Madame Jeannette Kagame yemereye ba rwiyemezamirimo b’abagore kubatera inkunga ngo bahangane n’imbogamizi bahura na zo, ariko abasaba kureka kwigana imishinga y’abandi kugira ngo bazamure uruhare rwabo mu mibereho myiza.
Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Umutoni Sandrine avuga ko abagabo n’abahungu bagize umuryango AERG bakwiriye gukura amaso ku bidashoboka bakayahanga ibishoboka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko kuba abangavu baterwa inda batavuga abazibateye bikiri mu bituma iki cyorezo kidacika.
Abagabo n’abagore bo mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, baritana ba mwana ku bibazo by’amakimbirane mu miryango, bitera abana gukoreshwa imirimo ivunanye.
Daphrose Nyirabahutu abatuye mu Karere ka Nyaruguru bitaga Umukecuru wa Perezida (Kagame), yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa 19 Kamena 2019.
Mu buzima bw’abagore n’abakobwa, kugaragara neza ku mubiri biri mu bintu bifata umwanya wa mbere, aho baba baharanira guhorana umucyo, ubwiza ndetse n’ igikundiro.
Abaturiye umugezi wa Mwogo mu Mirenge ya Maraba na Kigoma mu Karere ka Huye, barishimira ikiraro cyo mu kirere bubakiwe cyatashywe tariki 18 Kamena 2019.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Jean Marie Vianney Ndushabandi, asaba umushoferi wanyoye ibisindisha kureka kongera gutwara ahubwo agashaka umutwara kugira ngo agere iwe amahoro.
Bamwe mu bagabo bo mu karere ka Nyabihu, barishimira ko ikibazo cy’igwingira ry’abana kigenda kigabanuka nyuma yuko biyemeje kwihugura mu guteka, kugira ngo bafatanye n’abagore babo mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi.
Umwaka w’imihigo 2018-2019 usize abaturage bangana na 5.5% babonye amazi meza kubera umuyoboro w’amazi uzafasha abaturage bo mu mirenge itandatu.
Ibipimo by’amazi, ubutaka, umuriro n’ibindi abantu benshi bakunda kubyifashisha harebwa ingano y’ikintu runaka, ariko ugasanga hari ikigero fatizo kivugwa na benshi ariko batagisobanukiwe, ari ukubyumva gusa ariko batazi ingano nyayo yabyo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, asaba Abayislamu guharanira imibereho myiza y’Abanyarwanda muri rusange n’iyabo by’umwihariko hagamijwe iterambere.
Abayislamu bakomoka mu bihugu 26 bya Afurika n’abakuriye igikorwa cy’amarushanwa yo gusoma Korowani bakomoka muri Aziya, bafashishije ibiribwa bitandukanye abasigajwe inyuma n’amateka bo muri Gicumbi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri iki cyumweru tariki 16 Kamena 2019, yakiriye mu biro bye, Mark Green, Umuyobozi w’Ikigega cya Amerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID).
Alphonse Munyantwari, Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba ni we watorewe kuyobora abanyamuryango ba RPF Inkotanyi muri iyi Ntara, yunganirwa na Ntaganira Josué Michael, usanzwe ari umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe ubukungu.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo batoye Komite nyobozi nshya banashyiraho abahagarariye Urugaga rw’Umuryango mu bagore n’urubyiruko.
Gatabazi Jean Marie Vianney watorewe umwanya w’Umuyobozi w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, yiyemeje kurushaho kuzamura umuryango wa FPR-Inkotanyi ahereye ku rubyiruko.
Sheikh Nsangira Abdallahamidu, umuyobozi wungirije utegura iki gikorwa cy’amarushanwa yo gusoma Korowani, avuga ko aya marushanwa yahuje ibihugu 25.
Abatuye ku Mubuga mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru barishimira ko begerejwe amazi meza, ubu bakaba batacyambuka umupaka bajya kuvoma i Burundi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) gitangaza ko mu myaka 10 ishize kimaze guhomba arenga miliyari eshatu z’amafaranga y’u Rwanda, bitewe n’ibikorwa byo kwiba umuriro kwa bamwe mu bafatabuguzi bacyo.
Abakuru b’ibihugu bya Afurika baravuga ko uyu mugabane uzihutisha Intego z’Iterambere rirambye(SDGs) ushingiye ku mutungo kamere wawo, gufashanya no guhahirana hagati y’ibihugu biwugize.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko buri munsi adashobora kubura iminota 30 agenera siporo n’imyidagaduro mu rwego rwo gufasha umubiri gukora neza.
Mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College) ku itariki 13 Kamena 2019, hahuriye impuguke zaturutse mu bihugu binyuranye bya Afurika. Bungurana ibitekerezo ku mahoro, Umutekano n’Ubutabera(Symposium on Peace, Security and Justice).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko ubukangurambaga bukomatanyije bugamije imibereho myiza mu muryango binyuze muri gahunda yitwa "Baho Neza" bugiye gufasha abagatuye.
Rev. Pasitoro Singirankabo Jean de Dieu, wari umuvugabutumwa mu itorero ADEPER/PCIU, (Ishami ry’itorero ADEPER muri Uganda), yagiye muri Uganda muri 2006 agiye kwiga no gukomereza umurimo w’ivugabutumwa muri ADEPER.
Turebye ku isaha, ni saa sita z’amanywa. Ni kuwa wa mbere, umunsi ushyushye cyane. Mugiraneza Jean Bosco yihanganiye izuba, ahagaze ku muhanda Kinamba-Nyabugogo.
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko yakiriye Abanyarwanda basaga 20 birukanywe muri Uganda ku wa kabiri tariki 12 Kamena 2019, bakaba bari bafungiye muri Uganda mu buryo budakurikije amategeko.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Anastase Shyaka, yemereye Umudugudu wa Kaburanjwiri inka y’imihigo, nyuma y’uko uwo mudugudu w’i Kansi muri Gisagara wabaye indashyikirwa mu mpinduka ziganisha ku iterambere.
Ikigo Yego Moto ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa kigiye gufasha abagore n’abakobwa 200 bo mu Mujyi wa Kigali bifuza kuba abamotari kwiga moto n’amategeko y’umuhanda bityo binjire muri uwo mwuga.
Abagabo babiri bakurikiranyweho ibyaha byo kwigana ibirango by’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority), ndetse no kwigana inzoga zisanzwe zikorwa n’inganda zemerewe gucuruza mu gihugu.