Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze mu gihugu cya Latvia mu uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu, akazagirana ibiganiro bizabera mu muhezo na mugenzi we, Edgars Rinkēvičs.
Imisozi itandukanye igize Akarere ka Gakenke yahindutse umweru mu kanya kashize, bitewe n’urubura rwaguye mu mvura idasanzwe yo kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024.
Ku itariki 24 Nzeri 2024, urusengero rwitwa ‘Light of Jesus Church’ rwari mu Mudugudu wa Cyurusagara, Akagari ka Karama, Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, rwakuweho(rwarasenywe) burundu, kubera kutuzuza ibisabwa.
Mu bahinga umuceri mu gishanga cya Rwamamba, giherereye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hari abagera kuri bane binubira ko Ikigo Gishinzwe Ingufu (REG), cyatinze kubishyura nyuma yo kwangirizwa umuceri, nyamara bagenzi babo bari basangiye ikibazo bakishyurwa bo bagasigara.
Ubuyobozi bukuru bw’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) buratangaza ko kugeza ubu gusura imfungwa n’abagororwa byemewe nkuko byari bisanzwe, kuko nta cyemezo cyo kubihagarika cyari cyafatwa mu kwirinda indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu gice cya mbere cy’ukwezi k’Ukwakira 2024 kuva tariki ya 1 kugeza tariki ya 10, hateganyijwe ko imvura iziyongera ugereranyije n’ibice bishize by’ukwezi kwa Nzeri, ikazaba iri hagati ya milimetero 20 na milimetero 140.
Bamwe mu bakoresha umuhanda bibaza impamvu haba impanuka hagategerezwa Polisi cyangwa imbangukiragutabara (Ambulance) kugira ngo abayikomerekeyemo babone kugezwa kwa muganga.
Perezida Paul Kagame, yashyize abayobozi mu myanya itandukanye, barimo Frank Gatera wagizwe umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Perezidansi ya Repubulika.
Bihoyiki Jean Damascène wo mu Kagari ka Cyogo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, nyuma yo kubaka umuhanda ureshya na Kilometero 10 akoresheje uburyo bwo kuwutindamo amabuye, asanga haramutse habonetse abamwunganira ugashyirwamo itaka ritsindagiye cyangwa Laterite, byarushaho gutuma uba nyabagendwa ubuhahirane (…)
Nyuma y’uko amahoro y’isuku n’ipatante byahujwe, abasora bo ku rwego rwo hasi bagashyirirwaho ipatante y’ibihumbi 60 ku mwaka, hari abavuga ko ariya mafaranga ari menshi, kuyabona bikaba bitaborohera.
Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Latvia aho agiye kugirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu kuva tariki ya 1 kugera tariki 3 Ukwakira 2024.
Diyosezi ya Kibungo ifite Paruwasi nyinshi zafunzwe muri Kiliziya Gatolika mu Rwanda, ku mpamvu zo kutuzuza bimwe mu bisabwa byagendeweho muri gahunda yo gufunga Kiliziya n’insengero zitujuje ibisabwa.
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko muri iki gihe gushyira umuturage ku isonga ari isengesho ry’u Rwanda, rya buri munsi, yibutsa abahawe inshingano zo kumuyobora guhora iteka batekereza kandi bafatanyije na we gushaka icyamuteza imbere.
Ihuriro ry’abakora umwuga wo kwita ku bakozi mu Rwanda ryitwa ‘People Matters Kigali-Rwanda’ rirasaba abakoresha kujya bafata umwanya wo kugira inama abakozi uburyo bw’imikoreshereze y’umutungo, mu rwego rwo kugira ngo barusheho gutanga umusaruro mukazi.
Ku gicamunsi cyo ku wa 27 Nzeri 2024 umugabo n’umugore we batuye aho bakunze kwita i Sahera mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bakubiswe n’abaturanyi bashakaga kubica, babaziza amarozi, batabarwa n’inzego z’umutekano.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Admiral Joaquim Mangrasse, yashimye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado, iri mu Majyaruguru y’iki Gihugu, ku bw’uruhare rukomeye zagize mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba.
Perezida Paul Kagame, yakiriye itsinda riturutse mu ishyirahamwe mpuzamahanga ry’ibigo by’ibimenyetso n’ubumenyi byifashishwa mu butabera (International Association of Forensic Sciences).
Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko mu mavuriro atandukanye yo mu Rwanda, hagaragaye indwara y’umuriro mwinshi iterwa na Virusi ya Marburg.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yashimangiye ko u Rwanda rwifuza kubaka ubufatanye bukomeye na Koreya y’Epfo mu guteza imbere ubukungu bwarwo, cyane cyane mu kongerera ubushobozi abaturage, guteza imbere ikoranabuhanga ndetse no gukurura ishoramari (…)
Umuturage witwa Nahimana Emmanuel, uvuga ko yaguze ikibanza muri site iherereye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Karama mu Murenge wa Kanombe ho mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, akaba afite icyangombwa cy’ubutaka n’icyo kubaka ariko akaba yarabujije n’uwo bahana urubibi, aravuga ko agiye kwitabaza urukiko ariko (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko ifu y’isambaza irimo kugira uruhare mu kurwanya imirire mibi, mu gihe isambaza zitabashaga kugera kuri bose.
Bizimana Jean Damascene ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, akaba ari Umujyanama mu muryango nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD), avuga ko uburenganzira bwabo hari igihe bubangamirwa bitewe no kuba hari abantu benshi bakeneraho serivisi ariko ntibabashe kubafasha uko bikwiye kubera ko batazi ururimi (…)
U Rwanda rwakiriye ikindi cyiciro cy’abimukira n’abasaba ubuhungiro 119 baturutse muri muri Libya, muri gahunda y’agateganyo yo kubakira mu gihe bategereje kwimurirwa mu bindi bibugu by’i Burayi n’Amerika byemera kubakira.
Umuzamu n’umutetsi ku ishuri ribanza rya Rumuli, Umurenge wa Muhura, bafungiye k’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), Sitasiyo ya Muhura bakekwaho kwiba ibiro 263 by’ibishyimbo na Litiro 62 z’amavuta yo guteka.
Perezida Paul Kagame yasabye Abasenateri n’abandi bayobozi muri rusange kujya bamenya ibibazo by’abaturage hakiri kare, kuruta uko abaturage babinyuza ku mbuga nkoranyambaga basa n’abatabaza kuko babuze ubakemurira ibibazo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri bagize (…)
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ruraburira umuntu wese ushyira amashusho y’urukozasoni n’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga ko azabihanirwa kuko hari itegeko ribihana kandi ko aba yatandukiriye umuco nyarwanda.
Umunyamakuru Scovia Mutesi benshi bakunze kwita Mama Urwagasabo, ni umubyeyi wubatse, uri hafi kuzuza imyaka 40, akaba umwana wa gatandatu mu bana icyenda.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ibarurishamibare(NISR) hamwe n’abafatanyabikorwa barimo Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD/AfDB), barimo kwiga uko batangira kwegeranya no gusesengura amakuru atari asanzwe akoreshwa mu igenamigambi ry’Igihugu, harimo ubutumwa bw’amafaranga anyuzwa kuri Mobile Money, ibitangazwa ku mbuga (…)
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarizwa muri Diviziyo ya 5 n’Ingabo z’Igihugu cya Tanzania (TPDF), zo muri Brigade ya 202, zateraniye mu nama y’umutekano ya 11, igamije ubufatanye mu gukemura ibibazo birimo ibyaha byambukiranya imipaka.
Abaturage bahoze bafite imitungo ahari kubakwa urugomero rwa Nyabarongo II, bamaze imyaka isaga itatu bagowe no kubaho basembera ari nako bugarizwa n’ingaruka z’ubukene, bitewe n’uko icyo gihe cyose gishize batarishyurwa amafaranga y’ingurane babaruriwe.