Butoyi Didier wo mu Karere ka Bugesera avuga ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ibicanwa no kubungabunga ibidukikije yakoze amakara akozwe muri burikete (Briquettes) mu bisigazwa by’imyaka aho abayakoresha bavuga ko ahendutse ugereranyije n’ay’ishyamba asanzwe.
Inkongi y’umuriro yatewe n’iturika rya Gaz, yibasiye inzu iherereye mu Mudugudu wa Nyarukurazo Akagari ka Kamatama mu Murenge wa Jabana Akarere ka Gasabo, umuntu umwe akomereka bikomeye, n’ibyarimo birashya.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho abajyanama mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, barimo Dusengiyumva Samuel wari usanzwe ari Umuyobozi w’uyu Mujyi.
Ba rwiyemezamirimo bato bongerera agaciro umusaruro ukomoka ku buhinzi bavuga ko bagorwa cyane no kubona ibyangombwa by’ubuziranenge bityo ibyo bakora bikabura isoko nabo bakadindira mu iterambere.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), yatangaje ko yagabanyije urwunguko rwayo ku bigo by’imari, rugera kuri 6,5% ruvuye kuri 7% rwari rusanzweho.
Pasiteri Mugabo Venuste wo mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yavuze ubuzima bubi yakuriyemo aho yageze n’ubwo atungwa n’akazi ko gucuruza ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga z’inkorano.
Hirya no hino mu Turere, mu gihe hari imihanda bigarara ko ifatiye runini abaturage ndetse igahoramo urujya n’uruza rw’abanyamaguru n’abatwara ibinyabiziga, bakomeje kwinubira ko iyangirika ryayo, usibye kubacyereza mu bikorwa byabo birimo mihahiranire n’imigenderanire, bikomeje no kubadindiza mu iterambere.
Mu myaka itanu iri imbere urubyiruko rw’u Rwanda rugera ku bihumbi 132 rushobora kuzaba rutunzwe n’imirimo itandukanye y’ubuhinzi kandi babikora kinyamwuga bagakuramo amafaranga abafasha kwiteza imbere.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kanama 2024, u Rwanda rwohereje muri Mozambique inzego z’umutekano (Ingabo na Polisi), bagiye gusimbura bagenzi babo bamaze umwaka mu nshingano boherejwemo mu Ntara ya Cabo Delgado iherereye mu Majyaruguru y’iki Gihugu.
Uwitwa Fraterne Ndacyayisenga yaguze ubutaka mu Karere ka Gasabo, akora ihererekanya ryabwo n’uwo babuguze bimugoye ariko abona icyangombwa. Asobanura ko yaje gukenera serivisi zimusaba gutanga icyangombwa cy’umutungo, yitabaza abagenagaciro b’umwuga ngo babimufashemo, ariko bahuje ibyangombwa afite n’ubutaka yaberetse ko (…)
Abarokotse Jenoside bo mu Mirenge igize agace ka Ndiza mu Karere ka Muhanga, barashinja Germain Musonera bahamagara (Jerimani), wari ugiye kuba Umudepite mu Nteko ishinga amategeko, kubicira ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu Murenge wa Gihombo Akarere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’impanuka y’imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Coaster ya kompanyi RFTC, aho yataye umuhanda iragwa, umushoferi n’abagenzi 28 yari itwaye barakomereka.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Migina bibumbiye muri Koperative Ubumwe Tumba barataka kutishyurwa umuceri watwawe na rwiyemezamirimo ufite uruganda ruwutonora, we akavuga ko nta masezerano y’ubugure bagiranye, ahubwo ko awubabikiye.
Minisitiri mushya wa Siporo, Nyirishimana Richard avuga ko yiteguye gukorana neza n’abafatanyabikorwa barimo ingaga z’imikino mu Rwanda kugira ngo bitange umusaruro wifuzwa muri uyu mutaka wa siporo Nyarwanda.
Mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera hatangijwe ibikorwa byo kubaka imihanda inyura mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Nyamata, hagamijwe kurushaho kuzamura iterambere ry’abaturiye iyo mihanda ndetse n’abayikoresha muri rusange.
Nyuma y’ikibazo cyari kimaze iminsi cy’umusaruro w’umuceri wari waraburiwe isoko bigateza ikibazo, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko hagiye gushyirwaho ikigo gishinzwe kugura umusaruro wose wabuze isoko.
Perezida waRepubulika Paul Kagame yasabye abayobozi kwirinda inama za hato na hato nahoramo, ugasanga zitanatanga umusaruro.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, abibutsa ko nta mpamvu yo gutinza imirimo iteza imbere Igihugu mu gihe hari ibisabwa byose.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye abayobozi mu nzego zitandukanye kujya bafata umwanya wo kwisuzuma no kwiganiriza ubwabo kandi bakibwiza ukuri, hanyuma aho basanze hari ibitagenda bagaharanira kubikosora.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yatangaje ko abana barenga 22% batagerwaho na serivisi z’ingo mbonezamikurire (ECD’s) mu Rwanda, bikagira ingaruka ku mikurire yabo kuko hari ibyo batabona.
Perezida w’u Rwanda yavuze ko abahoze ari Abaminisitiri muri Guverinoma yacyuye igihe bakaba batarisanze muri Guverinoma nshya yarahiye kuri uyu wa mbere 19 Kanama 2024, bitavuze ko birukanywe.
Umuyobozi Mukuru wa CDAT, Uzabibara Ernest, avuga ko ku bufatanye n’Akarere ka Nyagatare, uyu mushinga uteganya gutunganya ibishinga n’ibishanga n’ibibaya ku buso burenga hegitari 5,000 hagamijwe kongera ubutaka buhujwe buhingwaho igihingwa kimwe.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 20 uzaba kuwa 18 Ukwakira 2024 mu Karere ka Musanze.
Umusesenguzi akaba n’impuguke mu bijyanye n’Ubukungu agaragaza ko hari ibikwiye kwitabwaho na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) hamwe na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), nyuma y’uko zihawe Abaminisitiri bashya muri Guverinoma iherutse gushyirwaho n’Umukuru w’Igihugu.
Mu Ntara y’Amajyaruguru haravugwa insengero 55 zigiye gusenywa kubera kutuzuza ibisabwa, nk’uko bigaragara ku rutonde rwamaze gusohoka rukomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.
Abayobozi mu nzego zitandukanye kuva ku rwego rw’Umurenge, abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ndetse n’abajyanama bihaye ingamba zo kurushaho gutanga serivisi nziza no kwimakaza imiyobore ishingiye ku muturage.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga bashyikirije inka wa mubyeyi witwa Kamugisha Marie Goreth, wabyaye yagiye kwamamaza Paul Kagame, ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Muhanga.
Amadini n’amatorero ahuriye mu Muryango Compassion International ukorera mu Karere ka Burera, yahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu bukangurambaga bw’iminsi itatu bwakozwe mu giterane cyiswe ‘Free indeed Campaign’.
Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, Musenyeri Célestin Hakizimana, aributsa abakirisitu Gatolika ko ari bo bitezweho ubushobozi bwo kugura ubutaka buteganyijwe kuzagurirwaho Ingoro ya Bikira Mariya i Kibeho.
Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ashyizeho Guverinoma nshya ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, abashya bayinjiyemo, abayisanzwemo n’abatayigarutsemo, mu butumwa banyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X rwahoze ari Twitter, buri wese yashimiye Umukuru w’Igihugu.