Polisi yo ku Gisozi yataye muri yombi umugabo ukekwaho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14.
Kuwa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2011 mu gihugu cya Djibouti mu nama yahuzaga ibihugu byo hagati n’uburasirazuba bw’Afurika ku ntwaro nto (Regional Centre on Small Arms: RECSA) byatoreye u Rwanda kuyobora igikorwa cyo kurwanya ikwirakwizwa mu basivili ry’intwaro nto. Minisitiri w’u Rwanda w’umutekano mu gihugu Musa Fazil (…)
Nk’ uko byatangajwe ejo hashize n’ abari bahagarariye itsinda ry’ abadepite bateguye umushinga w’itegeko rigenga ubuzima bw’imyororokere y’abantu ubwo bawugezaga ku nteko rusange y’ umutwe w’ abadepite mu Nteko ishinga Amategeko, bavuze ko hadakwiye gushyirwaho umubare ntarengwa w’ abana umu umuryango ukwiye kubyara.
Nyuma y‘inama yahuje Impuzamiryango zigize urugaga rwa Sosiyete Sivile y’u Rwanda kuwa 13 Ukwakira 2011, ubu noneho iyo mpuzamiryango yashyize ahagaragara itangazo ryamaganira kure icyemezo cyo gukuramo inda ku bushake rivuga ko ubuzima bwa muntu bufite agaciro ntagereranywa kandi butavogerwa.
Nyuma y’aho hatorewe ba visi perezida bashya mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite, kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 ukwakira, 2001 habayeho umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’aba visiperezida bashya nabacyuye igihe.
Imikino y’amahirwe igiye gushyirirwaho imikorere mishya, nyuma y’itegeko rigena iyi mikino ryatowe n‘inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite, kuri uyu wa Kabiri, yemeje itegeko rigenga ibikorwa by’imikino y’amahirwe mu Rwanda.
Polisi yo mu karere ka Kicukiro yataye muri yombi Jean Marie Vianney Rumanyika, nyiri Hotel Okapi izwi mu mujyi wa Kigali hamwe n’umucungamari we Theoneste Mwunguzi bazira gukoresha impapuro z’impimbano kugira ngo badatanga imisoro.
Ibiro by’ubunyamabanga bwa Leta muri Leta zunze ubumwe za Amerika biratangaza ko Johnnie Carson, umunyamabanga wa Leta wungirije ushinzwe Afurika, ari mu ruzinduko kuva tariki 17 kugeza 26 Ukwakira. Muri urwo ruzinduko azasura u Rwanda, Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, na Nigeria.
Umuyobozi mukuru w’Inkeragutabara, Lt. General Fred IBINGIRA, aributsa Inkeragutabara ko n’ubwo urugamba rw’amasasu rwarangiye mu Rwanda ariko hakiri undi mwanzi udateguza ariwe Ibiza.
Kuri uyu wa mbere, ubwo yagezaga ku Badepite mu Nteko rusange ibisobanuro byerekeye umushinga w’ itegeko rigena imisoro ku mabuye y’ agaciro na kariyeri mu Rwanda, John Rwangombwa, Ministiri w’ Imari n’ Igenamigambi yavuze ko mu butaka bw’ u Rwanda hashobora kuba harimo Diyama ariko ko hakirimo gukorwa ubushakashatsi bwimbitse.
Abayobozi bakuru b’igihugu barasabwa gufata umwanya wo kwita ku buzima bwabo no kwiyegereza Imana, aho guhora bahangayikishijwe n’imirimo yabo, nk’uko byagarutsweho mu kiganiro cyari kigenewe abayobozi bo ku rwego rwo hejuru, cyateguwe na Rwanda Leaders Fellowship.
Inama yaberaga i Kigali ihuje ibihugu by’Afurika byiga ku ikurwaho ry’igihano cy’urupfu yarangiye kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Ukwakira 2011.
Ku bufatanye na Ministeri y’ iterambere ry’ umuryango, Umugi wa Kigali kuri uyu wa kane, mu cyumba cy’ inama cya Lemigo wahakoreye inama nyungurana bitekerezo ku kuzamura umuryango mu rwego rw’ ibikorwa by’ukwezi kwahariwe iterambere ry’ umuryango.
Kuri uyu wa kane tariki ya 13 Ukwakira nibwo inama ihuza ibihugu by’Afurika ku kwiga ku ikurwaho ry’igihano cy’urupfu yatangiye i Kigali.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuwa 11 Ukwakira 2011 nyakubahwa Paul Kagame yabwiye abanyamakuru ko Afurika n’u Rwanda by’umwihariko bikomeje kurebwa nk’ibihugu bigomba gufashwa gusa, ati rero ibi bigomba guhinduka tukarebwa nk’ibihugu byo gushoramo imali kandi ikunguka.
Nyuma y’umuhango wo kurahira kw’abasenateri, Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo niwe watowe na bagenzi be kuba Perezida wa Sena n’amajwi 20 kuri 24 y’Abasenateri bose batoye.
Abasenateri 20 nibo bariburahire uyu munsi kuwa 10 Ukwakira 2011 mu ngoro y’inteko ishinga amategeko, uyu muhango ukaba uyoborwa na Perezida wa Repubulika.
Minisitiri w’Intebe mushya w’u Rwanda Pierre Damien Habumuremyi yarahiriye kuyobora Guverinoma y’u Rwanda nyuma y’umunsi umwe ashyizwe kuri uwo mwanya. Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, Nyuma yo kurahirira, yahise atangariza Perezida wa Repubulika n’Abanyarwanda bose amazina y’abagize guverinoma (…)
Kuri uyu wa kane perezida wa repubulika Paul Kagame yashyizeho abasenateri bashya bazafatanya n’abandi baherutse gutorerwa guhagararira abanyarwanda mu nteko ishinga amategeko umutwe wa Sena muri manda itaha.
U Rwanda rukomeje kwakira benshi bifuza gufatanya narwo mu nzira y’iterambere ibi byongeye kugaragarira mu ruzinduko rwa Perezida wa Nigeria Goodluck Jonathan amazemo iminsi ibiri mu Rwanda.