Mu minsi ishize nibwo Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), yatangaje ko yahinduye amafaranga by’umwihariko inoti ya bitanu (5000) n’iya bibiri (2000), zifite ibimenyetso bishya biziranga.
Polisi y’u Rwanda irasaba ibigo byigenga bitanga serivisi zo gucunga umutekano, gushishikariza abakozi babyo kurushaho gukora kinyamwuga, kugira ngo umutekano w’abantu n’ibyabo urusheho kugerwaho.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidali y’ishimwe kubera umusanzu uhamye zigira mu bikorwa byo kurinda amahoro n’umutekano.
Nyuma yo kugeza ijambo ku bitabiriye inama ihuje u Bushinwa n’Afurika, Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Xi Jinping, bagirana ibiganiro mu kwimakaza umubano w’ibihugu byombi.
Ubushinjacyaha mu Karere ka Muhanga Bwasabiye Musonera Germain gukurikiranwa afunzwe, ku byaha bya Jenoside akurikiranweho.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kane tariki 5 Nzeri 2024 yatanze ikiganiro ku bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bateraniye mu nama ihuza u Bushinwa na Afurika (FOCAC) iri kubera i Beijing kuva tariki 4 kugera tariki 6 Nzeri 2024 agaragaza ko imiyoborere ihamye ari ingenzi mu kubaka iterambere rishyira umuturage ku isonga.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda, rishinzwe ibizamini n’impushya zo gutwara ibinyabiziga ryatangaje ko gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bya ‘Automatique’ bizatangira kuva tariki 09 Nzeri 2024.
Abasirikare babiri bakekwa kuba abo Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC, binjiye mu Rwanda mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Busasamana bashaka kwiba inka barateshwa.
Abasoje gahunda y’Intore mu biruhuko mu Karere ka Ruhango, barasaba ko aho bakorera gahunda z’Itorero hashyirwa ibikoresho bihagije, byatuma bunguka ubumenyi bwisumbuyeho kuko basanze hatangirwa ubumenyi bwabafasha kubana neza mu muryango Nyarwanda.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kugarura umutekano zibarizwa muri Batayo ya 3 (Task Force Battle Group 3) ikorera mu Karere ka Ancuabe, Intara ya Cabo Delgado, muri Mozambique bashyikirije ubuyobozi ibyumba bitanu zavugururiye ishuri ribanza rya Nacololo.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 4 Nzeri 2024, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Ngirente Edouard, yakiriye Dr. Roy Steiner, Visi Perezida wa Rockefeller Foundation ushinzwe ibiribwa.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024, inkongi y’umuriro yibasiye ishuri ryitiriwe Mutagatifu Berenadeta (ESB Kamonyi).
Banki ya Kigali (BK) yatangije icyiciro cya gatatu cy’amahugurwa agamije kongerera ubumenyi n’ubushobozi urubyiruko, mu bijyanye n’imikorere n’imyitwarire y’umukozi ukora muri banki.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Nzeri 2024, yagiranye ibiganiro na Jin Liqun, uyobora Banki ya Aziya iteza imbere ishoramari mu bikorwa remezo (Asian Infrastructure Investment Bank -AIIB).
Twagirayezu Cassien ni umwe mu bahanzi bakahanyujije ahagana mu myaka ya za 80-90, mu ndirimbo z’urukundo, impanuro n’ubuzima rusange. Mu ndirimbo ze zakunzwe cyane harimo iyitwa ‘Muhoza wanjye’ ikunze gusubirwamo mu birori by’ubukwe n’abahanzi bo muri iki gihe by’umwihariko uwitwa Cyusa Ibrahim.
Mu gihe abantu bamenyereye ko Ingoro z’Umurage w’u Rwanda zisurwa, abantu bakajyayo bakirebera imbonankubone ibizimuritsemo, ubu noneho Inteko y’umuco, ari na yo ireberera Ingoro z’Umurage w’u Rwanda, yashyizeho uburyo bwo kuzisura hifashishijwe ikoranabuhanga.
Mu gihe u Bushinwa na Afurika byongeye guhura ku nshuro ya Cyenda nama ihuza Abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa (FOCAC), Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) kiravuga ko mu myaka 20 ishize, imikoranire y’u Bushinwa n’amahanga (diplomacy) yatanze umusaruro ufatika.
Perezida Paul Kagame uri i Beijing mu Bushinwa aho yitabiriye inama ihuje u Bushinwa n’umugabane wa Afurika, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Nzeri 2024, yagiranye ibiganiro na Wavel Ramkalawan wa Seychelles.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Nzeri 2024, Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yakiriye mugenzi we wa Sierra Leone, Dr David Moinina Sengeh bagirana ibiganiro.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwiseguye ku baturage bakererejwe n’umushinga wa Green City ugomba gushyirwa mu bikorwa mu bihe bya vuba ukazakorerwa mu Tugari tubiri two mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Mata mu Kagari ka Muhanga, Umurenge wa Muhanga barinubira kwamburwa umuyoboro w’amazi biyubakiye ukaba ugiye kwegurirwa rwiyemezamirimo uzajya abishyuza amazi bita ayabo.
Abacururiza mu isoko rishya ry’ibiribwa rya Musanze rizwi nka ’Kariyeri’, binubira ko ibicuruzwa byabo bikomeje kwangirika, bitewe no kutagira abaguzi, bikabashyira mu gihombo gikomeye.
Mu kiganiro n’abanyamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri, umuyobozi w’umujyi wa Kigali yavuze ko hakozwe ubugenzuzi bw’isuku mu nyubako zose zihuriramo abantu benshi mu mujyi wa Kigali, bagasanga hari izitubahiriza amabwiriza y’isuku.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko 90% by’ubutaka bugize uwo Mujyi butubatseho amazu, bugomba kuba buteyeho ubusitani binyuze muri gahunda yo gutera ibiti mu myaka itanu iri imbere aho bateganya gutera ibiti birenga miliyoni 3.
Hashize igihe kitari gito, umujyi wa Kigali utangije gahunda yo kwimura abatuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga. Ni muri urwo rwego ingo zirenga 7,000 zimaze kwimurwa mu bice binyuranye by’umujyi wa Kigali kuva mu mwaka wa 2023. Ariko se abo bimuwe bari he? babayeho bate?
Ni mu butumwa Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Consolée Uwimana yahaye abarenga 1800 bari bateraniye mu Nama Nkuru y’Abana, i Huye, tariki 2 Nzeri 2024, abasaba gushimangira kuvuga ’Oya’ mu kwirinda ababashuka kuko baba bifuza kubangiriza inzozi zabo z’ahazaza.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (Societe Biblique u Rwanda - SBR), ugaragaza ko urubyiruko ruramutse rutigishijwe neza ndetse ngo rutozwe indangagaciro nziza, rushobora kuba ikibazo ku Mugabane wa Afurika.
Perezida Paul Kagame yageze i Beijing mu Bushinwa, aho yitabiriye mu nama ihuza Abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa (FOCAC).
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nganzo mu Kagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero, barashinja Kompanyi ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubangiriza inzu batuyemo, kubera ubucukuzi buhakorerwa, bakifuza ko bahabwa ingurane ikwiye bakimurwa.
Umusore wari usanzwe akora akazi k’ubumotari, yapfiriye mu isoko ry’ibiribwa ryo muri Gare ya Musanze, mu buryo butunguranye bibabaza benshi.