Muri paruwasi Gatolika ya Nyamata, iherereye mu karere ka Bugesera, muri Arikidiyoseze ya Kigali, hashyizweho ibwiriza ku bakirisitu Gatolika bayibarizwamo ko ugiye gutaha ubukwe mu rindi dini ritari Gatolika, azajya abanza gusaba uruhushya rusinyweho na padiri mukuru, kugira ngo barinde ukwemera kw’abakirisitu babo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasabye urubyiruko guharanira kugira ubumenyi bwisumbuye, bakabasha gukora ibihambaye nk’imodoka, za mudasobwa n’ibindi bikorerwa mu mahanga ya kure.
Dushimimana Olive akora akazi ko kotsa inyama (Mucoma) mu gasantere ko mu Nkanika gaherereye mu Kagari ka Gakamba, Umurenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera. Avuga ko yiyemeje gukora ako kazi kugira ngo arebe ko imirimo abagabo bakora na we yayibasha, kugira ngo imufashe kwiteza imbere.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred avuga ko imiryango igaragaraho isuku nke igiye kujya inengerwa mu ruhame kugira ngo yikosore.
Kuri uyu 06 Kanama 2019, Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasuye bwa mbere Ngororero kuva yagirwa Minisitiri, yirebera uko ubuzima buhagaze muri ako karere, hafatwa n’ingamba zirimo kugarura mu ishuri abana 1851 barivuyemo bitarenze uku kwezi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 06 Kanama 2019 yerekeje i Maputo muri Mozambique mu muhango wo gushyira umukono ku masezerano yo kumvikanisha impande ebyiri zimaze igihe zitavuga rumwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira inama yiga ku kibazo cyo kwihaza mu biribwa ku mugabane wa Afurika.
Minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko kuwa mbere tariki 12 Kanama 2019 ari umunsi w’ikiruhuko, nyuma yo kumenyeshwa n’umuryango w’aba-Islam mu Rwanda ko ku cyumweru tariki 11 Kanama 2019 ari umunsi mukuru wa Eid al-Adha, bityo kuko uyu munsi uzahurira n’impera z’icyumweru, kuwa mbere ukurikiyeho (…)
Itegeko ngenga n° 30/2008 ryo ku wa 25/07/2008 ryerekeye ubwenegihugu nyarwanda mu ngingo zaryo zitandukanye, risobanura uko umuntu wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda ashobora kubwamburwa cyangwa se akaba yanabusubirana.
Marie Chantal Rwakazina wari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akaba aherutse kugirwa Ambasaderi, yahererekanyije ububasha ku buyobozi bw’uwo mujyi na Busabizwa Parfait usanzwe ari umuyobozi wungirije wawo ushinzwe iterambere ry’ubukungu.
Abanyamuryango ba Koperative yitwa Kabeho ngagi Sabyinyo igizwe n’abatuye mu mirenge ikora kuri Pariki y’ibirunga bahoze bashimuta inyamaswa bakanangiza Pariki, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ruruhukiyemo imibiri y’abarenga ibihumbi 250 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, maze basobanurirwa uko (…)
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), barasaba buri muturage gutungira agatoki umupolisi, ahantu hose abonye umwanda n’ibindi bibazo.
Abaturage bo mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera batangaza ko nyuma yo gusanga ubuyobozi bw’umurenge wabo bukorera mu nyubako itajyanye n’igihe, bihaye umuhigo wo kubaka ibiro bishya byuzuye bitwaye miliyoni 85 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority) kiratangaza ko guhera mu kwezi gutaha kwa Nzeri 2019 hazatangira uburyo bushya bwo kwandika ibinyabiziga.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) iraburira abanyura mu nzira zitemewe bajya mu bihugu bituranyi, ko bateganirijwe ibihano byihanukiriye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aherekejwe na Madame Jeannette Kagame, yafunguye ku mugaragaro Hoteli yitwa Singita Kwitonda Lodge yuzuye itwaye miliyoni 25 z’amadolari.
Hari ibintu bigenda byiyongera byo kumva abantu benshi biyita aba Bishop cyangwa se Apôtre, uyu munsi ukumva umuntu ngo ni Bishop, ukumva undi ngo ni Apôtre. Hari ababyumva ntibasobanukirwe aho biva n’icyo bisaba kugira ngo umuntu agire iryo zina. Ibi byose ni byo Apôtre Dr Paul Gitwaza asobanura muri iyi nkuru ya Kigali (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 01 Kanama 2019, Abatuye umujyi wa Rubavu basanzwe bakoresha imipaka y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo babyutse basanga hari amabwiriza avuga ko nta wemerewe kwambuka, ndetse n’Abanyekongo batemerewe kwambuka ngo baze mu Rwanda.
Ibyiciro by’ubudehe biri kuvugururwa muri uyu mwaka wa 2019 bizashingirwaho mu gufasha abakene n’abakene cyane, ariko ntibizatuma n’abakeneye ubufasha batari mu byiciro by’abakene badafashwa.
Mu Banyarwanda igihugu cya Uganda kirimo kohereza iwabo bavuye muri gereza, hari abagishinja kuba bazanwa mu gicuku bakajugunywa ku gasozi aho bashobora kugirirwa nabi.
Umuvugabutumwa wo muri Tanzaniya Bishop Noel Uliyo aratangaza ko intambwe imaze guterwa mu bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda ishimishije.
Abaganiriye na Kigali Today bo mu Murenge wa Mugunga, baremeza ko hari ubwo bagura amasambu ku kiguzi kiri munsi yayo bakwa ngo bahinduze ubwo butaka, bakavuga ko ari akarengane kuba umuntu yagura ubutaka bwa miliyoni agasabwa gutanga amafaranga angana n’uguze ubutaka bw’ibihumbi 20.
Sosiyete icuruza ibijyanye n’itumanaho rya Internet yitwa Liquid Telecom yatanze miliyoni 10 zo kwishyurira ubwisungane mu kwivuza (mituweli) abaturage batishoboye bo mu Karere ka Nyagatare.
Umuryango Nyarwanda wita ku mibereho myiza y’ingo (ARBEF) umaze igihe ukorera mu Rwanda ufasha Abanyarwanda mu bikorwa bitandukanye birimo kuboneza urubyaro, gufasha ababishaka kwisuzumisha virusi itera SIDA, no gufasha urubyiruko gusobanukirwa ibyerekeranye n’ubuzima bw’imyororokere.
Mu cyumweru cya kabiri cy’ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi, hatangijwe ubukangurambaga mu kurwanya ihohoterwa n’inda ziterwa abangavu, aho ubuyobozi bwa Polisi bwasabye inzego zose kubigiramo uruhare mu gukumira no kurwanya ibyo bikorwa bibi.
Mu rwego rwo kwirinda akajagari no gukoresha ubutaka neza, buri karere kagira igishushanyo mbonera kigaragaza uburyo ubutaka bugomba gukoreshwa bitewe n’agace runaka.
Sabiti Bosco wo mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare, ufite inka ziheruka gukubitwa n’inkuba yashumbushijwe eshatu n’umuryango Social Family.
Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda yemeje Umushinga w’Itegeko ryemeza burundu amasezerano ya Afurika Yunze Ubumwe yerekeye gucunga amakuru Abanyarwanda bohereza cyangwa bakira biciye mu ikoranabuhanga.
Nyuma y’uko inkuru y’urupfu rwa Perezida wa Tunisia Beji Caïd Essebsi rumenyekanye kuri uyu wa kane tariki 25 Nyakanga 2019, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yihanganishije abo mu muryango we, guverinoma y’igihugu ndetse n’abanya – Tunisia bose.
Kuva mu cyumweru gishize, mu nzego zinyuranye z’akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, cyane cyane muri serivisi zikenerwa n’abaturage cyane, hatangiye gukoreshwa imashini abaturage bakoresha bagaragaza uko bakiriye serivisi bahawe.