Abaturage bo mu Karere ka Nyanza baturiye ahatagera amazi meza baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo gukoresha amazi y’ibiziba, mu gihe bakomeje gushishikarizwa kunoza isuku n’isukura.
Umuvunyi mukuru, Anastase Murekezi, avuga ko inzira ya mbere yo kurwanya ruswa ari ukubanza abantu bakayanga, naho ubundi byaba ari ukuyirwanya bya nyirarureshwa.
Abatega imodoka zitwara abagenzi mu Rwanda baranenga serivisi bahabwa na bamwe mu bashoferi bazitwara, kuko batubahiriza uburenganzira bwabo mu gihe bahagurutsa imodoka bataricara cyangwa batarayisohokamo neza, isuku nke igaragara mu modoka, n’ibindi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Sake buvuga ko icyumba ntangamakuru ari igisubizo ku itekinika kuko ibibera hasi mu midugudu biba bizwi n’abaturage bose.
Agakiriro ka Kimironko gaherereye mu Kagari ka Bibare mu Karere ka Gasabo gafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa gatandatu tariki 13 Nyakanga 2019.
Urubyiruko rugororerwa ku kirwa cya Iwawa rwizeza inzego z’umutekano n’ubushinjacyaha ko bagiye gukorana mu kurandura icuruzwa ry’ibiyobyabwenge mu Rwanda.
Kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki 13/07/2019 Kigali Today Ltd ifite ibitangazamakuru nka www.kigalitoday.com KTRadio na www.ktpress.rw irava i Nyarutarama aho yakoreraga kuva yabona izuba maze yerekeze mu Mujyi wa Kigali rwagati mu nyubako ya CHIC (Champion Investment Company).
Itangazo ry’inama yahuje abakuru b’ibihugu bine ari byo Angola, u Rwanda, Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DR Congo) na Uganda riravuga ko ibihugu bya Angola na DR Congo bigiye kuba umuhuza w’ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda.
Imiryango 80 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 itishoboye yatangiye kugera mu macumbi yubakiwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, ku bufatanye n’Umuryango Caritas Rwanda barizeza ko icyerekezo 2024 kizagera nibura ikibazo cy’imirire mibi kigabanutse kikagera munsi ya 20%.
Itorero ADEPR Paroisse ya Kinazi mu karere ka Ruhango ryasubitse gahunda yo gusezeranya Uyisenga Ildephonse na Banamwana Sadako bari gushyingirwa kuri uyu wa gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2019, kubera ko umukobwa atwite.
Mu Mujyi wa Musanze hagiye kubakwa ibiro bishya by’Intara y’Amajyaruguru, bizakorerwamo n’izindi nzego z’ubuyobozi zinyuranye zirimo Akarere ka Musanze n’Umurenge wa Muhoza.
N’ubwo abatuye i Nyaruguru mu Murenge wa Ruheru mu Mudugudu wa Yanza ndetse no hafi yawo bishimira ibikorwaremezo bagejejweho, bifuza n’imodoka yabafasha mu ngendo zabo.
Perezida Kagame yasabye abayobozi bakuru b’igihugu kugira umuco wo kwisuzuma, bakitonganya ubwabo kubera aho bagize intege nke aho gutegereza gutonganywa n’undi, kuko ngo ari byo bifasha abantu gutera intambwe.
Col. Albert Rugambwa avuga ko imibereho myiza y’Abanyarwanda iha imbaraga abakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu kuko bumva ko bataharaniye ubusa.
Pastor Rick Warren, umunyamerika ufitanye ubucuti bukomeye n’u Rwanda, aratangaza ko Perezida Kagame ari umuyobozi udasanzwe, kubera ko mu buyobozi bwe ashyira imbere inyungu z’abaturage imbere y’ize.
Itangazo ryashyizweho umukono na perezida w’inteko ishinga amatego umutwe wa SENA, Senateri Bernard Makuza, riravuga ko kuri uyu wa mbere tariki 08 Nyakanga 2019, Senateri Bishagara Kagoyire Thérèse yitabye Imana, imihango yo kumuherekeza ikaba izatangwaza mu bihe biri imbere.
Mu gihe bamwe mu banyamahanga bemererwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, bamwe bibaza inzira bicamo kugirango umuntu runaka yitwe umunyarwanda, icyo bimarira uwo muntu ndetse n’uko umuntu ashobora kubutakaza.
Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu kigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), Gatsinzi Justin aravuga ko ibyiciro bishya by’ubudehe bishobora kuva kuri bine byari bisanzwe, bikaba bitanu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruremeza ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa kamwe mu tugari two mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke yamaze kugera mu maboko y’ubugenzacyaha.
Nzasenga Alfred w’imyaka 48 avuga ko mbere y’umwaka wa 2012, yari umucuruzi usanzwe w’imbaho wakoreraga abandi mu Gakiriro ka Gasozi.
Nyuma y’imyaka 25 u Rwanda rubohowe, abatuye ku Ruheru mu Karere ka Nyaruguru barishimira ibyo bamaze kugezwaho, ku buryo hari n’abasigaye bavuga ko iwabo habaye i Kigali.
Umukobwa wo mu murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke, ashinja umwe mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Akagari kumufata ku ngufu ubwo yari agiye kumusaba icyangombwa.
Abagore bo mu Murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke, bavuga ko gukubitwa no gutotezwa biri mubyo babohotse, ubu bakaba bari mu buyobozi no mu bikorwa binyuranye by’iterambere.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Musenyeri John Rucyahana, ni umwe mu bavuga ko bakibabazwa n’imibereho y’abasigajwe inyuma n’amateka.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko kuri uyu wa gatanu tariki ya 05 Nyakanga 2019 ari umunsi w’ikiruhuko rusange mu rwego rwo gukomeza kwizihiza umunsi wo kwibohora.
Aha ndavuga nk’Umunyarwanda wabaye mu Rwanda nkivuka. Abanyarwanda twese twari tuboshye, abibwiraga ko bataboshye baribeshyaga. Abatutsi bari baboshywe no gucibwa mu gihugu bakirimo, n’ipfunwe ryo kuzira icyo utihaye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasobanuye intandaro y’urugamba rwo kwibohora, avuga ko urugamba rwari ngombwa kandi nta kundi byari kugenda kuko hagombaga kubaho uburyo bwo guhanga igihugu gishya kandi cyiza.
“Urugamba rw’amasasu rwararangiye, haracyasigaye urugamba rwo kurwanya ubukene”, ni imvugo ikunze kugarukwaho n’abayobozi benshi uhereye ku bagize Guverinoma kugera mu nzego z’ibanze, ndetse no mu baturage basanzwe.
Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) igaragaza ko ibikorwa byo kubohora Abanyarwanda ingoyi y’ubukene n’imibereho mibi mu mwaka wa 2018-2019 bifite agaciro k’amafaranga arenga miliyari 97.5, ariko ko hakoreshejwe miliyari 85.3 bigatuma Leta izigama amafaranga arenga miliyari 12.1.