Amahugurwa yigaga ku iterambere ry’ibihugu biba bivuye mu bihe by’intambara, yahuzaga intumwa 32 ziturutse hirya no hino muri Afurika, yaberaga i Nyakinama, kuri uyu wa gatandatu tariki 18/02/2012 yasojwe abayitabiriye basabwa gushyira mu bikorwa ibyo bayigiyemo, bateza imbere Afurika.
Perezida Kagame yitabiriye inama igamijwe kwiga k’umutekano w’Afurika wugarijwe n’imitwe yitwaje ibirwanisho ikomeje guhungabanya umutekano. Ku munsi w’ejo tariki 18/02/2012 nibwo yerekeje i Benin, aho iyi nama yatumijwe n‘umukuru w’Afurika yunze Ubumwe Perezida Yayi Boni izateranira.
Imiryango 16 y’abantu 75 bakuwe mu byabo no kurigita k’umusozi wa Kibingo mu kagari ka Musezero mu murenge wa Rwaza, akarere ka Musanze barasaba gufashwa kugira ngo babashe kubaka amazu babamo kuko ubu bacumbitse ku baturanyi.
Inama njyanama y’akarere ka Huye yemeje icyifuzo cyo gushyiraho santere (one stop center) izajya ikorerwa imirimo yose ifitanye isano n’ubutaka mu rwego rwo korohereza abaturage kubona serivise badasiragiye ahantu henshi.
Abakozi b’uturere tugize igihugu bari mu mahugurwa yiga ku buryo utwo turere twafashwa kongera ubushobozi bw’abakozi batwo.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana arihanangiriza abakozi bose ko uzatahurwaho kudatanga serivisi neza, uko bikwiye no mu gihe gikwiye, azahanwa nk’usahura umutungo w’abaturage.
Umwalimu Amanda Grzyb wigisha muri University of Western Ontario yo mu gihugu cya Canada hamwe n’abanyeshuri 5 bari mu Rwanda guhera uyu munsi tariki 17/02/2012 mu rwego rwo kwiga ububi bwa Jenoside.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali arahamagarira abanyeshuri n’abarezi guteza imbere isuku bahereye aho baba no mu nkengero zaho. Yabitangarije mu gikorwa cyo gutangiza isuku mu mashuri yo mu mujyi wa Kigali, cyatangiriye mu ishuri rya EPA riherereye mu murenge wa Nyarugenge.
Abakozi barenga 70 ba Leta bahawe impamyabumenyi z’amahugurwa bakoze umwaka ushize mu kwezi kwa 10, yari agamije kubahugura ku miyoborere myiza no gutanga serivisi zinoze ku baturage.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru aratangaza ko abayobozi b’uturere badashyira mu bikorwa ibyo biyemeje batazabihanganira kuko byaba ari uguta igihe.
Kuri uyu wa Kane tariki 16/02/2012, Umugaba mukuru w’ingabo za Cote d’Ivoire, General de Division Soumaila Bakayoko, yahuye n’abayobozi bakuru b’u Rwanda baganira ku buryo igihugu cye cyakwigira k’u Rwanda uburyo bwo kubaka iisirikare cy’umwuga no gusubiza ingabo mu buzima busanzwe.
Abaturage bo mu murenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bakomeje guterwa impungenge no kurigita ndetse no gutemba kw’imisozi yo muri uwo murenge ikomeje kubabera amayobera.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Buhinde, Preneet Kaur, aravuga ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu rwego rwo kuzamura ishoramari ryarwo. Yabivuze ubwo Perezida Paul Kagame yamwakiraga mu biro bye kuri uyu wa Kane taliki ya 16/02/2012.
Igorofa y’ubucuruzi y’uwitwa Eulade Hakizimana uzwi ku izina rya “Mironko,” iherereye i Remera ku Gisimenti yari ifashwe n’inkongi y’umuriro ariko ku bw’amahirwe abatabazi bari hafi bahagoboka inkongi itarakomera.
Umuyobozi mukuru w’itorero ry’Abadventisiti b’umunsi wa karindwi ku rwego rw’isi yose, Ted N.C Wilson n’intumwa ayoboye, azasura u Rwanda ku nsuro ya mbere kuva tariki 02/03/2012 mu ruzinduko rw’iminsi ine.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’inyandiko zikubiyemo serivisi zigenerwa abaturage mu bigo bya Leta na za Minisititeri. Izo nyandiko zitezweho kunoza itangwa rya serivisi zigenerwa abaturage no kwihutisha akazi.
Inzu yo mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma yafashwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cya tariki 15/02/2012 ibyari birimo byose birashya ariko nta muntu wagize icyo aba.
Ba Minisiti b’ububanyi n’amahanga b’u Rwanda n’u Buhinde basinyanye amasezerano atatu ashingiye ku iterambere ry’ibihugu byombi n’imibanire yabyo.
Abaturage batuye akarere ka Ngororero bashimiye Perezida Kagame ko ibyo yababwiye muri 2010 yiyamamaza yabishyize mu bikorwa. Ubwo aheruka muri aka karere mu mwaka wa 2010 yabijeje ko nibamutora azabafasha kugera kwiterambere ryihuse.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu gihugu cy’u Buhinde, Preneet Kaur, aragirira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuva kuri uyu wa gatatu tariki 15/05/2012.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Côte d’Ivoire, Gen. Maj. Soumaila Bakayoko, kuva tariki 14/02/2012, ari mu Rwanda n’abandi basirikare 9 ayoboye mu butumwa buzamara iminsi 5 mu bikorwa byo gutsura umubano n’u Rwanda ndetse no kurwigiragiraho mu bice bitandukanye.
Abasore batanu bafungiye kuri polisi ya Remera, bashinjwa gucuruza amakaramu yo mu bwoko bwa BIC y’amiganano. Abashinjwa ntibemera icyaha, bavuga ko batazi gutandukanya amiganano nay’umwimerere kandi ko bafite ibyangombwa baziguriyeho muri Uganda.
Abantu 39 barimo ingabo za FDLR 20 batahutse mu Rwanda tariki 14/02/2012, baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Umugore witwa Mukamusonera Consesa wo mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye aherutse kwica mugenzi we witwa Nyirandama Godelive amuziza kumutwarira umugabo. Mukamusonera yakoze aya mahano nyuma yo gusanga umugabo we aryamanye na nyakwigendera.
Akanama k’Inteko Ishingamategeko gashinzwe kugenzura umutungo wa Leta kasohoye raporo isabira abakozi ba Leta bakoresheje nabi imitungo ya Leta kwirukanwa burundu no gukurikiranwa mu nkiko bakayishyura.
Bamwe mu bakozi b’ikigo cy’amashuli yisumbuye Ecole Secondaire de l’Assomption de Birambo bari mu maboko y’abashinzwe umutekano bakekwaho ubwicanyi.
Minisiteri ifite gucyura impunzi mu nshingano (MIDIMAR) iratangaza ko gahunda ya “ngwino urebe” izakuraho amakuru y’ibihuha atangwa na zimwe mu mpunzi zidashaka gutahuka nk’uko umukozi ushinzwe gufasha impunzi gutahuka muri iyo minisiteri, Ndayambaje Placide Bernard, abyemeza.
U Rwanda rurateganya gusaba ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi umuco n’ubuhanga (UNESCO) gushyira zimwe mu nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi y’1994 mu mitungo y’agaciro icunga.
Urugaga rw’Abaharanira Uburenganzira bwa Muntu, Ligue des Droits de l’Homme (LDH) ruramagana icyemezo cyafashwe na Leta y’Ubufaransa cyo kwirukana umutegarugori w’umunyarwandakazi muri icyo gihugu utwite inda y’impanga y’amezi arindwi.
Bihagarariwe n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, tariki 13/02/2012, u Rwanda n’u Burundi byasinye amazeserano yo guhuza imipaka ya Nemba na Gasenyi (one stop border post).