Mu ijoro ryakeye rishyira kuri uyu wa kane tariki 5 Ukuboza 2019, ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu Karere ka Musanze byibasiye inzu n’imyaka y’abaturage biganjemo abo mu mirenge ya Muko, Kimonyi na Nkotsi mu karere ka Musanze.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo(MININFRA) ibinyujije mu kigo gishinzwe Ingufu(REG), yagaragaje ibikorwa remezo byubatswe guhera muri Werurwe 2019, bizanyuzwamo amashanyarazi aturuka cyangwa yoherezwa hose mu gihugu no hanze yacyo.
Kugera ku itariki ya 03 Ukuboza 2019, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari 10 mu Karere ka Rubavu bari bamaze kwandika basezera akazi.
Abafite ubumuga batekereza ko bidahagije ko bahagararirwa mu nteko ishinga amategeko, ahubwo ko bakwiye guhagararirwa no mu zindi nzego zifata ibyemezo nka sena ndetse na guverinoma.
Umuvunyi mukuru Anastase Murekezi avuga ko ruswa imunga ubukungu n’umuco, ariko by’umwihariko ikagira ingaruka ku mutekano igihugu kikaba cyahura n’akaga.
Uruganda rw’imodoka za Volks Wagen (rukorera mu Rwanda), rubifashijwemo n’ikigega cy’Abadage gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (GIZ) ndetse na Leta y’u Rwanda, rwatanze bwa mbere impamyabumenyi ku bashoferi 159 bazabikora kinyamwuga.
Muri gahunda yo kurerera abana mu miryango yatangiye mu mwaka wa 2008, babavana mu bigo binyuranye, inzego z’ubuyobozi zinyuranye mu karere ka Nyabihu zatanze amahugurwa ku buryo bwo gutoranya ba Malayika murinzi bazifashishwa mu kurerera abana mu miryango.
Gahunda yo kubakira abatishoboye mu ntara y’Amajyaruguru ni yo iri ku isonga mu bigiye kwitabwaho muri uku kwezi ku buryo umwaka wa 2020 utangira abaturage bose batuye neza nk’umuhigo uturere twahigiye ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru.
Nyuma y’ibyumweru bitatu inzu isenyukiye ku muturage witwa Uwimana Chantal n’abana batandatu, itorero ry’Abametodiste Libre ryo mu Rwanda ryiyemeje kumushumbusha inzu nziza kurusha iyo yari asanganywe, mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu.
Minisitiri w’urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, avuga ko iterambere ryihuse ritagerwaho abo ryubakirwa batariho kubera kutitabwaho n’ababyeyi bitwaje ko babashakira imibereho myiza.
Gahunda y’ukwezi kwahariwe umuryango yatangijwe n’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, isoje imiryango itanu yabaga hanze yubakiwe inzu ku nkunga y’abo bagore bishyize hamwe bakusanya amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 28.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Ugushyingo 2019, bifatanyije n’abandi banyarwanda mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza Ugushyingo muri uyu mwaka wa 2019.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame asaba ko imihanda yose mu mujyi wa Kigali igomba kuba isukuye nk’iyegereye amahoteli manini.
Ntibisigwa Célestin, umuzamu ku nzu zubakiwe abatishoboye igihe cy’urugerero ruciye ingando, amaze igihe kirekire yishyuza Akarere ka Nyagatare umushahara yakoreye, dore ko habura ukwezi kumwe ngo umwaka wuzure.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko Kiliziya irenze amoko n’ivangura iryo ari ryo ryose kuko ahubwo ibereyeho kunga abantu.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rusaba abakora ingendo mu modoka rusange mu mujyi wa Kigali, gutanga amakuru igihe cyose babonye imyitwarire itari iya kinyamwuga ku bashoferi.
Lt. Gen. Frank Mushyo Kamanzi yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Rwamucyo Ernest aba Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani, naho Madamu Mukangira Jacqueline agirwa Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde.
Inzego zifite aho zihurira no kwita ku burenganzira bw’umwana n’imibereho ye mu Karere ka Musanze ziraburira ababyeyi n’abakoresha b’ibigo bitandukanye ko hatangiye gukazwa ingamba no kubahiriza amategeko arengera umwana ugaragaye akoreshwa imirimo ivunanye.
Mu mwaka wa 2015 nibwo abasore batatu ari bo Simbi Aimé Jules, Ndahimana Tharcisse na Nshimiyimana Eric batangije umushinga wo kongerera agaciro amakoro bayakoramo intebe, ameza n’amavazi byo mu busitani.
Umuvunyi mukuru aragaya Akarere ka Nyamagabe n’aka Nyaruguru nyuma y’uko inama ngishwanama mu kurwanya ruswa zaho zagaragaje imbaraga nkeya mu mikorere.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere imiturire (Rwanda Housing Authority-RHA) kiravuga ko igishushanyo mbonera cy’imijyi itandatu yunganira Kigali kitazimura abaturage.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Nyiricyubahiro Musenyeri Hakizimana yari amaze imyaka itatu abaye Padiri akaba yari ashinzwe amashuri muri Arikidiyosezi ya Kigali.
Urubyiruko rufite kuva ku myaka 6 kugeza kuri 30 y’amavuko ruri mu biruhuko rwatangiye kwitabira gahunda y’itorero mu biruhuko.
Abahanzi, abakinnyi ba filimi n’abanyabugeni, bamazwe impungenge ku mutekano w’ibihangano byabo ndetse banerekwa uko babibyaza inyungu ku giti cyabo bikanagira uruhare mu kuzamura iterambere ry’igihugu.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri itatu bivuzwe ko amaduka yo mu Cyarabu yasenywe agiye gusimbuzwa inzu z’amagorofa, ubu noneho ngo imishyikirano yo kuyubaka igeze ahashimishije.
Kuva tariki 25 kugera kuya 27 Ugushyingo2019, mu Rwanda hari kubera inama mpuzamahanga yiswe ‘Global Gender Summit 2019’, yiga ku iterambere ry’umugore, uburinganire n’ubwuzuzanye.
Inyubako ya Kigali Convention Center (KCC), mu ijoro rishyira kuri uyu wa kabiri tariki 26 Ugushyingo 2019, yagaragaye mu ibara ry’Iroza, mu gihe ubusanzwe ikunda kugaragara iri mu mabara y’ibendera ry’u Rwanda.
Madame Jeannette Kagame kuva kera yizera ko icyo umugabo yakora n’umugore yagikora, akanavuga ko n’ubu igitekerezo cye akigihagazeho.
Perezida Kagame avuga ko abagore hari intambwe igaragara mu iterambere bagezeho, ariko ko hakiri byinshi byo gukora.
Icyiciro cya gatatu gigiuzwe n’impunzi 117 zivuye muri Libiya cyaraye kigeze mu Rwanda ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 24 Ugushyingo 2019.