewe abageze mu zabukuru ku rwego rw’igihugu, abasaza n’abakecuru bavuga imyato Perezida wa Repubulika wabashyiriyeho gahunda zigamije kubaherekeza neza mu zabukuru.
Tariki ya 30 Nzeri 2019 nibwo mu ishuri rya Polisi rya Gishari (PTS-Gishari) riherereye mu Karere ka Rwamagana hatangijwe amahugurwa y’abapolisi bo mu muryango w’abibumbye. Ku wa gatandatu tariki ya 05 Ukwakira 2019 bakoze urugendo shuri, basura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruherereye i Kigali mu Murenge (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko hari itsinda ririmo gukora inyigo mu duce twose tugize uwo mujyi hagamijwe kumenya ahemerewe kubakisha amatafari ya rukarakara, bikazatangarizwa Abanyarwanda bitarenze Ukwakira uyu mwaka.
Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge itangaza ko abafitanye ibibazo bakwiye kubikemura ku gihe, kugira ngo babone umwanya wo kongera kwiyubaka batarangiza byinshi.
Akimanimpaye Judith wo mu Murenge wa Jomba mu Karere ka Nyabihu, avuga ko yabagaho agira umwanda ukabije, awukira nyuma yo guhabwa inyigisho n’umushinga ‘Gikuriro’, none ubu akaba ari we ntangarugero mu isuku.
Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Mukabarisa Donatille avuga ko itegeko ngenga rigena uburyo inteko ishinga amategeko imenya kandi ikagenzura ibikorwa bya guverinoma rishobora kuvugururwa kuko ririmo ibyuho byinshi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase aributsa abaturage b’akarere ka Musanze guca ukubiri n’amacakubiri no kwirinda ibishobora guhungabanya ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda; kuko ari wo musingi amahoro, iterambere n’imibereho byubakiyeho.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko abanyamadini n’amatorero bigisha bibiliya gusa bakibagirwa ubuzima busanzwe bw’abayoboke babo.