ADEPR ihangayikishijwe no kugabanuka kw’amaturo bita “icya cumi”
Abanyamuryango ba ADEPR biga n’abarangije muri za kaminuza basohoye itangazo bavugamo ko idini yabo ifite ikibazo gikomeye cyo kugabanuka kw’ituro bita “icya cumi” cyatangwaga n’abakirisitu.
Iri tangazo Kigali Today ifitiye kopi riravuga ko abakirisitu ba ADEPR bagabanije gutanga imisanzu irimo icya cumi n’amaturo n’ubundi bwitange ku buryo bukomeye, ngo bikaba bishobora kugira ingaruka ku idini yabo ndetse n’abandi Banyarwanda bagira inyungu ku nzego z’uburezi, ubuzima n’imibereho myiza iryo dini rifitemo uruhare mu Rwanda.
Mu ngingo yaryo ya kane (d) y’iryo tangazo bise “Ibitekerezo mu gukemura ibibazo by’itorero rya ADEPR byatanzwe n’Umuryango w’Abiga n’Abarangije muri za kaminuza n’amashuri makuru (ONAP)” aba bayoboke ba ADEPR bize muri kaminuza baragira bati:
“Kuba abakirisitu bagabanya ku buryo bugaragara imisanzu (icyacumi n’amaturo n’ubundi bwitange) bari basanzwe batanga nta gahato bishobora guhagarika imwe mu mishinga y’amajyamabere itorero ryari rifite bikanagira ingaruka mu kudindiza gahunda itorero ryunganiragamo Leta nk’uburezi, ubuzima, imibereho myiza...”.
Abanditse iri tangazo bahuriye mu ihuriro bise ONAP (Organisation nationale des Académiciens Pentecôtistes) ngo rikaba ari Umuryango w’Abiga n’abarangije muri za Kaminuza n’amashuri Makuru b’Abanyamuryango b’Itorero rya ADEPR.
Aba bayoboke ba ADEPR biyita injijuke za ADEPR zagaragaje muri iri tangazo ko iyo myitwarire y’abayoboke ba ADEPR ngo iri guterwa n’ibibazo bikomeye iryo torero rifite, ndetse ONAP igaragaza n’ibindi bibazo 10 by’ingutu ngo bibangamiye itorero ryabo. Iyi nyandiko batangaje ariko ntigaragaza igipimo imisanzu yagabanutseho.
Ibindi bibazo izi njijuke za ADEPR zivuga biri mu idini yabo ngo harimo kuba mu idini ryabo hari gutangwa akazi ku bantu benshi kandi nta ngengo y’imari yabateganyirijwe, bakaba kandi ngo bagahabwa hatakozwe ipiganwa.
Ikindi ONAP yatangaje ni uko ngo hari gutegurwa amategeko azatuma idini yabo iyoborwa n’umuntu ubonetse uwo ari we wese kandi bifuza ko idini iyoborwa n’umuntu wize kaminuza mu by’iyobokamana, ngo dore ko abakirisitu basanzwe batanga imisanzu yo kurihira amashuri y’abiga iyobokamana.
Baragira bati “Duhangayikishijwe na gahunda iriho yo gukuraho ko abayobozi bakuru b’Itorero baba barize iby’iyobokamana (Theologie) ku rwego rwa Kaminuza kandi turi idini, kandi umushinga wo kongerera ubumenyi abakozi b’Itorero umaze igihe kirenga imyaka 10 ushyirwa mu bikorwa ndetse hari n’imisanzu y’abakristo ikoreshwa mu kubishyurira no gutera inkunga ayo mashuri (ETD, IBG, IBK, FATEK, n’ayandi).”
ONAP ikomeza ivuga ko “Kuberako ADEPR ari idini, turasaba ko abayobozi bakuru b’Itorero baba abize tewologiya nibura icyiciro cya kabiri (Ao) ku rwego rwa Kaminuza, kugira ngo babashe gukumira ubuyobe mu Itorero.”
Ahishakiye Jean d’Amour
Ibitekerezo ( 77 )
Ohereza igitekerezo
|
reka mbabwire ntimureba ikibazo cya kimisange itorero ryihoreye kandi harimo namacakubiri muzareba iherezo ryacyo namwese abantu bangako umuntu aririmba ngo nuko yacitse kwicumu murumva bakwiye murusengero urugero naguha rutari ibanga nuko umudiyakoni ntashatse kuvuga izina yambwiyengo kariya kacitse kwicumu ntago twakongera gutuma aririmba ngo karangwa yiratanaga nagaruke amwakire mbese nahise numva umutima umvuyemo nibaza niba ndikuvugana numurokore biranyobera ndongera ndamwitegereza ngo ndebe niba ntarimo kurota mbese natashye numiwe kuva ubwo ntago ndasubira gusenga kuko byananiye kubyihanganira mbese nahise nibaza inama nyobozi ifite imyumvire isa ityo numva ntikwiye kubaho mwitorero nka ADEPR ngewe nasabagako itorero ryaza kwigisha kukimisange ibijyanye nubumwe nubwiyunge kuko kimisange inzira iracyari ndende ibindi babikora neza uretse icyo cyonyine ubwo naha sibomana
Yewe Kimisange iri imwe mu midugudu bahaye paroisse muburyo bwo kuyagwiza ibibazo ifite nink’ibyahandi uzaze mu Rugando urebe aho babatiriza niho uzamenya ko byose byapfiriye hejuru.
ubundi usigaye ubona bimeze nka business kuko nta mupasiteri ukibabazwa n’ubuzima bw’abakristu ari umw’umwuka cg ubuzima busanze eg hari aho paroisse yabatiriza abantu mu ngunguru kandi bakayemeza ngo yigenge
(paroisse Rugando)
ndatanga urugero aho usanga umukirisitu w’umukene adashobora kubera ko nta mafaranga agira(ubutunzi)
ahubwo basigaye barutwa na Leta kuko yo itekereza ku baturage
Kera byari byiza gutanga icyacumi kuko byagiriraga umumaro umurimo w’Imana, abatambyi nta kandi kazi bagiraga, nta n’indi mitungo, bakoraga umurimo wo gutambira ibyaha by’abantu no kubagezaho ubushake bw’Imana kuri bo, mbese bavuganaga n’Imana ikabamenyesha n’ibyo ishaka ku bantu, byari ngombwa ari ni itegeko mu isezerano rya kera, ubu siko bimeze, usibye ko abapasiteri b’ubu ari abatekamitwe abandi ari eba escrot, nts cyacumi bakwiye kuko ntibagikoreshereza Imana, imitungo yonyine bafite irabahagije, akenshi usanga nta n’umukristo ugize icyo abarushije, naho se mwa ntiti mwe usibye ko mwari mwabisabwe ngo mubivuge mutyo iterambere abapasiteri barimo kuzana ni irihe koko mu mpande enye z’igihugu. mwarize mugire no gushishoza kandi kwiga bibakure mu bubata maze muze dutinyuka kuvaga ukuri no guharanira impinduka muri iri torero. kwiga theologie sicyo kibazo n’ibindi ni ubumenyi, kandi umuntu yayobora neza atarayize apfa kuba yubaha Imana atari umunyamanyanga ushaka cash nkaho azazijyana mu ijuru.kuvuga theologie ni ugukumira ngo ubuyobozi babugumane bakomeze birire itorero, ntaho bihuriye ndabarahiye,yewe uwavuga iby’inzuki ntiyarya ubuki, mwihorere Imana izatabara itorero vuba wowe ntugire uwo urebaho, ntihagire ugushuka ngo arakorera Imana,amafaranga yawe nuyabona ujye ubishimira Imana nushobozwa ufashe abakene, abababaye , imfubyi, abapfakazi n’undi wabona ubukeneye, pasiteri we arifashije, ujye usoma unabaze ndetse unagenzure uzasanga bariya ba pasiteri bafite dilo zindi bikinira. mwe mwagize amahirwe mukiga musobanukirwe, kwiga ntacyo byaba bikumariye ushutswe n’umupasiteri wize ETD cg
CERAI mu gihe wagombye gukora ubushakashatsi ukagira n’ubushishozi ukamenya imitwe barimo. uzaze dufatanye duharanira impinduka.
ndasabako rujura yakwegura cg akavaho hamwe na ba past bakimisange bose kuko bananiwe gukemura ibibazo bihari kandi birimo amacakubiri kandi bakajyana na nyobozi ya kimisange kuko ntacyo bamariye itorero
umva nshuti zanjye nabasabye kureka kumvuga hano ibibaazo mfitanye namwe ndabizi ntago ari ngombwa kwirirwa mubivuga hano ubu nafashe ikemezo cyo kujya kubibwira represanta kuko murantesha agaciro mugakabya cg kandi niba nomunkiko bishoboka nzabajyanayo kuko bino bibazo abari babizi ndabazi kuko nibo nandikiye mbasaba kuririmba none byaje hano bite ?ubu ngiye kubarega ahashoboka hose mutazabikorera nabandi
ndabasuhuje kandi mboneyeho umwanya wo kubasaba gusenga kuko niho ibibazo byose bishirira gusa ndagirango mbwire uwo muntu ko ikibazo atari we ahubwo inshutize nizo zituma ataririmba urugero naguha koyakiriwe ntibitere ikibazo bishatse kuvugako abantu baje muri nyobozi nyuma nibo bashakako utaririmba ngewe ubukubwiye ndabizi neza kandi nimbere yabo nabikubwira kuko ntabanga rihari ndetse nuhura nabo uzahita ubibona kuko isoni zarabishe ndetse nikimwaro naho abakubeshya ngo ni vena cg nabandi barakubeshya nibariya bashya ba mushonganono hamwe na ufiteyesu nundi witwa dona mbese ntabandi banzeko wakorera imana ndetse bagiye nokwa rujurama kuvuga ayo matiku kugirango azabasengere ihangane ntakundi wenda past eugene azabikora niba nta vangura agira twese dutegereje icyo azabikoraho we na john byabananira natwe inyubako ntacyo tuzabafasha kandi tuzabibwira abantu bose bashoboka ariko burya jule ajya aba akagabo wenda azabafasha kubibonera igisubizo kukobo ntacyo bakwishoborera mbese mugihugu cyi.........
umva noneho njyewe nawe hazagaragara ubeshya icyunamo nikirangira ikindi nakubwira nuko kugeza ubu nta choral yahongaho yajyamo niba ugirango ndakubeshya uzabibona ikindi wareberaho nuko kuwagatandatu cg kuwakabiri wazamubaza aho ari ukarebako utamusanga muri choral ese ubundi kombona ukimukunze ndetse ukaba ufite nububasha kuki utamusabira ibyo yabasabye gusa narakubonye kuwagatanu kuko mwarazanye nonese simperuka uri umudiyakoni ?kuki utamufashije niba umukunze urumva rero ntago twakwishingira uburangare bwawe twahise tumusaba kuza kudufasha gushaka imirimo izaduherekeza mwebwe ahubwo mube mumusezeraho kuko ntawe mugifite
umva nshuti zanjye ntimukankinireho aho ibibuga biba harahari ikindi ntago nabaye igitaramo kururu rubuga ndabasabye mushake ibindi muvuga cg mubireke niba kuvuga yesu byarabananiye murekere ahongaho gukomeza muvuga ibyo mwavuze birahagije ikindi ibindi muzabivugire muri nyobozi mwateranye kuko nubu sinzi icyo mugamije ubundi mwakoze ibyo mwahamagariwe mukandeka umva mwahamagariwe imirimo myiza hamwe noguhora mwezwa ntago mwahamagariwe kwirirwa muvuga pascal ikindi ibyo mutavugiye muri nyobozi muza kubivuga hano ngo hakemuke ikihe kibazo ese muziko uru rubuga rugera kwisi hose reka mbabwire ndabona mushobora kuba mutabisobanukiwe ariko reka mbasobanurire kandi mubyumve ndetse mubyiteho uru rubuga ntago arurwitorero ryanyu ikindi ntago kubivuga hano byagira icyo bibafasha cyakora mumbabariye muhaagarike izina pascal hano namwe mufite abana cg abagore abe aribo muvuga hano ndabasabye kuko hari agaciro kanjye ndetse nurugo rwanjye kandi ntago ngahabwa nokuririmba cg umudugudu wa kimisange mumbabarire ibyo mukora ndabona ntamusaruro byabaha kandi ndagirango mbabwireko kuba umu christu mwiza biruta kuba umuririmbyi biruta kuba pasteur binaruta kuba munama nyobozi cg nahandi hose muba nuko rero nimundeke niba arukunkunda imana inkunda kubaruta nimuyibirekere gukomeza muhinduranya amazina mumvuga ntacyo byamara ahubwo bizabarimbuza nimutihana kandi nongeye kubinginga ngo murekere aho cg se muhindure namwe mwivuge naho pascal mumureke ntacyibazo afite ako kazi kanyu mukagumane imana izishakira ibindi imuha
ariko nawe musafiri uzi kuvuga ibinyoma gusa ngewe kuwagatandatu twaravuganye ntaho yagiye ntanaho yajya kuko yambwiyeko ataririmbye muri jehovanis ntahandi ahubwo yakwibera umukiristu gusa ikindi kuwagatanu aza aho iwanyu twarazanye ninanjye wamwakiye umwanya wokubwiriza kuko nsanzwe muzi kandi buriya ntanubwo abikunda nabanje guhendahenda ariko yababwiye amagambo akomeye nubu njyewe aracyamfasha 2timoteyo:3 pawuro abwira timoteo ko muminsi yimperuka hazaza ibihe birushya abantu bazaba bikunda badakundana atarabera babeshyerana badakunda ibyiza ariko ngo bazaba bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako yarabivugaga ngahita nibuka abantu banyambuye abambeshyeye abavuga menshi abaharabika abandi mbese ubu ndikwisuzuma ngo ntaba mfite ishusho yo kwera kandi mpakana imbaraga zako
ariko sinababwiye ngo yatangiye repetution kumudugudu wacu ahubwo ababivuga ntago muheruka kuvugana nawe njyewe mpora mubona imodoka yakazi imugeza iwacu kurusengero past wacu yamubwiyeko azazana icyemezo cyubuhamya cyimuka agiye gutangira kuririmba yabaye azanye igisanzwe nagirango abantu bari mutarabimenya mbibabwire dutegerejeko inama izaba numudamuwe agatangira akaza muri repetition kuburyo nyuma yicyunamo bazatangira baririmbe niba yesu ataraza kandi numvishije afite ijambo kuwagatanu yaraje arabwiriza biratunezeza abantu bahita bamukunda mbese mwarakoze gutuma aza iwacu gusa nabonye ashiririye ariko ukuntu akunda iyo choir yakimisange iyaba mudakijijwe nari kuvugako harikindi mwamuhaye gusa niyahano azagenda ayikunda buhoro buhoro nzaza kubashimira vuba natangira kuririmba kuko ndimubantu baje kumukura aho maze kumva ibibazo mufitanye kuko twari dufite ikibazo cyabaririmbyi bakunda umurimo nyobozi ya kimisange muri abantu babagabo nzabaha cado
kimisange nabashije kubona ikibazo mufite ntago mwemera impinduka kuko ndabizi mwifuzaga past karangwa ko yagumana namwe kugeza yesu agarutse kandi ibyontago byakunda kuko nabo nabakozi kandi ntacyo karangwa abarusha kuko ntago munzu yimana ari poritic dukina yego karangwa yigira mwiza kubantu bose kandi agashaka kwiyerekana nkaho ariwe ushoboye byose ntawundi wakora nkawe ariko ntago imidugudu yose yateye imbere iyoborwa nawe nkekako bino bintu bisebya kimisange byamuguye neza ubusetwe tuvuze ibyo yakoreye choral gosheni ya sgm we ntiyakorwa nisoni erega muge mutuza ntawe satani atarasa ikindi nababwira nuko dukwiye kwirata yesu aho kwivuga ibigwi reka mbabwire turaziranye ariko muri byose ndagaya umushumba kumva ibintu bisa bitya agaceceka kandi ndabizi ko yabimenye ntago ikibazo ari kimisange ahubwo abo bapast banyu baca intege abakiristu babangisha abayobozi mubasimbuje iki kibazo ngewe kizanjyana kwa represanta agishakire igisubizo kuko rwampara wagirango ntabuyobozi igira ukumva abantu bataka nawe ugahora warangiza ngo witwa umushumba ubwose uragiye izihe?naragukundaga ariko ndabona umaze gusaza niyo mpamva nzajya kubaza muzehe sibomana wenda yaza akakugira inama yicyo wakora ese ubundi ko past john na eugene nabo basengeye wabagiriye inama bagahumuriza abo bakiristu ko wenda iyo nyobozi baba bayitinya ariko byaba byiza uje mugasengana ubundi imana ikabaha inama erega ntago urugamba turwana aruru rwamagambo kimisange mbagiriye inama iki kibazo cya pascal kibigishe kuko bigaragarako mwagihubukiye kandi mwagikoze mutayobowe numwuka wera ndabinginze muhigire ntawundi mwarimu