Mu mpera z’ukwezi gushize kwa Nzeri, mu Karere ka Huye havuzwe umugabo n’umugore bakubiswe n’abaturanyi bakagirwa intere bazizwa ko baba barishe umuturanyi wabo bifashishije amarozi yacishijwe mu nzoka. Kigali Today yashatse kumenya byimbitse iby’imvano yo gukekwaho amarozi no ku buryo yabagaragayeho, maze yegera abaturanyi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, burasaba abaturage kwigira kuri mugenzi wabo wiyemeje kubaka umuhanda wa kaburimbo, ufite metero 800 z’uburebure kuko busanga ari igikorwa kigamije iterambere rusange ry’Akarere n’Igihugu muri rusange.
Umujyi wa Kigali wasabye abafite ubutaka mu nkengero z’ahagenewe icyanya cya siporo i Remera mu Karere ka Gasabo, gutanga ibishushanyo byerekana uko bazavugurura inyubako zabo bakabitanga mu gihe kitarenze amezi abiri kugira ngo bahabwe impushya zo kubaka no gukoresha ubutaka bubahiriza igishushanyo mbonera cy’Umujyi.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Prudence Sebahizi, avuga ko kugira ngo u Rwanda rubashe guhaza isoko rigari nk’Isoko Rusange rya Afurika (Africa Continental Free Trade Area- AFCFTA), hakenewe kongera umusaruro ku buryo bugaragara.
Hashize umwaka urengaho gato bamwe mu baturage bari batuye mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata w’Akarere ka Gasabo basabwe kwimuka aho bari batuye kubera ko hashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Nyamara ariko, hafi y’aha hantu himuwe abaturage mu Mudugudu umwe, Akagari kamwe, muri metero (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangaje amabwiriza mashya ajyanye no gukumira virusi ya Marburg mu nsengero no mu misigiti arimo gushyiraho uburyo bwo gukaraba intoki, gutanga ifunguro ryera mu buryo butuma abantu batagira ibyago byo kwandura n’ibindi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, wari mu birori byo kwimika Musenyeri Jean Bosco Ntagungira wa Diyosezi Gatolika ya Butare nk’intumwa y’Umukuru w’Igihugu, yashimiye ubufatanye buranga Kiliziya Gatolika na Leta muri gahunda zitandukanye zihindura ubuzima bw’abaturage harimo isanamitima, uburezi, (…)
Indwara ya Marburg imaze icyumweru yadutse mu Rwanda, iteye impungenge abagenda mu modoka rusange bahagaze, bafashe ku byuma byo muri izo modoka, kandi nta n’uburyo bwo gusukura intoki no kwirinda gukoranaho bwashyizwemo.
Nyuma y’uko tariki ya 12 Kanama 2024 Papa Francis agennye ko Padiri Jean Bosco Ntagungira asimbura Musenyeri Filipo Rukamba ku kuba umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, kuri uyu wa Gatandatu tariki 05 Ukwakira 2024, agiye guhabwa inkoni y’ubushumba.
Abakora ibyerekeranye n’ubwubatsi, ububaji n’ubukorikori bibumbiye muri sendika yitwa STECOMA (Syndicat des Travailleurs des Entreprises de Construction, Menuserie et Artisanat) bishimira ko mu myaka irindwi ishize hari uruhare bagize mu byo Igihugu cyagezeho, ku bufatanye n’inzego zitandukanye z’imiyoborere y’Igihugu, (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yageze mu gihugu cya Lesotho kuri uyu wa gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, ahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byo kwizihiza imyaka 200 Lesotho imaze ari Ubwami ndetse n’imyaka 58 ishize ubwo bwami bubonye ubwigenge.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Bufaransa ku mugoroba wo ku itariki 3 Ukwakira 2024, yabonanye na Charles Michel, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).
Mu Kagari ka Mucaca Umurenge wa Rugengabali mu Karere ka Burera, haravugwa amakuru y’urupfu rw’umugabo witwa Tuyizere Jean Paul, rutemeranywaho na benshi mu batuye ako gace.
Ubuyobozi bukuru bwa Banki ya Kigali (BK) bwatangaje ko bugiye guha aba agent bayo ubushobozi bwo kujya bafungurira abantu bose babishaka konti (Account) muri iyo banki.
Mu Murenge wa Mukamira ku muhanda Musanze-Rubavu, habereye impanuka ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 03 Ukwakira 2024, aho ikamyo ipakiye umusenyi (garaviye) igwiriye umunyonzi ahita yitaba Imana.
Kuva mu Ugushyingo 2022, Mukantabana Belina, utuye mu Mudugudu wa Rwanyanza, mu Kagari ka Ngiryi, Umurenge wa Jabana w’Akarere ka Gasabo, buri munsi kuva ku wa Mbere kugera ku wa Gatanu yakira abana bari hagati ya 17-20.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri Latvia yakiriwe ku meza na mugenzi we, Edgars Rinkēvičs.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje iteganyagihe riburira, aho kivuga ko hateganyijwe umuyaga mwinshi hagati y’itariki ya 3 n’itariki ya 4 Ukwakira 2024.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Musega, Akagari ka Kivugiza umurenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, bari mu gahinda nyuma y’urupfu rw’abantu babiri n’abandi bantu 24 bajyanwe mu bitaro nyuma yo kumererwa nabi biturutse ku muceri bariye bikekwa ko wari uhumanye.
Ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza mu Karere ka Kicukiro, kuwa Kabiri 01 Ukwakira hafunguwe ku mugaragaro imurika bise ‘Traces of the Genocide Against the Tutsi’ (Ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi).
Abageze mu zabukuru batuye mu Karere ka Rubavu bavuga ko bashima uburyo bitabwaho na Leta ibagezaho nkunganire, ubwisungane mu kwivuza n’ubundi bufasha butuma basaza neza, bagasaba abakiri bato kwitabira gahunda ya Ejo Heza kuko izabafasha gusaza neza.
Mu mwaka wa 2019, Mukamana (izina twamuhaye) yasabye kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda, mu Ishami ry’Ubugeni n’Ubumenyi Rusange yifitiye icyizere, kuko yari yaratsinze neza mu bizamini bya Leta.
Hirya no hino mu Mijyi itandukanye, hajyaga hagaragara moto zitwaye abagenzi n’imizigo yabo, aho wasangaga umugenzi afite nk’agakapu avuye guhaha umumotari akagashyira imbere mu mahembe mu gufasha umugenzi kwicara neza, hakaba n’ubwo umugenzi agakikiye.
Hari aborozi bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko bashobora kuba bahendwa n’abaveterineri bigenga babavurira amatungo kuko babaca amafaranga atangana kandi batanazi ibiciro by’imiti.
Abahinga mu gishanga cya Rwoganyoni giherereye mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, barifuza ibikoresho bigezweho byo kuhira kubera ko nta cyizere cyo kuzeza, bagendeye ku kuntu babona ikirere muri iki gihe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, uri mu ruzinduko mu gihugu cya Latvia yakiriwe na mugenzi we w’iki gihugu, Edgars Rinkēvičs, bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo.
Abatuye akarere ka Gicumbi, byumwihariko abo mu Murenge wa Byumba n’indi iwukikije bahangayikishijwe n’imigenderanire yahagaze, nyuma y’uko ikiraro cyambukiranya umugezi wa Ruhoga kiridutse.
Minisiteri y’Uburezi yabaye ihagaritse gahunda zo gusura abanyeshuri biga bacumbikirwa ku mashuri mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Marburg.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), iratangaza ko hari ibintu byitwa ko ari bito, abantu basabwa kwirinda kuko bishobora kongera gutanya Abanyarwanda.
Mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abageze mu zabukuru, wizihizwa buri mwaka ku itariki ya 1 Ukwakira, mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ntarama aho wizihirijwe barashima Leta ko abageze mu zabukuru bafatwa neza bakitabwaho mu buryo butandukanye.