Umuryango w’Abanyarwanda biyemeje kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside, ‘Umurinzi Initiative’ (hamwe n’inshuti zawo), uravuga ko uwitwa Charles Onana abifashijwemo na televiziyo y’Abafaranga ‘LCI’ bakomeje gukorera Abatutsi Jenoside.
Abatunganya imbaho n’ibizikomokaho mu Rwanda baravuga ko ubumenyi bwabo bukiri hasi, ndetse ngo ntibaragira uburyo bunoze bwo gutunganya ibisigazwa biva ku biti n’ibiva ku mbaho mu gihe nyamara na byo biba bishobora kubyazwamo ibindi bikoresho.
Abarira mu ma resitora menshi yo muri gare yo mu mujyi wa Kigali no mu nkengero zayo, bagaragaza ikibazo cy’ama resitora atanga ibiribwa ndetse n’ibinyobwa, ariko wakenera ubwiherero bakabukwishyuza.
Abana b’abakobwa batewe inda bakabyara imburagihe, bahamya ko imyuga bize babifashijwemo n’umuryango ‘Safi Life Organization’ izabafasha kwikura mu bukene, bityo ntibongere kugira ibyo bararikira byatuma bashukwa bakongera guterwa inda.
Umunyamabanga uhoraho mushya muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Dusengiyumva Samuel yavuze ko agiye kwihutisha gahunda zo kuvugurura imikorere y’urwego rw’Akagari.
Umuryango Imbuto Foundation hamwe n’abafatanyabikorwa bawo, batoranyije imishinga 10 y’urubyiruko, igomba kuvamo ifasha Leta kurinda abangavu gutwita no kwandura indwara zifatira mu mibonano mpuzabitsina.
Mukagahunde Anastasie w’imyaka 65 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi abonye icumbi nyuma y’imyaka irenga 10 amaze acumbikirwa n’abagiraneza.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe umuyobozi w’ishuri College Adventiste de Gitwe, Nshimiyimana Gilbert, ukekwaho kugira uruhare mu guhatira abana kuyoboka idini.
Bizimana Pierre wari mu bagombaga gukorerwa ibirori byo gusoza amasomo ya kaminuza kuwa gatanu w’iki cyumweru, yapfiriye mu mpanuka y’imodoka yabereye mu muhanda Huye-Kigali, ubwo yari ageze Kamonyi avuye ku ishami rya Kaminuza riri i Huye, aho yari avuye gufata ikanzu yari kuzambara muri ibyo birori.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagaragarije Urugaga rw’abagore bashamikiye kuri FPR-Inkotanyi muri Nyarugenge, ko umuryango Nyarwanda utorohewe n’amakimbirane.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko Nshinga nk’uko ryavuguruwe muri 2015, none ku wa 04 Ugushyingo 2019 yashyize abayobozi bakuru bashya mu myanya itandukanye.
Hashize imyaka 12 abari batuye ahitwaga mu Kiyovu cy’abakene muri Nyarugenge bimukiye i Batsinda mu mudugudu wa Kagarama w’i Kagugu mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo.
Umugabo witwa Karekezi Syldio wo mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze yafashe icyemezo cyo kugaruka mu rugo yari yarataye nyuma y’uko umugore we ashyikirijwe ku mugaragaro inzu yubakiwe n’Abagore bo mu rugaga rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Abana b’inzererezi bashyirwa mu bigo byabugenewe (transit centers) bakigishwa mu rwego rwo gushakira umuti icyo kibazo. Icyakora hari Abanyehuye batekereza ko ababyeyi babo ari bo bari bakwiye kugororwa.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase yasabye abayobozi mu karere ka Nyagatare kuba basoje kubakira abatishoboye mugihe cy’amezi ane.
Nyuma y’amezi icyenda Guverineri w’intara y’Amajyepfo, Emmanuel Gasana, akorera mu karere ka Nyamagabe, Huye ngo ni yo itahiwe muri Mutarama 2020.
Umuryango ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane Transparency International Rwanda (TI-R) wemeza ko ubushakashatsi uheruka gukora ku mishinga ikorerwa abaturage ibafitiye inyungu, bwagaragaje ko 55% by’abagenerwabikorwa batamenya iby’iyo mishinga.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Edouard Bamporiki, yasabye abafite ubumuga kutitiranya urugi rwegetseho n’urufunze, kuko hari igihe bakwibuza amahirwe yo gutera imbere.
Ku nshuro ya gatatu kuri uyu wa gatanu tariki 01 Ugushyingo 2019, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rwashyize mu byiciro andi mahoteli, za resitora n’amacumbi 40 byo hirya no hino mu Rwanda, hagendewe ku buziranenge bwa serivisi ibyo bigo bitanga.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 Ugushyingo 2019, iduka riri mu isoko rinini rya Musanze ryitwa ‘Goico’, ryafashwe n’inkongi y’umuriro.
Muri iki gihe mu Rwanda hatangijwe gahunda yo kurwanya ubukene bukabije, aho abakennye cyane bahabwa iby’ingenzi bibafasha kubusohokamo mu gihe cy’imyaka itatu, hari abavuga ko bishoboka kuko babigezeho.
Abatuye mu isantere ya Bushara mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare bavuga ko amatara yo ku muhanda bahawe ari umutako kuko atigeze yaka.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC) gitangaza ko cyatangiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga ku basaba amazi bwa mbere, bakuzuza ibisabwa bitabaye ngombwa ko bajya ku biro by’icyo kigo nk’uko byari bisanzwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe ubukungu, Cyriaque Mapambano Nyiridandi, avuga ko abakozi batanu b’akarere basezeye mu kazi ku mpamvu zabo bwite.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu, Nirere Madeleine, avuga ko ibyavuzwe muri gereza ya Mageragere na Rubavu by’uko imfungwa zikubitwa, ngo nta shingiro bifite.
Mu rwego rwo gufata mu mugongo abaturage baburiye ababo mu bitero by’abagizi ba nabi mu Karere ka Musanze, Ishuri rukuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, ryatanze inkunga ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga ibihumbi 500.
U Rwanda ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika cyerekaniwemo imodoka za Volkswagen zikoreshwa n’amashanyarazi.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge(NURC) hamwe n’Ubuyobozi bw’umurenge wa Remera mu karere ka Gasabo, bavuga ko gukiza urwango n’amacakubiri mu mitima y’Abanyarwanda ari umurimo w’abasenga kurusha uwa Leta.
Umuryango urengera abana n’urubyiruko bafite ubumuga ’Uwezo Youth Empowerment’, usabira ibihano abayobozi n’ibigo batubahiriza amategeko Inteko yatoye hagamijwe kurengera abafite ubumuga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase aributsa abayobozi b’inzego z’ibanze kubaka ihame ry’ubufatanye n’abafatanyabikorwa, kugira ngo byongere imbaraga n’umusemburo byubaka igihugu.